Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abaperezida babiri baraye i Kigali: Menya abayobozi bakomeye bamaze kugera mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
18/12/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Abaperezida babiri baraye i Kigali: Menya abayobozi bakomeye bamaze kugera mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Rwanda hateganyijwe igikorwa cy’amateka muri Afurika cyo gufungura ku mugaragaro ishami Nyafurika ry’uruganda BionTech rukora inkingo n’imiti, cyitabirwa n’abayobozi banyuranye nk’Abakuru b’Ibihugu, barimo n’abaraye bageze mu Rwanda.

Abageze mu Rwanda, ni Perezida wa Senegal, Macky Sall washyitse ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kigali ku gicamunsi cyo kuri iki Cyumweru tariki 17 Ukuboza 2023.

Perezida Macky Sall ubwo yageraga ku Kibuga cy’Indege, yakiriwe na Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Uzziel Ndagijimana wari uherekejwe n’intumwa zo mu buyobozi bukuru bw’u Rwanda.

Macky Sall aje mu Rwanda ahaheruka mu mezi atanu ashize, kuko yanitabiriye Inama izwi nka ‘Women Deliver’ yigaga ku ruhare rw’abagore mu iterambere yabaye muri Nyakanga 2023.

Undi muyobozi wageze mu Rwanda kuri iki Cyumweru, ni Perezida wa Ghana, Nana Addo Dankwa Akufo-Addo na we witabiriye iki gikorwa cyo gufungura ku mugaragaro ishami rya BionTech mu Rwanda.

Perezida wa Ghana, Nana Akufo-Addo na we wakiriwe na Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Uzziel Ndagijimana; we yaherukaga mu Rwanda umwaka ushize, ubwo yitabiraga Inama ya ya CHOGM y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma b’Ibihugu bihuriye mu Muryango w’ibikoresha Ururimi rw’Icyongereza, Commonwealth.

Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, Dr Moussa Faki Mahamat, na we witabiriye uyu muhango wo gutangiza igikorwa cy’amateka ku Mugabane wa Afurika, na we yageze mu Rwanda kuri iki Cyumweru.

Undi uri mu Rwanda, ni Umuyobozi Mukuru wa BionTech akaba ari na we washinze iki kigo, Dr. Uğur Şahin na we uje muri uyu muhango wo gufungura ishami ry’uru ruganda mu Rwanda.

Bamwe muri aba bayobozi kandi, nka Perezida Macky Sall, Perezida wa Komisiyo ya AU, Moussa Faki Mahamat, n’Umuyobozi Mukuru wa BionTech, Dr. Uğur Şahin; banakiriwe n’Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame mu biro bye bagirana ibiganiro.

Igitekerezo cyo kubaka uru ruganda mu Rwanda, gifite imizi mu cyifuzo cyagaragajwe na Perezida Paul Kagame ubwo Isi yari iriho ihangana n’icyorezo cya COVID-19, ubwo hari hakenewe inkingo z’iki cyorezo, ariko Ibihugu bikize bikagaragaza ubusumbane mu kuzisaranganya.

Umukuru w’u Rwanda, yakunze kugaragaza ko Afurika na yo ikeneye kwigira mu gukora inkingo, kugira ngo ibashe kwigira mu buvuzi.

Perezida wa Senegal Macky Sall ubwo yageraga ku kibuga cy’Indege

Yakiriwe na Minisitiri Dr Uzziel Ndagijimana

Perezida Nana Akufo-Addo wa Ghana na we yageze mu Rwanda
Macky Sall yanagiranye ibiganiro na Perezida Kagame

Perezida wa Komisiyo ya AU na we uri mu Rwanda yakiriwe na Perezida Kagame
Umuyobozi wa BionTech na we ari mu Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − thirteen =

Previous Post

U Rwanda rwavuze ku Banyarwanda bamaze imyaka ibiri bafungishijwe ijisho imahanga barabuze Igihugu kibakira

Next Post

UN yakomoje ku binengwa nk’amagambo adakwiye ya Tshisekedi kuri Perezida Kagame

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo u Rwanda ruvuga ku magambo adakwiye ya Tshisekedi kuri Perezida Kagame

UN yakomoje ku binengwa nk’amagambo adakwiye ya Tshisekedi kuri Perezida Kagame

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.