Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Abakoresha X [Twitter] bagaragarijwe izindi mpinduka zidasanzwe z’ibyo bashonje bahishiwe

radiotv10by radiotv10
31/08/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO, UDUSHYA
0
Abakoresha X [Twitter] bagaragarijwe izindi mpinduka zidasanzwe z’ibyo bashonje bahishiwe
Share on FacebookShare on Twitter

Urubuga nkoranyambaga rwa X rwahoze ari Twitter, rugiye gutangira kugira uburyo bwo guhamagarana abantu barebana mu buryo bw’amashusho n’ubw’amajwi.

Byatangajwe na nyiri uru rubuga, umuherwe Elon Musk kuri uyu wa Kane, avuga ko izi mpinduka zigamije gukomeza guhindura Twitter, urubuga “rwa buri kimwe.”

Mu butumwa yanditse kuri X, Musk yagize ati “Guhamagarana mu buryo bw’amashusho n’amajwi, bigiye kuza kuri X.”

Nubwo uyu muherwe atatangaje igihe iyi gahunda izatangirira, ariko ubu buryo buzaba bukora ku bakoresha ikoranabuhanga ritandukanye ku bikoresho binyuranye, yaba ibikoresha iOS, Android ndetse n’abakoresha mudasobwa zaba izisanzwe ndetse n’iza Mac. Ati “Nta nimero ya Telefone izaba ikenewe.”

Video & audio calls coming to X:

– Works on iOS, Android, Mac & PC
– No phone number needed
– X is the effective global address book

That set of factors is unique.

— Elon Musk (@elonmusk) August 31, 2023

Mu butumwa bwe, Musk yakomeje agira ati “X ni igitabo cy’icyizere cy’abatuye Isi”, avuga ko ibi byose bizatuma uru rubuga “rukomeza kuba urwihariye.”

Mu kwezi gushize, Musk ndetse na Linda Yaccarino, Umuyobozi Mukuru w’uru rubuga nkoranyambaga, batangaje impinduka z’izina ryarwo aho kuba Twitter, ari X, bavuga ko rugomba kuzaba ruriho ibintu byose bizafasha abantu kurwishimira no koroherwa n’ubuzima.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 4 =

Previous Post

Umuraperikazi watitije benshi ko ahagaritse umuziki akawugarukamo bidatinze yahise awukoramo amateka

Next Post

Afurika: Hagiye hanze ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wakorewe ‘Coup d’Eta’

Related Posts

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

by radiotv10
16/01/2026
0

Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Gihugu cy’u Burundi, riranengerwa kujandika abana b’abanyeshuri mu bya politiki, nyuma yuko ribakoresheje imyiyerekano...

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

by radiotv10
16/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryongeye kugaragaza ko uruhande bahanganye mu mirwano, rukomeje kurenga ku...

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

by radiotv10
15/01/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko igiye guhagarika gutanga no kwakira ubusabe Visa ku baturage b'abimukira bo...

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

IZIHERUKA

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru
FOOTBALL

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Afurika: Hagiye hanze ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wakorewe ‘Coup d’Eta’

Afurika: Hagiye hanze ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wakorewe 'Coup d’Eta'

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.