Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abanyura hafi y’Igorerero rimwe mu Rwanda bahishuye ikibabangamiye batahwemye kuvuga

radiotv10by radiotv10
19/10/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Abanyura hafi y’Igorerero rimwe mu Rwanda bahishuye ikibabangamiye batahwemye kuvuga
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage batujwe hafi y’igororero rya Huye, mu Karere ka Huye, n’abakunze kurinyuraho, bavuga ko haba umunuko ukabije uterwa w’umwanda uvanwa mu bwiherero bw’iri Gororero, ku buryo hari n’abiganyira guca inzira ihanyura.

Aba baturage barimo n’abakunze gukoresha umuhanda wa Huye-Nyamagabe, babwiye RADIOTV10 ko uyu mwanda ubanukira, uba wavanywe mu misarani y’iri Gororero, bakajya kuyifumbiza imirima.

Bavuga kandi ko bari bizejwe ko iri Gororero rizimurwa, none imyaka ikaba ibaye itandatu ntakirakorwa.

Umwe yagize ati “Icyemezo cyo kwimura iri Gororero barabivuze ariko twarategereje turaheba ndetse banadushishikariza gufata ibibanza biri hafi y’Igororero, ariko na n’ubu ntakirakorwa.”

Uyu muturage akomeza agira ati “Hano hose hakikije iri Gororero humvikana umunuko ukabije w’imyanda ituruka muri iri Gororero.”

Undi ati “Ni imyanda ituruka mu Igororero, ubona ibangamiye abaturage. Aha hantu iyo uhatambutse wumva umunuko ukabije.”

Aba baturage bavuga ko babangamirwa cyane, ku buryo hari abahaba bumva batahishimiye ndetse n’abahanyura, bakahaca biganyira.

Undi ati “Utekereza kujya mu mujyi ariko watekereza guca hano ukumva ubuze uko ubigenza. Nta mahoro bitanga, umunuko uba uri hano uba ukabije.”

Mugenzi we na we yagize ati “Ku buryo umuntu ugira nk’isesemi nyinshi, uba ubona ashaka no kuruka rwose.”

Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Sebutege Ange, avuga ko Akarere kagiye kuganira n’ubuyobozi bw’Igororero kugira ngo harebwe icyakorwa kuri uwo munuko, gusa ngo ibyo kuryimura byo babyibagirwe.

Ati “Kwimurwa ntabwo biri muri gahunda za vuba, kuko bisaba ingengo y’imari. Ku bijyanye n’umunuko, tugiye kwicarana n’ubuyobozi bw’Igororero kugira ngo gikemuke.”

Igororero rya Huye ryubatswe mu 1927, ritangira kwakira abagororwa mu 1956, mu gihe hafi y’iri gororero hatangiye guturwa muri 2013, hagendewe ku gishushanyo mbonera cy’umujyi wa Huye.

INKURU MU MASHUSHO

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + eighteen =

Previous Post

Hamenyekanye umubare w’amabagiro yafatiwe icyemezo gikarishye mu mukwabu w’ubugenzuzi

Next Post

Rutahizamu wabonwaga nk’inyenyeri ya ruhago y’Isi yongeye kurira ayo kwarika

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
25/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

25/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rutahizamu wabonwaga nk’inyenyeri ya ruhago y’Isi yongeye kurira ayo kwarika

Rutahizamu wabonwaga nk’inyenyeri ya ruhago y’Isi yongeye kurira ayo kwarika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.