Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Abahoze mu Gisirikare cya Uganda bafashwe bagiye kurwana muri Ukraine bahishuye amakuru y’ingenzi mu iperereza

radiotv10by radiotv10
14/08/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Abahoze mu Gisirikare cya Uganda bafashwe bagiye kurwana muri Ukraine bahishuye amakuru y’ingenzi mu iperereza
Share on FacebookShare on Twitter

Inzego z’umutekano muri Uganda ziri gukora iperereza nyuma yuko hafashwe abagabo icyenda bahoze mu gisirikare cy’iki Gihugu bagiye muri Ukraine mu ntambara ihanganishije iki Gihugu n’u Burusiya, aho iperereza rigaragaza ko bizezwaga umushahara wa 6 250 USD ku kwezi.

Ni nyuma yuko abagabo icyenda bafatiwe ku Kibuga cy’Indege cya Entebbe muri Uganda hirya y’ejo hashize ku wa Kabiri tariki 12 Kanama 2025, aho biteguraga kunyura i Moscow mu Burusiya.

Muri iri perereza ririho rikorwa, rigaragaza ko bari bagiye gufatanya n’amatsinda y’abarwanyi bari kurwana muri Ukraine, aho bivugwa ari bamwe bari gukusanywa ngo bajye kurwana mu bitirirwa ko ari ab’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi.

Abari gukora iperereza bavuga ko aba bantu bafashwe ari bamwe mu barenga 100 bahoze mu Gisirikare cya Uganda bagombaga kuva muri iki Gihugu, aho ibikorwa byo kugenda byatangiye mu ntangiro z’iki cyumweru.

Bafatiwe ku kibuga cy’Indege cya Entebbe

Ngo iri kusanywa ryabo ririho rirakorwa na sosiyete yitwa MAGNIT iri gukora itarabiherewe uruhusa na Minisiteri ishinzwe Umurimo muri Uganda, ikaba iri gushinjwa ubucuruzi bw’abantu n’ibindi byaha.

Byanatumye kandi umwe mu bo muri iyi sosiyete ufite inkomoko mu Burusiya atabwa muri yombi kimwe na bamwe mu Banya-Uganda bakorana, ubu batawe muri yombi.

Amakuru avuga ko hari gushakishwa abahoze mu gisirikare cya Uganda ndetse no mu cya Iraq na Afghanistan, bizezwa umushahara wa 6 250 USD ku kwezi babwirwa ko bagiye mu mirimo y’umutekano.

Iperereza ryagaragaje ko i Moscow bari berecyeje, ari aho bagombaga kunyura by’igihe gito ubundi bagahita berecyeza muri Ukraine gufatanya n’Igisirikare cy’iki Gihugu mu ntambara igihanganishije n’ubundi n’u Burusiya.

Umwe mu bafashwe yabwiye abakora iperereza ati “Twabwiwe ko Abo muri EU na Ambasade ya US bifuza kuduha akazi. Batubwiye ko Ukraine iri gutoza byihuse abarwanyi b’Abanyafurika, ubundi hatangira ibikorwa byo kutwohereza. Badusabye ko tutagomba guhingutsa ijambo Ukraine mu byo tuvuga.”

Umwe mu bari gukora iperereza yavuze ko hari gukorwa icukumbura kugira ngo harebwe niba ibi bikorwa bidafitwemo uruhare n’abadipolomate, ku buryo igihe byagaragara, byaba ari ikibazo gikomeye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + 4 =

Previous Post

Eng.-Minister Mukazayire’s message to a talented American basketball player before his departure

Next Post

Gen.Muhoozi yagaragaje kwicuza ku byo yagomeyeho umubyeyi we Perezida Museveni

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo Gen.Muhoozi avuga ku kuba umuhungu we yarinjiye igisirikare ayoboye

Gen.Muhoozi yagaragaje kwicuza ku byo yagomeyeho umubyeyi we Perezida Museveni

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.