Sunday, January 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abakekwaho gushinga itsinda ryari ryarayogoje rubanda basanzwe ahafite icyo hasobanuye

radiotv10by radiotv10
21/06/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
1
Abakekwaho gushinga itsinda ryari ryarayogoje rubanda basanzwe ahafite icyo hasobanuye
Share on FacebookShare on Twitter

Abasore bakiri bato barimo babiri b’imyaka 19, n’umwe wa 18, bafatanywe ibikoresho bakekwaho kwiba birimo za mudasobwa na Televiziyo, basangwa mu nzu yo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka Kamonyi, bari barahinduye ububiko bw’ibyo bibaga.

Aba basore bafashwe mu gitondo cya kare kuri uyu wa Kabiri tariki 20 Kamena 2023, saa kumi n’imwe, mu Mudugudu wa Nyarusange mu Kagari ka Remera mu Murenge wa Rukoma.

Bafashwe ku bufatanye bw’Inzego z’ibanze na Polisi y’u Rwanda mu gikorwa cyateguwe n’uru rwego rushinzwe umutekano w’abaturage n’ibyabo.

Aba basore bafashwe nyuma y’amakuru yaturutse mu Karere ka Bugesera ari na ho bakomoka, bafatanywe ibikoresho binyuranye birimo televiziyo eshatu (3), mudasobwa ebyiri (2), radio na bafure zayo 2 n’imfunguzo nyinshi bacurishije bakoreshaga muri ubwo bujura.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, Superintendent of Police (SP) Emmanuel Habiyaremye, avuga ko amakuru yari yaturutse mu Karere ka Bugesera, yavugaga ko aba basore biba ibikoresho batoboye inzu.

Yagize ati “Habanje gufatwa babiri babanaga mu nzu iherereye mu Mudugudu wa Nyarusange, bafatanwa ibyo bibye birimo televiziyo ebyiri, mudasobwa ebyiri na radiyo, berekana mugenzi wabo bakoranaga, na we wari ufite televiziyo yo mu bwoko bwa flat.”

Aba basore, bakimara gufatwa, bemereye Polisi ko ubujura babukoreraga mu Karere ka Bugesera ndetse no mu Mujyi wa Kigali, babanje gutobora inzu z’abaturage cyangwa bagakoresha imfunguzo bari bafite.

Bavuze kandi ko ibyo babaga bibye, bajyaga kubibika mu Karere ka Kamonyi, ubundi bakabishakira abakiliya ngo babigure.

Aba basore ndetse n’ibikoresho bari bibye bafatanywe, bashyikirijwe Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) kuri sitasiyo ya Gacurabwenge kugira ngo iperereza rikomeze.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Florien Ngabo says:
    3 years ago

    Ntakuntu abibwe muri kamonyi twajya,kureba ko ntabyacu birimo?

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + six =

Previous Post

M23 yibukije Guverinoma ya Congo ikintu gikomeye ikiyitegerejeho

Next Post

Perezida Kagame yagaragaje ishusho nshya y’umusaruro wa RDF muri Mozambique

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yagaragaje ishusho nshya y’umusaruro wa RDF muri Mozambique

Perezida Kagame yagaragaje ishusho nshya y’umusaruro wa RDF muri Mozambique

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.