Sunday, November 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abari i Kigali batangiye gushinja Bucyibaruta uri kuburanira i Paris

radiotv10by radiotv10
17/05/2022
in MU RWANDA
0
Abari i Kigali batangiye gushinja Bucyibaruta uri kuburanira i Paris
Share on FacebookShare on Twitter

Mu rubanza ruregwamo Bucyibaruta Laurent wabaye Perefe w’iyahoze ari Perefegitura ya Gikongoro ruri kubera i Paris mu Bufaransa, humviswe bamwe mu batangabuhamya barimo n’abari mu Rwanda, bavuze ko bazi uyu mugabo ndetse n’uruhare yagize muri Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Bamwe mu batangabuhamya bahamagajwe n’Urukiko, bagiye i Paris mu gihe abandi bari i Kigali aho bazatanga ubuhamya bwabo hifashishijwe ikoranabuhanga ry’iya kure.

Aba batangabuhamya bitabiriye uru rubanza ruri kuburanishwa mu Gifaransa, basemurirwa ibyavugwaga n’Urukiko i Paris, ubundi bagasubiza ibyo babajijwe.

Umutangabuhamya umwe wahereweho mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 17 Gicurasi 2022, afite imyaka 58 y’amavuko, yavuze ko mbere ya Jenoside yari umunzi akaba yari atuye i Kibeho.

Yavuze ko yari azi Bucyibaruka nk’umuntu wari umutegetsi by’umwihariko akaba amuzi ahitwa i Nyarusovu ako Akarere ka Nyaruguru kubatse aho yabaheraga amabwiriza.

Abajijwe niba hari isano afitanye na Bucyibaruta, uyu mutangabuhamya yagize ati “nta sano na mba dufitanye.”

Uyu mutangabuhamya na we wahamijwe ibyaha bya Jenoside, yavuze ko mbere ya Jenoside Yakorewe Abatutsi yari akiri muto, akaba yaraje no kubona akazi ko gukora mu ruganda rw’icyayi aho yarosomaga icyayi.

Yagarutse ku bari abayobozi b’uru ruganda barimo uwari Agronome witwa Bakundukize Innocent.

Yavuze ko uyu Bakundukize Innocent yaje gukurwaho na Bucyibaruta akamugira Burugumesitiri wa Komini Mubuga akamusimbuza Nyiridandi wari umaze kwicwa n’abajandarume.

Ngo icyo gihe Bucyibaruta yabakoresheje inama i Nyarusovu, akamurikira abaturage uyu Burugumesitiri mushya.

Uyu mutangabuhamya yavuze ko kuko mu kwezi kwa Mata hagwaga imvura, mu 1994 muri uko kwezi batongeye kujya gusarura icyayi kubera imvura, ndetse ubwo Jenoside yatangiraga bahita bahagarika indi mirimo.

Yavuze ko ubwo Bucyibaruta yazaga kubereka Burugumesitiri mushya, yabwiye abaturage ko hari abanyamahanga bagiye kuza mu iperereza, akabasaba kuzajya bababwira ko abatakiba mu nzu zabo [yavugaga Abatutsi] bahunze.

Ati “Yatubwiye ko hari iperereza ry’abanyamahanga bagiye kuza, babaza aho abantu babaga mu nzu zahiye bagiye, tujye tuvuga ko bahunze. ati ‘kuki mwe mutahunze?’ muti ‘mujye muvuga ko mutazi igihe bagendeye’.”

Uyu mutangabuhamya yabajijwe ubwoko bwe yari afite icyo gihe, avuga ko ari Umuhutu, ati “Ati twicaga abatutsi. Abajandarume bavaga ku Gikongoro kwa Bucyibaruta, bafatanyije n’abapolisi ba komini, ni bo bari bashinzwe gahunda.”

Yavuze ko mu bitero, abapolisi n’abajandarume ari bo babaga bafite imbuda. Ati “Abaturage b’Abahutu babaga bafite intwaro gakondo. Abari mu bitero nta baturage bahawe imbunda. Njyewe intwaro nari mfite ni inkoni, nari nsanzwe nyoboza intama zanjye. Iyo nkoni narayikoreshaga nkica nyine, none se ukubiswe ntapha?”

Yabajijwe umubare w’ababaga bari mu bitero, asubiza agira ati “Sinari kubabara kuko bavaga mu makomini menshi. Abari bahunze nabo bari benshi cyane.”

Uyu mutangabuhamya yavuze ko ubuyobozi bwari bwabahaye amabwiriza yo kwica Abatutsi bose batagize uwo basiga.

Yavuze ko “nta bagore bafashwe ku ngufu, barishwe gusa. nta kuntu bari kwirwanaho baraswa amasasu, bajya guhunga Abapolisi n’abajandarume bakabarasa.”

Yavuze ko Abatutsi biciwe kuri Kiziya y’i Kibeho, Bucyibaruta yohereje kateripirari yo kubahamba.

Juventine MURAGIJEMALIYA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 2 =

Previous Post

Kicukiro: Urubyiruko rwo muri RPF rwasabwe gukoresha ikoranabuhanga mu gahangana n’ibibazo bihari

Next Post

S.Africa: Byakomeranye umunyeshuri w’umuzungu wihagaritse ku bikoresho bya mugenzi we w’umwirabura

Related Posts

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Rwanda  is actively rolling out its new Single Digital ID (SDID) system nationwide,a major initiative for digital transformation. The registration and data...

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

by radiotv10
22/11/2025
0

Kaminuza ya East Africa University Rwanda na yo imaze gutanga impamyabushobozi ku bantu bigiye ku murimo bagera kuri 340, biganjemo...

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

by radiotv10
22/11/2025
0

Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA/Rwanda Revenue Authority) cyatangaje ko mu mezi ane ashize abiyandikishihe muri gahunda y’ishimwe rihabwa abaka inyemezabwishyu ya...

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

by radiotv10
21/11/2025
0

Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, na we yageneye ubutumwa Perezdia Paul Kagame, amushimira ibiganiro byiza...

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

by radiotv10
21/11/2025
0

President Paul Kagame expressed his gratitude to the Emir of Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, who visited Rwanda...

IZIHERUKA

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID
IMIBEREHO MYIZA

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

22/11/2025
Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

22/11/2025
Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

22/11/2025
Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

22/11/2025
Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

22/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
S.Africa: Byakomeranye umunyeshuri w’umuzungu wihagaritse ku bikoresho bya mugenzi we w’umwirabura

S.Africa: Byakomeranye umunyeshuri w’umuzungu wihagaritse ku bikoresho bya mugenzi we w’umwirabura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.