Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abami b’Ishyamba batuye mu Kagera barororoka bishimishije kandi barashishe

radiotv10by radiotv10
30/03/2023
in MU RWANDA
0
Abami b’Ishyamba batuye mu Kagera barororoka bishimishije kandi barashishe
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bwa Pariki y’Igihugu Akagera, bugaragaza ko nyuma y’imyaka umunani muri iyi Pariki hagaruwemo Intare, izi nyamaswa zimaze kwikuba umunani, ubu zikaba zimaze kuba 58 zivuye kuri zirindwi (7).

Izi nyamaswa zisanzwe zitwa ‘Umwami w’Ishyamba’, zongeye gukandagira ku butaka bw’u Rwanda muri 2015 ubwo hakirwaga intare ebyiri zari zivuye muri Afurika y’Epfo.

Muri 2017 hashyizwemo izindi ntare ebyiri z’ingabo, kugira ngo bifashe izi nyamaswa kororoka, none koko zarorotse zikubye inshuro zirenga umunani.

Ubuyobozo bwa Pariki y’Igihugu y’Akagera, buvuga ko Intare zacitse muri Pariki Akagera kuva muri 2001, “nyuma y’imyaka 15 zidahari, Intare zirindwi zashyizwemo ingabo ebyiri muri 2017 mu rwego rwo kwagura umubare wazo. Kugeza uyu munsi, Intare zakomeje kororoka muri Akagera ubu umubare wazo wageze ku Ntare 58.”

Ubu butumwa bw’ubuyobozi bwa Pariki y’Akagera, buherekejwe n’amafoto agaragaza zimwe mu Ntare ziba muri iyi Pariki, zigaragaza ko zimeze neza kuko zishishe.

Ubuyobozi bw’iyi Pariki buvuga ko umubare w’izi ntare ziri muri iyi Pariki, udashidikanywaho kuko ishami rishinzwe ubushakashatsi bw’urusobe rw’ibinyabuzuma muri Pariki Akagera, rikora akazi gakomeye kugira ngo rikurikirane izi nyamaswa kandi uko habaye impinduka mu mubare wazo, bimenyekana.

Buvuga ko muri 2022 havutse Intare 21 ku buryo hari icyizere ko umubare w’izi nyamaswa uzakomeza kwiyongera uko imyaka izagenda ishira indi igataha.

Ibikorwa byo gukurikirana izi Ntare, bifasha ishami ribishinzwe kumenya uko zozoroka ndetse rikanamenya imibereho yazo, uburyo zishyikirana, uko zirya ndetse n’ibibazo bishobora kugariza ubuzima bwazo.

Ubuyobozi bwa Pariki Akagera bugira buti “Ibimenyetso byose bigaragaza ko Intare zamaze kumenyera Akagera kandi zikaba zibayeho zitekanye.”

Buvuga kandi ko nta bikorwa byo gushimita Intare bikorwa muri iyi Pariki ndetse no hagati yazo hakaba hatabamo amakimbirane ku buryo byabangamira kororoka kwazo.

Kugeza ubu hari amatsinda abiri akomeye y’Intare muri iyi Pariki, arimo rimwe rituye mu majyaruguru yayo ndetse n’irindi rituye mu gice cy’epfo kandi yombi akaba afite ingabo iri muri aya matsinda makuru.

Imwe muri izi Ntare

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − five =

Previous Post

Icyo umukobwa wa Rusesabagina ahise atangaza akigera muri America

Next Post

Umuyobozi ukomeye mu Gihugu cy’Igihangange akigera mu baturanyi b’u Rwanda yagize icyo atangaza

Related Posts

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda na RDF, bohereje itsinda riyobowe na Brig Gen Patrick Karuretwa, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuyobozi ukomeye mu Gihugu cy’Igihangange akigera mu baturanyi b’u Rwanda yagize icyo atangaza

Umuyobozi ukomeye mu Gihugu cy’Igihangange akigera mu baturanyi b’u Rwanda yagize icyo atangaza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.