Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abami b’Ishyamba batuye mu Kagera barororoka bishimishije kandi barashishe

radiotv10by radiotv10
30/03/2023
in MU RWANDA
0
Abami b’Ishyamba batuye mu Kagera barororoka bishimishije kandi barashishe
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bwa Pariki y’Igihugu Akagera, bugaragaza ko nyuma y’imyaka umunani muri iyi Pariki hagaruwemo Intare, izi nyamaswa zimaze kwikuba umunani, ubu zikaba zimaze kuba 58 zivuye kuri zirindwi (7).

Izi nyamaswa zisanzwe zitwa ‘Umwami w’Ishyamba’, zongeye gukandagira ku butaka bw’u Rwanda muri 2015 ubwo hakirwaga intare ebyiri zari zivuye muri Afurika y’Epfo.

Muri 2017 hashyizwemo izindi ntare ebyiri z’ingabo, kugira ngo bifashe izi nyamaswa kororoka, none koko zarorotse zikubye inshuro zirenga umunani.

Ubuyobozo bwa Pariki y’Igihugu y’Akagera, buvuga ko Intare zacitse muri Pariki Akagera kuva muri 2001, “nyuma y’imyaka 15 zidahari, Intare zirindwi zashyizwemo ingabo ebyiri muri 2017 mu rwego rwo kwagura umubare wazo. Kugeza uyu munsi, Intare zakomeje kororoka muri Akagera ubu umubare wazo wageze ku Ntare 58.”

Ubu butumwa bw’ubuyobozi bwa Pariki y’Akagera, buherekejwe n’amafoto agaragaza zimwe mu Ntare ziba muri iyi Pariki, zigaragaza ko zimeze neza kuko zishishe.

Ubuyobozi bw’iyi Pariki buvuga ko umubare w’izi ntare ziri muri iyi Pariki, udashidikanywaho kuko ishami rishinzwe ubushakashatsi bw’urusobe rw’ibinyabuzuma muri Pariki Akagera, rikora akazi gakomeye kugira ngo rikurikirane izi nyamaswa kandi uko habaye impinduka mu mubare wazo, bimenyekana.

Buvuga ko muri 2022 havutse Intare 21 ku buryo hari icyizere ko umubare w’izi nyamaswa uzakomeza kwiyongera uko imyaka izagenda ishira indi igataha.

Ibikorwa byo gukurikirana izi Ntare, bifasha ishami ribishinzwe kumenya uko zozoroka ndetse rikanamenya imibereho yazo, uburyo zishyikirana, uko zirya ndetse n’ibibazo bishobora kugariza ubuzima bwazo.

Ubuyobozi bwa Pariki Akagera bugira buti “Ibimenyetso byose bigaragaza ko Intare zamaze kumenyera Akagera kandi zikaba zibayeho zitekanye.”

Buvuga kandi ko nta bikorwa byo gushimita Intare bikorwa muri iyi Pariki ndetse no hagati yazo hakaba hatabamo amakimbirane ku buryo byabangamira kororoka kwazo.

Kugeza ubu hari amatsinda abiri akomeye y’Intare muri iyi Pariki, arimo rimwe rituye mu majyaruguru yayo ndetse n’irindi rituye mu gice cy’epfo kandi yombi akaba afite ingabo iri muri aya matsinda makuru.

Imwe muri izi Ntare

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × one =

Previous Post

Icyo umukobwa wa Rusesabagina ahise atangaza akigera muri America

Next Post

Umuyobozi ukomeye mu Gihugu cy’Igihangange akigera mu baturanyi b’u Rwanda yagize icyo atangaza

Related Posts

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yakiriye mu Biro bye, abarimo Prof. Dong-Sup Yoon usanzwe ari Perezida wa Yonsei University, Kaminuza yo muri...

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

by radiotv10
27/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaze gutanga ikirego mu Rukiko Ruhoraho rushinzwe Ubukemurampaka, iregamo iy’u Bwongereza nyuma yo guhagarika amasezerano Ibihugu byombi...

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

by radiotv10
27/01/2026
0

Brigadier General Godfrey Gasana wahoze ari Umugaba Wungirije w’Ingabo zirwanira mu Kirere akaba aherutse kugirwa Umupilote wihariye wa Perezida wa...

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza, Bill na Joyce Cummings; ndetse n’abagira uruhare...

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

by radiotv10
27/01/2026
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) ku bufatanye n’Ihuriro ry’Imiryango itari iya Leta, bari mu bukangurambaga bwo gukumira indwara zititaweho, zirimo...

IZIHERUKA

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi
IMYIDAGADURO

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

27/01/2026
Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

27/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuyobozi ukomeye mu Gihugu cy’Igihangange akigera mu baturanyi b’u Rwanda yagize icyo atangaza

Umuyobozi ukomeye mu Gihugu cy’Igihangange akigera mu baturanyi b’u Rwanda yagize icyo atangaza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.