Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abagabo baheka abana bahaye isomo abatabikora banenga ababaseka ngo ntibazi iterambere

radiotv10by radiotv10
22/12/2022
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Abagabo baheka abana bahaye isomo abatabikora banenga ababaseka ngo ntibazi iterambere
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bagabo bo mu Karere ka Rusizi n’aka Karongi bavuga ko kuba baheka abana ntagitangaza kirimo kuko abo baba bahetse ari abana babo ndetse ko nta n’impamvu yo kuvunisha abagore ababo, bakanenga ababaseka, bakavuga ko batacengerwa n’ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye.

Baziga Etienne wo mu Murenge wa Nyakarenzo mu Karere ka Rusizi, mu kiganiro yagiranye na RADIOTV10 ahetse umwana we, yavuze ko hari igihe umugore we aba atari mu rugo, yagiye gushakisha ibitunga urugo, bityo ko ntacyamubuza gusigarana abana no kubakorera ibyo basanzwe bakorerwa na nyina.

Avuga ko ntakimubuza no guheka abana babo ndetse ko yabikoze kuva ku mwana wa mbere ubu bakaba bamaze kugira abana bane, ariko ngo abamubonye ahetse umwana, bavuga ko umugore we yamuhaye cishwaha.

Ati “Njyewe mbona guheka umwana wanjye ari nkuko nyina na we yamuheka kuko twese tugomba gufatanya kuko umwana iyo avutse ari uw’ababyeyi babiri.”

Avuga ku bamuseka, Baziga yagize ati “Abasetsi se hari igihe batabayeho? Urabihorera bagaseka nyine, none se byagenda gute? Baba bavuga ngo hari ibintu abagore baha abagabo babo ngo bikabica mu bwonko ngo bajye birirwa barera abana, ariko nkanjye iyo mbyaye umwana muha agaciro kuko nanjye aba yaramvunnye kugira ngo mubone, hari n’ababuze.”

Baziga avuga ko nta gisebo kiri mu guheka umwana yibyariye

Abagore baturanye n’uyu muryango, bavuga ko abagabo bose bamera nk’uyu w’umuturanyi wabo kuko bibagora iyo bagiye mu mirimo itandukanye nko gutashya no kwahirira amatungo bakagenda bahetse abana.

Umwe ati “Guheka umwana ugiye mu kazi biravuna cyane, ariko we aramuruhura, akamutwaza umwana, akamusigarana akamuha icyo kurya n’icyo kunywa, yarira akamuheka, akamuryamisha.”

Nsabimana Jean Bosco wo mu Murenge wa Gishyita mu Karere ka Karongi, na we ni umugabo uheka abana be, yaganiriye na RADIOTV10 ubwo yari mu rugendo n’umugore we amutwaje umwana bagiye kumukingiza.

Avuga ko kuba atwaza umugore we umwana nyamara bidakorwa n’abagabo benshi, bitamutera ipfunwe kuko we aha agaciro ubwubahane n’urukundo afitanye n’umugore we bityo ko atagomba kumuvunisha.

Ati “Mu gihe ubanye n’umudamu wawe neza nta mpamvu yo kudafatanya buri kimwe cyose. None se ko ubundi aba ari uwawe, ni yo mpamvu ntakintu mwagombye kunyuranya hagati yanyu.”

Nsabimana atwaza umugore we umwana wabo

Asubiza ababibona nko kuba umugore yaramugize inganzwa, Nsabimana yagize ati “Nta gisebo kirimo kuko iyo nza kumva ko kirimo simba namutwaye, nta murimo w’umugore ukibaho nta n’umurimo w’umugabo ukibaho twese tugomba kubifatanya.”

Abakurikiranira hafi iyubahirizwa ry’uburinganire n’ubwuzuzanye mu Rwanda, bavuga ko kuba umugabo yaheka umwana we ntakibazo kirimo ahubwo ko binongera urukundo hagati y’umwana na Se mu gihe ubusanzwe abana bakunda kwiyumvamo cyane ababyeyi b’abagore kuko ari bo bahorana na bo bakanabaheka.

 

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − seven =

Previous Post

Ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we bari basangiye yavuze ikintu gitangaje cyabimuteye

Next Post

Bwa mbere u Rwanda rwavuze ku byegetswe kuri M23 ko yishe abasivile 130 i Kishishe

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Bwa mbere u Rwanda rwavuze ku byegetswe kuri M23 ko yishe abasivile 130 i Kishishe

Bwa mbere u Rwanda rwavuze ku byegetswe kuri M23 ko yishe abasivile 130 i Kishishe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.