Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abanyarwanda bakomeje guhunga inkingo…Muri Congo bamaze kwakira abasaga 120 biganjemo Abadivantisiti

radiotv10by radiotv10
13/01/2022
in MU RWANDA
0
U Burundi bwirukanye Abanyarwanda 12 bivugwa ko bari bahunze amabwiriza ya COVID-19
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bwa Teritwari ya Ijwi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, buratangaza ko kuri iki Kirwa bamaze kwakira Abanyarwanda bagera mu 120 bajyayo bavuga ko bahunze inkingo za COVID-19.

Kuri uyu wa 12 Mutarama 2021, Karongo Kalaja Kabiyo uyobora iyi Teritwari ya Ijwi yabwiye ikinyamakuru 7Sur7.CD gikorera muri  Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo ko hari Abanyarwanda bari guhungira kuri iki kirwa.

Yavuze ko benshi muri bo bakiriwe n’imiryango isanzwe ituye kuri iki Kirwa mu gihe abandi bari mu nsengero z’Abadivantisiti b’umunsi wa karindwi

Yagize ati “Bari kuza bavuga ko bahunze urukingo rwa COVID-19. Bamwe bafite abavandimwe hano ndetse ninabo babakiriye abandi bakaba bari mu nsengero z’abadivantiiti b’umunsi wa Karindwi. Tumaze kubarura abagera 120.”

Uyu muyobozi akomeza avuga ko aba bari guhunga ari abafite imyemerere yo mu itorero ry’Abadivantisiti b’umunsi wa Karindwi ngo bakaba badakozwa ibyo kwiteza urukingo rwa COVID-19.

Abayobozi bo muri ako gace n’abaturage bahatuye bavuga ko bano banyarwanda  bari baherereye  mu gace ka  Lemera na Nyiridji muri sheferi ya Ntambuka ho muri teritwari ya Ijwi.

Ikindi ngo ni uko bari guhunga bari mu matsinda ndetse bakaba bari kwambutswa n’ubwato buto bahagera bagasobanura ko bari guhunga ubukanguramba bwo kwiteza urukingo rwa COVID-19 buri gukorwa mu Rwanda.

Uyu muyobozi asoza avuga ko ubuyobozi bukuru bw’intara ya Kivu y’Amajyepfo bwagakwiye kwihutira gufatira bano Banyarwanda ibyemezo bugashaka uko bagaruka mu Rwanda ndetse ngo hagahirwaho ingamba zo kugenzura urujya n’uruza rwabo mu kiyaga cya Kivu kuko bidakwiye ko DRCongo iba indiri y’abantu bahunga urukingo rwa COVID-19.

Ubuyobozi bw’Intara ya Kirundo mu Burundi buherutse kwirukana Abanyarwanda 12 bari bahungiye muri iyi Ntara na bo bavugaga ko bahunze urukingo rwa COVID-19.

Inkuru dukesha Rwanda Tribune

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 1 =

Previous Post

Ngoma: Usanzwe ari umuyobozi yacaniriye amazi amaze kwatura ayamena ku mugabo we

Next Post

Nyagatare: RIB yataye muri yombi Umusore w’Umufurere ukekwaho gusambanya umuhungu

Related Posts

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

IZIHERUKA

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda
MU RWANDA

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyagatare: RIB yataye muri yombi Umusore w’Umufurere ukekwaho gusambanya umuhungu

Nyagatare: RIB yataye muri yombi Umusore w'Umufurere ukekwaho gusambanya umuhungu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.