Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abahisemo kwiga amasomo bashishikarizwa ko agezweho ku isoko ry’umurimo bahishuye imvugo z’ababaca intege

radiotv10by radiotv10
08/02/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Abahisemo kwiga amasomo bashishikarizwa ko agezweho ku isoko ry’umurimo bahishuye imvugo z’ababaca intege
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu banyeshuri bahisemo kwiga amasomo y’imyuga n’ubumenyi ngiro mu Karere ka Nyabihu, bavuga ko hari abakibaca intege bababwira ko ibyo bagiyemo byigwa n’abacikirije amashuri.

Bamwe mu banyeshuri biga mu ishuri ry’imyuga n’ubumenyi ngiro rya Nyabihu mu Murenge wa Mukamira mu Karere ka Nyabihu, bavuga ko hari inshuti, abavandimwe n’ababyeyi bagiye babaca intege mu gihe bahitagamo kwiga tekiniki.

Nyiramahirwe Aline ati “Hari abancaga intege ‘bati urabona kwiga Fashion Designing abantu bamaze kuba benshi hanze…’ ariko nyine njye sinabyitaho. Ni umwuga udasaza aho wagera hose wabasha gukora kandi ugakora bikorpheye.”

Izere Pacifique wiga Ubudozi n’imideri muri iri shuri na we yagize ati “Hari igihe abahungu bagira imyumvire bati ‘ni gute wadoda iribaya, wadoda ijipo’ ngo ‘ubu se washobora gupima umukobwa…’ ibintu nk’ibyo ugasanaga abandi bahungu ni yo myumvire bafite.”

Umuraza Sophie wiga Manifucturing Technolgy ati “Abakobwa bagenzi banjye bambwiraga ko ari iby’abahungu.”

Bamwe mu baturage bo muri aka gace, na bo baracyafite imyumvire ko imyuga n’ubumenyi ngiro, ari iby’abantu baciriritse.

Nzayisenga Marie Goreth wo mu Mudugudu w’Akazuba mu Kagari ka Rugeshi, mu Murenge wa Mukamira uturiye iri shuri, yagize ati “Iyo afite ubwenge aba nko mu ba mbere yakwiga amasomo asanzwe.”

Bamwe mu banyeshuri bagiye muri aya masomo, bavuga ko batangiye gusogongera ku byiza byayo nubwo hari abatarumva akamaro kayo.

Umwe ati “Mu Kiruhuko hari ikiraka twakoze cyo gukora inzugi ku cyubakwa bari kubaka inzu natwe tukabakorera inzugi. Nakozeyo ukwezi kose banampemba ibihumbi 85 ku kwezi.”

Umuyobozi w’Urwego rwa Tekiniki, Imyuga n’Ubumenyi Ngiro mu Rwanda RTB, Paul Umukunzi avuga ko abagifite imyumvire yo gusugura aya masomo, bakwiye kubireka, kuko na yo ari amasomo nk’andi.

Ati “Abarangiza muri TSS benshi banabishaka bajya mu mahuri makuru ariko hari n’abahita bifuza gukomeza bakajya ku isoko ry’umurimo kubera ko ubushobozi nabwo barabufite. Barangiza kwiga bafite icyo bakora bakajya kuba bashaka akazi.”

Akomeza agira ati “Sitatistike zitwereka ko abarenga 67% bakirangiza amezi atandatu bahita babona akazi bakajya gukora, abandi basaga 23% bagakomeza muri za Kaminuza zitandukanye. Ni yo mpamvu dukomeza gushishikariza urubyiruko rwacu n’ababyeyi kugira ngo babyumve ahubwo bashishikarize abana babo gukunda TVET bamenye ibyiza byayo banayisabe bajye no kuyiga bityo Igihugu cyacu kizagere ku ntumbero yo kwiteza imbere.”

Mu cyerekezo 2050, Leta y’u Rwanda iteganya ko 60% by’azajya barangiza icyiciro cya mbere cy’amashuri yisumbuye bazajya biga tekiniki, imyuga n’ubumenyi ngiro bikajyana na gahunda ya Guverinoma yo kwihutisha iterambere NST2, aho biteganijwe ko byibura hazahangwa imirimo ibyara inyungu Miliyoni 1,25 ndetse buri mwaka hakazajya hahangwa imirimo ibihumbi 250 mu rwego rwo kugabanya ubushomeri mu rubyiruko.

Bavuga ko mu babaca intege harimo abagakwiye ahubwo kubaha morale
Bo bavuga ko bazi agaciro k’ibyo biga

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + 16 =

Previous Post

Imbuga Nkoranyambaga: Ikiganiro cya Min.Gen(Rtd) Kabarebe n’umubyeyi wamuhaye ubutumwa azamuhera Perezida

Next Post

BREAKING: Bitunguranye Tshisekedi ntiyagiye Tanzania mu nama Idasanzwe yiga ku bibazo by’Igihugu cye

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Bitunguranye Tshisekedi ntiyagiye Tanzania mu nama Idasanzwe yiga ku bibazo by’Igihugu cye

BREAKING: Bitunguranye Tshisekedi ntiyagiye Tanzania mu nama Idasanzwe yiga ku bibazo by’Igihugu cye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.