Sunday, November 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abahisemo kwiga amasomo bashishikarizwa ko agezweho ku isoko ry’umurimo bahishuye imvugo z’ababaca intege

radiotv10by radiotv10
08/02/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Abahisemo kwiga amasomo bashishikarizwa ko agezweho ku isoko ry’umurimo bahishuye imvugo z’ababaca intege
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu banyeshuri bahisemo kwiga amasomo y’imyuga n’ubumenyi ngiro mu Karere ka Nyabihu, bavuga ko hari abakibaca intege bababwira ko ibyo bagiyemo byigwa n’abacikirije amashuri.

Bamwe mu banyeshuri biga mu ishuri ry’imyuga n’ubumenyi ngiro rya Nyabihu mu Murenge wa Mukamira mu Karere ka Nyabihu, bavuga ko hari inshuti, abavandimwe n’ababyeyi bagiye babaca intege mu gihe bahitagamo kwiga tekiniki.

Nyiramahirwe Aline ati “Hari abancaga intege ‘bati urabona kwiga Fashion Designing abantu bamaze kuba benshi hanze…’ ariko nyine njye sinabyitaho. Ni umwuga udasaza aho wagera hose wabasha gukora kandi ugakora bikorpheye.”

Izere Pacifique wiga Ubudozi n’imideri muri iri shuri na we yagize ati “Hari igihe abahungu bagira imyumvire bati ‘ni gute wadoda iribaya, wadoda ijipo’ ngo ‘ubu se washobora gupima umukobwa…’ ibintu nk’ibyo ugasanaga abandi bahungu ni yo myumvire bafite.”

Umuraza Sophie wiga Manifucturing Technolgy ati “Abakobwa bagenzi banjye bambwiraga ko ari iby’abahungu.”

Bamwe mu baturage bo muri aka gace, na bo baracyafite imyumvire ko imyuga n’ubumenyi ngiro, ari iby’abantu baciriritse.

Nzayisenga Marie Goreth wo mu Mudugudu w’Akazuba mu Kagari ka Rugeshi, mu Murenge wa Mukamira uturiye iri shuri, yagize ati “Iyo afite ubwenge aba nko mu ba mbere yakwiga amasomo asanzwe.”

Bamwe mu banyeshuri bagiye muri aya masomo, bavuga ko batangiye gusogongera ku byiza byayo nubwo hari abatarumva akamaro kayo.

Umwe ati “Mu Kiruhuko hari ikiraka twakoze cyo gukora inzugi ku cyubakwa bari kubaka inzu natwe tukabakorera inzugi. Nakozeyo ukwezi kose banampemba ibihumbi 85 ku kwezi.”

Umuyobozi w’Urwego rwa Tekiniki, Imyuga n’Ubumenyi Ngiro mu Rwanda RTB, Paul Umukunzi avuga ko abagifite imyumvire yo gusugura aya masomo, bakwiye kubireka, kuko na yo ari amasomo nk’andi.

Ati “Abarangiza muri TSS benshi banabishaka bajya mu mahuri makuru ariko hari n’abahita bifuza gukomeza bakajya ku isoko ry’umurimo kubera ko ubushobozi nabwo barabufite. Barangiza kwiga bafite icyo bakora bakajya kuba bashaka akazi.”

Akomeza agira ati “Sitatistike zitwereka ko abarenga 67% bakirangiza amezi atandatu bahita babona akazi bakajya gukora, abandi basaga 23% bagakomeza muri za Kaminuza zitandukanye. Ni yo mpamvu dukomeza gushishikariza urubyiruko rwacu n’ababyeyi kugira ngo babyumve ahubwo bashishikarize abana babo gukunda TVET bamenye ibyiza byayo banayisabe bajye no kuyiga bityo Igihugu cyacu kizagere ku ntumbero yo kwiteza imbere.”

Mu cyerekezo 2050, Leta y’u Rwanda iteganya ko 60% by’azajya barangiza icyiciro cya mbere cy’amashuri yisumbuye bazajya biga tekiniki, imyuga n’ubumenyi ngiro bikajyana na gahunda ya Guverinoma yo kwihutisha iterambere NST2, aho biteganijwe ko byibura hazahangwa imirimo ibyara inyungu Miliyoni 1,25 ndetse buri mwaka hakazajya hahangwa imirimo ibihumbi 250 mu rwego rwo kugabanya ubushomeri mu rubyiruko.

Bavuga ko mu babaca intege harimo abagakwiye ahubwo kubaha morale
Bo bavuga ko bazi agaciro k’ibyo biga

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + eight =

Previous Post

Imbuga Nkoranyambaga: Ikiganiro cya Min.Gen(Rtd) Kabarebe n’umubyeyi wamuhaye ubutumwa azamuhera Perezida

Next Post

BREAKING: Bitunguranye Tshisekedi ntiyagiye Tanzania mu nama Idasanzwe yiga ku bibazo by’Igihugu cye

Related Posts

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Rwanda  is actively rolling out its new Single Digital ID (SDID) system nationwide,a major initiative for digital transformation. The registration and data...

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

by radiotv10
22/11/2025
0

Kaminuza ya East Africa University Rwanda na yo imaze gutanga impamyabushobozi ku bantu bigiye ku murimo bagera kuri 340, biganjemo...

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

by radiotv10
22/11/2025
0

Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA/Rwanda Revenue Authority) cyatangaje ko mu mezi ane ashize abiyandikishihe muri gahunda y’ishimwe rihabwa abaka inyemezabwishyu ya...

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

by radiotv10
21/11/2025
0

Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, na we yageneye ubutumwa Perezdia Paul Kagame, amushimira ibiganiro byiza...

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

by radiotv10
21/11/2025
0

President Paul Kagame expressed his gratitude to the Emir of Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, who visited Rwanda...

IZIHERUKA

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID
IMIBEREHO MYIZA

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

22/11/2025
Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

22/11/2025
Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

22/11/2025
Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

22/11/2025
Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

22/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Bitunguranye Tshisekedi ntiyagiye Tanzania mu nama Idasanzwe yiga ku bibazo by’Igihugu cye

BREAKING: Bitunguranye Tshisekedi ntiyagiye Tanzania mu nama Idasanzwe yiga ku bibazo by’Igihugu cye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.