Friday, November 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Abakinnyi ba Muhazi United mbere yo guhura na Rayon bahawe akanozangendo

radiotv10by radiotv10
18/04/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Abakinnyi ba Muhazi United mbere yo guhura na Rayon bahawe akanozangendo
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ikipe ya Muhazi United bwemeje ko bugomba guhemba abakinnyi imishahara y’amezi atatu, mbere yuko iyi kipe yakira Rayon Sports mu mukino w’umunsi wa 24 wa Shampiyona.

Ni nyuma yuko abakinnyi ba Muhazi United bari banze gukora imyitozo muri iki cyumweru kubera kumara amezi atatu badahembwa.

Umuyobozi wa Muhazi United, Nkaka Longin yatangaje ko ikibazo cyabonewe umuti. Ati “Navuga ko rwakingaga babiri ariko ntabwo rugikinga babiri. Hari ibintu byinshi byakemutse, hari amezi atatu y’imishahara twari dufitiye abakinnyi ariko ubu ngubu byakemutse.”

Nubwo iyi kipe yari imaze amezi atatu idahemba abakinnyi, isanzwe ifashwa n’Uturere tubiri, ku buryo hari bamwe bavuga ko bitari bikwiye ko ikipe nk’iyi ibura imishahara yo guhemba abakinnyi, mu gihe Nkaka Longin we avuga ko haba hari impamvu yabiteye.

Yagize ati “Amafaranga bakoresha mu Turere ni ayo bakusanya mu misoro y’Uturere, hari igihe aba atabonetse, hari igihe aza akajya mu byihutirwa, siporo itaje imbere muri icyo gihe bitewe n’ibihari ikindi gihe akaba yabonetse.”

Muhazi United iri kwitegura umukino izakiramo Rayon Sport, iri ku mwanya wa 12 n’amanota 26, bituma iri mu makipe ari mu myanya mibi ishobora gutuma imanuka iramutse irangaye.

Nkaka Longin avuga ko na bo bazi ko bari mu myanya mibi kandi bakaba bagiye guhura n’ikipe ikomeye, ariko ko ibyo bitabakanga.

Ati “Impungenge zo Rayon Sports ni ikipe nini, ntiwabura kuzigira kuko tuba twabiteguye cyane kuko natwe tuzi ko uriya mukino wa Rayon Sports ni wo ugomba kuduhamiriza kuguma muri iki cyiciro. Tubonye ariya manota atatu, twaba dusigaje nko kunganya rimwe gusa tukaba tugumyemo.

Uyu mukino uzahuza Muhazi United na Rayon Sports w’umunsi wa 24 wa Shampiyona, uzaba kuri uyu wa Gatandatu, aho iyi kipe y’Iburasirazuba izaba ishaka amanota atatu kugira ngo yizere kuguma mu cyiciro cya mbere, mu gihe Rayon na yo izaba iyashaka kugira ngo irebe ko yakwisubiza umwanya wa Mbere iherutse guhagurutswaho na mucyeba wayo APR FC.

Aime Augustin
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + eight =

Previous Post

Umuhanzi ugezweho muri Gospel Nyarwanda yahishuye ibitari bizwi ku rugendo rwe rwa muzika

Next Post

Rutsiro: Abamotari bagaragaje ibituma bakorana amaganya n’ibihombo

Related Posts

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

by radiotv10
07/11/2025
0

Shampiyona ya volleyball irakomeza ku munsi wayo wa kane, imikino ibera muri Gymnase nshya iri muri Sainte Famille mu mujyi...

Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

by radiotv10
07/11/2025
0

Umunyamakuru Isaac Rabbin Imani uzwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda, wamaze gusezera igitangazamakuru yakoreraga yari amazeho imyaka ine, hamenyekanye...

Ibitunguranye ku mukino w’ishiraniro uzahuza APR na Rayon utegerejwe na benshi

Ibitunguranye ku mukino w’ishiraniro uzahuza APR na Rayon utegerejwe na benshi

by radiotv10
06/11/2025
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryagennye umusifuzi ukiri muto utaranasifura imikino myinshi, kuzayobora umukino wa Derby y’u Rwanda, uzahuza...

Umusifuzi watumye abakunzi ba APR bavana agahinda i Rubavu yafatiwe icyemezo

Umusifuzi watumye abakunzi ba APR bavana agahinda i Rubavu yafatiwe icyemezo

by radiotv10
06/11/2025
0

Umusifuzi Karangwa Justin wanze igitego APR FC yari yatsinze Rutsiro FC mu mukino w’umunsi wa gatandatu wa Shampiyona, avuga ko...

Uwatoje APR yagarutse mu Rwanda azanye na Al Merreikh yo muri Sudan yasesekaye i Kigali

Uwatoje APR yagarutse mu Rwanda azanye na Al Merreikh yo muri Sudan yasesekaye i Kigali

by radiotv10
06/11/2025
0

Ikipe ya El Merreikh yo muri Sudan iri kumwe n’umutoza wayo Darko Novic watozaga APR FC umwaka w'imikino ushize, yageze...

IZIHERUKA

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank
IMYIDAGADURO

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank

by radiotv10
07/11/2025
0

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

07/11/2025
Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

07/11/2025
Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

07/11/2025
AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

07/11/2025
Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

07/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rutsiro: Abamotari bagaragaje ibituma bakorana amaganya n’ibihombo

Rutsiro: Abamotari bagaragaje ibituma bakorana amaganya n’ibihombo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.