Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abantu 100 b’Iburasirazuba bafashwe bashaka guhunga kubera kwanga kwikingiza barimo abashakaga kujya Uganda

radiotv10by radiotv10
12/01/2022
in MU RWANDA
0
Abantu 100 b’Iburasirazuba bafashwe bashaka guhunga kubera kwanga kwikingiza barimo abashakaga kujya Uganda
Share on FacebookShare on Twitter

Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, CG Gasana Emmanuel yatangaje ko hari abantu 115 bo muri iyi Ntara bafashwe [mu bihe bitandukanye] bari mu mugambi wo guhunga kubera kwanga kwikingiza COVID-19 barimo n’abashakaga guhungira mu gihugu cy’abaturanyi.

Mu Kiganiro Ubuyobozi bw’Intara y’Iburasirazuba bwagiranye n’Itangazamakuru kuri uyu wa Kabiri, hagarutswe ku ngamba zo kwirinda icyorezo cya COVID-19, Guverineri Gasana Emmanuel yavuze ko hari abantu batahise bumva zimwe muri izi ngamba zirimo no kwikingiza bashingiye ku myumvire cyangwa imyemerere yabo.

Agaruka ku bantu babanje kwinangira banga kwikingiza, yavuze ko hari abaturage bo muri iyi Ntara bafashwe bahungiye mu Turere tunyuranye kugira ngo batikingiza urukingo rwa COVID-19.

Bamwe bafashwe bavuye mu Karere kamwe bakajya mu kandi n’abari bahunze iyi Ntara bakajya mu yindi bose babitewe no kwanga kwikingiza.

Yagize ati “Abantu ba Kirehe bafatirwa ku mupaka bagenda bashaka kujya mu gihugu cy’abaturanyi n’ahandi n’ahandi, usanga ari abantu bacye bafite imyumvire itandukanye.”

Yakomeje agira ati “Ubu hamaze gufatwa abantu 115 bakagarurwa bakigishwa hari n’abandi bagendaga bifungirana mu nzu nabo basangwayo bakigishwa.”

Guverineri Gasana Emmanuel anashima intambwe imaze guterwa mu bikorwa byo gukingira muri iyi Ntara kuko abarenga Miliyoni ebyiri bamaze guhabwa nibura urukingo rwa mbere.

Yaboneyeho no kuvuga ko amadini n’amatorero yagize uruhare muri ibi bikorwa kuko hari abantu barenga ibihumbi bibiri bari baranze kwikingiza bigishijwe bakava ku izima bakemera kwikingiza.

Yagiriye inama abakomeje kwinangira, ati “Ibi ni amahirwe adasanzwe Leta iba yakoze yo gushobora kubonera abantu bose inkingo kugira ngo birinde kandi ntibatakaze ubuzima kubera COVID-19 abantu ntibakwiriye gutangwa kwikingiza rwose.”

Kugeza ubu mu Rwanda abamaze guhabwa nibura urukindo rwa mbere rwa COVID-19, ni 7 813 926 barimo 5 775 290 bamaze guhabwa doze ebyiri mu gihe abamaze guhabwa doze ishimangira ari 449 663.

Icyitonderwa: Ifoto (Internet) iri hejuru ni iy’Abanyarwanda 9 boherejwe n’u Burundi na bo bari bahunze gahunda yo gukingirwa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 4 =

Previous Post

Barahatanira intebe y’icyubahiro: Kiyovu ishobora gukina na APR idafite abakinnyi 2 ngenderwaho

Next Post

Arashinjwa n’abaturage kwitwaza icyubahiro n’ububasha akubaka mu muhanda rwagati bihangiye

Related Posts

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

by radiotv10
01/07/2025
0

Dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo guhungabanya Umudendezo w’Igihugu, yamaze kugezwa mu Rukiko kugira ngo ruzamuburanishe...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
1

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

by radiotv10
30/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ifitiye icyizere amasezerano y’amahoro iherutse gusinyana n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko bayafashijwemo n’Igihugu...

IZIHERUKA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato
IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
01/07/2025
0

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

01/07/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 irashinja Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma yo gusinya amasezerano y’amahoro

01/07/2025
Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Byemejwe ko Perezida Kagame, Tshisekedi na Ramaphosa bagiye guhurira mu nama itegerejwe

Eng.-In a hopeful tone Tshisekedi speaks on the Rwanda-DRC Peace Agreement

01/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Arashinjwa n’abaturage kwitwaza icyubahiro n’ububasha akubaka mu muhanda rwagati bihangiye

Arashinjwa n’abaturage kwitwaza icyubahiro n’ububasha akubaka mu muhanda rwagati bihangiye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

AFC/M23 irashinja Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma yo gusinya amasezerano y’amahoro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.