Sunday, January 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abafashwe basengera mu gishanga bibukijwe ko ntaho Imana itaba ko no mu rugo bahasengera

radiotv10by radiotv10
05/01/2022
in MU RWANDA
0
Abafashwe basengera mu gishanga bibukijwe ko ntaho Imana itaba ko no mu rugo bahasengera
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, SP Theobald Kanamugire yagiriye inama abafashwe basengera mu gishanga mu Karere ka Huye ko bajya basengera ahemewe ndetse no mu rugo bahasengera kuko ikibazo cyakemukira mu gishanga kitabura gukemukira mu rugo.

Aba bantu 78 basanzwe ari abakristu mu madini n’amatorere atandukanye aho bafashe ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri bari mu gishanga giherereye mu Kagari ka Bukomeye.

Ubwo bafatwaga, bavuze ko bagiye gusengera hari nyuma yo kumva Imana ibahatira kujya guteranira ahantu hatari mu rusengero kandi ko ntaho bari guhera batinyuka gukoza Imana isoni ngo bayisuzugure.

Icyakoze bageze aho bemera ko ibyo bakoze ari amakosa ndetse ko babisabira imbabazi kandi bakarahira ko batazongera kubikora.

 

Ntaho Imana itaba, no mu rugo wahasengera

Barajwe muri stade ya Huye ubundi bapimwa COVID-19 banacibwa amande y’ibuhumbi bitanu [5 000Frw] basubira mu ngo zabo.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, SP Theobald Kanamugire yagiriye inama aba baturage kujya basengera ahantu bemewe cyangwa buri wese agasengera aho ari cyane ko buri wese avuga ko aba asengera ikibazo afite.

Ati “Kuko bo bavuga ko bagiye gusenga bakurikije buri muntu ikibazo afite ati ‘reka niherere nge gusenga ikibazo gikemuke’ ariko nigekemukira mu mashyamba no mu rugo cyakemuka aho uri hose usenze cyakemuka.”

SP Theobald Kanamugire

Sebutege Ange uyobora Akarere ka Huye, avuga ko abantu basabwa kubahiriza amabwiriza ku neza yabo kuko ari bo bifitiye inyungu zo kurinda ubuzima bwabo ariko bagakomeza kuyarengaho.

Yagize ati “Barenga ku mabwiriza bagakora ibitemewe kandi ubuyobozi bubasaba kubahiriza amabwiriza n’ubuzima bugakomeza.”

Avuga ko aba bantu bafashwe kubera imbaraga zashyizwe mu bufatanye bw’inzego z’ibanze n’iz’umutekano ndetse n’uruhare rw’abaturage bakomeje kwanga ikibi bakagaragaza abarenga kuri aya mabwiriza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + 11 =

Previous Post

Kabaye!!: Ariel Wayz ashyize hanze amabanga y’icyabyaye amahari hagati ye na Juno Kizigenza

Next Post

Rurangiranwa Keïta yakoze imyitozo i Kigali uyu munsi arahura na ba Muhadjiri

Related Posts

Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
17/01/2026
0

Good digestion is the foundation of overall health. When your digestive system works well, your body absorbs nutrients properly, your...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

IZIHERUKA

Simple Habits That Improve Digestion
IMIBEREHO MYIZA

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
17/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rurangiranwa Keïta yakoze imyitozo i Kigali uyu munsi arahura na ba Muhadjiri

Rurangiranwa Keïta yakoze imyitozo i Kigali uyu munsi arahura na ba Muhadjiri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple Habits That Improve Digestion

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.