Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abanyamulenge barokotse ubwicanyi bw’i Gatumba bamaze imyaka 20 barimwe ubutabera bavuze icyo bateganya

radiotv10by radiotv10
15/08/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Abanyamulenge barokotse ubwicanyi bw’i Gatumba bamaze imyaka 20 barimwe ubutabera bavuze icyo bateganya
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyamulenge barokotse ubwicanyi bw’i Gatumba mu Burundi bwahitanye inzirakarengane 166, bakomeje gusaba ko bahabwa ubutabera batahwemye gusaba mu myaka 20 ishize, baravuga ko nibakomeza kubwima baziyambaza Inkiko Mpuzamahanga.

Hari taliki 13 Kanama 2004 mu ijoro, ubwo inkambi yo mu Gatumba mu Burundi yagabwagho ibitero bya gisirikare byica impunzi z’Abanyamulenge 166 bari bayicumbikiwemo.

Nyiramadorari Aime warokotse ubu bwicanyi afite imyaka umunani ubwo yaburaga ababyeyi be bombi, abara inkuru y’aka gahinda nk’ibyabaye ejo hashize.

Ati “Nari mfite imyaka umunani, baraje baraturasa, turyamye baraje baratwika nje nsanga Mama yapfuye ariko Papa ari muzima bukeye nibwo na Papa yahise apfa.”

Nyuma y’ubu bwicanyi, imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu, yahise itangira gukora iperereza, isanga abakoze ibyaha bakomoka mu Bihugu bitatu barimo Agaton Rwasa wayoboraga inyeshyamba za FNL-Parpehutu, Inyeshyamba z’Abakongomani, n’interahamwe za FDRL.

Icyo gihe hari umuvugizi w’inyeshyamba FNL-Palepehutu, yiyemereye ko uyu mutwe ari wo wagabye icyo gitero nubwo uwari umuyobozi wawo Agathon Rwasa ahakana uruhare urwo ari rwo rwose yaba yarabigizemo.

Muri uyu myaka 20 ishize nta n’umwe urajyanwa imbere y’ubutabera, nyamara abarokotse ubu bwicanyi batarahwemye gusaba ko ababikoze babiryozwa.

Nyiramadorari Aime ati “Turasaba ubutabera kuko abatwiciye kugeza kuri ubu bari kwidegembya, barabyiyemereye ariko ntakirakorwa.”

Umuryango GRSF (Gatumba Refugees Survivors Foundation) uhuza abarokotse iki gitero, washyizeho abanyamatego b’umwuga kwikorera iperereza, ibyavuyemo babishyikirije Leta y’u Burundi kugira ngo bifashe ubutabera gukurikirana abakekwaho ubwo bwicanyi.

Maitre Rukarisha Filemo avuga ko inkiko z’ibi Bihugu (U burundi na RDC) nizikomeza kugaragaza ubushake bucye bwo gukurikirana abagize uruhare muri ubu bwicanyi bazajyana ikirego mu rukiko mpuzamahanga rw’i La Hague mu Buholandi (ICC).

Ati ”Biriya byaha biburanishwa n’Inkiko zo mu Gihugu n’Inkiko mpuzamahanga, ubundi inkiko mpuzamahanga ziburanisha ibyo birego iyo muri ibyo bitagize icyo bikora, ni yo mpamvu kuri ubu ubutabera burimo burashakishwa kuko abicanyi bakomoka mu Bihugu bitatu hari ibirego birimo bitandangwa mu nkiko zo muri ibyo Bihugu, nihatagira igikorwa hazabaho kwiyambaza Urukiko Mpuzamahanga mpanabyaha.”

Dr Rutebuka Jules uhagarariye igikorwa cyo kwibuka, agaragaza ko ubwicanyi bakorewe bwari bushingiye ku ivanguramoo ryari mu karere k’ibiyaga bigari.

Ati “Ibyabaye mu Gatumba ntabwo ari ibya none, ni ibimaze imyaka myinsi ndetse twageze no mu Burundi Papa arahigwa mu 1993 aza kurokoka kuko Data wacu we twari kumwe baje kumwica.”

Kuva mu mwaka wa 2004 habaye ubu bwicanyi bwakorewe Abanyamulenga, kugeza ubu abenshi mu barokoste bagiye gutura mu Bihugu bitandukanye byo mu isi, aho babonera amahoro kurusha ahandi.

Nyiramadorari avuga ko ibyabaye ku babyeyi be abyibuka nk’ibyabaye ejo hashize
Abanyamadini baje kwifatanya na bo mu kwibuka bene wabo

NTAMBARA Garleon
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + seventeen =

Previous Post

Irebere imyitozo ihanitse yatojwe abasirikare 100 ba RDF ku bufatanye n’igisirikare cya Qatar (AMAFOTO)

Next Post

Nyamagabe: Bavuze ibibabangamiye bakorerwa n’insoresore bafata nko kubahagiraho

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyamagabe: Bavuze ibibabangamiye bakorerwa n’insoresore bafata nko kubahagiraho

Nyamagabe: Bavuze ibibabangamiye bakorerwa n’insoresore bafata nko kubahagiraho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.