Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abaguze imigabane ya MTN Rwanda bagiye kugabana Miliyari 6,7Frw z’inyungu

radiotv10by radiotv10
18/05/2022
in MU RWANDA, UBUKUNGU
2
Abaguze imigabane ya MTN Rwanda bagiye kugabana Miliyari 6,7Frw z’inyungu
Share on FacebookShare on Twitter

MTN Rwanda izakora inteko rusange izahuriramo abaguze imigabane ya MTN Rwanda ku isoko ry’imari n’imibagabe, izanaberamo igikorwa cyo kugabana inyungu y’imigabane yose ingana na Miliyari 6,7 Frw.

Iyi nteko rusange iteganyijwe kuba tariki 02 Kamena 2022 hifashishijwe ikoranabuhanga, ni iya kabiri igiye kuba kuva MTN Rwanda yakwinjira ku isoko ry’imari n’imigabane tariki 04 Gicurasi 2021.

Muri iyi Nteko rusange, abafite imigabane baguze muri MTN Rwanda bazaboneraho gusaranganya inyungu ibariwa kuri 4,98 Frw y’inyungu ku mugabane umwe ingana na 6 727 083 900 Frw.

MTN Rwanda ivuga ko nyuma yo kwemezwa n’Inama y’Ubutegetsi, inyungu igomba kwishyurwa abanyamigabane, izatangwa tariki 30 Kamena 2022, ikazahabwa buri munyamigabane uzemezwa n’Inteko rusange uziyandikisha kugeza tariki 09 Kamena 2022.

Muri iyi Nteko rusange izaba tariki 02 Kamena 2022 kandi, hazaganirwa ku ngingo zinyuranye zirimo kwemeza raporo y’umwaka yakorewe ubugororangingo n’ubugenzuzi bushingiye ku mari y’umwaka wasojwe tariki 31 Ukuboza 2021.

Muri iyi nteko kandi hazanabaho kwemeza abagize Inama y’ubutegetsi bonerewe igihe cyo kuyobora ndetse no bakongera kwemeza kompanyi ya PwC Rwanda Limited isanzwe ari kompanyi ibakorera ubugenzuzi bw’imari.

Abagize Inama y’Ubutegetsi bogerewe  igihe cyo kuyobora barimo Faustin Mbundu, Karabo Nondumo, Adriaan Wessels, Michael Fleisher, Patience Mutesi, Julien Kavaruganda, Yolanda Cuba, Mitwa Kaemba Ng’ambi na Mark Nkurunziza.

Abanyamigabane kandi bahawe amahirwe yo kumenya ibigwi n’imyirongoro by’abagize iyi nama y’Ubutegetsi nk’uko bikubiye muri raporo yashyizwe hanze tariki 12 Gicurasi 2022.

******

Comments 2

  1. Esther says:
    4 years ago

    Nigute umuntu yagura imigabane muri mtn !?

    Reply
  2. TUYISENGE Eric says:
    3 years ago

    Ese nabariza he? Ndamutse nifuje kugura imigabane!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + two =

Previous Post

Sheebah agiye guhishura umunyacyubahiro ukomeye ashinja ubuhehesi

Next Post

Izamuka ry’ibiciro ntabwo twarihagarika nka Guverinoma ariko tugerageza kugabanya umuzigo byatera ku bahaha- Ngirente

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Izamuka ry’ibiciro ntabwo twarihagarika nka Guverinoma ariko tugerageza kugabanya umuzigo byatera ku bahaha- Ngirente

Izamuka ry’ibiciro ntabwo twarihagarika nka Guverinoma ariko tugerageza kugabanya umuzigo byatera ku bahaha- Ngirente

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.