Monday, December 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abapolisi 154 barimo barindwi ba ‘Commissioner’ n’uwigeze kuba Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda basezerewe

radiotv10by radiotv10
11/11/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Abapolisi 154 barimo barindwi ba ‘Commissioner’ n’uwigeze kuba Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda basezerewe
Share on FacebookShare on Twitter

Abapolisi 154 muri Polisi y’u Rwanda, barimo umwe ufite ipeti rya CP (Commissioner of Police), na batandatu bafite irya ACP (Assistant Commisioner of Police) barimo ACP Celestin Twahirwa wigeze kuba Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, bashyizwe mu kiruhuko cy’izazabukuru.

Byatangajwe n’Ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda mu itangazo bwashyize hanze kuri iki Cyumweru tariki 10 Ugushyingo 2024.

Mu basezerewe, barimo umwe ufite ipeti rya Commissioner of Police (CP), ari we Denis Basabose wari Umuyobozi w’Ishami rishinzwe Umutekano w’Ibikorwa Remezo muri Polisi y’u Rwanda.

Barimo kandi batandatu bafite ipeti rya Assistant Commisioner of Police (ACP), barimo ACP Celestin Twahirwa wigeze kuba Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, kuva mu 2014 ubwo yasimburaga ACP Damas Gatare.

ACP Celestin Twahirwa wamaze imyaka ibiri ari Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, mu kwezi k’Ukwakira 2016, yasimbuwe na ACP Theos Badege wari usubiye kuri izi nshingano.

Muri aba bafite ipeti cya ACP bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru, barimo kandi Elias Mwesigye, Eugene Mushaija, Tom Murangira, David Rukika na Michel Bayingana.

Polisi y’u Rwanda yatangaje kandi ko uretse aba Bapolisi bo ku rwego rw Komiseri, hanashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru, Abapolisi bo mu cyiciro cy’Abofisiye bakuru 15, ndetse n’Abofisiye bato 22, mu gihe hari abandi 96 bari mu cyiciro cy’Abapolisi bato.

Uru rwego rushinzwe Umutekano w’abantu n’ibintu, rutangaza ko hanasezerewe abandi Bapolisi 13 ku mpamvu z’uburwayi, ndetse n’undi umwe wasezerewe ku mpamvu zindi zitandukanye.

CP Denis Basabose ari mu bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru
na ACP Celestin Twahirwa wigeze kuba Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × three =

Previous Post

Ibyo ‘Fatakumavuta’ yavugiye mu Rukiko ku munyamakuru mugenzi we byafashe indi ntera

Next Post

Mu mibare dore uko gatanya zagabanutse mu Rwanda n’icyabiteye

Related Posts

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Nyuma y’igitero umutwe w’iterabwoba wa FDLR wagabye muri Teritwari ya Walikare cyahitanye abantu bane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze...

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

by radiotv10
15/12/2025
0

After a brutal attack carried out by the FDLR terrorist group in Walikale Territory left four civilians dead. Rwanda’s Minister...

Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Umusesenguzi mu bya Politiki, Hon. Evode Uwizeyimana, avuga ko ibyakunze gutangazwa na Perezida w’u Burundi ko yifuza gutera u Rwanda,...

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

by radiotv10
15/12/2025
0

Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Amb. Martin Ngoga, yagaragarije Akanama k’uyu Muryango gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, amatariki yagiye...

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

by radiotv10
15/12/2025
0

Kigali, Rwanda - Mobile Money Rwanda Ltd (MoMo Rwanda ) is excited to announce an exclusive 5% cashback for MoMoApp...

IZIHERUKA

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge
MU RWANDA

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

15/12/2025
Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

15/12/2025
Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

15/12/2025
Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

15/12/2025
Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

15/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu mibare dore uko gatanya zagabanutse mu Rwanda n’icyabiteye

Mu mibare dore uko gatanya zagabanutse mu Rwanda n’icyabiteye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.