Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abagabo baheka abana bahaye isomo abatabikora banenga ababaseka ngo ntibazi iterambere

radiotv10by radiotv10
22/12/2022
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Abagabo baheka abana bahaye isomo abatabikora banenga ababaseka ngo ntibazi iterambere
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bagabo bo mu Karere ka Rusizi n’aka Karongi bavuga ko kuba baheka abana ntagitangaza kirimo kuko abo baba bahetse ari abana babo ndetse ko nta n’impamvu yo kuvunisha abagore ababo, bakanenga ababaseka, bakavuga ko batacengerwa n’ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye.

Baziga Etienne wo mu Murenge wa Nyakarenzo mu Karere ka Rusizi, mu kiganiro yagiranye na RADIOTV10 ahetse umwana we, yavuze ko hari igihe umugore we aba atari mu rugo, yagiye gushakisha ibitunga urugo, bityo ko ntacyamubuza gusigarana abana no kubakorera ibyo basanzwe bakorerwa na nyina.

Avuga ko ntakimubuza no guheka abana babo ndetse ko yabikoze kuva ku mwana wa mbere ubu bakaba bamaze kugira abana bane, ariko ngo abamubonye ahetse umwana, bavuga ko umugore we yamuhaye cishwaha.

Ati “Njyewe mbona guheka umwana wanjye ari nkuko nyina na we yamuheka kuko twese tugomba gufatanya kuko umwana iyo avutse ari uw’ababyeyi babiri.”

Avuga ku bamuseka, Baziga yagize ati “Abasetsi se hari igihe batabayeho? Urabihorera bagaseka nyine, none se byagenda gute? Baba bavuga ngo hari ibintu abagore baha abagabo babo ngo bikabica mu bwonko ngo bajye birirwa barera abana, ariko nkanjye iyo mbyaye umwana muha agaciro kuko nanjye aba yaramvunnye kugira ngo mubone, hari n’ababuze.”

Baziga avuga ko nta gisebo kiri mu guheka umwana yibyariye

Abagore baturanye n’uyu muryango, bavuga ko abagabo bose bamera nk’uyu w’umuturanyi wabo kuko bibagora iyo bagiye mu mirimo itandukanye nko gutashya no kwahirira amatungo bakagenda bahetse abana.

Umwe ati “Guheka umwana ugiye mu kazi biravuna cyane, ariko we aramuruhura, akamutwaza umwana, akamusigarana akamuha icyo kurya n’icyo kunywa, yarira akamuheka, akamuryamisha.”

Nsabimana Jean Bosco wo mu Murenge wa Gishyita mu Karere ka Karongi, na we ni umugabo uheka abana be, yaganiriye na RADIOTV10 ubwo yari mu rugendo n’umugore we amutwaje umwana bagiye kumukingiza.

Avuga ko kuba atwaza umugore we umwana nyamara bidakorwa n’abagabo benshi, bitamutera ipfunwe kuko we aha agaciro ubwubahane n’urukundo afitanye n’umugore we bityo ko atagomba kumuvunisha.

Ati “Mu gihe ubanye n’umudamu wawe neza nta mpamvu yo kudafatanya buri kimwe cyose. None se ko ubundi aba ari uwawe, ni yo mpamvu ntakintu mwagombye kunyuranya hagati yanyu.”

Nsabimana atwaza umugore we umwana wabo

Asubiza ababibona nko kuba umugore yaramugize inganzwa, Nsabimana yagize ati “Nta gisebo kirimo kuko iyo nza kumva ko kirimo simba namutwaye, nta murimo w’umugore ukibaho nta n’umurimo w’umugabo ukibaho twese tugomba kubifatanya.”

Abakurikiranira hafi iyubahirizwa ry’uburinganire n’ubwuzuzanye mu Rwanda, bavuga ko kuba umugabo yaheka umwana we ntakibazo kirimo ahubwo ko binongera urukundo hagati y’umwana na Se mu gihe ubusanzwe abana bakunda kwiyumvamo cyane ababyeyi b’abagore kuko ari bo bahorana na bo bakanabaheka.

 

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − two =

Previous Post

Ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we bari basangiye yavuze ikintu gitangaje cyabimuteye

Next Post

Bwa mbere u Rwanda rwavuze ku byegetswe kuri M23 ko yishe abasivile 130 i Kishishe

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Bwa mbere u Rwanda rwavuze ku byegetswe kuri M23 ko yishe abasivile 130 i Kishishe

Bwa mbere u Rwanda rwavuze ku byegetswe kuri M23 ko yishe abasivile 130 i Kishishe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.