Friday, July 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abafashwe mu bashyiriweho impapuro kubera uruhare bagize muri Jenoside ni nk’igitanyanga mu nyanja

radiotv10by radiotv10
12/04/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Abafashwe mu bashyiriweho impapuro kubera uruhare bagize muri Jenoside ni nk’igitanyanga mu nyanja
Share on FacebookShare on Twitter

Ubushinjacyaha Bukuru bw’u Rwanda buvuga ko mu bantu 1 149 bashyiriweho impapuro zo kubata muri yombi kubera uruhare bagize muri, Jenoside yakorewe Abatutsi, hamaze gufatwa 59 gusa bangana na 5%.

Kuva mu mwaka wa 1998 kugeza muri 2024; imyaka 26 irashize u Rwanda rutangiye gutanga impapuro mu mahanga zisaba Ibihugu guta muri yombi abakekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ubushinjacyaha bw’u Rwanda buvuga ko kuva icyo gihe bumaze gutanga impapuro 1 149, zoherejwe mu Bihugu 33 byo ku Migabane y’u Burayi, Africa, Austlaria na America y’amajyaruguru.

Imibare igaragaza ko 962 bashyiriwe izo mpapuro bari mu Bihugu byo ku Mugabane wa Africa, bangana na 84,2% by’abashakiswa bose, ndetse 60,9% by’abashyiriweho izi mpapuro, bose bakaba bari mu Bihugu bibiri bihana imbibi n’u Rwanda, ari byo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Uganda.

Mu barenga 1 000 bashyiriweho izi mpapuro; Ibihugu barimo byafashe 59 gusa; bangana na 5.1%; akaba ari bo bamaze gushyikirizwa ubutabera.

John Bosco Siboyintore uyobora ishami ry’Ubushinjacyaha Bukuru bw’u Rwanda rishinzwe gukurikirana abihishe mu mahanga bakekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi yagize ati “Muri Afurika ni ho hari menshi, hari 968. No muri ayo ya Afurika hari Ibihugu bibiri byiganjemo benshi, bagera hafi ya magana arindwi.  Muri DRC hariyo 408, icyakora batwoherereje batanu, muri Uganda hariyo 278, ariko batwoherereje 3.

I Burayi ahari benshi ni mu Bufaransa, hariyo 47, Ariko bamaze kohereza 7, ariko muri rusange abamaze kuburanishwa hanze ni 29, naho aboherejwe mu Rwanda ni 30. Bivuze ko abantu 59 ubakuye muri 1 149 usanga ari nk’igitonyanga mu nyanja.”

Kuba imibare igaragaza ko abakurikiranwa bakiri ku rugero ruto; Ubushinjayaha bw’u Rwanda buvuga ko bikomoka ku mpamvu zitandukanye zirimo n’ubushake bucye bwa politike bw’ibi Bihugu bibacumbikiye.

Siboyontore ati “Amashyirahamwe mpuzamahanga arimo n’ayitwa ko arengera uburenganzira bwa muntu yagiye atuvangira. Mu gihe u rwanda rwasabaga ko abo bantu bazanwa kuburanishwa mu Rwanda; bo bakajyayo bavuga ngo ntimubohereze muri kiriya Gihugu nta butabera buhari, kandi muzi ko muri 2007 igihano cy’urupfu twari twaragikuyeho. Ikindi hari ubushake bucye bwa politike bwo kubakurikirana.”

Yakomeje atanga ugero, ko muri 2010 Umushinjacyaha Mukuru w’u Rwanda yagiye mu Gihugu kimwe cyo muri Afurikam agatungurwa no gusanga umwe mu bashakishwaga afite amangazini akomeye.

Ati “Yahise ababwira ngo ko twabasabye kumuta muri yombi ubu n’uyu mwaramubuze? Uwo baramufashe, aiko Umushinjacayaha Mukuru ataranavayo bahise bamurekura.”

Perezida Paul Kagame aherutse kugaruka kuri aba bakidembya nyamara barasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, avuga ko u Rwanda rutahwemye gusaba Ibihugu bibacumbikiye.

Perezida Kagame yagize ati “Tugirana ibiganiro kenshi n’abayoboye Ibihugu bibacumbikiye, tumaze imyaka myinshi tubikora. Ibihugu bimwe hari icyo byakoze; ariko ibyinshi ntacyo byabikozeho, icyakora abo bantu ntibashobora guhagarika ubuzima bwacu.”

Gusa Ubushinjacyaha Bukuru bw’u Rwanda buvuga ko mu myaka 30 ishize Jenoside yakorewe Abatutsi ihagaritwe; ubutabera bw’u Rwanda bwakoze akazi gakomeye, by’umwihariko hakoreshejwe Inkiko Gacaca.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + six =

Previous Post

Afurika y’Epfo: Uwabaye Perezida wigeze no gufungwa yamenyeshejwe icyemezo cyiza yafatiwe

Next Post

Kigali: Hatanzwe umucyo ku byakekwaga ko Hoteli iri mu zikomeye yibasiwe n’inkongi

Related Posts

Gatsibo: Abayoboraga Koperative baravugwaho guca ruhinganyuma abanyamuryango bakayigurisha mu ibanga rikomeye

Umusore arakekwaho kwica umubyeyi we amuziza kuba atishimiraga umubano afitanye n’umugore baturanye

by radiotv10
11/07/2025
0

Mu Murenge wa Muhura mu Karere ka Gatsibo, haravugwa umusore ukekwaho kwica umubyeyi we (Nyina) amuhoye kuba yamubuzaga gutereta umugore...

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

by radiotv10
11/07/2025
0

In today’s world, parents get so busy with work which makes it hard to spend quality time and raise their...

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

by radiotv10
10/07/2025
0

Umukozi wo mu rugo rwo mu Murenge wa Nyamata mu Karere ka Bugesera, uregwa gushaka kuroga abo babanaga, yemeye icyaha,...

U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

Eng.-Rwanda donates 40 tons of food and medical supplies to support the people of Gaza

by radiotv10
10/07/2025
0

The Government of Rwanda has announced that, in partnership with Hashemite Kingdom of Jordan, it has donated 40 tons of...

U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

by radiotv10
10/07/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko ku bufatanye n’Ubwami bw’Aba-Hashemite ba Jordan, muri iki cyumweru, yatanze toni 40 z’ubufasha bwo kugoboka...

IZIHERUKA

Gatsibo: Abayoboraga Koperative baravugwaho guca ruhinganyuma abanyamuryango bakayigurisha mu ibanga rikomeye
MU RWANDA

Umusore arakekwaho kwica umubyeyi we amuziza kuba atishimiraga umubano afitanye n’umugore baturanye

by radiotv10
11/07/2025
0

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

11/07/2025
Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

10/07/2025
Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

10/07/2025
U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

Eng.-Rwanda donates 40 tons of food and medical supplies to support the people of Gaza

10/07/2025
M23 yageneye ubutumwa Perezida wa Uganda ku cyemezo yafashe kikayinyura

M23 yageneye ubutumwa Perezida wa Uganda ku cyemezo yafashe kikayinyura

10/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Hatanzwe umucyo ku byakekwaga ko Hoteli iri mu zikomeye yibasiwe n’inkongi

Kigali: Hatanzwe umucyo ku byakekwaga ko Hoteli iri mu zikomeye yibasiwe n’inkongi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umusore arakekwaho kwica umubyeyi we amuziza kuba atishimiraga umubano afitanye n’umugore baturanye

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.