Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abanyarwanda 23% batswe Ruswa, muri Polisi yo mu Muhanda ruswa iri kuri 15%

radiotv10by radiotv10
14/12/2021
in MU RWANDA
0
Abanyarwanda 23% batswe Ruswa, muri Polisi yo mu Muhanda ruswa iri kuri 15%
Share on FacebookShare on Twitter

Ubushakashatsi ngarukamwaka buzwi nka Rwanda Bribery Index bukorwa na Transparency International Rwanda, ubw’uyu mwaka bugaragaza ko Abanyarwanda 23% batswe ruswa, mu gihe mu Ishami rya Polisi Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda ruswa yiyongereyeho 3% kuko yavuye kuri 12% ikagera kuri 15,2%.

Ubu bushakashatsi bushyirwa hanze n’Umuryango, Transparency International Rwanda Urwanya Ruswa n’Akarengane buri mwaka, bwamuritswe kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Ukuboza 2021.

Ubu bushakashati bugaruka ku gipimo cya ruswa mu ngeri zinyuranye, igaragaza ko mu itangwa rya Serivisi, Ruswa yiyongereye ugereranyije n’uko yari ihagaze umwaka ushize wa 2021.

Inzego z’abikorera ni zo ziza ku isonga muri ruswa yatanzwe mu mitangire ya Serivisi aho uru rwego ruri ku gipimo ya 20,4% naho mu nzego z’ibanze za Leta ho ruswa iri ku kigero cya 10,1% mu gihe mu mwaka ushize yari 6,9%.

Mu nzego z’uburezi na zo zagarayemo izamuka rinini rya ruswa aho nko muri Minisiteri y’Uburezi n’Ikigo gishinzwe Uburezi umwaka ushize yari 3,6% ubu ikaba ari 8,2% naho mu bigo by’amashuri yisumbuye hagaraye igipimo cya 7,4% mu gihe umwaka ushize yari 1,8%.

Ubu bushakashatsi bwa Transparency International Rwanda bugaragaza ko mu mezi 12 y’umwaka wa 2021, Abanyarwanda 23% batswe ruswa mu buryo buziguye cyangwa butaziguye ubwo babaga bari gushaka serivisi mu nzego.

Transparency International Rwanda ivuga ko iki gipimo cyazamutseho 4% mbere y’uko COVID-19 yaduka.

Ubu bushakashatsi bwakorewe mu Ntara enye n’Umujyi wa Kigali mu Turere 11 twatoranyijwe, bukaba bwarakozwe ku bantu 2 420 barimo abagore bagizwe na 46,45% n’abagabo 53,55%.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + twelve =

Previous Post

Uganda: Abasirikare bafite ibikoresho bihanitse bongeye guca ingando kwa Bobi Wine barahagota

Next Post

Guverinoma yashyizeho igiciro ntarengwa cya Gaz cyari kimaze iminsi cyaratumbugiye

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Guverinoma yashyizeho igiciro ntarengwa cya Gaz cyari kimaze iminsi cyaratumbugiye

Guverinoma yashyizeho igiciro ntarengwa cya Gaz cyari kimaze iminsi cyaratumbugiye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.