Thursday, November 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Abahanzi babiri b’ibirangirire basimbutse ikirego baregwagamo ibyo umwe yitaga kumwandagaza

radiotv10by radiotv10
17/02/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Abahanzi babiri b’ibirangirire basimbutse ikirego baregwagamo ibyo umwe yitaga kumwandagaza
Share on FacebookShare on Twitter

Ikirego cy’umunyamategeko Buzbee yaregaga Jay-Z na P.Diddy ko basambanyije umwana w’umukobwa w’imyaka 13 muri 2000, cyahagaritswe n’Urukiko rw’i New York muri Leta Zunze Ubumwe za America.

Jay-Z wamaze kugeza mu nkiko umunyamategeko Tony Buzbee ashinja kumurega ikinyoma cyo gusambanya umwana w’imyaka 13, yahishuye ko kumva iyo nkuru y’uko yasambanyije umwana, byari bimeze nko kumushyira imbuda ku mutwe.

Jay-Z yareze uyu munyamategeko mbere gato yuko ku wa 14 Gashyantare 2025 urukiko rwa New York ruhagarika iki kirego nyuma yuko bigaragaye ko uwamushinjaga yamubeshyeraga.

Hollywood yatangaje ko ku wa Gatanu, habayeho icyemezo cy’abayobozi mu Rukiko rwa New York, aho abavoka ba Jay-Z na Combs batangaje ko urubanza ruhagaritswe burundu.

Ntabwo byavuzweho byinshi, gusa Jay-Z yari yaravuze ko ibyo birego ari ibihimbano kandi ko ari ibyo kumusebya.

Yavuze ko ari impuha zisekeje gusa, zidafite ishingiro bitewe n’uburyo avuga ko umwavoka w’umurega atitaga ku by’Urukiko ahubwo yitaga ku Itangazamakuru.

Ibi byabaye ku wa 20 Ukwakira 2024, aho yagombaga guherekeza imfura ye Blue Ivy mu birori byo kumurika filimi yakinnyemo ya ‘Mufasa: The Lion King’.

Ati “Byashyize mu mwanya wo guhitamo niba njya gushyigikira umukobwa wanjye cyangwa njya kwihisha itangazamakuru.”

Umukobwa w’imyaka 13 byavugwaga n’umwavoka we ko yafashwe ku ngufu na Jay-Z na Combs uzwi nka P-Diddy mu birori bya MTV Video Music Awards mu mwaka wa 2000.

Jay-Z kandi yanavuze ko iki kirego cyamuhombeje miliyoni 20$ kuko ubwo cyatangwaga hari amasezerano yendaga gusinya yari kumwinjiriza aka kayabo gusa ahita ahagarara.

Felix NSENGA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 3 =

Previous Post

Rutsiro: Bahishuye impamvu abana babo barangiriza amashuri muri ‘Primaire’

Next Post

Min.Nduhungirehe yagaragaje iburashingiro ry’ibirego by’ibinyoma Congo yakomeje kwegeka ku Rwanda

Related Posts

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

by radiotv10
27/11/2025
0

Nyuma y’amaze abiri agaragaje umukunzi we akanamwambika impeta y’urukundo amusaba ko bazashyingiranwa,umuhanzi Niyo Bosco yashyize hanze amataliki y’ubukwe. “Imana izaha...

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

by radiotv10
27/11/2025
0

Ishimwe Patrick uzwi nka Pazzo Man, na Kalisa John uzwi nka K John, bakurikiranyweho gusakaza amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano n’umukunzi...

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

by radiotv10
27/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwataye muri yombi abandi bantu babiri barimo umunyamakuru Cyprien Uzabakiriho uzwi nka Djihad, bakurikiranyweho gukwirakwiza amashusho y’urukozasoni...

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

by radiotv10
24/11/2025
0

Dosiye iregwamo abakurikiranyweho ibifitanye isano n’isakara ry’amashusho y’urukozasoni y’Umuhanzi Yampano n’umukunzi we, yamaze gushyikirizwa Ubushinjacyaha, ndetse hakaba haratawe muri yombi...

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

by radiotv10
22/11/2025
0

Murindahabi Irene usanzwe areberera inyungu abaririmbyi Vestine na Dorcas, yavuze ko ubutumwa buherutse gutambuka ku rubuga nkoranyambaga rw’umwe muri aba...

IZIHERUKA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe
MU RWANDA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
27/11/2025
0

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

27/11/2025
Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

27/11/2025
UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

27/11/2025
Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

27/11/2025
Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

27/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda na DRCongo bongeye kwicara ku meza y’ibiganiro: Menya ibyaganiriweho

Min.Nduhungirehe yagaragaje iburashingiro ry’ibirego by’ibinyoma Congo yakomeje kwegeka ku Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.