Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abanyarwanda bakomeje guhunga inkingo…Muri Congo bamaze kwakira abasaga 120 biganjemo Abadivantisiti

radiotv10by radiotv10
13/01/2022
in MU RWANDA
0
U Burundi bwirukanye Abanyarwanda 12 bivugwa ko bari bahunze amabwiriza ya COVID-19
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bwa Teritwari ya Ijwi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, buratangaza ko kuri iki Kirwa bamaze kwakira Abanyarwanda bagera mu 120 bajyayo bavuga ko bahunze inkingo za COVID-19.

Kuri uyu wa 12 Mutarama 2021, Karongo Kalaja Kabiyo uyobora iyi Teritwari ya Ijwi yabwiye ikinyamakuru 7Sur7.CD gikorera muri  Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo ko hari Abanyarwanda bari guhungira kuri iki kirwa.

Yavuze ko benshi muri bo bakiriwe n’imiryango isanzwe ituye kuri iki Kirwa mu gihe abandi bari mu nsengero z’Abadivantisiti b’umunsi wa karindwi

Yagize ati “Bari kuza bavuga ko bahunze urukingo rwa COVID-19. Bamwe bafite abavandimwe hano ndetse ninabo babakiriye abandi bakaba bari mu nsengero z’abadivantiiti b’umunsi wa Karindwi. Tumaze kubarura abagera 120.”

Uyu muyobozi akomeza avuga ko aba bari guhunga ari abafite imyemerere yo mu itorero ry’Abadivantisiti b’umunsi wa Karindwi ngo bakaba badakozwa ibyo kwiteza urukingo rwa COVID-19.

Abayobozi bo muri ako gace n’abaturage bahatuye bavuga ko bano banyarwanda  bari baherereye  mu gace ka  Lemera na Nyiridji muri sheferi ya Ntambuka ho muri teritwari ya Ijwi.

Ikindi ngo ni uko bari guhunga bari mu matsinda ndetse bakaba bari kwambutswa n’ubwato buto bahagera bagasobanura ko bari guhunga ubukanguramba bwo kwiteza urukingo rwa COVID-19 buri gukorwa mu Rwanda.

Uyu muyobozi asoza avuga ko ubuyobozi bukuru bw’intara ya Kivu y’Amajyepfo bwagakwiye kwihutira gufatira bano Banyarwanda ibyemezo bugashaka uko bagaruka mu Rwanda ndetse ngo hagahirwaho ingamba zo kugenzura urujya n’uruza rwabo mu kiyaga cya Kivu kuko bidakwiye ko DRCongo iba indiri y’abantu bahunga urukingo rwa COVID-19.

Ubuyobozi bw’Intara ya Kirundo mu Burundi buherutse kwirukana Abanyarwanda 12 bari bahungiye muri iyi Ntara na bo bavugaga ko bahunze urukingo rwa COVID-19.

Inkuru dukesha Rwanda Tribune

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × three =

Previous Post

Ngoma: Usanzwe ari umuyobozi yacaniriye amazi amaze kwatura ayamena ku mugabo we

Next Post

Nyagatare: RIB yataye muri yombi Umusore w’Umufurere ukekwaho gusambanya umuhungu

Related Posts

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

IZIHERUKA

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)
MU RWANDA

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyagatare: RIB yataye muri yombi Umusore w’Umufurere ukekwaho gusambanya umuhungu

Nyagatare: RIB yataye muri yombi Umusore w'Umufurere ukekwaho gusambanya umuhungu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.