Saturday, October 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abageze mu zabukuru b’i Musanze bafitiye Leta ubutumwa bw’icyifuzo cyabo

radiotv10by radiotv10
11/10/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Abageze mu zabukuru b’i Musanze bafitiye Leta ubutumwa bw’icyifuzo cyabo
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bageze mu zabukuru bo mu Karere ka Musanze bavuga ko bagowe n’imihereho ya buri munsi, kuko no kubona ibyo kurya byabaye ihurizo ritoroshye, bagasaba ko na bo bashyirwa mu bahabwa inkunga y’ingobona muri gahunda ya VUP.

Abaganiriye na RADIOTV10 bo mu Murenge wa Muhoza, bavuga ko batazi impamvu batangirwa ubwisungane mu kwivuza ariko ntibahabwe amafaranga y’abageze mu zabukuru yakabaye abafasha mu masaziro yabo.

Munyankotore François yagize ati “Twebwe abasaza tugowe n’imibereho kuko nta mbaraga dufite ngo tujye kwikorera ishwagara, ayo mafaranga y’ingoboka ntayo tubona kandi twumva abandi bayahabwa.”

Ntawirengagiza Marie Rose na we yagize ati “Habamo kurobanura, baduhamagaje ku Kagari tugezeyo sosiyari aratubwira ngo na bo banditse barabakuramo, kandi bantangira ubwisungane mu kwivuza, ubwo rero sinzi impamvu bataduha amafaranga y’ingoboka kandi nta mibereho dufite.”

Umuyobozi w’Ishami ry’Imibereho Myiza mu Karere ka Musanze, Ntirenganya Martin yabwiye RADIOTV10 ko hari uburyo bariya baturage bafashwamo, ariko ko badakwiye kugendera ku kuba bishyurirwa ubwisungane mu kwivuza ngo bumve ko bigomba kujyana no guhabwa inkunga y’Ingoboka ya VUP.

Yagize ati “Ntabwo kuba utangirwa Ubwisungane mu kwivuza bisobanuye ko uhabwa amafaranga y’ingoboka, oya pe, hari ubundi buryo tubafashamo rwose kuko bifite amategeko abigena.”

Nta mibare y’abahabwa amafaranga y’ingoboka azwi nka Direct Support itangazwa n’akarere ka Musanze kuko ubu bari gushyirwa muri sisitemu.

Munyankotore François asaba Leta kubibuka
Na Ntawirengagiza Marie Rose asaba Leta kumenya ko bageze mu zabukuru ikabaha nkunganire

Jean Damascene IRADUKUNDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − five =

Previous Post

Amahirwe y’Amavubi yo kujya mu cy’Isi birangiye abuze burundu

Next Post

‘Bishop Gafaranga’ nyuma yo gufungurwa hari ubutumwa buvugwa afitiye abantu

Related Posts

It’s time to stop expecting jobs and start creating jobs: A message to fresh graduates

It’s time to stop expecting jobs and start creating jobs: A message to fresh graduates

by radiotv10
11/10/2025
0

Every year, thousands of young people graduate from universities full of dreams, ambition, and excitement for the future. But for...

Umuvugizi wa Perezidansi y’u Rwanda yavuze ibigaragaza ko ibyatangajwe na Tshisekedi ari urwiyerurutso

Umuvugizi wa Perezidansi y’u Rwanda yavuze ibigaragaza ko ibyatangajwe na Tshisekedi ari urwiyerurutso

by radiotv10
10/10/2025
0

Umuvugizi wa Perezidansi ya Repubulika y’u Rwanda, yagaragaje ko ibyatangarijwe na Perezida Felix Tshisekedi i Brussels mu Bubiligi ko yahoze...

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

‘Bishop Gafaranga’ umaze amezi atanu afunze yahamijwe ibyaha ariko afatirwa icyemezo gituma afungurwa

by radiotv10
10/10/2025
0

Habiyaremye Zacharie uzwi nka Bishop Gafaranga, yahamijwe ibyaha byo guhoza ku nkeke uwo bashakanye, akatirwa igifungo gisubitse cy’umwaka umwe. Ni...

Urujijo ku nkongi y’umuriro yafashe inzu y’umuryango wari uryamye mu gicuku

Urujijo ku nkongi y’umuriro yafashe inzu y’umuryango wari uryamye mu gicuku

by radiotv10
10/10/2025
0

Inzu y’umuryango wo mu Murenge wa Mutete mu Karere ka Cicumbi, yafashwe n’inkongi y’umuriro ubwo bari baryamye, bamwe bagashya ariko...

Asa n’uwavanze amasaka n’amasakaramentu-Evode Uwizeyimana avuga ku byatangajwe na Tshisekedi

Asa n’uwavanze amasaka n’amasakaramentu-Evode Uwizeyimana avuga ku byatangajwe na Tshisekedi

by radiotv10
10/10/2025
0

Umusesenguzi bya politiki, Hon. Evode Uwizeyimana avuga ko imbwirwaruhame za Perezida wa DRC, Felix Tshisekedi zihora ari uruvangitirane rutagira umurongo...

IZIHERUKA

Nyuma y’ibyabaye Amavubi agiye muri Afurika y’Epfo gutegura umukino udafite igisobanuro
FOOTBALL

Nyuma y’ibyabaye Amavubi agiye muri Afurika y’Epfo gutegura umukino udafite igisobanuro

by radiotv10
11/10/2025
0

Abatunze imbwa mu Bwongereza hari ikosa rishobora kuzajya ribacisha Miliyoni 9Frw

Abatunze imbwa mu Bwongereza hari ikosa rishobora kuzajya ribacisha Miliyoni 9Frw

11/10/2025
It’s time to stop expecting jobs and start creating jobs: A message to fresh graduates

It’s time to stop expecting jobs and start creating jobs: A message to fresh graduates

11/10/2025
‘Bishop Gafaranga’ nyuma yo gufungurwa hari ubutumwa buvugwa afitiye abantu

‘Bishop Gafaranga’ nyuma yo gufungurwa hari ubutumwa buvugwa afitiye abantu

11/10/2025
Abageze mu zabukuru b’i Musanze bafitiye Leta ubutumwa bw’icyifuzo cyabo

Abageze mu zabukuru b’i Musanze bafitiye Leta ubutumwa bw’icyifuzo cyabo

11/10/2025
Amahirwe y’Amavubi yo kujya mu cy’Isi birangiye abuze burundu

Amahirwe y’Amavubi yo kujya mu cy’Isi birangiye abuze burundu

10/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
‘Bishop Gafaranga’ nyuma yo gufungurwa hari ubutumwa buvugwa afitiye abantu

'Bishop Gafaranga' nyuma yo gufungurwa hari ubutumwa buvugwa afitiye abantu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma y’ibyabaye Amavubi agiye muri Afurika y’Epfo gutegura umukino udafite igisobanuro

Abatunze imbwa mu Bwongereza hari ikosa rishobora kuzajya ribacisha Miliyoni 9Frw

It’s time to stop expecting jobs and start creating jobs: A message to fresh graduates

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.