Friday, November 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abana bari bafite ibibazo uruhuri batangiye kugobokwa…Ubuyobozi bwemeye uburangare

radiotv10by radiotv10
19/01/2022
in MU RWANDA
0
Abana bari bafite ibibazo uruhuri batangiye kugobokwa…Ubuyobozi bwemeye uburangare
Share on FacebookShare on Twitter
  • RADIOTV10 iherutse kubatabariza,
  • Inkuru yabo yakoze benshi ku mutima…Min. Gatabazi yagize icyo asaba inzego z’ibanze.

Abana batandatu bo mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu bamaze imyaka itatu bibana kuko ababyeyi babo babataye, batangiye kugobokwa nyuma yo gukorerwa ubuvugizi na RADIOTV10 ku bibazo by’imibereho igoye babayemo.

Ba bana batuye mu Mudugudu wa Rusongati mu Kagari ka Gisa mu Murenge wa Rugerero, batawe n’ababyeyi babo muri 2018 kubera amakimbirane yo mu miryango. Umukuru muri bo afite imaka 16 mu gihe umuto afit itatu.

Babwiye RADIOTV10 ko nyuma y’uko ababyeyi babo babataye babanje kujya bafashwa n’abaturanyi babo ariko bageze aho bararambirwa barabareka.

Nyirasenge wabo wabanje kubitaho na we yageze aho arananirwa ahitamo kujya kubajyana ku biro by’Umurenge yitwikiriye ijoro.

Umukuru muri bo w’umukobwa avuga ko yabonye bakomeje kubera umutwaro benshi ahitamo kujya kwiyahura mu mugezi wa Sebeya ariko bamugarurira mu nzira ni bwo yahise afata icyemezo cyo kujya kurera barumuna be.

Mu minsi micye ishize, Umunyamakuru wa RADIOTV10 yasuye aba bana n’abaturanyi bamubwira ubuzima bugoye barimo kuko batapfaga kubona ibibatunga ndetse n’inzu barimo yenda kubagwaho.

Aba bana bari bamaze iminsi babayeho nabi

Nyuma y’iyi nkuru yatabarizaga aba abana, ubuyobozi bwemeye ko habayeho uburangare bw’inzego z’ibanze ariko ubu bukaba bwatangiye kubafasha ndetse mu mpera z’icyumweru gishize babashyiriye ibiribwa n’ibiryamirwa detse ubuyobozi bwizeza kubasanira iyi nzu.

Abaturanyi b’aba bana bishimiye iki gikorwa cy’ubuyobozi. Umwe muri bo yagize ati “Mbonye ko ubuyobozi buri hafi kuba buje kudufasha. Ibikoresho barabibonye.”

Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Ishimwe Pacifique avuga ko ubu hagiye no gushakishwa uburyo hamenyekana amakuru y’ababyeyi b’aba bana.

Ati “Nubwo tubahaye ibikoresho ibiribwa, iby’isuku ndetse n’ibikoresho byo mu gikoni ariko ikigiye kwihutishwa ni ugusana inzu yabo ikamera nabi bakayibamo.”

Bahawe ubufasha

Hirya no hino mu Gihugu hakunze kumvikana imiryango igirana amakimbirane bikagira ingaruka ku bana bakisanga bari mu buzima bugoye nyamara ubuyobozi burebera akenshi ibibazo bigakemurwa ari uko itangazamakuru rihatunze itoroshi.

Perezida Paul Kagame aherutse kunenga imigirire nk’iyi ubwo abayobozi baherutse gutorwa bari mu mwiherero. Icyo gihe Umukuru w’Igihugu yabibukije ko nta mwana ugomba kubaho nabi bitewe n’ibibazo by’imiryango akomokamo cyangwa izindi mpamvu kuko Igihugu aricyo mubyeyi w’abana nk’aba.

INKURU YOSE:

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + fourteen =

Previous Post

Mukansanga ukomeje kuvugwa imyato na benshi imbamutima zamurenze ararira

Next Post

Aborozi barifuza ko Inka bajyanye kugurisha zajya zipimwa ku munzani nk’uko bikorwa ku Bishyimbo

Related Posts

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

by radiotv10
21/11/2025
0

Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, na we yageneye ubutumwa Perezdia Paul Kagame, amushimira ibiganiro byiza...

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

by radiotv10
21/11/2025
0

President Paul Kagame expressed his gratitude to the Emir of Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, who visited Rwanda...

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

by radiotv10
21/11/2025
0

Mu biganiro byahuje urwego ruhuriweho na Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, impande zombi ziyemeje gutera intambwe...

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

by radiotv10
21/11/2025
0

Perezida Paul Kagame yashimiye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani wagendereye u Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi...

Uko byagenze ngo inzego zinjire mu iperereza ryihariye ku Bayobozi bamwe muri Nyamagabe n’ibyo bakekwaho

Uko byagenze ngo inzego zinjire mu iperereza ryihariye ku Bayobozi bamwe muri Nyamagabe n’ibyo bakekwaho

by radiotv10
21/11/2025
0

Bamwe mu bayobozi bo mu Karere ka Nyamagabe, bari gukorwaho iperereza ridasanzwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, nyuma yuko igenzura ritahuye...

IZIHERUKA

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika
SIPORO

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

by radiotv10
21/11/2025
0

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

21/11/2025
Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

21/11/2025
Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

21/11/2025
U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

21/11/2025
Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

21/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Aborozi barifuza ko Inka bajyanye kugurisha zajya zipimwa ku munzani nk’uko bikorwa ku Bishyimbo

Aborozi barifuza ko Inka bajyanye kugurisha zajya zipimwa ku munzani nk’uko bikorwa ku Bishyimbo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.