Thursday, October 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Abahanzi babiri bo mu Rwanda basezeranye kubana nk’umugore n’umugabo

radiotv10by radiotv10
06/09/2024
in IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Abahanzi babiri bo mu Rwanda basezeranye kubana nk’umugore n’umugabo
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Jean de Dieu Sinzabyibagirwa uzwi ku izina rya Jado Sinza, yasezeranye mu mategeko na Esther Umulisa na we usanzwe aririmba nk’uwabigize umwuga mu gufasha abahanzi no mu makorali atandukanye.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Kane tariki 05 Nzeri 2024, aba bombi basezeraniye mu Murenge wa Kimironko mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali.

Nyuma yo gusezerana, umuhanzi Jado Sinza yagaragaje ibyishimo yatewe no kuba yamaze kuba umugabo w’umukunzi we Esther Umulisa bamaze igihe bakundana.

Ati “Amahoro ava ku Mana! Uyu munsi nibwo twasezeranye mu buryo bw’amategeko. Mudufashe gushima Imana. Indi gahunda ni 21 Nzeri 2024.”

Mu muziki uririmbirwa Imana, harimo abashakanye basanzwe baririmba nk’itsinda, aho bamwe bahise bibaza ko aba na bo bagiye guhita babiyoboka.

Jado Sinza abibajijweho niba na bo bazahita bayoboka iyi nzira, yagize ati “Sinzi uko nabisobanura, gusa icyo navuga ni uko tuzafatanya muri byose.”

Jado Sinza yamenyekanye mu ndirimbo zitandukanye zihimbaza Imana zirimo ‘Nabaho sindabona’ na ‘Ndategereje’, akaba kandi yarakoze ibitamo byitabiriwe na benshi birimo icyo aherutse gukorera muri Camp Kigali yari yatumiyemo umuhanzi ukomeye wo muri Tanzania, Zoravo.

Ni mu gihe Esther wamaze kuba umugore we, asanzwe afasha abahanzi barimo n’uyu mukunzi we, ndetse akaba asanzwe aririmba muri kolari ‘Iriba’.

Basezeranye kubana nk’umugore n’umugabo

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + sixteen =

Previous Post

Gatsibo: Hari aho bazengerejwe n’imbwa nyinshi batazi aho zituruka

Next Post

Igisirikare cy’u Rwanda n’iby’Ibihugu bibiri byo mu karere bari kuganirira i Kigali

Related Posts

Umugore w’umuhanzi Tom Close yamwibukije urwo amukunda anamubwira icyo amwifuriza

Umugore w’umuhanzi Tom Close yamwibukije urwo amukunda anamubwira icyo amwifuriza

by radiotv10
29/10/2025
0

Ange Niyonshuti Tricia, umugore w’umuhanzi Tom Close; yongeye kumwibutsa ko amukunda urutagereranywa, anamubwira ko amwifuriza kuramba kugeza igihe azabonera ubuvivi....

Eng.-Rwandan origin girl competing for Miss Belgium crown

Eng.-Rwandan origin girl competing for Miss Belgium crown

by radiotv10
28/10/2025
0

Kyra Nkezabera, who has Rwandan roots, is among the contestants for the Miss Belgium title. She is confident about her...

Ufite inkomoko mu Rwanda ari guhatanira ikamba rya Miss w’u Bubiligi

Ufite inkomoko mu Rwanda ari guhatanira ikamba rya Miss w’u Bubiligi

by radiotv10
28/10/2025
0

Kyra Nkezabera ufite inkomoko mu Rwanda, ari mu bahatanira ikamba rya Miss w’u Bubiligi, ndetse akaba afite icyizere cyo kuryegukana,...

How musicians are using streaming platforms to make money

How musicians are using streaming platforms to make money

by radiotv10
27/10/2025
0

In today’s digital world, streaming platforms have completely changed how musicians share their music and earn a living. Instead of...

Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

by radiotv10
25/10/2025
0

Nyuma y'ibyumweru bibiri afunguwe, Habiyaremye Zacharie uzwi nka Bishop Gafaranga n'umugore we Annette Murava, basohoye indirimbo nshya bise ‘Ndi inde”...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda
FOOTBALL

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
30/10/2025
0

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Menya umubare w’abarwanyi bose bahoze muri FDLR bamaze gutahuka mu Rwanda bavuye muri Congo

30/10/2025
Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

30/10/2025
Eng.-Over 12,000 former FDLR combatants have returned to Rwanda over the past 24 years

Eng.-Over 12,000 former FDLR combatants have returned to Rwanda over the past 24 years

30/10/2025
Hatangajwe icyemezo cyanyuze benshi ku musirikarekazi wo mu Congo wafotowe asomana n’umukunzi we

Hatangajwe icyemezo cyanyuze benshi ku musirikarekazi wo mu Congo wafotowe asomana n’umukunzi we

30/10/2025
Habayeho impinduka ku makipe yo muri Sudani byari byatangajwe ko azakina Shampiyona y’u Rwanda

Habayeho impinduka ku makipe yo muri Sudani byari byatangajwe ko azakina Shampiyona y’u Rwanda

30/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Igisirikare cy’u Rwanda n’iby’Ibihugu bibiri byo mu karere bari kuganirira i Kigali

Igisirikare cy’u Rwanda n’iby’Ibihugu bibiri byo mu karere bari kuganirira i Kigali

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

Menya umubare w’abarwanyi bose bahoze muri FDLR bamaze gutahuka mu Rwanda bavuye muri Congo

Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.