• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Abakinnyi ba Muhazi United mbere yo guhura na Rayon bahawe akanozangendo

radiotv10by radiotv10
18/04/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Abakinnyi ba Muhazi United mbere yo guhura na Rayon bahawe akanozangendo
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ikipe ya Muhazi United bwemeje ko bugomba guhemba abakinnyi imishahara y’amezi atatu, mbere yuko iyi kipe yakira Rayon Sports mu mukino w’umunsi wa 24 wa Shampiyona.

Ni nyuma yuko abakinnyi ba Muhazi United bari banze gukora imyitozo muri iki cyumweru kubera kumara amezi atatu badahembwa.

Umuyobozi wa Muhazi United, Nkaka Longin yatangaje ko ikibazo cyabonewe umuti. Ati “Navuga ko rwakingaga babiri ariko ntabwo rugikinga babiri. Hari ibintu byinshi byakemutse, hari amezi atatu y’imishahara twari dufitiye abakinnyi ariko ubu ngubu byakemutse.”

Nubwo iyi kipe yari imaze amezi atatu idahemba abakinnyi, isanzwe ifashwa n’Uturere tubiri, ku buryo hari bamwe bavuga ko bitari bikwiye ko ikipe nk’iyi ibura imishahara yo guhemba abakinnyi, mu gihe Nkaka Longin we avuga ko haba hari impamvu yabiteye.

Yagize ati “Amafaranga bakoresha mu Turere ni ayo bakusanya mu misoro y’Uturere, hari igihe aba atabonetse, hari igihe aza akajya mu byihutirwa, siporo itaje imbere muri icyo gihe bitewe n’ibihari ikindi gihe akaba yabonetse.”

Muhazi United iri kwitegura umukino izakiramo Rayon Sport, iri ku mwanya wa 12 n’amanota 26, bituma iri mu makipe ari mu myanya mibi ishobora gutuma imanuka iramutse irangaye.

Nkaka Longin avuga ko na bo bazi ko bari mu myanya mibi kandi bakaba bagiye guhura n’ikipe ikomeye, ariko ko ibyo bitabakanga.

Ati “Impungenge zo Rayon Sports ni ikipe nini, ntiwabura kuzigira kuko tuba twabiteguye cyane kuko natwe tuzi ko uriya mukino wa Rayon Sports ni wo ugomba kuduhamiriza kuguma muri iki cyiciro. Tubonye ariya manota atatu, twaba dusigaje nko kunganya rimwe gusa tukaba tugumyemo.

Uyu mukino uzahuza Muhazi United na Rayon Sports w’umunsi wa 24 wa Shampiyona, uzaba kuri uyu wa Gatandatu, aho iyi kipe y’Iburasirazuba izaba ishaka amanota atatu kugira ngo yizere kuguma mu cyiciro cya mbere, mu gihe Rayon na yo izaba iyashaka kugira ngo irebe ko yakwisubiza umwanya wa Mbere iherutse guhagurutswaho na mucyeba wayo APR FC.

Aime Augustin
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + four =

Previous Post

Umuhanzi ugezweho muri Gospel Nyarwanda yahishuye ibitari bizwi ku rugendo rwe rwa muzika

Next Post

Rutsiro: Abamotari bagaragaje ibituma bakorana amaganya n’ibihombo

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
Rutsiro: Abamotari bagaragaje ibituma bakorana amaganya n’ibihombo

Rutsiro: Abamotari bagaragaje ibituma bakorana amaganya n’ibihombo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.