Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abamotari bahishuye undi mutwaro ubaremereye banagaragaza uwawubikoreje

radiotv10by radiotv10
29/06/2023
in MU RWANDA
6
Abamotari bahishuye undi mutwaro ubaremereye banagaragaza uwawubikoreje
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bakora akazi ko gutwara abagenzi kuri moto mu Mujyi wa Kigali, bavuga ko batungurwa no guhagarikwa n’Abapolisi bakabwirwa ko moto zabo zirimo akayabo k’amadeni batazi uko yabagezeho.

Bavuga ko intandaro yabyo ari Abapolisi bazenguruka bandikira abatwara ibinyabiziga igihe bakoze amakosa, ariko ntibamenyeshwe igihe babandikiye n’amakosa bahaniwe, ngo umumotari akazisanga ayo yaciwe yarabaye agahishyi hiyongereryeho n’amande agenda acibwa.

Niringiyimana Etienne ati “Nk’ubu mfitemo ibihumbi birenga 100, ariko sinzi ngo byagiyeho ryari, nabibwiwe n’uko Umupolisi yampagaritse arambwira ngo mfite iryo deni, yewe wasanga ubu hari n’andi yongeweho.”

Aba bamotari basaba ko mu gihe Umupolisi abandikiye yajya abibabwira cyangwa bakohererezwa ubutumwa bugaragaza ko bandikiwe, bakanamenyeshwa ikosa bakoze n’aho barikoreye kuko bitabaye ibyo ngo hashobora kuzamo n’akarengane, Umupolisi akaba yakwitirira umumotari ikosa atakoze.

Undi ati “Twasabaga ko mu gihe umupolisi akubonye mu ikosa aguhagarika akakwandikira akabikubwira kandi bakanakoherereza ubutumwa bw’uko wandikiwe n’amakosa wakoze ndetse n’aho wayakoreye. Bitari ibyo hari n’abazajya baturenganya batwandikire nta makosa dufite.”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera, avuga ko  icy’ingenzi atari uko Umupolisi yamenyesha ukoze amakosa ko yamwandikiye, icyakora ngo icyo kutabona ubutumwa byo bazabirebaho

Ati “Ibyo umuntu yabirebaho akabikurikirana ariko si ngombwa ko Umupolisi ajya kukwandikira ngo akubwire ngo ukoze amakosa ngiye kukwandikira, icy’ingenzi ni ukubaha no gukurikiza amategeko y’umuhanda.”

Aba bamotari bavuga ko iki kibazo kitagakwiye gukerenswa kuko  hari benshi muri bo cyatumye bazinukwa uyu mwuga, ngo cyane ko ubundi buryo bari barishyiriweho bwo kureba ayo madeni yandikwa bitazwi  nabwo bwahagaze.

Eugenie NYIRANSABIMANA
RADIOTV10

Comments 6

  1. Minani says:
    3 years ago

    Ubu buryo bwo kwandikira umuntu batamuhagaritse burimo guteza ibibazo kuko harigihe ubona bakwandikiriye nyamagabe Kandi utazi n’inzira yerekezayo wibereye nka nyagatare kuko umupolisi hari igihe bamucaho agasoma purake nabi

    Reply
  2. Jean Claude says:
    3 years ago

    Ariko mureke tuge tuvugisha ukuri nigute igihugu gifite amategeko yirengagizwa nabagafashije kuyubahiriza?nkicyo kibazo cyo kwandikirwa utabimenyeshejwe kabera arahagarara kumaguru abiri agatinyuka ngo singombwa ko umupolice amenyesha uwo agiye kwandikira?natubwire itegeko ribiteganya Wenda twazasangamo nuburyo warenganurwa mugihe warenganyijwe

    Reply
  3. Yannickson says:
    3 years ago

    Systeme bakoresha,bagendana téléphone mumuhanda bagafotora plaque za moto zose ziri kugenda cyane ahari ambutillages,then bakaza kwicara hamwe zose bakazandikira ama contravention.Ni uko wisanga ufite amadeni utabizi,Nkeka ko ari uburyo bashyizeho bwo gushaka kugabanya moto mu mihanda.

    Reply
  4. Mbarubukeye ziadi says:
    3 years ago

    Ukuraho umugenzi ugasanga ahumujyanye harumugabo wambaye jile akandik purake akaza gushyira police burigare yose irimuri kgl cg izonzu zikomakomeye babahari nubujura police yazanye

    Reply
  5. Mbarubukeye ziadi says:
    3 years ago

    Kodutanga imisoro baretse tugakora tugatungimiryango bifuzako twahora turabashomeri gukuraho umugenzi cg kumushyiraho byabaye sakurirego

    Reply
  6. Abimana Prince says:
    3 years ago

    Kbs ibintu birakabije ujya kubona ugasanga ufitemo ideni ryo guparika nabi utazi aho waparitse nabi kdi ntaho wabariza,mbese ibintu babihindure pe

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 4 =

Previous Post

Icyemezo kitari kitezwe ku kohereza mu Rwanda abimukira baturutse mu Bwongereza

Next Post

U Rwanda ruhise rusubiza Urukiko rwitambitse kohereza abimukira rugakoresha imvugo iremereye itemeranywaho

Related Posts

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yakiriye mu Biro bye, abarimo Prof. Dong-Sup Yoon usanzwe ari Perezida wa Yonsei University, Kaminuza yo muri...

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

by radiotv10
27/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaze gutanga ikirego mu Rukiko Ruhoraho rushinzwe Ubukemurampaka, iregamo iy’u Bwongereza nyuma yo guhagarika amasezerano Ibihugu byombi...

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

by radiotv10
27/01/2026
0

Brigadier General Godfrey Gasana wahoze ari Umugaba Wungirije w’Ingabo zirwanira mu Kirere akaba aherutse kugirwa Umupilote wihariye wa Perezida wa...

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza, Bill na Joyce Cummings; ndetse n’abagira uruhare...

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

by radiotv10
27/01/2026
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) ku bufatanye n’Ihuriro ry’Imiryango itari iya Leta, bari mu bukangurambaga bwo gukumira indwara zititaweho, zirimo...

IZIHERUKA

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi
IMYIDAGADURO

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

27/01/2026
Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

27/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda ruhise rusubiza Urukiko rwitambitse kohereza abimukira rugakoresha imvugo iremereye itemeranywaho

U Rwanda ruhise rusubiza Urukiko rwitambitse kohereza abimukira rugakoresha imvugo iremereye itemeranywaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.