Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

radiotv10by radiotv10
27/11/2025
in MU RWANDA
0
Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti
Share on FacebookShare on Twitter

Abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba bari mu ruzinduko mu Rwanda, bakinnye n’ikipe y’Igihugu muri ‘Wheelchair Basketball’ mu mukino wa gicuti warangiye impande zombi ziyemeje kwagura imikoranire.

Uyu mukino wari ugamije guhamagarira abantu gukunda imikino y’abafite ubumuga no kuyiteza imbere, wabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 26 Ugushyingo 2025.

Uyu mukino warangiye Ikipe y’iri tsinda ry’abahoze ari abasirikare ba Israel itsinze iy’u Rwanda amanota 45 kuri 37.

Kapiteni w’Ikipe y’Igihugu y’abafite ubumuga mu Rwanda, Rwampungu Meshack yavuze ko uyu mukino watumye bisuzuma, kandi ukazabafasha kurushaho guteza imbere imikinire yabo.

Yagize ati “Wadufashije kwigira ku bunararibonye bwabo, bakina muri Shampiyona ikomeye gusa natwe twagaragaje ko dukomeye.”

Yakomeje avuga ko imikino y’abafite ubumuga na yo ikwiye kwitabwaho, igatera imbere kugira ngo bajyane n’intego y’u Rwanda yo kugira iki Gihugu igicumbi cya siporo byumwihariko umukino wa Basketball.

Ati “Dufite inyubako z’imikino zitandukanye kandi ntabwo ziheza abafite ubumuga, ni cyo gihe ngo natwe dukoreshe Siporo twiteza imbere no kuzamura impano za Basketball.”

Ambasade ya Israel mu Rwanda, Einat Weiss wanagize uruhare mu gutegura uru ruzinduko rw’abahoze mu gisirikare cya Israel bari kugirira mu Rwanda, yavuze ko uyu mukino ugamije gukangurira abantu kwita ku mikino y’abafite ubumuga.

Yagize ati “Wari umwanya mwiza yo kwiyibutsa ko dukwiye kongera imikino y’abafite ubumuga mu bikorwa bya buri munsi dukora ndetse no kwirekana ko abantu bo mu bihugu bitandukanye bahuje amateka. Kuko niba ugendera mu igare ry’abafite ubumuga aho waba uri hose ku Isi ufite amateka amwe na mugenzi wawe kuko muhuje ibibazo by’uko abantu babafata nk’abafite ubumuga.”

Yavuze kandi ko umukino nk’uyu uzamura ubucuti hagati y’Ibihugu byombi. Yagize ati “Ikindi twabonye aha ni uko mukino nk’uyu ariho havuka ubushuti nabwo bugashibukamo umubano hagati y’abatuye ibihugu bitandukanye ni yo mpamvu dukwiye guha agaciro ibikorwa nkibi. Njye ku giti cyanjye nafashe umwanzuro wo gukomeza gushyigikira ibikorwa nkibi.”

Nanone kandi biyemeje ko n’ikipe yo mu Rwanda na yo izajya gukina umukino wo kwishyura muri Israel, bityo n’ubucuti bwaguke hagati y’impande zombi.

 

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 − 5 =

Previous Post

Perezida Kagame yishimiye intsinzi y’ikipe ya Arsenal asanzwe akunda

Next Post

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Related Posts

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

by radiotv10
13/01/2026
0

IZIHERUKA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23
AMAHANGA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.