Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abanyagirirwa muri za Gare: Ibitangazwa n’Umujyi wa Kigali ntibyumvikanamo icyabarema agatema

radiotv10by radiotv10
09/09/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Abanyagirirwa muri za Gare: Ibitangazwa n’Umujyi wa Kigali ntibyumvikanamo icyabarema agatema
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bategera imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, mu bigo byabigenewe [Gare], bavuga ko mu bihe by’imvura banyagirwa, mu gihe Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buvuga ko hari umushinga wo kuvugurura Gare ya Nyabugogo mu myaka 5 ariko ntibugaragaze ko hazaboneka aho abagenzi bakugama.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 yagiye muri Gare imwe yo mu Mujyi wa Kigali ya Kabuga, mu masaha y’igitondo, asanga imvura iri kugwa, nta muntu uri muri iyi Gare ahubwo imodoka zabuze abazijyamo, kuko abagenzi baje gutega bari bugamye mu nzu ziri hafi aho.

Bamwe mu bari baje gutegera imodoka muri iyi Gare, bavuga ko baje bagatonda imirongo ariko imvura ikaza kuyibasangaho, bakayivaho biruka bajya gushaka aho bugama.

Umwe ati “Nk’ubu mvuye ku murongo nza hano ku ibaraza kwikinga imvura kuko yari ibaye nyinshi. Impamvu ni uko aho dutegerereza hadasakaye.”

Ibi ni nako bimeze muri Gare ya Kimironko, aho umunyamakuru yageze agasanga ikirere kijimye nk’ikigiye kubyara imvura, ari na ko abaturage bari bafite impunge z’aho bayugamira.

Kagabo Paul yagize ati “Imvura iramutse iguye nyine nasohoka gare nkajya hariya hanze kugama, none se ko ntaguma ku murongo ngo nyagirwe.”

Mugenzi we na we avuga ko bigoye kwihanganira kunyagirwa, ahubwo bahitamo kujya kugama bakaza gutega imvura ihise.

Ati “N’ejobundi haguye imvura nyinshi insanga ndimo hano ku murongo, ariko abenshi twahise twiruka tujya kugama hanze ya Gare, ubwo nyine imodoka ziraza zikijyanira abandi bemeye kunyagirwa.”

Iki kibazo kandi kinagaragara mu bindi bigo bitegerwamo imodoka bizwi muri Kigali, nka Nyabugogo ndetse no mu Mujyi rwagati ahazwi nka Downtown.

Abaturage bakunze gutegera imodoka muri ibi bigo, bafite ibyifuzo. Mukamasabo Theodosie ati “Bakwiye kureba uburyo ahantu abagenzi bahagaraga bategereje imodoka bahasakara ku buryo imvura iguye baguma ku mirongo, kuko nk’ubu imodoka iransiga kubera ko nasohoste muri gare nkajya gushaha ubwugamo.”

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Pudence Rubingisa avuga ko ubuyobozi bufite umushinga wo kuvugurura Gare ya Nyabugogo, “ku buryo imodoka ziva mu mahanga no mu Ntara zizajya ziparika ukwazo, n’izo mu Mujyi wa kigali zikajya ukwazo.”

Pudence Rubingisa avuga ko uyu mushinga ureba Gare ya Nyabugogo gusa, uzarangira mu myaka itanu, gusa ntiwumvikanamo ko uzaba urimo igisubizo cy’aba baturage bataka kunyagirirwa muri za Gare.

Eugenie NYIRANSABIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + 20 =

Previous Post

Kamonyi: Igikekwa nk’intandaro yatumye Gitifu afata icyemezo cyo kwegura

Next Post

Ngutere amatsiko: Pariki Akagera irarushaho gutera amabengeza uko bwije uko bucyeye (AMAFOTO)

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika
AMAHANGA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ngutere amatsiko: Pariki Akagera irarushaho gutera amabengeza uko bwije uko bucyeye (AMAFOTO)

Ngutere amatsiko: Pariki Akagera irarushaho gutera amabengeza uko bwije uko bucyeye (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.