• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Abakoresha X [Twitter] bagaragarijwe izindi mpinduka zidasanzwe z’ibyo bashonje bahishiwe

radiotv10by radiotv10
31/08/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO, UDUSHYA
0
Abakoresha X [Twitter] bagaragarijwe izindi mpinduka zidasanzwe z’ibyo bashonje bahishiwe
Share on FacebookShare on Twitter

Urubuga nkoranyambaga rwa X rwahoze ari Twitter, rugiye gutangira kugira uburyo bwo guhamagarana abantu barebana mu buryo bw’amashusho n’ubw’amajwi.

Byatangajwe na nyiri uru rubuga, umuherwe Elon Musk kuri uyu wa Kane, avuga ko izi mpinduka zigamije gukomeza guhindura Twitter, urubuga “rwa buri kimwe.”

Mu butumwa yanditse kuri X, Musk yagize ati “Guhamagarana mu buryo bw’amashusho n’amajwi, bigiye kuza kuri X.”

Nubwo uyu muherwe atatangaje igihe iyi gahunda izatangirira, ariko ubu buryo buzaba bukora ku bakoresha ikoranabuhanga ritandukanye ku bikoresho binyuranye, yaba ibikoresha iOS, Android ndetse n’abakoresha mudasobwa zaba izisanzwe ndetse n’iza Mac. Ati “Nta nimero ya Telefone izaba ikenewe.”

Video & audio calls coming to X:

– Works on iOS, Android, Mac & PC
– No phone number needed
– X is the effective global address book

That set of factors is unique.

— Elon Musk (@elonmusk) August 31, 2023

Mu butumwa bwe, Musk yakomeje agira ati “X ni igitabo cy’icyizere cy’abatuye Isi”, avuga ko ibi byose bizatuma uru rubuga “rukomeza kuba urwihariye.”

Mu kwezi gushize, Musk ndetse na Linda Yaccarino, Umuyobozi Mukuru w’uru rubuga nkoranyambaga, batangaje impinduka z’izina ryarwo aho kuba Twitter, ari X, bavuga ko rugomba kuzaba ruriho ibintu byose bizafasha abantu kurwishimira no koroherwa n’ubuzima.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 1 =

Previous Post

Umuraperikazi watitije benshi ko ahagaritse umuziki akawugarukamo bidatinze yahise awukoramo amateka

Next Post

Afurika: Hagiye hanze ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wakorewe ‘Coup d’Eta’

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Afurika: Hagiye hanze ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wakorewe ‘Coup d’Eta’

Afurika: Hagiye hanze ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wakorewe 'Coup d’Eta'

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.