Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abahisemo kwiga amasomo bashishikarizwa ko agezweho ku isoko ry’umurimo bahishuye imvugo z’ababaca intege

radiotv10by radiotv10
08/02/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Abahisemo kwiga amasomo bashishikarizwa ko agezweho ku isoko ry’umurimo bahishuye imvugo z’ababaca intege
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu banyeshuri bahisemo kwiga amasomo y’imyuga n’ubumenyi ngiro mu Karere ka Nyabihu, bavuga ko hari abakibaca intege bababwira ko ibyo bagiyemo byigwa n’abacikirije amashuri.

Bamwe mu banyeshuri biga mu ishuri ry’imyuga n’ubumenyi ngiro rya Nyabihu mu Murenge wa Mukamira mu Karere ka Nyabihu, bavuga ko hari inshuti, abavandimwe n’ababyeyi bagiye babaca intege mu gihe bahitagamo kwiga tekiniki.

Nyiramahirwe Aline ati “Hari abancaga intege ‘bati urabona kwiga Fashion Designing abantu bamaze kuba benshi hanze…’ ariko nyine njye sinabyitaho. Ni umwuga udasaza aho wagera hose wabasha gukora kandi ugakora bikorpheye.”

Izere Pacifique wiga Ubudozi n’imideri muri iri shuri na we yagize ati “Hari igihe abahungu bagira imyumvire bati ‘ni gute wadoda iribaya, wadoda ijipo’ ngo ‘ubu se washobora gupima umukobwa…’ ibintu nk’ibyo ugasanaga abandi bahungu ni yo myumvire bafite.”

Umuraza Sophie wiga Manifucturing Technolgy ati “Abakobwa bagenzi banjye bambwiraga ko ari iby’abahungu.”

Bamwe mu baturage bo muri aka gace, na bo baracyafite imyumvire ko imyuga n’ubumenyi ngiro, ari iby’abantu baciriritse.

Nzayisenga Marie Goreth wo mu Mudugudu w’Akazuba mu Kagari ka Rugeshi, mu Murenge wa Mukamira uturiye iri shuri, yagize ati “Iyo afite ubwenge aba nko mu ba mbere yakwiga amasomo asanzwe.”

Bamwe mu banyeshuri bagiye muri aya masomo, bavuga ko batangiye gusogongera ku byiza byayo nubwo hari abatarumva akamaro kayo.

Umwe ati “Mu Kiruhuko hari ikiraka twakoze cyo gukora inzugi ku cyubakwa bari kubaka inzu natwe tukabakorera inzugi. Nakozeyo ukwezi kose banampemba ibihumbi 85 ku kwezi.”

Umuyobozi w’Urwego rwa Tekiniki, Imyuga n’Ubumenyi Ngiro mu Rwanda RTB, Paul Umukunzi avuga ko abagifite imyumvire yo gusugura aya masomo, bakwiye kubireka, kuko na yo ari amasomo nk’andi.

Ati “Abarangiza muri TSS benshi banabishaka bajya mu mahuri makuru ariko hari n’abahita bifuza gukomeza bakajya ku isoko ry’umurimo kubera ko ubushobozi nabwo barabufite. Barangiza kwiga bafite icyo bakora bakajya kuba bashaka akazi.”

Akomeza agira ati “Sitatistike zitwereka ko abarenga 67% bakirangiza amezi atandatu bahita babona akazi bakajya gukora, abandi basaga 23% bagakomeza muri za Kaminuza zitandukanye. Ni yo mpamvu dukomeza gushishikariza urubyiruko rwacu n’ababyeyi kugira ngo babyumve ahubwo bashishikarize abana babo gukunda TVET bamenye ibyiza byayo banayisabe bajye no kuyiga bityo Igihugu cyacu kizagere ku ntumbero yo kwiteza imbere.”

Mu cyerekezo 2050, Leta y’u Rwanda iteganya ko 60% by’azajya barangiza icyiciro cya mbere cy’amashuri yisumbuye bazajya biga tekiniki, imyuga n’ubumenyi ngiro bikajyana na gahunda ya Guverinoma yo kwihutisha iterambere NST2, aho biteganijwe ko byibura hazahangwa imirimo ibyara inyungu Miliyoni 1,25 ndetse buri mwaka hakazajya hahangwa imirimo ibihumbi 250 mu rwego rwo kugabanya ubushomeri mu rubyiruko.

Bavuga ko mu babaca intege harimo abagakwiye ahubwo kubaha morale
Bo bavuga ko bazi agaciro k’ibyo biga

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − 6 =

Previous Post

Imbuga Nkoranyambaga: Ikiganiro cya Min.Gen(Rtd) Kabarebe n’umubyeyi wamuhaye ubutumwa azamuhera Perezida

Next Post

BREAKING: Bitunguranye Tshisekedi ntiyagiye Tanzania mu nama Idasanzwe yiga ku bibazo by’Igihugu cye

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz
FOOTBALL

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

by radiotv10
22/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Bitunguranye Tshisekedi ntiyagiye Tanzania mu nama Idasanzwe yiga ku bibazo by’Igihugu cye

BREAKING: Bitunguranye Tshisekedi ntiyagiye Tanzania mu nama Idasanzwe yiga ku bibazo by’Igihugu cye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.