Sunday, November 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abagore babiri bafatanywe ibyo bakuye muri Congo bakabyinjiza mu Rwanda binyuranyije n’amategeko

radiotv10by radiotv10
05/12/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Abagore babiri bafatanywe ibyo bakuye muri Congo bakabyinjiza mu Rwanda binyuranyije n’amategeko
Share on FacebookShare on Twitter

Abagore babiri bafatiwe mu Murenge wa Nyakiriba mu Karere ka Rubavu, bafite amabaro umunani y’imyenda ya caguwa bakuye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Aba bagore babiri; umwe afite imyaka 57 ndetse na mugenzi we w’umukobwa w’imyaka 27, bakaba bafatiwe mu Mudugudu wa Runyeheri, Akagari ka Nyarushyamba mu Murenge wa Nyakiriba.

Bafashwe mu gitondo cyo ku wa Kabiri tariki 03 Ukuboza 2024, nyuma yuko Polisi y’u Rwanda, Ishami rishinzwe kurwanya magendu n’ibindi byaha (ASOC), yari ifite amakuru yizewe.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, SP Bonaventure Twizere Karekezi yavuze ko amakuru yatanzwe n’abaturage, ari yo yatumye uru rwego rufata aba bagore bari babitse iyi myenda mu ngo zabo.

Ati “Bidatinze abapolisi bo mu Ishami rishinzwe kurwanya magendu bahise bahagera, bahasatse basangamo amabaro umunani (8) y’imyenda ya caguwa yinjijwe mu Gihugu mu buryo bwa magendu, avanywe muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo.”

SP Karekezi yaboneyeho gusaba abantu bijanditse muri ibi bikorwa bya magendu, kubihagarika kuko bigira ingaruka ku bukungu bw’Igihugu, kuko imisoro inyerezwamo iba igomba gukoreshwa ibikorwa remezo binyuranye n’imihanda, amashuri n’ibitaro byagirira akamaro Abaturwanda.

Nanone kandi yabibukije ko abafatiwe muri ibi bikorwa bitemewe n’amategeko, hari ibihano bibategereje, birimo igifungo cy’imyaka itanu, no gutanga ihazabu ingana na 50% by’agaciro k’ibicuruzwa byinjijwe ku buryo bwa magendu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + eighteen =

Previous Post

Uko twasanze byifashe ku munsi wa mbere wa gahunda nshya mu gutwara abagenzi

Next Post

Ibyo Tshisekedi yavugiye imbere ya Perezida Biden wa America

Related Posts

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

by radiotv10
16/11/2025
0

In Kigali today, something new is happening on rooftops. Instead of only seeing water tanks and solar panels, you can...

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Minisiteri y’Ubuzima yasabye Abaturarwanda kwitwararika muri ibi bihe bikomeje kugaragaramo ibicurane, inatanga inama z’ibyo abantu bakwiye kubahiriza, birimo gukaraba intoki...

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Abadepite basabye Minisitiri w’Ibikorwa Remezo Dr Jimmy Gasore gusobanura impamvu y’amafaranga basaba abaturage bafite ibibanza muri site mbere yo kubaka,...

Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

by radiotv10
15/11/2025
0

Hashize igihe bamwe mu bahinzi b’umuceri bagaragaza ko babangamiwe no kuba beza ariko umusaruro wabo ukabura isoko, mu gihe Minisiteri...

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

by radiotv10
14/11/2025
0

Umushoramari Eugene Nyagahene washinze Sosiyete y'ubucuruzi ya Tele 10 Group, usanzwe anafite Hoteli y’inyenyeri eshanu mu Karere ka Karongi, yatangaje...

IZIHERUKA

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs
MU RWANDA

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

by radiotv10
16/11/2025
0

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

15/11/2025
Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

15/11/2025
Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

15/11/2025
Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

15/11/2025
Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

14/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyo Tshisekedi yavugiye imbere ya Perezida Biden wa America

Ibyo Tshisekedi yavugiye imbere ya Perezida Biden wa America

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.