Abanyeshuri barenga 100 b’ikigo cy’ishuri cya ‘Wise and Smart School’ cyo mu Karere ka Musanze n’abarezi babo, basuye Polisi y’u Rwanda mu rugendoshuri, baragarijwemo bimwe mu bikorwa byayo by’amashami atandukanye ariko ishami ryifashisha imbwa mu gucunga umutekano.
Aba banyeshuri basuye Polisi y’u Rwanda kuri uyu wa Mbere tariki 15 Ukuboza 2025, mu rugendoshuri rugamije kubafasha kumenya imikorere ya buri munsi n’inshingano bya Polisi.
Rwabereye ku cyicaro gikuru ku Kacyiru, aho abarwitabiriye basaga 100 bagizwe n’abanyeshuri biga guhera mu mashuri y’incuke kugeza mu mwaka wa gatanu w’amashuri abanza ndetse n’abarezi babo, basobanuriwe imikorere y’amashami atandukanye arimo; Ishami rishinzwe kurwanya inkongi n’ubutabazi n’ishami rya Polisi ryifashisha imbwa mu gucunga umutekano (Canine Brigade).
Beretswe uburyo umutekano ubungabungwa hirindwa icyateza inkongi, uburyo bwo guhangana nazo mu gihe zibayeho hifashishijwe ibikoresho kabuhariwe birimo n’imodoka nini zifashishwa mu kuzimya inkongi n’ubundi butabazi, banerekwa kandi basobanurirwa imikorere y’imbwa zifashishwa mu gucunga umutekano cyane cyane mu bikorwa byo gusaka, gutahura ibiyobyabwenge bihishe ndetse n’ibisasu cyangwa ibindi biturika.
Umuvugizi wa Polisi y’ u Rwanda; ACP Boniface Rutikanga avuga ko iyi ari intambwe nziza bateye haba mu kunguka ubumenyi no guteza imbere ubufatanye mu kubumbatira umutekano.
Yagize ati “Iyo dusuwe, by’umwihariko n’abarimo abakiri bato, tuba tubonye umwanya mwiza wo kwigisha, kumenyekanisha ibyo dukora ariko cyane cyane no kubaka umubano mwiza n’abo duha serivisi kuko ariwo nkingi y’umutekano urambye.”
ACP Rutikanga yashimangiye ko kwigisha abanyeshuri n’abarezi icyarimwe, ari amahirwe akomeye kuko ibyo bamenye babisangiza abandi bikagera kure kandi mu buryo bworoshye.
Ati “Abarezi bahura na benshi kandi icyo batanze kiba nk’ihame ry’ubuzima. Kuba rero tubafite nk’abaduhagarariye aho bakorera, nta kabuza umusaruro ni mwiza. Abanyeshuri nk’aba na bo iyo bize barafata kandi ntibabyihererana babisangiza bagenzi babo aho batuye, aho bigira cyangwa iwabo mu miryango.”
Umuyobozi w’ishuri Wise and Smart, Elysée Ndayishimiye yashimiye Polisi ku mahirwe yo kuyisura ishuri ryahawe.
Yagize ati “Turashimira Polisi y’u Rwanda ku mahirwe yaduhaye abana bakamenya imikorere y’amashami yayo atandukanye. Uretse ubumenyi bahavanye, ni urubuga rwiza rwo kubereka iterambere ry’igihugu, bakigishwa kugikunda kugira ngo bazakure ari abanyarwanda b’intangarugero.”
Yagaragaje ko atari ku bana gusa, ahubwo nabo ubwabo nk’abarezi bahigiye byinshi batari bazi, bakazakomeza kubisangiza n’abandi mu gihe kiri imbere, ariko by’umwihariko bikazafasha abana kugira intego y’aho bagomba kugera kuko bahakuye urukundo rwisumbuye n’icyizere ku rwego nka Polisi y’u Rwanda rubacungira umutekano.



RADIOTV10











