Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abamotari bahishuye undi mutwaro ubaremereye banagaragaza uwawubikoreje

radiotv10by radiotv10
29/06/2023
in MU RWANDA
6
Abamotari bahishuye undi mutwaro ubaremereye banagaragaza uwawubikoreje
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bakora akazi ko gutwara abagenzi kuri moto mu Mujyi wa Kigali, bavuga ko batungurwa no guhagarikwa n’Abapolisi bakabwirwa ko moto zabo zirimo akayabo k’amadeni batazi uko yabagezeho.

Bavuga ko intandaro yabyo ari Abapolisi bazenguruka bandikira abatwara ibinyabiziga igihe bakoze amakosa, ariko ntibamenyeshwe igihe babandikiye n’amakosa bahaniwe, ngo umumotari akazisanga ayo yaciwe yarabaye agahishyi hiyongereryeho n’amande agenda acibwa.

Niringiyimana Etienne ati “Nk’ubu mfitemo ibihumbi birenga 100, ariko sinzi ngo byagiyeho ryari, nabibwiwe n’uko Umupolisi yampagaritse arambwira ngo mfite iryo deni, yewe wasanga ubu hari n’andi yongeweho.”

Aba bamotari basaba ko mu gihe Umupolisi abandikiye yajya abibabwira cyangwa bakohererezwa ubutumwa bugaragaza ko bandikiwe, bakanamenyeshwa ikosa bakoze n’aho barikoreye kuko bitabaye ibyo ngo hashobora kuzamo n’akarengane, Umupolisi akaba yakwitirira umumotari ikosa atakoze.

Undi ati “Twasabaga ko mu gihe umupolisi akubonye mu ikosa aguhagarika akakwandikira akabikubwira kandi bakanakoherereza ubutumwa bw’uko wandikiwe n’amakosa wakoze ndetse n’aho wayakoreye. Bitari ibyo hari n’abazajya baturenganya batwandikire nta makosa dufite.”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera, avuga ko  icy’ingenzi atari uko Umupolisi yamenyesha ukoze amakosa ko yamwandikiye, icyakora ngo icyo kutabona ubutumwa byo bazabirebaho

Ati “Ibyo umuntu yabirebaho akabikurikirana ariko si ngombwa ko Umupolisi ajya kukwandikira ngo akubwire ngo ukoze amakosa ngiye kukwandikira, icy’ingenzi ni ukubaha no gukurikiza amategeko y’umuhanda.”

Aba bamotari bavuga ko iki kibazo kitagakwiye gukerenswa kuko  hari benshi muri bo cyatumye bazinukwa uyu mwuga, ngo cyane ko ubundi buryo bari barishyiriweho bwo kureba ayo madeni yandikwa bitazwi  nabwo bwahagaze.

Eugenie NYIRANSABIMANA
RADIOTV10

Comments 6

  1. Minani says:
    3 years ago

    Ubu buryo bwo kwandikira umuntu batamuhagaritse burimo guteza ibibazo kuko harigihe ubona bakwandikiriye nyamagabe Kandi utazi n’inzira yerekezayo wibereye nka nyagatare kuko umupolisi hari igihe bamucaho agasoma purake nabi

    Reply
  2. Jean Claude says:
    3 years ago

    Ariko mureke tuge tuvugisha ukuri nigute igihugu gifite amategeko yirengagizwa nabagafashije kuyubahiriza?nkicyo kibazo cyo kwandikirwa utabimenyeshejwe kabera arahagarara kumaguru abiri agatinyuka ngo singombwa ko umupolice amenyesha uwo agiye kwandikira?natubwire itegeko ribiteganya Wenda twazasangamo nuburyo warenganurwa mugihe warenganyijwe

    Reply
  3. Yannickson says:
    3 years ago

    Systeme bakoresha,bagendana téléphone mumuhanda bagafotora plaque za moto zose ziri kugenda cyane ahari ambutillages,then bakaza kwicara hamwe zose bakazandikira ama contravention.Ni uko wisanga ufite amadeni utabizi,Nkeka ko ari uburyo bashyizeho bwo gushaka kugabanya moto mu mihanda.

    Reply
  4. Mbarubukeye ziadi says:
    3 years ago

    Ukuraho umugenzi ugasanga ahumujyanye harumugabo wambaye jile akandik purake akaza gushyira police burigare yose irimuri kgl cg izonzu zikomakomeye babahari nubujura police yazanye

    Reply
  5. Mbarubukeye ziadi says:
    3 years ago

    Kodutanga imisoro baretse tugakora tugatungimiryango bifuzako twahora turabashomeri gukuraho umugenzi cg kumushyiraho byabaye sakurirego

    Reply
  6. Abimana Prince says:
    3 years ago

    Kbs ibintu birakabije ujya kubona ugasanga ufitemo ideni ryo guparika nabi utazi aho waparitse nabi kdi ntaho wabariza,mbese ibintu babihindure pe

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − 10 =

Previous Post

Icyemezo kitari kitezwe ku kohereza mu Rwanda abimukira baturutse mu Bwongereza

Next Post

U Rwanda ruhise rusubiza Urukiko rwitambitse kohereza abimukira rugakoresha imvugo iremereye itemeranywaho

Related Posts

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda
AMAHANGA

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

by radiotv10
19/01/2026
0

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda ruhise rusubiza Urukiko rwitambitse kohereza abimukira rugakoresha imvugo iremereye itemeranywaho

U Rwanda ruhise rusubiza Urukiko rwitambitse kohereza abimukira rugakoresha imvugo iremereye itemeranywaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.