Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

radiotv10by radiotv10
16/12/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyeshuri barenga 100 b’ikigo cy’ishuri cya ‘Wise and Smart School’ cyo mu Karere ka Musanze n’abarezi babo, basuye Polisi y’u Rwanda mu rugendoshuri, baragarijwemo bimwe mu bikorwa byayo by’amashami atandukanye ariko ishami ryifashisha imbwa mu gucunga umutekano.

Aba banyeshuri basuye Polisi y’u Rwanda kuri uyu wa Mbere tariki 15 Ukuboza 2025, mu rugendoshuri rugamije kubafasha kumenya imikorere ya buri munsi n’inshingano bya Polisi.

Rwabereye ku cyicaro gikuru ku Kacyiru, aho abarwitabiriye basaga 100 bagizwe n’abanyeshuri biga guhera mu mashuri y’incuke kugeza mu mwaka wa gatanu w’amashuri abanza ndetse n’abarezi babo, basobanuriwe imikorere y’amashami atandukanye arimo; Ishami rishinzwe kurwanya inkongi n’ubutabazi n’ishami rya Polisi ryifashisha imbwa mu gucunga umutekano (Canine Brigade).

Beretswe uburyo umutekano ubungabungwa hirindwa icyateza inkongi, uburyo bwo guhangana nazo mu gihe zibayeho hifashishijwe ibikoresho kabuhariwe birimo n’imodoka nini zifashishwa mu kuzimya inkongi n’ubundi butabazi, banerekwa kandi basobanurirwa imikorere y’imbwa zifashishwa mu gucunga umutekano cyane cyane mu bikorwa byo gusaka, gutahura ibiyobyabwenge bihishe ndetse n’ibisasu cyangwa ibindi biturika.

Umuvugizi wa Polisi y’ u Rwanda; ACP Boniface Rutikanga avuga ko iyi ari intambwe nziza bateye haba mu kunguka ubumenyi no guteza imbere ubufatanye mu kubumbatira umutekano.

Yagize ati “Iyo dusuwe, by’umwihariko n’abarimo abakiri bato, tuba tubonye umwanya mwiza wo kwigisha, kumenyekanisha ibyo dukora ariko cyane cyane no kubaka umubano mwiza n’abo duha serivisi kuko ariwo nkingi y’umutekano urambye.”

ACP Rutikanga yashimangiye ko kwigisha abanyeshuri n’abarezi icyarimwe, ari amahirwe akomeye kuko ibyo bamenye babisangiza abandi bikagera kure kandi mu buryo bworoshye.

Ati “Abarezi bahura na benshi kandi icyo batanze kiba nk’ihame ry’ubuzima. Kuba rero tubafite nk’abaduhagarariye aho bakorera, nta kabuza umusaruro ni mwiza. Abanyeshuri nk’aba na bo iyo bize barafata kandi ntibabyihererana babisangiza bagenzi babo aho batuye, aho bigira cyangwa iwabo mu miryango.”

Umuyobozi w’ishuri Wise and Smart, Elysée Ndayishimiye yashimiye Polisi ku mahirwe yo kuyisura ishuri ryahawe.

Yagize ati “Turashimira Polisi y’u Rwanda ku mahirwe yaduhaye abana bakamenya imikorere y’amashami yayo atandukanye. Uretse ubumenyi bahavanye, ni urubuga rwiza rwo kubereka iterambere ry’igihugu, bakigishwa kugikunda kugira ngo bazakure ari abanyarwanda b’intangarugero.”

Yagaragaje ko atari ku bana gusa, ahubwo nabo ubwabo nk’abarezi bahigiye byinshi batari bazi, bakazakomeza kubisangiza n’abandi mu gihe kiri imbere, ariko by’umwihariko bikazafasha abana kugira intego y’aho bagomba kugera kuko bahakuye urukundo rwisumbuye n’icyizere ku rwego nka Polisi y’u Rwanda rubacungira umutekano.

Abanyeshuri barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Icyiraro Gikuru cya Polisi y’u Rwanda
Bagaragarijwe bimwe mu bikorwa bikorwa n’uru rwego

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + fourteen =

Previous Post

Eng.-The situation in Uvira after AFC/M23 announces its decision to withdraw

Next Post

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

Related Posts

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

by radiotv10
16/12/2025
0

Itorero ADEPR rigiye kwizihiza isabukuru y'imyaka 85 rimaze ribayeho, rivuga ko muri iyi myaka hari byinshi ryishimira ryagezeho nko kubaka...

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

by radiotv10
16/12/2025
0

Urutonde rwashyizwe hanze n’Ikinyamakuru Jeune Afrique, rugaragaza uko imijyi ikurikiranaga ku ireme rya serivisi z’ubuvuzi n’imitangire yazo, Umujyi wa Kigali...

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Nyuma y’igitero umutwe w’iterabwoba wa FDLR wagabye muri Teritwari ya Walikare cyahitanye abantu bane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze...

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

by radiotv10
15/12/2025
0

After a brutal attack carried out by the FDLR terrorist group in Walikale Territory left four civilians dead. Rwanda’s Minister...

Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Umusesenguzi mu bya Politiki, Hon. Evode Uwizeyimana, avuga ko ibyakunze gutangazwa na Perezida w’u Burundi ko yifuza gutera u Rwanda,...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23
AMAHANGA

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

by radiotv10
16/12/2025
0

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

16/12/2025
Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

16/12/2025
Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Eng.-The situation in Uvira after AFC/M23 announces its decision to withdraw

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.