Tuesday, May 13, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abana bari bafite ibibazo uruhuri batangiye kugobokwa…Ubuyobozi bwemeye uburangare

radiotv10by radiotv10
19/01/2022
in MU RWANDA
0
Abana bari bafite ibibazo uruhuri batangiye kugobokwa…Ubuyobozi bwemeye uburangare
Share on FacebookShare on Twitter
  • RADIOTV10 iherutse kubatabariza,
  • Inkuru yabo yakoze benshi ku mutima…Min. Gatabazi yagize icyo asaba inzego z’ibanze.

Abana batandatu bo mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu bamaze imyaka itatu bibana kuko ababyeyi babo babataye, batangiye kugobokwa nyuma yo gukorerwa ubuvugizi na RADIOTV10 ku bibazo by’imibereho igoye babayemo.

Ba bana batuye mu Mudugudu wa Rusongati mu Kagari ka Gisa mu Murenge wa Rugerero, batawe n’ababyeyi babo muri 2018 kubera amakimbirane yo mu miryango. Umukuru muri bo afite imaka 16 mu gihe umuto afit itatu.

Babwiye RADIOTV10 ko nyuma y’uko ababyeyi babo babataye babanje kujya bafashwa n’abaturanyi babo ariko bageze aho bararambirwa barabareka.

Nyirasenge wabo wabanje kubitaho na we yageze aho arananirwa ahitamo kujya kubajyana ku biro by’Umurenge yitwikiriye ijoro.

Umukuru muri bo w’umukobwa avuga ko yabonye bakomeje kubera umutwaro benshi ahitamo kujya kwiyahura mu mugezi wa Sebeya ariko bamugarurira mu nzira ni bwo yahise afata icyemezo cyo kujya kurera barumuna be.

Mu minsi micye ishize, Umunyamakuru wa RADIOTV10 yasuye aba bana n’abaturanyi bamubwira ubuzima bugoye barimo kuko batapfaga kubona ibibatunga ndetse n’inzu barimo yenda kubagwaho.

Aba bana bari bamaze iminsi babayeho nabi

Nyuma y’iyi nkuru yatabarizaga aba abana, ubuyobozi bwemeye ko habayeho uburangare bw’inzego z’ibanze ariko ubu bukaba bwatangiye kubafasha ndetse mu mpera z’icyumweru gishize babashyiriye ibiribwa n’ibiryamirwa detse ubuyobozi bwizeza kubasanira iyi nzu.

Abaturanyi b’aba bana bishimiye iki gikorwa cy’ubuyobozi. Umwe muri bo yagize ati “Mbonye ko ubuyobozi buri hafi kuba buje kudufasha. Ibikoresho barabibonye.”

Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Ishimwe Pacifique avuga ko ubu hagiye no gushakishwa uburyo hamenyekana amakuru y’ababyeyi b’aba bana.

Ati “Nubwo tubahaye ibikoresho ibiribwa, iby’isuku ndetse n’ibikoresho byo mu gikoni ariko ikigiye kwihutishwa ni ugusana inzu yabo ikamera nabi bakayibamo.”

Bahawe ubufasha

Hirya no hino mu Gihugu hakunze kumvikana imiryango igirana amakimbirane bikagira ingaruka ku bana bakisanga bari mu buzima bugoye nyamara ubuyobozi burebera akenshi ibibazo bigakemurwa ari uko itangazamakuru rihatunze itoroshi.

Perezida Paul Kagame aherutse kunenga imigirire nk’iyi ubwo abayobozi baherutse gutorwa bari mu mwiherero. Icyo gihe Umukuru w’Igihugu yabibukije ko nta mwana ugomba kubaho nabi bitewe n’ibibazo by’imiryango akomokamo cyangwa izindi mpamvu kuko Igihugu aricyo mubyeyi w’abana nk’aba.

INKURU YOSE:

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + eighteen =

Previous Post

Mukansanga ukomeje kuvugwa imyato na benshi imbamutima zamurenze ararira

Next Post

Aborozi barifuza ko Inka bajyanye kugurisha zajya zipimwa ku munzani nk’uko bikorwa ku Bishyimbo

Related Posts

Past.Julienne yashyize umucyo ku bitangazwa ku mbuga nkoranyambaga bamwe bakagira ngo ni we

Past.Julienne yashyize umucyo ku bitangazwa ku mbuga nkoranyambaga bamwe bakagira ngo ni we

by radiotv10
13/05/2025
0

Umukozi w’Imana Pastor Julienne Kabanda Kabirigi uherutse gufungirwa umuryango ushingiye ku myerereye ‘Grace Room Ministries’ ayobora, yasabye abantu kuba maso...

Ibyo wamenya ku ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu mazi

Ibyo wamenya ku ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu mazi

by radiotv10
13/05/2025
0

Ishami rishinzwe umutekano wo mu mazi, ni rimwe mu ya Polisi y'u Rwanda, benshi babona iyo ryiyambajwe igihe habaye impanuka...

Perezida w’Igihugu kimwe muri Afurika yatanzeho u Rwanda urugero rw’ibyo ibindi byarwigiraho

Perezida w’Igihugu kimwe muri Afurika yatanzeho u Rwanda urugero rw’ibyo ibindi byarwigiraho

by radiotv10
13/05/2025
0

Perezida wa Senegal, Bassirou Diomaye Faye yavuze ko u Rwanda rumaze kuba indashyikirwa mu kubyaza umusaruro ikoranabuhanga, bityo ko n’ibindi...

AMAFOTO: Perezida Kagame muri Côte d’Ivoire yahuye n’Abayobozi batandukanye

AMAFOTO: Perezida Kagame muri Côte d’Ivoire yahuye n’Abayobozi batandukanye

by radiotv10
13/05/2025
0

Perezida Paul Kagame witabiriye Inama muri Côte d’Ivoire yanatangiyemo ikiganiro, yahuye n’abayobozi batandukanye barimo Abakuru b’Ibihugu bagenzi be banaganiriye ku...

Huye: Ubuyobozi n’abaturage ntibavuga rumwe ku ntandaro y’ikibazo cy’Umudugudu ugaragaramo abana benshi bataye ishuri

Huye: Ubuyobozi n’abaturage ntibavuga rumwe ku ntandaro y’ikibazo cy’Umudugudu ugaragaramo abana benshi bataye ishuri

by radiotv10
13/05/2025
0

Ababyeyi batujwe mu mudugudu w’abatishoboye uherereye mu Kagari ka Kabuye mu Murenge wa Maraba mu Karere ka Huye, bavuga ko...

IZIHERUKA

Past.Julienne yashyize umucyo ku bitangazwa ku mbuga nkoranyambaga bamwe bakagira ngo ni we
MU RWANDA

Past.Julienne yashyize umucyo ku bitangazwa ku mbuga nkoranyambaga bamwe bakagira ngo ni we

by radiotv10
13/05/2025
0

Ibyo wamenya ku ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu mazi

Ibyo wamenya ku ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu mazi

13/05/2025
Ubutumwa Rayon yageneye umufana wayo wahuye n’isanganya agakorerwa ibyamaganywe na benshi

Ubutumwa Rayon yageneye umufana wayo wahuye n’isanganya agakorerwa ibyamaganywe na benshi

13/05/2025
Perezida w’Igihugu kimwe muri Afurika yatanzeho u Rwanda urugero rw’ibyo ibindi byarwigiraho

Perezida w’Igihugu kimwe muri Afurika yatanzeho u Rwanda urugero rw’ibyo ibindi byarwigiraho

13/05/2025
Iby’ibibazo by’amikoro bivugwa mu ikipe iri mu zikomeye mu Rwanda byashyize hanze n’abakozi bayo

Iby’ibibazo by’amikoro bivugwa mu ikipe iri mu zikomeye mu Rwanda byashyize hanze n’abakozi bayo

13/05/2025
AMAFOTO: Perezida Kagame muri Côte d’Ivoire yahuye n’Abayobozi batandukanye

AMAFOTO: Perezida Kagame muri Côte d’Ivoire yahuye n’Abayobozi batandukanye

13/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Aborozi barifuza ko Inka bajyanye kugurisha zajya zipimwa ku munzani nk’uko bikorwa ku Bishyimbo

Aborozi barifuza ko Inka bajyanye kugurisha zajya zipimwa ku munzani nk’uko bikorwa ku Bishyimbo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Past.Julienne yashyize umucyo ku bitangazwa ku mbuga nkoranyambaga bamwe bakagira ngo ni we

Ibyo wamenya ku ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu mazi

Ubutumwa Rayon yageneye umufana wayo wahuye n’isanganya agakorerwa ibyamaganywe na benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.