Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abanyarwanda bahumurijwe ku biherutse kuba byari byateye impungege ku gutumbagiza ibiciro by’ibiribwa

radiotv10by radiotv10
25/07/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Abanyarwanda bahumurijwe ku biherutse kuba byari byateye impungege ku gutumbagiza ibiciro by’ibiribwa
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi, kivuga ko nubwo ibihingwa byari bihinze kuri hegitari zisaga 3 000 byarangijwe n’ibiza by’mvura; bitazagira ingaruka ku musaruro w’ubuhinzi, ku buryo byatuma ibiciro by’ibiribwa birushaho gutumbagira.

Amezi abiri arenzeho iminsi 20 ibiza by’imvura byangije imyaka iri ku buso bwa hegitari 3 115. Ni ibiza byaje bisanga ibihembwe bitatu by’ihinga byaratanze umusaruro mucye, byatumye ibiciro by’ibiribwa bikomoka ku buhinzi n’ubworozi birushaho gutumbagira.

Imibare ya Banki Nkuru y’u Rwanda igaragaza ko mu gihembwe cya mbere cy’umwaka wa 2023 ibiciro by’ibiribwa ku isoko byazamutse ku rugero rwa 48,5%, aho umusaruro w’ibihingwa ngandurarugo wagabanutse ku rugero rwa 3%.

Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda, John Rwangombwa, avuga ko hari icyizere cy’igabanuka ry’ibiciro, gusa ngo ibiza byo mu kwezi kwa Gicurasi 2023 bishobora guhindura iyo mibare.

Yagize ati “Iriya mibare igaragaza uko ibiciro ku isoko bizagabanuka; iki kiza cyari kitarazamo. Ibyo rero bishobora kugira ingaruka ku byo twari twiteze; ariko ntabwo turamenya uko bingana.”

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo gishinzwe Iterambere ry’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr Ndabamenye Telesphore avuga ko ingaruka z’ibyo biza zitazagabanya umusaruro wari utegerejwe.

Yagize ati “Ntabwo hegitari ibihumbi bitatu zateza ikibazo mu buryo bw’umusaruro. Ntabwo bifite imbaraga zo guteza icyuho. Mu bijyanye n’ibyangiritse; nk’urugero ni ibyo bishyimbo. Intara zose zihinga ibishyimbo byinshi.  Ku muturage niba yari afite akaringoti kakaba kagiye, uwo ntafite ibyo kurya kubera ko ka karingoti ke kagiye, ariko ntabwo ka karingoti gashobora kugira ingaruka mbi ku musaruro w’igihugu.”

Avuga ko muri iki gihembwe cy’ihinga hashyizwe imbaraga mu buhinzi bukorerwa mu bishanga, ku buryo buzongera umusaruro w’imboga n’ibihingwa bimwe bikenerwa cyane, akemeza ko ibi byitezweho guca intege itumbagira ry’ibiciro by’ibiribwa ku isoko.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + 6 =

Previous Post

Inkurikizi z’iby’Abakono zatangiye: Umuyobozi wo hejuru yashyize amavi hasi, Uwo mu z’ibanze aregura

Next Post

Rwabuze gica hagati y’amakipe abiri akomeye i Burayi kubera umukinnyi wifuzwamo akayabo gahanitse

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Bwa mbere uwari wimitswe nk’Umutware w’Abakono avuze byinshi bimuri ku mutima

Rwabuze gica hagati y’amakipe abiri akomeye i Burayi kubera umukinnyi wifuzwamo akayabo gahanitse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.