Thursday, August 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Abahoze mu Gisirikare cya Uganda bafashwe bagiye kurwana muri Ukraine bahishuye amakuru y’ingenzi mu iperereza

radiotv10by radiotv10
14/08/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Abahoze mu Gisirikare cya Uganda bafashwe bagiye kurwana muri Ukraine bahishuye amakuru y’ingenzi mu iperereza
Share on FacebookShare on Twitter

Inzego z’umutekano muri Uganda ziri gukora iperereza nyuma yuko hafashwe abagabo icyenda bahoze mu gisirikare cy’iki Gihugu bagiye muri Ukraine mu ntambara ihanganishije iki Gihugu n’u Burusiya, aho iperereza rigaragaza ko bizezwaga umushahara wa 6 250 USD ku kwezi.

Ni nyuma yuko abagabo icyenda bafatiwe ku Kibuga cy’Indege cya Entebbe muri Uganda hirya y’ejo hashize ku wa Kabiri tariki 12 Kanama 2025, aho biteguraga kunyura i Moscow mu Burusiya.

Muri iri perereza ririho rikorwa, rigaragaza ko bari bagiye gufatanya n’amatsinda y’abarwanyi bari kurwana muri Ukraine, aho bivugwa ari bamwe bari gukusanywa ngo bajye kurwana mu bitirirwa ko ari ab’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi.

Abari gukora iperereza bavuga ko aba bantu bafashwe ari bamwe mu barenga 100 bahoze mu Gisirikare cya Uganda bagombaga kuva muri iki Gihugu, aho ibikorwa byo kugenda byatangiye mu ntangiro z’iki cyumweru.

Bafatiwe ku kibuga cy’Indege cya Entebbe

Ngo iri kusanywa ryabo ririho rirakorwa na sosiyete yitwa MAGNIT iri gukora itarabiherewe uruhusa na Minisiteri ishinzwe Umurimo muri Uganda, ikaba iri gushinjwa ubucuruzi bw’abantu n’ibindi byaha.

Byanatumye kandi umwe mu bo muri iyi sosiyete ufite inkomoko mu Burusiya atabwa muri yombi kimwe na bamwe mu Banya-Uganda bakorana, ubu batawe muri yombi.

Amakuru avuga ko hari gushakishwa abahoze mu gisirikare cya Uganda ndetse no mu cya Iraq na Afghanistan, bizezwa umushahara wa 6 250 USD ku kwezi babwirwa ko bagiye mu mirimo y’umutekano.

Iperereza ryagaragaje ko i Moscow bari berecyeje, ari aho bagombaga kunyura by’igihe gito ubundi bagahita berecyeza muri Ukraine gufatanya n’Igisirikare cy’iki Gihugu mu ntambara igihanganishije n’ubundi n’u Burusiya.

Umwe mu bafashwe yabwiye abakora iperereza ati “Twabwiwe ko Abo muri EU na Ambasade ya US bifuza kuduha akazi. Batubwiye ko Ukraine iri gutoza byihuse abarwanyi b’Abanyafurika, ubundi hatangira ibikorwa byo kutwohereza. Badusabye ko tutagomba guhingutsa ijambo Ukraine mu byo tuvuga.”

Umwe mu bari gukora iperereza yavuze ko hari gukorwa icukumbura kugira ngo harebwe niba ibi bikorwa bidafitwemo uruhare n’abadipolomate, ku buryo igihe byagaragara, byaba ari ikibazo gikomeye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 5 =

Previous Post

Amakuru aturuka i Walikare ku rugamba hagati ya AFC/M23 n’abo bahanganye

Next Post

Gen.Muhoozi yagaragaje kwicuza ku byo yagomeyeho umubyeyi we Perezida Museveni

Related Posts

Icyo Gen.Muhoozi avuga ku kuba umuhungu we yarinjiye igisirikare ayoboye

Gen.Muhoozi yagaragaje kwicuza ku byo yagomeyeho umubyeyi we Perezida Museveni

by radiotv10
14/08/2025
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yavuze ko iteka ahora asaba Imana imbabazi ku byo yaba ataritwayeho neza...

Amakuru aturuka i Walikare ku rugamba hagati ya AFC/M23 n’abo bahanganye

Amakuru aturuka i Walikare ku rugamba hagati ya AFC/M23 n’abo bahanganye

by radiotv10
14/08/2025
0

Haravugwa imirwano muri Gurupoma ya Kisimba muri Teritwari ya Walikare muri Kivu ya Ruguru, ihanganishije abarwanyi ba AFC/M23 n’uruhande bahanganye...

Hatangajwe igihano gisabirwa uwari Minisitiri w’Ubutabera muri Congo uregwa miliyari 27Frw

Hatangajwe igihano gisabirwa uwari Minisitiri w’Ubutabera muri Congo uregwa miliyari 27Frw

by radiotv10
14/08/2025
0

Constant Mutamba wahoze ari Minisitiri w’Ubutabera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ubu ukurikiranyweho kunyereza Miliyoni 19 USD (agera muri...

Gen.Muhoozi yongeye gushimangira ko UPDF na RDF ari abavandimwe anahishura gahunda bafitanye

Gen.Muhoozi yongeye gushimangira ko UPDF na RDF ari abavandimwe anahishura gahunda bafitanye

by radiotv10
13/08/2025
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba yongeye kuvuga ko Igisirikare cy’iki Gihugu (UPDF) n’Ingabo z’u Rwanda (RDF) ari...

Hatangajwe ibyemeza ko u Burundi bwongeye kwinjira mu mirwano itutumba muri Congo

Hatangajwe ibyemeza ko u Burundi bwongeye kwinjira mu mirwano itutumba muri Congo

by radiotv10
13/08/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko uruhande rw’Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, rukomeje gukaza ubukana bw’intambara bwohereza intwaro za rutura...

IZIHERUKA

Icyo Gen.Muhoozi avuga ku kuba umuhungu we yarinjiye igisirikare ayoboye
AMAHANGA

Gen.Muhoozi yagaragaje kwicuza ku byo yagomeyeho umubyeyi we Perezida Museveni

by radiotv10
14/08/2025
0

Abahoze mu Gisirikare cya Uganda bafashwe bagiye kurwana muri Ukraine bahishuye amakuru y’ingenzi mu iperereza

Abahoze mu Gisirikare cya Uganda bafashwe bagiye kurwana muri Ukraine bahishuye amakuru y’ingenzi mu iperereza

14/08/2025
Amakuru aturuka i Walikare ku rugamba hagati ya AFC/M23 n’abo bahanganye

Amakuru aturuka i Walikare ku rugamba hagati ya AFC/M23 n’abo bahanganye

14/08/2025
Ubutumwa Min.Mukazayire yageneye umunyempano ukomeye muri America muri Basketball mbere yo gutaha

Eng.-Minister Mukazayire’s message to a talented American basketball player before his departure

14/08/2025
U Bufaransa bwahaye u Rwanda Miliyari 30Frw y’imishinga yumvikanyweho ubwo Macron yari i Kigali

Ubutumwa bwa nyuma Antoine Anfré yanditse nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda

14/08/2025
Ubutumwa Min.Mukazayire yageneye umunyempano ukomeye muri America muri Basketball mbere yo gutaha

Ubutumwa Min.Mukazayire yageneye umunyempano ukomeye muri America muri Basketball mbere yo gutaha

14/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo Gen.Muhoozi avuga ku kuba umuhungu we yarinjiye igisirikare ayoboye

Gen.Muhoozi yagaragaje kwicuza ku byo yagomeyeho umubyeyi we Perezida Museveni

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen.Muhoozi yagaragaje kwicuza ku byo yagomeyeho umubyeyi we Perezida Museveni

Abahoze mu Gisirikare cya Uganda bafashwe bagiye kurwana muri Ukraine bahishuye amakuru y’ingenzi mu iperereza

Amakuru aturuka i Walikare ku rugamba hagati ya AFC/M23 n’abo bahanganye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.