Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abanyamulenge barokotse ubwicanyi bw’i Gatumba bamaze imyaka 20 barimwe ubutabera bavuze icyo bateganya

radiotv10by radiotv10
15/08/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Abanyamulenge barokotse ubwicanyi bw’i Gatumba bamaze imyaka 20 barimwe ubutabera bavuze icyo bateganya
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyamulenge barokotse ubwicanyi bw’i Gatumba mu Burundi bwahitanye inzirakarengane 166, bakomeje gusaba ko bahabwa ubutabera batahwemye gusaba mu myaka 20 ishize, baravuga ko nibakomeza kubwima baziyambaza Inkiko Mpuzamahanga.

Hari taliki 13 Kanama 2004 mu ijoro, ubwo inkambi yo mu Gatumba mu Burundi yagabwagho ibitero bya gisirikare byica impunzi z’Abanyamulenge 166 bari bayicumbikiwemo.

Nyiramadorari Aime warokotse ubu bwicanyi afite imyaka umunani ubwo yaburaga ababyeyi be bombi, abara inkuru y’aka gahinda nk’ibyabaye ejo hashize.

Ati “Nari mfite imyaka umunani, baraje baraturasa, turyamye baraje baratwika nje nsanga Mama yapfuye ariko Papa ari muzima bukeye nibwo na Papa yahise apfa.”

Nyuma y’ubu bwicanyi, imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu, yahise itangira gukora iperereza, isanga abakoze ibyaha bakomoka mu Bihugu bitatu barimo Agaton Rwasa wayoboraga inyeshyamba za FNL-Parpehutu, Inyeshyamba z’Abakongomani, n’interahamwe za FDRL.

Icyo gihe hari umuvugizi w’inyeshyamba FNL-Palepehutu, yiyemereye ko uyu mutwe ari wo wagabye icyo gitero nubwo uwari umuyobozi wawo Agathon Rwasa ahakana uruhare urwo ari rwo rwose yaba yarabigizemo.

Muri uyu myaka 20 ishize nta n’umwe urajyanwa imbere y’ubutabera, nyamara abarokotse ubu bwicanyi batarahwemye gusaba ko ababikoze babiryozwa.

Nyiramadorari Aime ati “Turasaba ubutabera kuko abatwiciye kugeza kuri ubu bari kwidegembya, barabyiyemereye ariko ntakirakorwa.”

Umuryango GRSF (Gatumba Refugees Survivors Foundation) uhuza abarokotse iki gitero, washyizeho abanyamatego b’umwuga kwikorera iperereza, ibyavuyemo babishyikirije Leta y’u Burundi kugira ngo bifashe ubutabera gukurikirana abakekwaho ubwo bwicanyi.

Maitre Rukarisha Filemo avuga ko inkiko z’ibi Bihugu (U burundi na RDC) nizikomeza kugaragaza ubushake bucye bwo gukurikirana abagize uruhare muri ubu bwicanyi bazajyana ikirego mu rukiko mpuzamahanga rw’i La Hague mu Buholandi (ICC).

Ati ”Biriya byaha biburanishwa n’Inkiko zo mu Gihugu n’Inkiko mpuzamahanga, ubundi inkiko mpuzamahanga ziburanisha ibyo birego iyo muri ibyo bitagize icyo bikora, ni yo mpamvu kuri ubu ubutabera burimo burashakishwa kuko abicanyi bakomoka mu Bihugu bitatu hari ibirego birimo bitandangwa mu nkiko zo muri ibyo Bihugu, nihatagira igikorwa hazabaho kwiyambaza Urukiko Mpuzamahanga mpanabyaha.”

Dr Rutebuka Jules uhagarariye igikorwa cyo kwibuka, agaragaza ko ubwicanyi bakorewe bwari bushingiye ku ivanguramoo ryari mu karere k’ibiyaga bigari.

Ati “Ibyabaye mu Gatumba ntabwo ari ibya none, ni ibimaze imyaka myinsi ndetse twageze no mu Burundi Papa arahigwa mu 1993 aza kurokoka kuko Data wacu we twari kumwe baje kumwica.”

Kuva mu mwaka wa 2004 habaye ubu bwicanyi bwakorewe Abanyamulenga, kugeza ubu abenshi mu barokoste bagiye gutura mu Bihugu bitandukanye byo mu isi, aho babonera amahoro kurusha ahandi.

Nyiramadorari avuga ko ibyabaye ku babyeyi be abyibuka nk’ibyabaye ejo hashize
Abanyamadini baje kwifatanya na bo mu kwibuka bene wabo

NTAMBARA Garleon
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × four =

Previous Post

Irebere imyitozo ihanitse yatojwe abasirikare 100 ba RDF ku bufatanye n’igisirikare cya Qatar (AMAFOTO)

Next Post

Nyamagabe: Bavuze ibibabangamiye bakorerwa n’insoresore bafata nko kubahagiraho

Related Posts

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

by radiotv10
05/01/2026
0

Imodoka itwara abagenzi mu buryo bwa rusange ya Taxi Minibus yakoreye impanuka mu muhanda Muhanga-Kigali ubwo yari igeze ahazwi nko...

How to reset your life after the holidays without pressure

How to reset your life after the holidays without pressure

by radiotv10
05/01/2026
0

The holidays are beautiful. Late nights, good food, family time, travel, laughter, rest and a break from alarms and deadlines....

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

by radiotv10
05/01/2026
0

Abantu 15 bari bugamye imvura mu gishanga cyo mu Murenge wa Jarama mu Karere ka Ngoma, bakubiswe n’inkuba, icyenda muri...

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

by radiotv10
05/01/2026
0

Earbuds are amazing, they let us enjoy music, podcasts, and calls anywhere. But did you know they can be full...

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

IZIHERUKA

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga
MU RWANDA

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

by radiotv10
05/01/2026
0

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

05/01/2026
Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

05/01/2026
Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

05/01/2026
Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

05/01/2026
Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

05/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyamagabe: Bavuze ibibabangamiye bakorerwa n’insoresore bafata nko kubahagiraho

Nyamagabe: Bavuze ibibabangamiye bakorerwa n’insoresore bafata nko kubahagiraho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.