Abakunzi b’urwenya mu Rwanda bafitiwe inkuru nziza

Facebook
Twitter
LinkedIn
WhatsApp

Mu gitaramo cy’urwenya kimaze kwamamara mu Rwanda, kizwi nka Seka Live kigiye kongera kuba mu Rwanda, hatumiwemo umunyarwenya w’Umunya-Uganda, Daniel Omara uzwiho umwihariko mu gutera benshi ibitwenge.

Umunyarwenya Daniel Omara wamamaye nk’umukinnyi wa filime uri mu bakunzwe muri Uganda, ni we ugiye gutaramira abanyarwa mu gitaramo cya Seka Live kigiye kubera i Kigali.

Izindi Nkuru

Niwe ubimburiye abandi nyuma y’impinduka zakozwe n’ubuyobozi bwa Arthur Nation bwashyize muri ibi birori bikunze kwitabirwa n’abatari bake.

Uretse abanyarwenya bo hanze, Arthur Nation iteganya no kujya iha aya mahirwe abanyarwenya b’imbere mu Gihugu, ku buryo bafata umwaya wabo uhagije bagasusurutsa abakunzi babo mu gitaramo cy’umwihariko.

Iki gitaramo cyatumiwemo Omara Daniel kizabera muri Camp Kigali ku wa 28 Gicurasi 2023, gisanzwe kiba kitabirwa n’imbaga ya benshi bakunda ibitaramo by’urwenya mu Rwanda.

Khamiss SANGO
RADIOTV10

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IzindiNkuru