Tuesday, November 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abanyagirirwa muri za Gare: Ibitangazwa n’Umujyi wa Kigali ntibyumvikanamo icyabarema agatema

radiotv10by radiotv10
09/09/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Abanyagirirwa muri za Gare: Ibitangazwa n’Umujyi wa Kigali ntibyumvikanamo icyabarema agatema
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bategera imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, mu bigo byabigenewe [Gare], bavuga ko mu bihe by’imvura banyagirwa, mu gihe Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buvuga ko hari umushinga wo kuvugurura Gare ya Nyabugogo mu myaka 5 ariko ntibugaragaze ko hazaboneka aho abagenzi bakugama.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 yagiye muri Gare imwe yo mu Mujyi wa Kigali ya Kabuga, mu masaha y’igitondo, asanga imvura iri kugwa, nta muntu uri muri iyi Gare ahubwo imodoka zabuze abazijyamo, kuko abagenzi baje gutega bari bugamye mu nzu ziri hafi aho.

Bamwe mu bari baje gutegera imodoka muri iyi Gare, bavuga ko baje bagatonda imirongo ariko imvura ikaza kuyibasangaho, bakayivaho biruka bajya gushaka aho bugama.

Umwe ati “Nk’ubu mvuye ku murongo nza hano ku ibaraza kwikinga imvura kuko yari ibaye nyinshi. Impamvu ni uko aho dutegerereza hadasakaye.”

Ibi ni nako bimeze muri Gare ya Kimironko, aho umunyamakuru yageze agasanga ikirere kijimye nk’ikigiye kubyara imvura, ari na ko abaturage bari bafite impunge z’aho bayugamira.

Kagabo Paul yagize ati “Imvura iramutse iguye nyine nasohoka gare nkajya hariya hanze kugama, none se ko ntaguma ku murongo ngo nyagirwe.”

Mugenzi we na we avuga ko bigoye kwihanganira kunyagirwa, ahubwo bahitamo kujya kugama bakaza gutega imvura ihise.

Ati “N’ejobundi haguye imvura nyinshi insanga ndimo hano ku murongo, ariko abenshi twahise twiruka tujya kugama hanze ya Gare, ubwo nyine imodoka ziraza zikijyanira abandi bemeye kunyagirwa.”

Iki kibazo kandi kinagaragara mu bindi bigo bitegerwamo imodoka bizwi muri Kigali, nka Nyabugogo ndetse no mu Mujyi rwagati ahazwi nka Downtown.

Abaturage bakunze gutegera imodoka muri ibi bigo, bafite ibyifuzo. Mukamasabo Theodosie ati “Bakwiye kureba uburyo ahantu abagenzi bahagaraga bategereje imodoka bahasakara ku buryo imvura iguye baguma ku mirongo, kuko nk’ubu imodoka iransiga kubera ko nasohoste muri gare nkajya gushaha ubwugamo.”

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Pudence Rubingisa avuga ko ubuyobozi bufite umushinga wo kuvugurura Gare ya Nyabugogo, “ku buryo imodoka ziva mu mahanga no mu Ntara zizajya ziparika ukwazo, n’izo mu Mujyi wa kigali zikajya ukwazo.”

Pudence Rubingisa avuga ko uyu mushinga ureba Gare ya Nyabugogo gusa, uzarangira mu myaka itanu, gusa ntiwumvikanamo ko uzaba urimo igisubizo cy’aba baturage bataka kunyagirirwa muri za Gare.

Eugenie NYIRANSABIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × five =

Previous Post

Kamonyi: Igikekwa nk’intandaro yatumye Gitifu afata icyemezo cyo kwegura

Next Post

Ngutere amatsiko: Pariki Akagera irarushaho gutera amabengeza uko bwije uko bucyeye (AMAFOTO)

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

by radiotv10
24/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 47 y’amavuko wo mu Murenge wa Murunda mu Karere ka Rutsiro, wari ufitanye amakimbirane n’umugore we amushinja kumuca...

Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

by radiotv10
24/11/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, avuga ko amaze imyaka 14 abariwe inguranye y’ubutaka bwe bwubatsweho...

Two Childhoods, One Home: The Hidden Cause of Parenting Disagreements

Two Childhoods, One Home: The Hidden Cause of Parenting Disagreements

by radiotv10
24/11/2025
0

In many homes, disagreements between parents often come from one simple but powerful source: the desire to raise children the...

10 Reasons why you should visit Rwanda

10 Reasons why you should visit Rwanda

by radiotv10
24/11/2025
0

Rwanda has become one of Africa’s most inspiring destinations, a place where natural beauty, safety, culture, and progress blend into...

Perezida Kagame na Touadéra wa Centrafrique bagiranye ibiganiro

Perezida Kagame na Touadéra wa Centrafrique bagiranye ibiganiro

by radiotv10
24/11/2025
0

Perezida Paul Kagame yahuye na mugenzi we Faustin Archange Touadéra wa Repubulika ya Centrafrique, bagirana ibiganiro byagarutse ku mikoranire irimo...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons
AMAHANGA

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

by radiotv10
24/11/2025
0

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

24/11/2025
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

24/11/2025
Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

24/11/2025
Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

24/11/2025
Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

24/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ngutere amatsiko: Pariki Akagera irarushaho gutera amabengeza uko bwije uko bucyeye (AMAFOTO)

Ngutere amatsiko: Pariki Akagera irarushaho gutera amabengeza uko bwije uko bucyeye (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.