Monday, August 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abagore bo muri EAR bibukijwe igisobanuro cya nyacyo cy’uburinganire hanahwiturwa abaryumvise nabi

radiotv10by radiotv10
18/08/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Abagore bo muri EAR bibukijwe igisobanuro cya nyacyo cy’uburinganire hanahwiturwa abaryumvise nabi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’Umuryango ‘Mother’s Union’ ushamikiye ku Itorero ry’Abangirikani mu Rwanda, yibukije abagore bumvise ko kuzanirwa uburinganire ari ukwigaranzura abagabo, atari byo, ahubwo ko bakwiye kumva ko ukuzuzanya n’abagabo babo

Chantal Mbanda usanzwe ari n’umufasha wa Laurent Mbanda, Umuyobozi w’Itorero ry’Abangirikani mu Rwanda, yatangaje ibi kuri iki Cyumweru tariki 17 Kanama 2025 ubwo hasozwaga igiterane cy’iminsi itatu cyateguwe na Mother’s Union y’Itorero Angilikani ry’u Rwanda Diyosezi ya Byumba cyaberaga mu karere ka Gicumbi.

Yasabye abagore kutumva nabi uburenganzira bahawe bitwaje ihame ry’uburinganire, cyane cyane ko atari uburyo bwo kwihimura cyangwa kwigaranzura abagabo, ahubwo ari amahirwe yo guteza imbere uburinganire bufite intego yo gusabana no kubaka umuryango utekanye.

Yagize ati “Ni ukuri ko twebwe abagore ubu twahawe ijambo tutari dufite mbere, ariko bamwe baryifashishije mu buryo bubi batekereza ko ari igihe cyo kwigaranzura abagabo, gukorera abagabo ibyo badukoreye. Ibyo si byo byakabaye bikorwa, ahubwo dukwiye guteza imbere uburinganire no gusabana mu miryango kugira ngo amakimbirane n’ukutumvikana bigabanuke.”

Yagaragaje ko guha ijambo umugore bitagamije gutuma imiryango icikamo ibice, ahubwo ari umusingi wo kuzamura imibanire myiza n’ubufatanye hagati y’abashakanye.

Musenyeri Ngendahayo Emmanuel uyobora Diyosezi ya Byumba mu Itorero Angilikani, yavuze ko imwe mu mpamvu zikomeye z’amakimbirane mu miryango ari inzara, ubukene n’imico mishya itajyanye n’indangagaciro z’Abanyarwanda.

Yagize ati “Amakimbirane mu ngo ziri mu Rwanda usanga aturuka ku nzara, ku bukene, ku muco utari mwiza no ku mitekerereze mike. Mother’s Union igira uruhare runini mu gukumira ayo makimbirane. Turashishikariza abagore kugarura urukundo, kwirinda imico y’imahanga idahwitse, bagaruke ku muco nyarwanda.”

Umuyobozi ushinzwe imiyoborere mu Karere ka Gicumbi, Madamu Uwamahoro Donatille, yashimye uruhare rwa Mother’union   mu gushakira ibisubizo ibibazo byugarije imiryango.

Yasabye ko bakomeje kugira uruhare runini kubanisha imiryango irenga 1 400 yo muri aka Karere ibanye mu makimbirane.

Yagize ati “Turasaba amadini n’amatorore  gukomeza kugira uruhare mu kurwanya amakimbirane mu miryango. By’umwihariko, aba Mother’s Union bagire uruhare mu kwigisha abandi bagore akamaro ko kugira ingo zitekanye.”

Abagize Mother’s Union bagargaza ko bagiye gutangiza ubukangurambaga bwo kwegera imiryango ikirangwamo amakimbirane, bayigisha amahame y’urukundo, ubwubahane n’ubwuzuzanye.

Musenyeri Ngendahayo Emmanuel uyobora Diyosezi ya Byumba mu Itorero Angilikan
Chantal Mbanda yasabye abagore kumva neza ihame ry’uburinganire

NTAMBARA Garleon
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 14 =

Previous Post

Hamenyekanye icyemezo cyafatiwe Rayon mu kirego yarezwe muri FIFA n’uwari umutoza wayo

Next Post

Abasirikare b’u Rwanda basimbuye bagenzi babo muri Sudani y’Epfo bagaragarijwe ibyo bazakora

Related Posts

Abasirikare b’u Rwanda basimbuye bagenzi babo muri Sudani y’Epfo bagaragarijwe ibyo bazakora

Abasirikare b’u Rwanda basimbuye bagenzi babo muri Sudani y’Epfo bagaragarijwe ibyo bazakora

by radiotv10
18/08/2025
0

Umuyobozi w’Ingabo ziri mu Butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani y’Epfo, Maj Gen Nakul B RAYAMAJHI yakiriye ku mugaragaro abasirikare b’u...

Uko mu rugo rw’umuturage hatahuwe inka zari zaribwe zirimo iyari imaze amezi umunani yarabuze

Uko mu rugo rw’umuturage hatahuwe inka zari zaribwe zirimo iyari imaze amezi umunani yarabuze

by radiotv10
18/08/2025
0

Mu rugo rw’umuturage wo mu Murenge wa Nkanka mu Karere ka Rusizi, hasanzwe inka ebyiri zari zaribwe abantu babiri, zatahuwe...

Hatangajwe itariki yo gutangiriraho amashuri n’iyo gutangarizaho amanota y’ibizamini bya Leta

Hatangajwe itariki yo gutangiriraho amashuri n’iyo gutangarizaho amanota y’ibizamini bya Leta

by radiotv10
18/08/2025
0

Minisiteri y’Uburezi yatangaje ko umwaka w’amashuri wa 2025-2026 uzatangira tariki 08 z’ukwezi gutaha, inashyira hanze itariki yo kuzatangarizaho amanota y’ibizamini...

Kirehe: Igisubizo gitanga icyizere cy’ubuyobozi ku gikorwa cyabafashaga kwiteza imbere ubu kiri kubateza igihombo

Kirehe: Igisubizo gitanga icyizere cy’ubuyobozi ku gikorwa cyabafashaga kwiteza imbere ubu kiri kubateza igihombo

by radiotv10
18/08/2025
0

Abaturage bakoresha idamu y’amazi ya Cyunuzi mu Murenge wa Mushikiri mu Karere ka Kirehe, bararira ayo kwarika nyuma yuko yangiritse,...

Language war: Kinyarwanda, French or English? Identity conflicts in homes, schools, and jobs

Language war: Kinyarwanda, French or English? Identity conflicts in homes, schools, and jobs

by radiotv10
16/08/2025
0

Language is more than just a tool for communication. It is an essential part of identity, culture, and belonging. In...

IZIHERUKA

Abasirikare b’u Rwanda basimbuye bagenzi babo muri Sudani y’Epfo bagaragarijwe ibyo bazakora
MU RWANDA

Abasirikare b’u Rwanda basimbuye bagenzi babo muri Sudani y’Epfo bagaragarijwe ibyo bazakora

by radiotv10
18/08/2025
0

Abagore bo muri EAR bibukijwe igisobanuro cya nyacyo cy’uburinganire hanahwiturwa abaryumvise nabi

Abagore bo muri EAR bibukijwe igisobanuro cya nyacyo cy’uburinganire hanahwiturwa abaryumvise nabi

18/08/2025
Hamenyekanye icyemezo cyafatiwe Rayon mu kirego yarezwe muri FIFA n’uwari umutoza wayo

Hamenyekanye icyemezo cyafatiwe Rayon mu kirego yarezwe muri FIFA n’uwari umutoza wayo

18/08/2025
Umuhanzi Nyarwanda wigeze gusezerana n’uwari umukunzi we bagatanduna agiye gukora ubukwe

Umuhanzi Nyarwanda wigeze gusezerana n’uwari umukunzi we bagatanduna agiye gukora ubukwe

18/08/2025
Uko mu rugo rw’umuturage hatahuwe inka zari zaribwe zirimo iyari imaze amezi umunani yarabuze

Uko mu rugo rw’umuturage hatahuwe inka zari zaribwe zirimo iyari imaze amezi umunani yarabuze

18/08/2025
Haravugwa uruhande ruri gukoresha intwaro ziremereye mu mirwano ya AFC/M23 na FARDC n’abayifasha

Haravugwa uruhande ruri gukoresha intwaro ziremereye mu mirwano ya AFC/M23 na FARDC n’abayifasha

18/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abasirikare b’u Rwanda basimbuye bagenzi babo muri Sudani y’Epfo bagaragarijwe ibyo bazakora

Abasirikare b’u Rwanda basimbuye bagenzi babo muri Sudani y’Epfo bagaragarijwe ibyo bazakora

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abasirikare b’u Rwanda basimbuye bagenzi babo muri Sudani y’Epfo bagaragarijwe ibyo bazakora

Abagore bo muri EAR bibukijwe igisobanuro cya nyacyo cy’uburinganire hanahwiturwa abaryumvise nabi

Hamenyekanye icyemezo cyafatiwe Rayon mu kirego yarezwe muri FIFA n’uwari umutoza wayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.