Monday, November 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abanyarwanda bahumurijwe ku biherutse kuba byari byateye impungege ku gutumbagiza ibiciro by’ibiribwa

radiotv10by radiotv10
25/07/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Abanyarwanda bahumurijwe ku biherutse kuba byari byateye impungege ku gutumbagiza ibiciro by’ibiribwa
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi, kivuga ko nubwo ibihingwa byari bihinze kuri hegitari zisaga 3 000 byarangijwe n’ibiza by’mvura; bitazagira ingaruka ku musaruro w’ubuhinzi, ku buryo byatuma ibiciro by’ibiribwa birushaho gutumbagira.

Amezi abiri arenzeho iminsi 20 ibiza by’imvura byangije imyaka iri ku buso bwa hegitari 3 115. Ni ibiza byaje bisanga ibihembwe bitatu by’ihinga byaratanze umusaruro mucye, byatumye ibiciro by’ibiribwa bikomoka ku buhinzi n’ubworozi birushaho gutumbagira.

Imibare ya Banki Nkuru y’u Rwanda igaragaza ko mu gihembwe cya mbere cy’umwaka wa 2023 ibiciro by’ibiribwa ku isoko byazamutse ku rugero rwa 48,5%, aho umusaruro w’ibihingwa ngandurarugo wagabanutse ku rugero rwa 3%.

Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda, John Rwangombwa, avuga ko hari icyizere cy’igabanuka ry’ibiciro, gusa ngo ibiza byo mu kwezi kwa Gicurasi 2023 bishobora guhindura iyo mibare.

Yagize ati “Iriya mibare igaragaza uko ibiciro ku isoko bizagabanuka; iki kiza cyari kitarazamo. Ibyo rero bishobora kugira ingaruka ku byo twari twiteze; ariko ntabwo turamenya uko bingana.”

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo gishinzwe Iterambere ry’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr Ndabamenye Telesphore avuga ko ingaruka z’ibyo biza zitazagabanya umusaruro wari utegerejwe.

Yagize ati “Ntabwo hegitari ibihumbi bitatu zateza ikibazo mu buryo bw’umusaruro. Ntabwo bifite imbaraga zo guteza icyuho. Mu bijyanye n’ibyangiritse; nk’urugero ni ibyo bishyimbo. Intara zose zihinga ibishyimbo byinshi.  Ku muturage niba yari afite akaringoti kakaba kagiye, uwo ntafite ibyo kurya kubera ko ka karingoti ke kagiye, ariko ntabwo ka karingoti gashobora kugira ingaruka mbi ku musaruro w’igihugu.”

Avuga ko muri iki gihembwe cy’ihinga hashyizwe imbaraga mu buhinzi bukorerwa mu bishanga, ku buryo buzongera umusaruro w’imboga n’ibihingwa bimwe bikenerwa cyane, akemeza ko ibi byitezweho guca intege itumbagira ry’ibiciro by’ibiribwa ku isoko.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × one =

Previous Post

Inkurikizi z’iby’Abakono zatangiye: Umuyobozi wo hejuru yashyize amavi hasi, Uwo mu z’ibanze aregura

Next Post

Rwabuze gica hagati y’amakipe abiri akomeye i Burayi kubera umukinnyi wifuzwamo akayabo gahanitse

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

by radiotv10
24/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 47 y’amavuko wo mu Murenge wa Murunda mu Karere ka Rutsiro, wari ufitanye amakimbirane n’umugore we amushinja kumuca...

Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

by radiotv10
24/11/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, avuga ko amaze imyaka 14 abariwe inguranye y’ubutaka bwe bwubatsweho...

Two Childhoods, One Home: The Hidden Cause of Parenting Disagreements

Two Childhoods, One Home: The Hidden Cause of Parenting Disagreements

by radiotv10
24/11/2025
0

In many homes, disagreements between parents often come from one simple but powerful source: the desire to raise children the...

10 Reasons why you should visit Rwanda

10 Reasons why you should visit Rwanda

by radiotv10
24/11/2025
0

Rwanda has become one of Africa’s most inspiring destinations, a place where natural beauty, safety, culture, and progress blend into...

Perezida Kagame na Touadéra wa Centrafrique bagiranye ibiganiro

Perezida Kagame na Touadéra wa Centrafrique bagiranye ibiganiro

by radiotv10
24/11/2025
0

Perezida Paul Kagame yahuye na mugenzi we Faustin Archange Touadéra wa Repubulika ya Centrafrique, bagirana ibiganiro byagarutse ku mikoranire irimo...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons
AMAHANGA

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

by radiotv10
24/11/2025
0

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

24/11/2025
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

24/11/2025
Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

24/11/2025
Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

24/11/2025
Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

24/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bwa mbere uwari wimitswe nk’Umutware w’Abakono avuze byinshi bimuri ku mutima

Rwabuze gica hagati y’amakipe abiri akomeye i Burayi kubera umukinnyi wifuzwamo akayabo gahanitse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.