• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Imbuga Nkoranyambaga: Ikiganiro cya Min.Gen(Rtd) Kabarebe n’umubyeyi wamuhaye ubutumwa azamuhera Perezida

radiotv10by radiotv10
07/02/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Imbuga Nkoranyambaga: Ikiganiro cya Min.Gen(Rtd) Kabarebe n’umubyeyi wamuhaye ubutumwa azamuhera Perezida
Share on FacebookShare on Twitter

Umubyeyi wo mu Karere ka Burera, yasabye Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Gen.(Rtd) James Kabarebe kuzamubwirira Perezida Paul Kagame ko abageze mu zabukuru bamushimira byimazeyo, kuba abafasha kugira amasaziro meza.

Ni mu kiganiro kigufi uyu mubyeyi yagiranye na Gen. (Rtd) James Kabarebe ubwo yari amaze gutangiza ku mugaragaro ubukangumbaga bwo kurwanya imirire mibi n’igwingira mu bana bato mu Karere ka Burera.

Muri ubu bukangurambaga, hateganyijwemo ibikorwa by’umuganda wiswe ‘Umuganda Professional Program’, ahanakozwe imirimo yo kubakira no gusanira abatishoboye, ndetse Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, General (Rtd) James Kabarebe akaba yakoze igikorwa cyo gusanira inzu umwe mu baturage.

Uyu mubyeyi wagaragaje ibyishimo yatewe n’iki gikorwa yakorewe, kimwe n’ibindi akorerwa binyuze muri gahunda za Leta zo gufasha abageze mu zabukuru, yegereye Gen (Rtd) James Kabarebe, amugaragariza imbamutima ze byumwihariko ishimwe yumva yifuza gutura Perezida Paul Kagame.

Yagize ati “Yanshyize muri VUP ngafata utwo dufaranga, none muri kureba ibi bikorwa mukoze aha, mbonye wese ntayigiraga, mbonye hariya bahinga imboga…”

Yakomeje agira ati “Ni ukuri munshimirire uwo muyobozi, nabera sinari nabona ubuyobozi bumeze gutya [ahita akoma amashyi].”

View this post on Instagram

A post shared by Radiotv10rwanda (@radiotv10rwanda)

Muri iki kiganiro kigufi, Gen (Rtd) Kabarebe na we yabwiye uyu mubyeyi ko Umukuru w’u Rwanda yifuza ko ibi yakorewe byagera kuri bose nubwo ubushobozi buhari hari aho butuma bigarukira. Ati “Ni we uba wadutumye [Perezida] Icyifuzo cye ni uko abantu bose baba heza, bakamera neza.”

Abageze mu zabukuru batishoboye, bagenewe ubushobozi bw’akabando ko kwicumba muri izi ntege nke baba bagezemo, nko muri gahunda ya VUP, aho bagenerwa amafaranga abafasha kubona iby’ibanze mu buzima.

Gen (Rtd) James Kabarebe yatangije ku mugaragaro iyi gahunda
Uyu mubyeyi yanakorewe akarima k’igikoni

Yahise amwegera amubwira ubutumwa amugereza kuri Perezida

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + 7 =

Previous Post

Hatangajwe igihano cyakatiwe Umusirikare wishe abaturage batanu nyuma yo kujuririra icya burundu

Next Post

Abahisemo kwiga amasomo bashishikarizwa ko agezweho ku isoko ry’umurimo bahishuye imvugo z’ababaca intege

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Abahisemo kwiga amasomo bashishikarizwa ko agezweho ku isoko ry’umurimo bahishuye imvugo z’ababaca intege

Abahisemo kwiga amasomo bashishikarizwa ko agezweho ku isoko ry’umurimo bahishuye imvugo z’ababaca intege

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.