Thursday, December 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Abanyarwanda batuye muri Congo bizihije Umuganura

radiotv10by radiotv10
28/08/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO, POLITIKI
0
Abanyarwanda batuye muri Congo bizihije Umuganura

Abanyarwanda batuye muri Repubulika ya Congo bizihije Umuganura

Share on FacebookShare on Twitter

Abanyarwanda batuye muri Repubulika ya Congo (Brazzaville), bahuriye ku cyicaro cya Ambasade y’u Rwanda muri icyo gihugu, bizihiza umunsi mukuru w’Umuganura.

Uyu muhango wabaye kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 26 Kanama 2023, waranzwe n’ibiganiro byagarutse ku kamaro k’Umuganura ku mibanire y’Abanyarwanda, n’uburyo Leta y’u Rwanda yashyize imbaraga mu kugarura indangagaciro nyarwanda.

Ambasaderi Théoneste Mutsindashyaka, yabwiye abitabiriye ibi birori ko umuganura ari kimwe mu bigize umuco nyarwanda.

Yavuze ko nubwo kera Umuganura wizihizwaga Abanyarwanda basangira umusaruro ushingiye ku buhinzi n’ubworozi, kuri ubu wizihizwa hishimirwa ibyagezweho, ndetse n’umusaruro mu byiciro bitandakanye harimo no kunga ubumwe bw’Abanyarwanda.

Ati “Nk’uko insanganyamatsiko y’uyu mwaka igira iti ‘Umuganura, isoko y’ubumwe n’ishingiro ryo kudaheranwa’, Abanyarwanda tugomba kuganura turangwa n’ubumwe bugaragarira mu bufatanye, gutabarana no gusangira”.

Yagarutse kandi ku ndangagaciro z’ubumwe, umurimo unoze, bijyanye n’ubupfura no gukunda igihugu, avuga ko aribyo bikwiye kuturanga nk’Abanyarwanda igihe cyose n’aho turi hose.

Ambasaderi Mutsindashyaka yanashimiye kandi Abanyarwanda baba muri Repubulika ya Congo, agira ati “Twakwishimira ko twaganuje igihugu cyacu, cyane cyane dutanga umusanzu wo gutabara imbaga nini y’Abanyarwanda bagizweho ingaruka n’ibiza”.

Yaasaba ababyeyi bafite abana bato gushyira ingufu mu kubigisha umuco n’ururimi rw’Ikinyarwanda, aho yabakebuye ababwira ko bidakwiye kubona umubyeyi yumva ntacyo bitwaye, kuba umwana we atazi Ikinyarwanda.”

Dr Michel Gasana uhagarariye Diaspora nyarwanda muri Congo Brazzaville, mu ijambo rye yijeje Ambasaderi ko bumvise impanuro, zijyanye no gushyira ingufu ku kwigisha abakiri bato umuco n’ururimi rw’Ikinyarwanda, kandi ko bagiye kubishyira mu bikorwa.

Muri uyu muhango kandi hanabaye igikorwa cyo guha abana bato amata, cyakurikiwe n’ubusabane.

Uyu-muhango-wijihizwe-mu-muco-wa-Kinyarwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 + five =

Previous Post

Perezida Kagame yaganirije ba Guverineri bo muri Nigeria baje kwigira ku Rwanda

Next Post

Bayern Munich na Visit Rwanda basinyanye amasezerano y’imikoranire

Related Posts

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

by radiotv10
18/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko abarwanyi baryo batangiye kuva mu mujyi wa Uvira nyuma yo kwemera kuwurekura ribisabwe n’ubuhuza bwa Leta...

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

by radiotv10
17/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko ryumva icyifuzo cy’abaturage bo muri Uvira bagaragaje ko badashaka ko rirekura uyu mujyi, ariko ko ari...

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

by radiotv10
17/12/2025
0

An updated list of additional countries whose citizens are prohibited from entering the United States has been made public. According...

Hasohotse urutonde rw’ibindi Bihugu byakomanyirijwe ko ababikomoka batemerewe kujya muri America

Hasohotse urutonde rw’ibindi Bihugu byakomanyirijwe ko ababikomoka batemerewe kujya muri America

by radiotv10
17/12/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yongereye ibindi Bihugu birindwi ku rutonde rw’ibihugu abaturage babyo batemerewe kwinjira...

Eng.-Message from AFC/M23 to residents of Uvira who expressed opposition to its withdrawal

Eng.-Message from AFC/M23 to residents of Uvira who expressed opposition to its withdrawal

by radiotv10
17/12/2025
0

The AFC/M23 coalition says it understands the wishes of residents of the city of Uvira who have expressed that they...

IZIHERUKA

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports
FOOTBALL

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

by radiotv10
18/12/2025
0

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

18/12/2025
Why young adults should embrace short courses in today’s fast-changing World

Why young adults should embrace short courses in today’s fast-changing World

18/12/2025
Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

18/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bayern Munich na Visit Rwanda basinyanye amasezerano y’imikoranire

Bayern Munich na Visit Rwanda basinyanye amasezerano y’imikoranire

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.