Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abanyamulenge barokotse ubwicanyi bw’i Gatumba bamaze imyaka 20 barimwe ubutabera bavuze icyo bateganya

radiotv10by radiotv10
15/08/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Abanyamulenge barokotse ubwicanyi bw’i Gatumba bamaze imyaka 20 barimwe ubutabera bavuze icyo bateganya
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyamulenge barokotse ubwicanyi bw’i Gatumba mu Burundi bwahitanye inzirakarengane 166, bakomeje gusaba ko bahabwa ubutabera batahwemye gusaba mu myaka 20 ishize, baravuga ko nibakomeza kubwima baziyambaza Inkiko Mpuzamahanga.

Hari taliki 13 Kanama 2004 mu ijoro, ubwo inkambi yo mu Gatumba mu Burundi yagabwagho ibitero bya gisirikare byica impunzi z’Abanyamulenge 166 bari bayicumbikiwemo.

Nyiramadorari Aime warokotse ubu bwicanyi afite imyaka umunani ubwo yaburaga ababyeyi be bombi, abara inkuru y’aka gahinda nk’ibyabaye ejo hashize.

Ati “Nari mfite imyaka umunani, baraje baraturasa, turyamye baraje baratwika nje nsanga Mama yapfuye ariko Papa ari muzima bukeye nibwo na Papa yahise apfa.”

Nyuma y’ubu bwicanyi, imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu, yahise itangira gukora iperereza, isanga abakoze ibyaha bakomoka mu Bihugu bitatu barimo Agaton Rwasa wayoboraga inyeshyamba za FNL-Parpehutu, Inyeshyamba z’Abakongomani, n’interahamwe za FDRL.

Icyo gihe hari umuvugizi w’inyeshyamba FNL-Palepehutu, yiyemereye ko uyu mutwe ari wo wagabye icyo gitero nubwo uwari umuyobozi wawo Agathon Rwasa ahakana uruhare urwo ari rwo rwose yaba yarabigizemo.

Muri uyu myaka 20 ishize nta n’umwe urajyanwa imbere y’ubutabera, nyamara abarokotse ubu bwicanyi batarahwemye gusaba ko ababikoze babiryozwa.

Nyiramadorari Aime ati “Turasaba ubutabera kuko abatwiciye kugeza kuri ubu bari kwidegembya, barabyiyemereye ariko ntakirakorwa.”

Umuryango GRSF (Gatumba Refugees Survivors Foundation) uhuza abarokotse iki gitero, washyizeho abanyamatego b’umwuga kwikorera iperereza, ibyavuyemo babishyikirije Leta y’u Burundi kugira ngo bifashe ubutabera gukurikirana abakekwaho ubwo bwicanyi.

Maitre Rukarisha Filemo avuga ko inkiko z’ibi Bihugu (U burundi na RDC) nizikomeza kugaragaza ubushake bucye bwo gukurikirana abagize uruhare muri ubu bwicanyi bazajyana ikirego mu rukiko mpuzamahanga rw’i La Hague mu Buholandi (ICC).

Ati ”Biriya byaha biburanishwa n’Inkiko zo mu Gihugu n’Inkiko mpuzamahanga, ubundi inkiko mpuzamahanga ziburanisha ibyo birego iyo muri ibyo bitagize icyo bikora, ni yo mpamvu kuri ubu ubutabera burimo burashakishwa kuko abicanyi bakomoka mu Bihugu bitatu hari ibirego birimo bitandangwa mu nkiko zo muri ibyo Bihugu, nihatagira igikorwa hazabaho kwiyambaza Urukiko Mpuzamahanga mpanabyaha.”

Dr Rutebuka Jules uhagarariye igikorwa cyo kwibuka, agaragaza ko ubwicanyi bakorewe bwari bushingiye ku ivanguramoo ryari mu karere k’ibiyaga bigari.

Ati “Ibyabaye mu Gatumba ntabwo ari ibya none, ni ibimaze imyaka myinsi ndetse twageze no mu Burundi Papa arahigwa mu 1993 aza kurokoka kuko Data wacu we twari kumwe baje kumwica.”

Kuva mu mwaka wa 2004 habaye ubu bwicanyi bwakorewe Abanyamulenga, kugeza ubu abenshi mu barokoste bagiye gutura mu Bihugu bitandukanye byo mu isi, aho babonera amahoro kurusha ahandi.

Nyiramadorari avuga ko ibyabaye ku babyeyi be abyibuka nk’ibyabaye ejo hashize
Abanyamadini baje kwifatanya na bo mu kwibuka bene wabo

NTAMBARA Garleon
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight − 7 =

Previous Post

Irebere imyitozo ihanitse yatojwe abasirikare 100 ba RDF ku bufatanye n’igisirikare cya Qatar (AMAFOTO)

Next Post

Nyamagabe: Bavuze ibibabangamiye bakorerwa n’insoresore bafata nko kubahagiraho

Related Posts

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

by radiotv10
11/12/2025
0

Umukozi ushinzwe imyirwarire y’abanyeshuri mu ishuri rya Saint Trinité de Ruhango riherereye mu Karere ka Ruhango, yatawe muri yombi n’Urwego...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

by radiotv10
10/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko Umupolisi wo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yarashe abantu babiri barimo Umu-DASSO...

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

by radiotv10
10/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo idakwiye kwegeka ku Rwanda ibikorwa byo kurenga ku gahenge, nyuma...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Eng.-Rwanda speaks out on the recent South Kivu bombing from Burundi and responds to the accompanying false claims

by radiotv10
10/12/2025
0

The Government of Rwanda states that the Democratic Republic of Congo (DRC) cannot place on Rwanda any cross-border violations following...

Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo

Ibi birahagije: Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye uwa Congo nyuma yo kongera kuzamura ibinyoma

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yavuze ko igihe kigeze ngo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ihagarike ibinyoma byayo,...

IZIHERUKA

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo
MU RWANDA

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

by radiotv10
11/12/2025
0

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

11/12/2025
Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

10/12/2025
AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

10/12/2025
Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyamagabe: Bavuze ibibabangamiye bakorerwa n’insoresore bafata nko kubahagiraho

Nyamagabe: Bavuze ibibabangamiye bakorerwa n’insoresore bafata nko kubahagiraho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.