Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abami b’Ishyamba batuye mu Kagera barororoka bishimishije kandi barashishe

radiotv10by radiotv10
30/03/2023
in MU RWANDA
0
Abami b’Ishyamba batuye mu Kagera barororoka bishimishije kandi barashishe
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bwa Pariki y’Igihugu Akagera, bugaragaza ko nyuma y’imyaka umunani muri iyi Pariki hagaruwemo Intare, izi nyamaswa zimaze kwikuba umunani, ubu zikaba zimaze kuba 58 zivuye kuri zirindwi (7).

Izi nyamaswa zisanzwe zitwa ‘Umwami w’Ishyamba’, zongeye gukandagira ku butaka bw’u Rwanda muri 2015 ubwo hakirwaga intare ebyiri zari zivuye muri Afurika y’Epfo.

Muri 2017 hashyizwemo izindi ntare ebyiri z’ingabo, kugira ngo bifashe izi nyamaswa kororoka, none koko zarorotse zikubye inshuro zirenga umunani.

Ubuyobozo bwa Pariki y’Igihugu y’Akagera, buvuga ko Intare zacitse muri Pariki Akagera kuva muri 2001, “nyuma y’imyaka 15 zidahari, Intare zirindwi zashyizwemo ingabo ebyiri muri 2017 mu rwego rwo kwagura umubare wazo. Kugeza uyu munsi, Intare zakomeje kororoka muri Akagera ubu umubare wazo wageze ku Ntare 58.”

Ubu butumwa bw’ubuyobozi bwa Pariki y’Akagera, buherekejwe n’amafoto agaragaza zimwe mu Ntare ziba muri iyi Pariki, zigaragaza ko zimeze neza kuko zishishe.

Ubuyobozi bw’iyi Pariki buvuga ko umubare w’izi ntare ziri muri iyi Pariki, udashidikanywaho kuko ishami rishinzwe ubushakashatsi bw’urusobe rw’ibinyabuzuma muri Pariki Akagera, rikora akazi gakomeye kugira ngo rikurikirane izi nyamaswa kandi uko habaye impinduka mu mubare wazo, bimenyekana.

Buvuga ko muri 2022 havutse Intare 21 ku buryo hari icyizere ko umubare w’izi nyamaswa uzakomeza kwiyongera uko imyaka izagenda ishira indi igataha.

Ibikorwa byo gukurikirana izi Ntare, bifasha ishami ribishinzwe kumenya uko zozoroka ndetse rikanamenya imibereho yazo, uburyo zishyikirana, uko zirya ndetse n’ibibazo bishobora kugariza ubuzima bwazo.

Ubuyobozi bwa Pariki Akagera bugira buti “Ibimenyetso byose bigaragaza ko Intare zamaze kumenyera Akagera kandi zikaba zibayeho zitekanye.”

Buvuga kandi ko nta bikorwa byo gushimita Intare bikorwa muri iyi Pariki ndetse no hagati yazo hakaba hatabamo amakimbirane ku buryo byabangamira kororoka kwazo.

Kugeza ubu hari amatsinda abiri akomeye y’Intare muri iyi Pariki, arimo rimwe rituye mu majyaruguru yayo ndetse n’irindi rituye mu gice cy’epfo kandi yombi akaba afite ingabo iri muri aya matsinda makuru.

Imwe muri izi Ntare

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven − 1 =

Previous Post

Icyo umukobwa wa Rusesabagina ahise atangaza akigera muri America

Next Post

Umuyobozi ukomeye mu Gihugu cy’Igihangange akigera mu baturanyi b’u Rwanda yagize icyo atangaza

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuyobozi ukomeye mu Gihugu cy’Igihangange akigera mu baturanyi b’u Rwanda yagize icyo atangaza

Umuyobozi ukomeye mu Gihugu cy’Igihangange akigera mu baturanyi b’u Rwanda yagize icyo atangaza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.