Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abana bari bafite ibibazo uruhuri batangiye kugobokwa…Ubuyobozi bwemeye uburangare

radiotv10by radiotv10
19/01/2022
in MU RWANDA
0
Abana bari bafite ibibazo uruhuri batangiye kugobokwa…Ubuyobozi bwemeye uburangare
Share on FacebookShare on Twitter
  • RADIOTV10 iherutse kubatabariza,
  • Inkuru yabo yakoze benshi ku mutima…Min. Gatabazi yagize icyo asaba inzego z’ibanze.

Abana batandatu bo mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu bamaze imyaka itatu bibana kuko ababyeyi babo babataye, batangiye kugobokwa nyuma yo gukorerwa ubuvugizi na RADIOTV10 ku bibazo by’imibereho igoye babayemo.

Ba bana batuye mu Mudugudu wa Rusongati mu Kagari ka Gisa mu Murenge wa Rugerero, batawe n’ababyeyi babo muri 2018 kubera amakimbirane yo mu miryango. Umukuru muri bo afite imaka 16 mu gihe umuto afit itatu.

Babwiye RADIOTV10 ko nyuma y’uko ababyeyi babo babataye babanje kujya bafashwa n’abaturanyi babo ariko bageze aho bararambirwa barabareka.

Nyirasenge wabo wabanje kubitaho na we yageze aho arananirwa ahitamo kujya kubajyana ku biro by’Umurenge yitwikiriye ijoro.

Umukuru muri bo w’umukobwa avuga ko yabonye bakomeje kubera umutwaro benshi ahitamo kujya kwiyahura mu mugezi wa Sebeya ariko bamugarurira mu nzira ni bwo yahise afata icyemezo cyo kujya kurera barumuna be.

Mu minsi micye ishize, Umunyamakuru wa RADIOTV10 yasuye aba bana n’abaturanyi bamubwira ubuzima bugoye barimo kuko batapfaga kubona ibibatunga ndetse n’inzu barimo yenda kubagwaho.

Aba bana bari bamaze iminsi babayeho nabi

Nyuma y’iyi nkuru yatabarizaga aba abana, ubuyobozi bwemeye ko habayeho uburangare bw’inzego z’ibanze ariko ubu bukaba bwatangiye kubafasha ndetse mu mpera z’icyumweru gishize babashyiriye ibiribwa n’ibiryamirwa detse ubuyobozi bwizeza kubasanira iyi nzu.

Abaturanyi b’aba bana bishimiye iki gikorwa cy’ubuyobozi. Umwe muri bo yagize ati “Mbonye ko ubuyobozi buri hafi kuba buje kudufasha. Ibikoresho barabibonye.”

Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Ishimwe Pacifique avuga ko ubu hagiye no gushakishwa uburyo hamenyekana amakuru y’ababyeyi b’aba bana.

Ati “Nubwo tubahaye ibikoresho ibiribwa, iby’isuku ndetse n’ibikoresho byo mu gikoni ariko ikigiye kwihutishwa ni ugusana inzu yabo ikamera nabi bakayibamo.”

Bahawe ubufasha

Hirya no hino mu Gihugu hakunze kumvikana imiryango igirana amakimbirane bikagira ingaruka ku bana bakisanga bari mu buzima bugoye nyamara ubuyobozi burebera akenshi ibibazo bigakemurwa ari uko itangazamakuru rihatunze itoroshi.

Perezida Paul Kagame aherutse kunenga imigirire nk’iyi ubwo abayobozi baherutse gutorwa bari mu mwiherero. Icyo gihe Umukuru w’Igihugu yabibukije ko nta mwana ugomba kubaho nabi bitewe n’ibibazo by’imiryango akomokamo cyangwa izindi mpamvu kuko Igihugu aricyo mubyeyi w’abana nk’aba.

INKURU YOSE:

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight − eight =

Previous Post

Mukansanga ukomeje kuvugwa imyato na benshi imbamutima zamurenze ararira

Next Post

Aborozi barifuza ko Inka bajyanye kugurisha zajya zipimwa ku munzani nk’uko bikorwa ku Bishyimbo

Related Posts

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

IZIHERUKA

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo
MU RWANDA

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Aborozi barifuza ko Inka bajyanye kugurisha zajya zipimwa ku munzani nk’uko bikorwa ku Bishyimbo

Aborozi barifuza ko Inka bajyanye kugurisha zajya zipimwa ku munzani nk’uko bikorwa ku Bishyimbo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.