Friday, September 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abamotari bahishuye undi mutwaro ubaremereye banagaragaza uwawubikoreje

radiotv10by radiotv10
29/06/2023
in MU RWANDA
6
Abamotari bahishuye undi mutwaro ubaremereye banagaragaza uwawubikoreje
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bakora akazi ko gutwara abagenzi kuri moto mu Mujyi wa Kigali, bavuga ko batungurwa no guhagarikwa n’Abapolisi bakabwirwa ko moto zabo zirimo akayabo k’amadeni batazi uko yabagezeho.

Bavuga ko intandaro yabyo ari Abapolisi bazenguruka bandikira abatwara ibinyabiziga igihe bakoze amakosa, ariko ntibamenyeshwe igihe babandikiye n’amakosa bahaniwe, ngo umumotari akazisanga ayo yaciwe yarabaye agahishyi hiyongereryeho n’amande agenda acibwa.

Niringiyimana Etienne ati “Nk’ubu mfitemo ibihumbi birenga 100, ariko sinzi ngo byagiyeho ryari, nabibwiwe n’uko Umupolisi yampagaritse arambwira ngo mfite iryo deni, yewe wasanga ubu hari n’andi yongeweho.”

Aba bamotari basaba ko mu gihe Umupolisi abandikiye yajya abibabwira cyangwa bakohererezwa ubutumwa bugaragaza ko bandikiwe, bakanamenyeshwa ikosa bakoze n’aho barikoreye kuko bitabaye ibyo ngo hashobora kuzamo n’akarengane, Umupolisi akaba yakwitirira umumotari ikosa atakoze.

Undi ati “Twasabaga ko mu gihe umupolisi akubonye mu ikosa aguhagarika akakwandikira akabikubwira kandi bakanakoherereza ubutumwa bw’uko wandikiwe n’amakosa wakoze ndetse n’aho wayakoreye. Bitari ibyo hari n’abazajya baturenganya batwandikire nta makosa dufite.”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera, avuga ko  icy’ingenzi atari uko Umupolisi yamenyesha ukoze amakosa ko yamwandikiye, icyakora ngo icyo kutabona ubutumwa byo bazabirebaho

Ati “Ibyo umuntu yabirebaho akabikurikirana ariko si ngombwa ko Umupolisi ajya kukwandikira ngo akubwire ngo ukoze amakosa ngiye kukwandikira, icy’ingenzi ni ukubaha no gukurikiza amategeko y’umuhanda.”

Aba bamotari bavuga ko iki kibazo kitagakwiye gukerenswa kuko  hari benshi muri bo cyatumye bazinukwa uyu mwuga, ngo cyane ko ubundi buryo bari barishyiriweho bwo kureba ayo madeni yandikwa bitazwi  nabwo bwahagaze.

Eugenie NYIRANSABIMANA
RADIOTV10

Comments 6

  1. Minani says:
    2 years ago

    Ubu buryo bwo kwandikira umuntu batamuhagaritse burimo guteza ibibazo kuko harigihe ubona bakwandikiriye nyamagabe Kandi utazi n’inzira yerekezayo wibereye nka nyagatare kuko umupolisi hari igihe bamucaho agasoma purake nabi

    Reply
  2. Jean Claude says:
    2 years ago

    Ariko mureke tuge tuvugisha ukuri nigute igihugu gifite amategeko yirengagizwa nabagafashije kuyubahiriza?nkicyo kibazo cyo kwandikirwa utabimenyeshejwe kabera arahagarara kumaguru abiri agatinyuka ngo singombwa ko umupolice amenyesha uwo agiye kwandikira?natubwire itegeko ribiteganya Wenda twazasangamo nuburyo warenganurwa mugihe warenganyijwe

    Reply
  3. Yannickson says:
    2 years ago

    Systeme bakoresha,bagendana téléphone mumuhanda bagafotora plaque za moto zose ziri kugenda cyane ahari ambutillages,then bakaza kwicara hamwe zose bakazandikira ama contravention.Ni uko wisanga ufite amadeni utabizi,Nkeka ko ari uburyo bashyizeho bwo gushaka kugabanya moto mu mihanda.

    Reply
  4. Mbarubukeye ziadi says:
    2 years ago

    Ukuraho umugenzi ugasanga ahumujyanye harumugabo wambaye jile akandik purake akaza gushyira police burigare yose irimuri kgl cg izonzu zikomakomeye babahari nubujura police yazanye

    Reply
  5. Mbarubukeye ziadi says:
    2 years ago

    Kodutanga imisoro baretse tugakora tugatungimiryango bifuzako twahora turabashomeri gukuraho umugenzi cg kumushyiraho byabaye sakurirego

    Reply
  6. Abimana Prince says:
    2 years ago

    Kbs ibintu birakabije ujya kubona ugasanga ufitemo ideni ryo guparika nabi utazi aho waparitse nabi kdi ntaho wabariza,mbese ibintu babihindure pe

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − 9 =

Previous Post

Icyemezo kitari kitezwe ku kohereza mu Rwanda abimukira baturutse mu Bwongereza

Next Post

U Rwanda ruhise rusubiza Urukiko rwitambitse kohereza abimukira rugakoresha imvugo iremereye itemeranywaho

Related Posts

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

by radiotv10
18/09/2025
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi, barimo Yves Iradukunda winjiye muri Guverinoma y’u Rwanda nk’Umunyamabanga...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

by radiotv10
18/09/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Ngamba mu Karere ka Kamonyi, uvuga ko yari aho Polisi yarasiye abagabo batatu bariho batema...

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

by radiotv10
18/09/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Muko mu Karere ka Gicumbi ukurikiranyweho kwica umugore we amukubise isuka ya majagu mu mutwe,...

Three powerful self-care practices for a healthier, happier you

Three powerful self-care practices for a healthier, happier you

by radiotv10
18/09/2025
0

The modern world is hectic and it seems that self-care is a full time occupation. Self-care does not always have...

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

by radiotv10
18/09/2025
0

Abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, bavuga batazi impamvu Polisi yo mu Karere ka Rwamagana yakuyeho ibyapa bya...

IZIHERUKA

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi
MU RWANDA

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

by radiotv10
18/09/2025
0

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

18/09/2025
Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

18/09/2025
Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

18/09/2025
AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

18/09/2025
Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

18/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda ruhise rusubiza Urukiko rwitambitse kohereza abimukira rugakoresha imvugo iremereye itemeranywaho

U Rwanda ruhise rusubiza Urukiko rwitambitse kohereza abimukira rugakoresha imvugo iremereye itemeranywaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.