• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Friday, June 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

IFOTO: Abaperezida bane bayoboye America n’abagore babo bahuriye mu gikorwa kimwe

radiotv10by radiotv10
19/06/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
IFOTO: Abaperezida bane bayoboye America n’abagore babo bahuriye mu gikorwa kimwe
Share on FacebookShare on Twitter

Abaperezida bane bayoboye Leta Zunze Ubumwe za America bahuriye mu gikorwa cyo gufungura ikigo cyitiriwe umwe muri bo, Barack Obama, mu gihe uriho ubu Donald Trump atahagaragaye.

Ni ikigo cyiswe Obama Presidential Center giherereye mu mujyi wa Chicago muri Leta ya Illinois, cyafunguwe ku mugaragaro kuri uyu wa Kane.

Ibirori bihambaye byo gufungura ku mugaragaro iki kigi, byitabiriwe n’abanyacyubahiro n’ibyamamare mu ngeri zinyuranye, barimo abanyapolitiki bo mu ishyaka ry’Aba-Democrat ribarizwamo na Obama.

Abaperezida batatu bayoboye Leta Zunz Ubumwe za America n’abafasha babo, baje kwifatanya na bagenzi babo Barack na Michelle Obama muri ibi birori byo gufungura iki kigo.

Aba bayoboye America n’abafasha babo, ni Joe Biden n’umugore we Jill Biden, George W. Bush na Laura Bush, ndetse na Bill Clinton na Hillary Clinton.

Perezida Barack Obama, yashimiye aba banyacyubahiro baje kumushyigikira we n’umufasha we Michelle Obama mu uyu muhango ukomeye.

Mu butumwa buherekeje ifoto igaragaramo aba banyapolitiki bane n’abagore babo, Obama yagize ati “Kuri George na Laura, Bill na Hillary, turabashimira byimazeyo ubucuti bwanyu, inama zanyu, n’ubwitange bwanyu kuri iki Gihugu. Naone kandi kuri Joe na Jill, turabashimira kuba mwarabanye natwe muri uru rugendo.”

Perezida Joe Biden unaheruka kuyobora Leta Zunze Ubumwe za America muri manda yabanjirije iya Trump, yanabaye Visi Perezida wa Obama ubwo yari ku butegetsi.

Iki kigo Obama Presidential Center cyuzuye gitwaye miliyoni 850 z’amadolari, byitezwe ko kizajya gisurwa n’abarenga miliyoni imwe ku mwaka, kikaba giherereye hafi y’ingoro y’ubumenyi n’inganda yiswe Griffin Museum of Science and Industry.

Ni ikigo kizajya gifasha abantu kunguka ubumenyi no mu burezi, ndetse kikaba kigizwe n’ibikorwa binyuranye, birimo isomero, ahakorerwa ibikorwa by’imyidagaduro, ndetse hakabamo n’igice kimurikirwamo amateka y’umuryango wa Obama ubwo bari bakiri muri White House.

Ikigo Obama Presidential Center cyafunguwe ku mugaragar
Imbere harim amaeka arimo ijambo ryatumye Obama yamamara
Imyambaro ya Michelle Obama yambaraga akiri muri White House na yo imurikirwa muri iki kigo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × four =

Previous Post

Mu buryo butunguranye ibiganiro bya America na Iran byasubitswe

Next Post

Abarimo Lt.Gen.(Rtd) Karenzi Karake na Maj.Gen.Bayingana bemejwe na Sena ku nshingano bahawe

Related Posts

General Muhoozi yongeye gushimangira urwo akunda u Rwanda agaragaza uwo arukundamo by’umwihariko

Gen.Muhoozi yavuze ko mu gihe cya vuba azaba Perezida akinjira mu bibazo by’u Rwanda na Congo

by radiotv10
19/06/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba yavuze ko mu gihe cya vuba azaba ari Perezida wa Uganda, kandi...

Mu buryo butunguranye ibiganiro bya America na Iran byasubitswe

Mu buryo butunguranye ibiganiro bya America na Iran byasubitswe

by radiotv10
19/06/2026
0

Ibiganiro byari biteganyijwe hagati ya Leta Zunze Ubumwe za America na Iran byasubitswe nyuma yuko Visi Perezida wa US, JD...

Ntihavugwa rumwe ku makuru yatangajwe na FARDC ko yafashe Minembwe-Centre

Ntihavugwa rumwe ku makuru yatangajwe na FARDC ko yafashe Minembwe-Centre

by radiotv10
19/06/2026
0

Nyuma yuko Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) gitangaje ko cyafashe agace ka Minembwe-Centre, hari amakuru avuga ko...

Perezida Ndayishimiye yise Tshisekedi umuvandimwe we mu butumwa bushimira Ikipe ya Congo

Perezida Ndayishimiye yise Tshisekedi umuvandimwe we mu butumwa bushimira Ikipe ya Congo

by radiotv10
19/06/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yashimiye ikipe y’Igihugu ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kubera uburyo yitwaye mu Gikombe cy’Isi...

Hashyizwe hanze inyandiko igaragaza amasezerano ya America na Iran

Hashyizwe hanze inyandiko igaragaza amasezerano ya America na Iran

by radiotv10
18/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zashyize hanze inyandiko ikubiyemo amasezerano y’iki Gihugu na Iran yo kurangiza intambara, agizwe n’ingingo 14...

Next Post
Abarimo Lt.Gen.(Rtd) Karenzi Karake na Maj.Gen.Bayingana bemejwe na Sena ku nshingano bahawe

Abarimo Lt.Gen.(Rtd) Karenzi Karake na Maj.Gen.Bayingana bemejwe na Sena ku nshingano bahawe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Amakuru mashya: Rayon yabonye undi muterankunga mukuru nyuma yo gutandukana na Skol

Gen.Muhoozi yavuze ko mu gihe cya vuba azaba Perezida akinjira mu bibazo by’u Rwanda na Congo

Abarimo Lt.Gen.(Rtd) Karenzi Karake na Maj.Gen.Bayingana bemejwe na Sena ku nshingano bahawe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.