Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abaperezida babiri baraye i Kigali: Menya abayobozi bakomeye bamaze kugera mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
18/12/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Abaperezida babiri baraye i Kigali: Menya abayobozi bakomeye bamaze kugera mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Rwanda hateganyijwe igikorwa cy’amateka muri Afurika cyo gufungura ku mugaragaro ishami Nyafurika ry’uruganda BionTech rukora inkingo n’imiti, cyitabirwa n’abayobozi banyuranye nk’Abakuru b’Ibihugu, barimo n’abaraye bageze mu Rwanda.

Abageze mu Rwanda, ni Perezida wa Senegal, Macky Sall washyitse ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kigali ku gicamunsi cyo kuri iki Cyumweru tariki 17 Ukuboza 2023.

Perezida Macky Sall ubwo yageraga ku Kibuga cy’Indege, yakiriwe na Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Uzziel Ndagijimana wari uherekejwe n’intumwa zo mu buyobozi bukuru bw’u Rwanda.

Macky Sall aje mu Rwanda ahaheruka mu mezi atanu ashize, kuko yanitabiriye Inama izwi nka ‘Women Deliver’ yigaga ku ruhare rw’abagore mu iterambere yabaye muri Nyakanga 2023.

Undi muyobozi wageze mu Rwanda kuri iki Cyumweru, ni Perezida wa Ghana, Nana Addo Dankwa Akufo-Addo na we witabiriye iki gikorwa cyo gufungura ku mugaragaro ishami rya BionTech mu Rwanda.

Perezida wa Ghana, Nana Akufo-Addo na we wakiriwe na Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Uzziel Ndagijimana; we yaherukaga mu Rwanda umwaka ushize, ubwo yitabiraga Inama ya ya CHOGM y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma b’Ibihugu bihuriye mu Muryango w’ibikoresha Ururimi rw’Icyongereza, Commonwealth.

Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, Dr Moussa Faki Mahamat, na we witabiriye uyu muhango wo gutangiza igikorwa cy’amateka ku Mugabane wa Afurika, na we yageze mu Rwanda kuri iki Cyumweru.

Undi uri mu Rwanda, ni Umuyobozi Mukuru wa BionTech akaba ari na we washinze iki kigo, Dr. Uğur Şahin na we uje muri uyu muhango wo gufungura ishami ry’uru ruganda mu Rwanda.

Bamwe muri aba bayobozi kandi, nka Perezida Macky Sall, Perezida wa Komisiyo ya AU, Moussa Faki Mahamat, n’Umuyobozi Mukuru wa BionTech, Dr. Uğur Şahin; banakiriwe n’Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame mu biro bye bagirana ibiganiro.

Igitekerezo cyo kubaka uru ruganda mu Rwanda, gifite imizi mu cyifuzo cyagaragajwe na Perezida Paul Kagame ubwo Isi yari iriho ihangana n’icyorezo cya COVID-19, ubwo hari hakenewe inkingo z’iki cyorezo, ariko Ibihugu bikize bikagaragaza ubusumbane mu kuzisaranganya.

Umukuru w’u Rwanda, yakunze kugaragaza ko Afurika na yo ikeneye kwigira mu gukora inkingo, kugira ngo ibashe kwigira mu buvuzi.

Perezida wa Senegal Macky Sall ubwo yageraga ku kibuga cy’Indege

Yakiriwe na Minisitiri Dr Uzziel Ndagijimana

Perezida Nana Akufo-Addo wa Ghana na we yageze mu Rwanda
Macky Sall yanagiranye ibiganiro na Perezida Kagame

Perezida wa Komisiyo ya AU na we uri mu Rwanda yakiriwe na Perezida Kagame
Umuyobozi wa BionTech na we ari mu Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − sixteen =

Previous Post

U Rwanda rwavuze ku Banyarwanda bamaze imyaka ibiri bafungishijwe ijisho imahanga barabuze Igihugu kibakira

Next Post

UN yakomoje ku binengwa nk’amagambo adakwiye ya Tshisekedi kuri Perezida Kagame

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo u Rwanda ruvuga ku magambo adakwiye ya Tshisekedi kuri Perezida Kagame

UN yakomoje ku binengwa nk’amagambo adakwiye ya Tshisekedi kuri Perezida Kagame

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.