Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abagore bo muri EAR bibukijwe igisobanuro cya nyacyo cy’uburinganire hanahwiturwa abaryumvise nabi

radiotv10by radiotv10
18/08/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Abagore bo muri EAR bibukijwe igisobanuro cya nyacyo cy’uburinganire hanahwiturwa abaryumvise nabi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’Umuryango ‘Mother’s Union’ ushamikiye ku Itorero ry’Abangirikani mu Rwanda, yibukije abagore bumvise ko kuzanirwa uburinganire ari ukwigaranzura abagabo, atari byo, ahubwo ko bakwiye kumva ko ukuzuzanya n’abagabo babo

Chantal Mbanda usanzwe ari n’umufasha wa Laurent Mbanda, Umuyobozi w’Itorero ry’Abangirikani mu Rwanda, yatangaje ibi kuri iki Cyumweru tariki 17 Kanama 2025 ubwo hasozwaga igiterane cy’iminsi itatu cyateguwe na Mother’s Union y’Itorero Angilikani ry’u Rwanda Diyosezi ya Byumba cyaberaga mu karere ka Gicumbi.

Yasabye abagore kutumva nabi uburenganzira bahawe bitwaje ihame ry’uburinganire, cyane cyane ko atari uburyo bwo kwihimura cyangwa kwigaranzura abagabo, ahubwo ari amahirwe yo guteza imbere uburinganire bufite intego yo gusabana no kubaka umuryango utekanye.

Yagize ati “Ni ukuri ko twebwe abagore ubu twahawe ijambo tutari dufite mbere, ariko bamwe baryifashishije mu buryo bubi batekereza ko ari igihe cyo kwigaranzura abagabo, gukorera abagabo ibyo badukoreye. Ibyo si byo byakabaye bikorwa, ahubwo dukwiye guteza imbere uburinganire no gusabana mu miryango kugira ngo amakimbirane n’ukutumvikana bigabanuke.”

Yagaragaje ko guha ijambo umugore bitagamije gutuma imiryango icikamo ibice, ahubwo ari umusingi wo kuzamura imibanire myiza n’ubufatanye hagati y’abashakanye.

Musenyeri Ngendahayo Emmanuel uyobora Diyosezi ya Byumba mu Itorero Angilikani, yavuze ko imwe mu mpamvu zikomeye z’amakimbirane mu miryango ari inzara, ubukene n’imico mishya itajyanye n’indangagaciro z’Abanyarwanda.

Yagize ati “Amakimbirane mu ngo ziri mu Rwanda usanga aturuka ku nzara, ku bukene, ku muco utari mwiza no ku mitekerereze mike. Mother’s Union igira uruhare runini mu gukumira ayo makimbirane. Turashishikariza abagore kugarura urukundo, kwirinda imico y’imahanga idahwitse, bagaruke ku muco nyarwanda.”

Umuyobozi ushinzwe imiyoborere mu Karere ka Gicumbi, Madamu Uwamahoro Donatille, yashimye uruhare rwa Mother’union   mu gushakira ibisubizo ibibazo byugarije imiryango.

Yasabye ko bakomeje kugira uruhare runini kubanisha imiryango irenga 1 400 yo muri aka Karere ibanye mu makimbirane.

Yagize ati “Turasaba amadini n’amatorore  gukomeza kugira uruhare mu kurwanya amakimbirane mu miryango. By’umwihariko, aba Mother’s Union bagire uruhare mu kwigisha abandi bagore akamaro ko kugira ingo zitekanye.”

Abagize Mother’s Union bagargaza ko bagiye gutangiza ubukangurambaga bwo kwegera imiryango ikirangwamo amakimbirane, bayigisha amahame y’urukundo, ubwubahane n’ubwuzuzanye.

Musenyeri Ngendahayo Emmanuel uyobora Diyosezi ya Byumba mu Itorero Angilikan
Chantal Mbanda yasabye abagore kumva neza ihame ry’uburinganire

NTAMBARA Garleon
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − twelve =

Previous Post

Hamenyekanye icyemezo cyafatiwe Rayon mu kirego yarezwe muri FIFA n’uwari umutoza wayo

Next Post

Abasirikare b’u Rwanda basimbuye bagenzi babo muri Sudani y’Epfo bagaragarijwe ibyo bazakora

Related Posts

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abasirikare b’u Rwanda basimbuye bagenzi babo muri Sudani y’Epfo bagaragarijwe ibyo bazakora

Abasirikare b’u Rwanda basimbuye bagenzi babo muri Sudani y’Epfo bagaragarijwe ibyo bazakora

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.