Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abagabo baheka abana bahaye isomo abatabikora banenga ababaseka ngo ntibazi iterambere

radiotv10by radiotv10
22/12/2022
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Abagabo baheka abana bahaye isomo abatabikora banenga ababaseka ngo ntibazi iterambere
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bagabo bo mu Karere ka Rusizi n’aka Karongi bavuga ko kuba baheka abana ntagitangaza kirimo kuko abo baba bahetse ari abana babo ndetse ko nta n’impamvu yo kuvunisha abagore ababo, bakanenga ababaseka, bakavuga ko batacengerwa n’ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye.

Baziga Etienne wo mu Murenge wa Nyakarenzo mu Karere ka Rusizi, mu kiganiro yagiranye na RADIOTV10 ahetse umwana we, yavuze ko hari igihe umugore we aba atari mu rugo, yagiye gushakisha ibitunga urugo, bityo ko ntacyamubuza gusigarana abana no kubakorera ibyo basanzwe bakorerwa na nyina.

Avuga ko ntakimubuza no guheka abana babo ndetse ko yabikoze kuva ku mwana wa mbere ubu bakaba bamaze kugira abana bane, ariko ngo abamubonye ahetse umwana, bavuga ko umugore we yamuhaye cishwaha.

Ati “Njyewe mbona guheka umwana wanjye ari nkuko nyina na we yamuheka kuko twese tugomba gufatanya kuko umwana iyo avutse ari uw’ababyeyi babiri.”

Avuga ku bamuseka, Baziga yagize ati “Abasetsi se hari igihe batabayeho? Urabihorera bagaseka nyine, none se byagenda gute? Baba bavuga ngo hari ibintu abagore baha abagabo babo ngo bikabica mu bwonko ngo bajye birirwa barera abana, ariko nkanjye iyo mbyaye umwana muha agaciro kuko nanjye aba yaramvunnye kugira ngo mubone, hari n’ababuze.”

Baziga avuga ko nta gisebo kiri mu guheka umwana yibyariye

Abagore baturanye n’uyu muryango, bavuga ko abagabo bose bamera nk’uyu w’umuturanyi wabo kuko bibagora iyo bagiye mu mirimo itandukanye nko gutashya no kwahirira amatungo bakagenda bahetse abana.

Umwe ati “Guheka umwana ugiye mu kazi biravuna cyane, ariko we aramuruhura, akamutwaza umwana, akamusigarana akamuha icyo kurya n’icyo kunywa, yarira akamuheka, akamuryamisha.”

Nsabimana Jean Bosco wo mu Murenge wa Gishyita mu Karere ka Karongi, na we ni umugabo uheka abana be, yaganiriye na RADIOTV10 ubwo yari mu rugendo n’umugore we amutwaje umwana bagiye kumukingiza.

Avuga ko kuba atwaza umugore we umwana nyamara bidakorwa n’abagabo benshi, bitamutera ipfunwe kuko we aha agaciro ubwubahane n’urukundo afitanye n’umugore we bityo ko atagomba kumuvunisha.

Ati “Mu gihe ubanye n’umudamu wawe neza nta mpamvu yo kudafatanya buri kimwe cyose. None se ko ubundi aba ari uwawe, ni yo mpamvu ntakintu mwagombye kunyuranya hagati yanyu.”

Nsabimana atwaza umugore we umwana wabo

Asubiza ababibona nko kuba umugore yaramugize inganzwa, Nsabimana yagize ati “Nta gisebo kirimo kuko iyo nza kumva ko kirimo simba namutwaye, nta murimo w’umugore ukibaho nta n’umurimo w’umugabo ukibaho twese tugomba kubifatanya.”

Abakurikiranira hafi iyubahirizwa ry’uburinganire n’ubwuzuzanye mu Rwanda, bavuga ko kuba umugabo yaheka umwana we ntakibazo kirimo ahubwo ko binongera urukundo hagati y’umwana na Se mu gihe ubusanzwe abana bakunda kwiyumvamo cyane ababyeyi b’abagore kuko ari bo bahorana na bo bakanabaheka.

 

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × five =

Previous Post

Ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we bari basangiye yavuze ikintu gitangaje cyabimuteye

Next Post

Bwa mbere u Rwanda rwavuze ku byegetswe kuri M23 ko yishe abasivile 130 i Kishishe

Related Posts

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

by radiotv10
20/01/2026
0

Social media is part of our everyday life. It helps us connect with people, share information, and express ourselves. However,...

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

by radiotv10
20/01/2026
0

Abasirikare mu ngabo z’u Rwanda basanzwe ari inzobere mu by’ubwubatsi baherutse kujya muri Jamaica gutanga umusanzu mu gusana ibikorwa byangijwe...

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

by radiotv10
20/01/2026
0

Ambasaderi wa Brazil mu Rwanda, Irene Vida Gala; akomeje kugaragaza ibihe byiza agirira mu Rwanda bikamunyura, birimo kuba yarasogongeye bwa...

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

by radiotv10
20/01/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwafunze umwarimu wo muri Kaminuza ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri...

IZIHERUKA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe
MU RWANDA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

20/01/2026
Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

20/01/2026
Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

20/01/2026
Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Bwa mbere u Rwanda rwavuze ku byegetswe kuri M23 ko yishe abasivile 130 i Kishishe

Bwa mbere u Rwanda rwavuze ku byegetswe kuri M23 ko yishe abasivile 130 i Kishishe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.