Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
28/11/2025
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Abapolisi b’abofisiye 177 barimo abo mu Rwanda n’abo muri Liberia bari mu mahugurwa mu Kigo cya Polisi gitangirwamo amahugurwa yo kurwanya iterabwoba, basuye ibikorwa binyuranye birimo Ingoro ndangamurage y’amateka y’urugamba rwo guhagarika Jenoside.

Aba bapolisi 177, barimo 167 bo muri Polisi y’u Rwanda, n’abandi 10 bo muri Liberia, basuye ibi bikorwa kuri uyu wa Kane tariki ya 27 Ugushyingo.

Baje bavuye mu Kigo cya Polisi gitangirwamo amahugurwa yo Kurwanya iterabwoba (Counter Terrorism Center-CTTC) giherereye i Mayange mu Karere ka Bugesera, aho uru rugendoshuri rugamije kubafasha guhuza amasomo bigira mu ishuri n’ibikorerwa mu kazi.

Aya mahugurwa y’icyiciro cya mbere, bazamaramo igihe cy’amezi 3, biga ibijyanye n’imiyoborere ya sitasiyo no gukemura amakimbirane.

Basuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi, basura n’Ingoro ndangamurage y’amateka y’urugamba rwo guhagarika Jenoside iherereye ku Nteko Ishinga amategeko ku Kimihurura.

ACP Méthode Munyaneza uyobora ikigo gitangirwamo amahugurwa yo kurwanya iterabwoba, yavuze ko uru rugendoshuri rugamije kubafasha kwiga amateka yaranze u Rwanda no guhuza ubumenyi bigira mu ishuri n’ishyirwa mu bikorwa ryabwo mu nzego zitandukanye z’igihugu.

Yagize ati “Uru rugendoshuri rufasha abanyeshuri kurushaho gusobanukirwa amateka y’u Rwanda rukanunganira amasomo bigira mu ishuri.”

Yakomeje agira ati “Mu ishuri biga ibijyanye no kuyobora za sitasiyo za Polisi, tuba dukeneye ko babona ingero z’ahabaye imiyoborere mibi mu gihe cyashize n’ingaruka zayo ku benegihugu ndetse n’urugero rw’imiyoborere myiza mu mibereho myiza n’iterambere ry’ubukungu nk’uko bigaragara mu mateka n’imibereho by’igihugu cyacu.”

SP Joseph Joe Johnson, umwe mu banyeshuri ukomoka muri Liberia, yavuze ko uru rugendoshuri rwamwunguye ubumenyi bw’ingenzi ku gisobanuro cy’ubwitange no kwimakaza ubumwe byiyongera ku nshingano z’inzego z’umutekano zo kurinda abaturage n’ibyabo.

Yavuze ko gusura urwibutso rwa Jenoside n’Ingoro ndangamurage y’amateka y’urugamba rwo guhagarika Jenoside byamweretse ingaruka z’ubuyobozi bubi ndetse n’ubutwari bw’abaharaniye guhagarika Jenoside, bikaba bimwigishije ko inshingano z’umuyobozi atari ugutegeka gusa, ahubwo ari no gutanga urugero rwiza, gufata ibyemezo bishingiye ku kuri no kurengera inyungu rusange.

Uru rugendoshuri n’izindi zikorwa n’abitabira amahugurwa zitegurirwa abanyeshuri bitegura gusoza amasomo hagamijwe kubafasha gusobanukirwa amateka y’u Rwanda; kumenya no kwimakaza indangagaciro z’ubutwari n’iz’ubuyobozi bufite icyerekezo, ubunyangamugayo n’ubwitange bikwiye kubaranga byose byunganira amasomo baba barigiye mu ishuri.

Basobanuriwe amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi

SP Joseph Joe Johnson wo muri Liberia yishimiye uru rugendoshuri

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + 20 =

Previous Post

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye

Next Post

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Related Posts

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
13/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

IZIHERUKA

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran
AMAHANGA

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

by radiotv10
13/01/2026
0

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

13/01/2026
Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.