Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abanyeshuri bagiye mu kiruhuko, ababyeyi n’abarimu bo mu Rwanda bagenewe ubutumwa

radiotv10by radiotv10
03/04/2025
in MU RWANDA
0
Abanyeshuri bagiye mu kiruhuko, ababyeyi n’abarimu bo mu Rwanda bagenewe ubutumwa
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Uburezi, Joseph Nsengimana yageneye ubutumwa abanyeshuri bagiye mu kiruhuko cy’igihembwe cya kabiri n’ababyeyi babo, burimo kubasaba kuzasabana no kuzagira umwanya uhagije wo kuganira kugira ngo babigireho indangagaciro z’umuco nyarwanda.

Bikubiye mu butumwa bw’amashusho bwashyizwe hanze na Minisiteri y’uburezi mbere gato yuko abanyeshuri biga bacumbikiwe ku bigo by’amashuri batangira ingendo ziberecyeza mu miryango yabo.

Minisitiri Joseph Nsengimana utangira ubutumwa bwe yageneye abanyeshuri, avuga ko “nifuza kugira icyo mbabwira”, yatangiye abashimira kuba baramaze amezi atatu biga.

Ati “Nkaba nibwira ko amasomo yagenze, kandi abenshi mwakoze neza. Abo bitagenze neza namwe ubutaha muzarusheho gukora neza, maze namwe mutsinde.”

Yakomeje agira ati “Ubu mugiye mu biruhuko, mbifurije urugendo rwiza mugana mu miryango yanyu mukumburanye. Ibiruhuko ni umwanya wo gusabana no kuganira n’ababyeyi ndetse mukabigiraho indagagaciro z’umuco wacu nk’Abanyarwanda.”

Iki kiruhuko cy’igihembwe cya kabiri kandi gihuriranye n’ibihe by’ingenzi Abanyarwanda binjiyemo byo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi, birimo icyumweru cy’icyunamo kizatangira tariki 07 Mata 2025.

Minisitiri Nsengimana yakomeje ubutumwa bwe yageneye abanyeshuri agira ati “Nubwo iki gihe kitwibutsa amateka yacu mabi, kinatwibutsa ubutwari n’ubwitange bw’abasore n’inkumi bahagaritse Jenoside yakorewe Abatutsi. Ubwo rero muzibuke muniyubaka.”

Yaboneyeho kandi kugenera ubutumwa ababyeyi, agira ati “Turabasaba guha abana banyu umwanya mukabatega amatwi, mukabahwitura aho bikenewe, ndetse mukabaha inama n’impanuro.”

Yanaboneyeho gusaba ababyeyi ko igihe iki kiruhuko kizaba gihumuje, bagomba kuzohereza abana babo ku mashuri ku gihe kugira ngo bizanorohereze inzego zizabafasha mu bikorwa by’ingendo zibasubiza ku bigo bigaho.

Minisitiri Nsengimana yanageneye ubutumwa abarimu, abashimira akazi bakora ko kurerera u Rwanda, abibutsa ko nubwo na bo bagiye mu kiruhuko, ariko bagomba no kuzitabira amahugurwa agiteganyijwemo yo kubafasha kongera ubumenyi.

Abanyeshuri biga bacumbikiwe mu bigo bigaho, baratangira gusubira mu miryango yabo kuri uyu wa Kane tariki 03 Mata 2025, aho iyi gahunda itangirira ku bana biga mu bigo byo mu Turere twose tw’Umujyi wa Kigali; Nyarugenge, Gasabo na Kicukiro.

Kuri uyu munsi kandi, harataha abanyeshuri biga mu Bigo by’amashuri biri mu Turere twa Huye na Nyamagabe mu Ntara y’Amajyepfo, mu Karere ka Ngororeo mu Ntara y’Iburengerazuba, Musanze mu Majyaruguru no mu Turere twa Nyagatare na Gatsibo mu Ntara y’Iburasirazuba.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − two =

Previous Post

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwitabiriye imurika ry’ibikoresho n’ikoranabuhanga mu bya gisirikare muri Brazil

Next Post

AFC/M23 yagaragaje uko i Goma byifashe nyuma y’amezi abiri ibohowe

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yagaragaje gihamya ko yafashe Ikibuga cy’Indege cya Goma inaganje muri uyu Mujyi

AFC/M23 yagaragaje uko i Goma byifashe nyuma y’amezi abiri ibohowe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.