Thursday, September 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abagombaga gusezerana barembeye mu Bitaro nyuma yo gutegwa n’abagizi ba nabi none abaturanyi bashobewe

radiotv10by radiotv10
11/09/2025
in MU RWANDA
0
Abagombaga gusezerana barembeye mu Bitaro nyuma yo gutegwa n’abagizi ba nabi none abaturanyi bashobewe
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Kagari ka Impala mu Murenge wa Bushenge mu Karere ka Nyamasheke, abaturage baguye mu kantu kubera ubugizi bwa nabi bwakorewe abagombaga kujya gusezerana imbere y’amategeko, batezwe n’abagizi ba nabi bakabakubita bakabasiga ari intere, none ubu barwariye mu Bitaro.

Aba bakubiswe n’abagizi ba nabi, ni Habumugisha Fiston na Muhawenayo Jeannette, bagombaga gusezerana kuri uyu wa Kane tariki 11 Nzeri 2025.

Gusa gusezerana kwabo kwarogowe n’ubu bugizi bwa nabi bakorewe n’abantu batarafatwa, ubwo babategaga mu ijoro ryacyeye ryo kuri uyu wa Gatatu tariki 10 Nzeri 2025 bakabakubita bakabagira intere.

Ubu bugizi bwa nabi bwabereye mu Kagari ka Impala mu Murenge wa Bushenge mu Karere ka Nyamasheke, bukorwa n’abantu batahise bamenyekana, ariko inzego zihita zitangira iperereza.

Amakuru RADIOTV10 yahawe n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze, avuga ko abakekwaho gukora ubu bugizi bwa nabi bamenyekanye, ariko bakiri gushakishwa kugira ngo bashyikirizwe inzego zibishinzwe.

Abatuye muri aka gace baguye mu kantu, nyuma y’ubu bugizi bwa nabi bwakorewe aba biteguraga kujya gusezerana, bakavuga ko batumva icyateye ababikoreye.

Aba baturage bavuga ko bari biteguye gutaha ibirori by’aba biyemeje kuzabana nk’umugore n’umugabo, none umunsi wabyo ugeze ari ibibazo kubera kugirirwa nabi n’aba babateze bakabakubita.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + 7 =

Previous Post

Umusore yatawe muri yombi nyuma yo kwangiza amafaranga y’u Rwanda

Related Posts

Umusore yatawe muri yombi nyuma yo kwangiza amafaranga y’u Rwanda

Umusore yatawe muri yombi nyuma yo kwangiza amafaranga y’u Rwanda

by radiotv10
11/09/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha mu Karere ka Karongi, rwataye muri yombi umusore w’imyaka 21 nyuma yo gutwika amafaranga 2 500 Frw...

Ibyamenyekanye ku mpanuka y’imodoka yarimo ihene 200 yaberye kuri ‘Dawe uri mu Ijuru’

Ibyamenyekanye ku mpanuka y’imodoka yarimo ihene 200 yaberye kuri ‘Dawe uri mu Ijuru’

by radiotv10
11/09/2025
0

Umuntu umwe yasize ubuzima mu mpanuka y’imodoka yo mu bwoko bwa Fuso yari itwaye ihene 200, zirimo 30 na zo...

Icyo Urukiko rwashingiyeho rugira umwere Gitifu wari umaze igice cy’umwaka afunzwe

Icyo Urukiko rwashingiyeho rugira umwere Gitifu wari umaze igice cy’umwaka afunzwe

by radiotv10
11/09/2025
0

Uwabaye Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rongi mu Karere ka Muhanga, wari wafunzwe muri Gashyantare ashinjwa kwakira ruswa ya 150 000...

Nyabihu: Imyaka ibaye itatu basiragira ku ngurane bari bemerewe

Nyabihu: Imyaka ibaye itatu basiragira ku ngurane bari bemerewe

by radiotv10
11/09/2025
0

Abaturage bagera mu ijana bo mu Murenge wa Mukamira mu Karere ka Nyabihu, bamaze imyaka ikabakaba itatu basaba kwishyurwa ingurane...

Religion vs. Reality: Why young Rwandans are questioning the church more than ever

Religion vs. Reality: Why young Rwandans are questioning the church more than ever

by radiotv10
11/09/2025
0

For generations, the Church has played a central role in Rwandan society. It has been a place of guidance, comfort,...

IZIHERUKA

Abagombaga gusezerana barembeye mu Bitaro nyuma yo gutegwa n’abagizi ba nabi none abaturanyi bashobewe
MU RWANDA

Abagombaga gusezerana barembeye mu Bitaro nyuma yo gutegwa n’abagizi ba nabi none abaturanyi bashobewe

by radiotv10
11/09/2025
0

Umusore yatawe muri yombi nyuma yo kwangiza amafaranga y’u Rwanda

Umusore yatawe muri yombi nyuma yo kwangiza amafaranga y’u Rwanda

11/09/2025
Hagaragajwe amashusho yerekana ubugome ndengakamere bwa FARDC

Hagaragajwe amashusho yerekana ubugome ndengakamere bwa FARDC

11/09/2025
Hemejwe ifungwa ry’abahanzikazi nyarwanda babiri hanamenyekana icyatumye bafatwa

Hemejwe ifungwa ry’abahanzikazi nyarwanda babiri hanamenyekana icyatumye bafatwa

11/09/2025
Ibyamenyekanye ku mpanuka y’imodoka yarimo ihene 200 yaberye kuri ‘Dawe uri mu Ijuru’

Ibyamenyekanye ku mpanuka y’imodoka yarimo ihene 200 yaberye kuri ‘Dawe uri mu Ijuru’

11/09/2025
Abakinnyi ba APR bavuye mu makipe y’Ibihugu barimo Mugisha wahesheje umugisha Amavubi dore uko bahagaze (AMAFOTO)

Abakinnyi ba APR bavuye mu makipe y’Ibihugu barimo Mugisha wahesheje umugisha Amavubi dore uko bahagaze (AMAFOTO)

11/09/2025
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abagombaga gusezerana barembeye mu Bitaro nyuma yo gutegwa n’abagizi ba nabi none abaturanyi bashobewe

Umusore yatawe muri yombi nyuma yo kwangiza amafaranga y’u Rwanda

Hagaragajwe amashusho yerekana ubugome ndengakamere bwa FARDC

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.