Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abaperezida babiri baraye i Kigali: Menya abayobozi bakomeye bamaze kugera mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
18/12/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Abaperezida babiri baraye i Kigali: Menya abayobozi bakomeye bamaze kugera mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Rwanda hateganyijwe igikorwa cy’amateka muri Afurika cyo gufungura ku mugaragaro ishami Nyafurika ry’uruganda BionTech rukora inkingo n’imiti, cyitabirwa n’abayobozi banyuranye nk’Abakuru b’Ibihugu, barimo n’abaraye bageze mu Rwanda.

Abageze mu Rwanda, ni Perezida wa Senegal, Macky Sall washyitse ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kigali ku gicamunsi cyo kuri iki Cyumweru tariki 17 Ukuboza 2023.

Perezida Macky Sall ubwo yageraga ku Kibuga cy’Indege, yakiriwe na Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Uzziel Ndagijimana wari uherekejwe n’intumwa zo mu buyobozi bukuru bw’u Rwanda.

Macky Sall aje mu Rwanda ahaheruka mu mezi atanu ashize, kuko yanitabiriye Inama izwi nka ‘Women Deliver’ yigaga ku ruhare rw’abagore mu iterambere yabaye muri Nyakanga 2023.

Undi muyobozi wageze mu Rwanda kuri iki Cyumweru, ni Perezida wa Ghana, Nana Addo Dankwa Akufo-Addo na we witabiriye iki gikorwa cyo gufungura ku mugaragaro ishami rya BionTech mu Rwanda.

Perezida wa Ghana, Nana Akufo-Addo na we wakiriwe na Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Uzziel Ndagijimana; we yaherukaga mu Rwanda umwaka ushize, ubwo yitabiraga Inama ya ya CHOGM y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma b’Ibihugu bihuriye mu Muryango w’ibikoresha Ururimi rw’Icyongereza, Commonwealth.

Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, Dr Moussa Faki Mahamat, na we witabiriye uyu muhango wo gutangiza igikorwa cy’amateka ku Mugabane wa Afurika, na we yageze mu Rwanda kuri iki Cyumweru.

Undi uri mu Rwanda, ni Umuyobozi Mukuru wa BionTech akaba ari na we washinze iki kigo, Dr. Uğur Şahin na we uje muri uyu muhango wo gufungura ishami ry’uru ruganda mu Rwanda.

Bamwe muri aba bayobozi kandi, nka Perezida Macky Sall, Perezida wa Komisiyo ya AU, Moussa Faki Mahamat, n’Umuyobozi Mukuru wa BionTech, Dr. Uğur Şahin; banakiriwe n’Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame mu biro bye bagirana ibiganiro.

Igitekerezo cyo kubaka uru ruganda mu Rwanda, gifite imizi mu cyifuzo cyagaragajwe na Perezida Paul Kagame ubwo Isi yari iriho ihangana n’icyorezo cya COVID-19, ubwo hari hakenewe inkingo z’iki cyorezo, ariko Ibihugu bikize bikagaragaza ubusumbane mu kuzisaranganya.

Umukuru w’u Rwanda, yakunze kugaragaza ko Afurika na yo ikeneye kwigira mu gukora inkingo, kugira ngo ibashe kwigira mu buvuzi.

Perezida wa Senegal Macky Sall ubwo yageraga ku kibuga cy’Indege

Yakiriwe na Minisitiri Dr Uzziel Ndagijimana

Perezida Nana Akufo-Addo wa Ghana na we yageze mu Rwanda
Macky Sall yanagiranye ibiganiro na Perezida Kagame

Perezida wa Komisiyo ya AU na we uri mu Rwanda yakiriwe na Perezida Kagame
Umuyobozi wa BionTech na we ari mu Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − 7 =

Previous Post

U Rwanda rwavuze ku Banyarwanda bamaze imyaka ibiri bafungishijwe ijisho imahanga barabuze Igihugu kibakira

Next Post

UN yakomoje ku binengwa nk’amagambo adakwiye ya Tshisekedi kuri Perezida Kagame

Related Posts

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

IZIHERUKA

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda
MU RWANDA

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

25/01/2026
Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo u Rwanda ruvuga ku magambo adakwiye ya Tshisekedi kuri Perezida Kagame

UN yakomoje ku binengwa nk’amagambo adakwiye ya Tshisekedi kuri Perezida Kagame

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.