Wednesday, August 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abantu 100 b’Iburasirazuba bafashwe bashaka guhunga kubera kwanga kwikingiza barimo abashakaga kujya Uganda

radiotv10by radiotv10
12/01/2022
in MU RWANDA
0
Abantu 100 b’Iburasirazuba bafashwe bashaka guhunga kubera kwanga kwikingiza barimo abashakaga kujya Uganda
Share on FacebookShare on Twitter

Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, CG Gasana Emmanuel yatangaje ko hari abantu 115 bo muri iyi Ntara bafashwe [mu bihe bitandukanye] bari mu mugambi wo guhunga kubera kwanga kwikingiza COVID-19 barimo n’abashakaga guhungira mu gihugu cy’abaturanyi.

Mu Kiganiro Ubuyobozi bw’Intara y’Iburasirazuba bwagiranye n’Itangazamakuru kuri uyu wa Kabiri, hagarutswe ku ngamba zo kwirinda icyorezo cya COVID-19, Guverineri Gasana Emmanuel yavuze ko hari abantu batahise bumva zimwe muri izi ngamba zirimo no kwikingiza bashingiye ku myumvire cyangwa imyemerere yabo.

Agaruka ku bantu babanje kwinangira banga kwikingiza, yavuze ko hari abaturage bo muri iyi Ntara bafashwe bahungiye mu Turere tunyuranye kugira ngo batikingiza urukingo rwa COVID-19.

Bamwe bafashwe bavuye mu Karere kamwe bakajya mu kandi n’abari bahunze iyi Ntara bakajya mu yindi bose babitewe no kwanga kwikingiza.

Yagize ati “Abantu ba Kirehe bafatirwa ku mupaka bagenda bashaka kujya mu gihugu cy’abaturanyi n’ahandi n’ahandi, usanga ari abantu bacye bafite imyumvire itandukanye.”

Yakomeje agira ati “Ubu hamaze gufatwa abantu 115 bakagarurwa bakigishwa hari n’abandi bagendaga bifungirana mu nzu nabo basangwayo bakigishwa.”

Guverineri Gasana Emmanuel anashima intambwe imaze guterwa mu bikorwa byo gukingira muri iyi Ntara kuko abarenga Miliyoni ebyiri bamaze guhabwa nibura urukingo rwa mbere.

Yaboneyeho no kuvuga ko amadini n’amatorero yagize uruhare muri ibi bikorwa kuko hari abantu barenga ibihumbi bibiri bari baranze kwikingiza bigishijwe bakava ku izima bakemera kwikingiza.

Yagiriye inama abakomeje kwinangira, ati “Ibi ni amahirwe adasanzwe Leta iba yakoze yo gushobora kubonera abantu bose inkingo kugira ngo birinde kandi ntibatakaze ubuzima kubera COVID-19 abantu ntibakwiriye gutangwa kwikingiza rwose.”

Kugeza ubu mu Rwanda abamaze guhabwa nibura urukindo rwa mbere rwa COVID-19, ni 7 813 926 barimo 5 775 290 bamaze guhabwa doze ebyiri mu gihe abamaze guhabwa doze ishimangira ari 449 663.

Icyitonderwa: Ifoto (Internet) iri hejuru ni iy’Abanyarwanda 9 boherejwe n’u Burundi na bo bari bahunze gahunda yo gukingirwa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × four =

Previous Post

Barahatanira intebe y’icyubahiro: Kiyovu ishobora gukina na APR idafite abakinnyi 2 ngenderwaho

Next Post

Arashinjwa n’abaturage kwitwaza icyubahiro n’ububasha akubaka mu muhanda rwagati bihangiye

Related Posts

BREAKING: RDF yavuze kuri dosiye iregwamo abantu 22 barimo Abofisiye babiri n’abanyamakuru bafunzwe

BREAKING: RDF yavuze kuri dosiye iregwamo abantu 22 barimo Abofisiye babiri n’abanyamakuru bafunzwe

by radiotv10
05/08/2025
0

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwatangaje ko Ubushinjacyaha bwa gisirikare bukurikiranye Abofisiye babiri ba RDF n’abasivile 20 ibyaha birimo gukoresha umutungo...

AMAKURU AGEZWEHO: Byemejwe u Rwanda rugiye kwakira abimukira baturutse muri America

AMAKURU AGEZWEHO: Byemejwe u Rwanda rugiye kwakira abimukira baturutse muri America

by radiotv10
05/08/2025
0

Leta Zunze Ubumwe za America n’u Rwanda, bageze ku bwumvikane bwo kohereza abimukira 250 muri iki Gihugu cyo ku Mugabane...

Eng.-Rwanda confirms it will host migrants deported from the U.S

Eng.-Rwanda confirms it will host migrants deported from the U.S

by radiotv10
05/08/2025
0

The United States and Rwanda have reached an agreement for the African nation to accept up to 250 migrants deported...

Does religion still shape our daily lifestyle choices?

Does religion still shape our daily lifestyle choices?

by radiotv10
05/08/2025
0

In an increasingly modern and globalized world, one might wonder whether religion still holds influence over our daily lifestyle choices....

How Nyarugunga residents built roads, a school, and a legacy of unity

How Nyarugunga residents built roads, a school, and a legacy of unity

by radiotv10
04/08/2025
0

In the heart of Rwanda’s Kicukiro District, the people of Nyarugunga Sector are proving that when a community stands together,...

IZIHERUKA

BREAKING: RDF yavuze kuri dosiye iregwamo abantu 22 barimo Abofisiye babiri n’abanyamakuru bafunzwe
MU RWANDA

BREAKING: RDF yavuze kuri dosiye iregwamo abantu 22 barimo Abofisiye babiri n’abanyamakuru bafunzwe

by radiotv10
05/08/2025
0

Rayon yishyuye Youssou Diagne wayishyuzaga miliyoni 2Frw imuha umunsi atagomba kurenza atagaruka

Rayon yishyuye Youssou Diagne wayishyuzaga miliyoni 2Frw imuha umunsi atagomba kurenza atagaruka

05/08/2025
Eng.-Millions of refugees, including those from DRC expected to flee to Uganda

Eng.-Millions of refugees, including those from DRC expected to flee to Uganda

05/08/2025
Umutoza wa mbere usezeye shampiyona ya 2025-2026 itaranatangira yatanze umucyo ku cyabimuteye

Umutoza wa mbere usezeye shampiyona ya 2025-2026 itaranatangira yatanze umucyo ku cyabimuteye

05/08/2025
Ubutumwa bw’umwe mu bayobozi muri Kivu ya Ruguru buvuga kuri Gen.Sultani Makenga wa M23

Ubutumwa bw’umwe mu bayobozi muri Kivu ya Ruguru buvuga kuri Gen.Sultani Makenga wa M23

05/08/2025
Hatangajwe umubare w’impunzi zibarirwa mu mamiliyoni zishobora kwerecyeza muri Uganda zirimo izizava muri DRCongo

Hatangajwe umubare w’impunzi zibarirwa mu mamiliyoni zishobora kwerecyeza muri Uganda zirimo izizava muri DRCongo

05/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Arashinjwa n’abaturage kwitwaza icyubahiro n’ububasha akubaka mu muhanda rwagati bihangiye

Arashinjwa n’abaturage kwitwaza icyubahiro n’ububasha akubaka mu muhanda rwagati bihangiye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: RDF yavuze kuri dosiye iregwamo abantu 22 barimo Abofisiye babiri n’abanyamakuru bafunzwe

Rayon yishyuye Youssou Diagne wayishyuzaga miliyoni 2Frw imuha umunsi atagomba kurenza atagaruka

Eng.-Millions of refugees, including those from DRC expected to flee to Uganda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.