Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abari i Kigali batangiye gushinja Bucyibaruta uri kuburanira i Paris

radiotv10by radiotv10
17/05/2022
in MU RWANDA
0
Abari i Kigali batangiye gushinja Bucyibaruta uri kuburanira i Paris
Share on FacebookShare on Twitter

Mu rubanza ruregwamo Bucyibaruta Laurent wabaye Perefe w’iyahoze ari Perefegitura ya Gikongoro ruri kubera i Paris mu Bufaransa, humviswe bamwe mu batangabuhamya barimo n’abari mu Rwanda, bavuze ko bazi uyu mugabo ndetse n’uruhare yagize muri Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Bamwe mu batangabuhamya bahamagajwe n’Urukiko, bagiye i Paris mu gihe abandi bari i Kigali aho bazatanga ubuhamya bwabo hifashishijwe ikoranabuhanga ry’iya kure.

Aba batangabuhamya bitabiriye uru rubanza ruri kuburanishwa mu Gifaransa, basemurirwa ibyavugwaga n’Urukiko i Paris, ubundi bagasubiza ibyo babajijwe.

Umutangabuhamya umwe wahereweho mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 17 Gicurasi 2022, afite imyaka 58 y’amavuko, yavuze ko mbere ya Jenoside yari umunzi akaba yari atuye i Kibeho.

Yavuze ko yari azi Bucyibaruka nk’umuntu wari umutegetsi by’umwihariko akaba amuzi ahitwa i Nyarusovu ako Akarere ka Nyaruguru kubatse aho yabaheraga amabwiriza.

Abajijwe niba hari isano afitanye na Bucyibaruta, uyu mutangabuhamya yagize ati “nta sano na mba dufitanye.”

Uyu mutangabuhamya na we wahamijwe ibyaha bya Jenoside, yavuze ko mbere ya Jenoside Yakorewe Abatutsi yari akiri muto, akaba yaraje no kubona akazi ko gukora mu ruganda rw’icyayi aho yarosomaga icyayi.

Yagarutse ku bari abayobozi b’uru ruganda barimo uwari Agronome witwa Bakundukize Innocent.

Yavuze ko uyu Bakundukize Innocent yaje gukurwaho na Bucyibaruta akamugira Burugumesitiri wa Komini Mubuga akamusimbuza Nyiridandi wari umaze kwicwa n’abajandarume.

Ngo icyo gihe Bucyibaruta yabakoresheje inama i Nyarusovu, akamurikira abaturage uyu Burugumesitiri mushya.

Uyu mutangabuhamya yavuze ko kuko mu kwezi kwa Mata hagwaga imvura, mu 1994 muri uko kwezi batongeye kujya gusarura icyayi kubera imvura, ndetse ubwo Jenoside yatangiraga bahita bahagarika indi mirimo.

Yavuze ko ubwo Bucyibaruta yazaga kubereka Burugumesitiri mushya, yabwiye abaturage ko hari abanyamahanga bagiye kuza mu iperereza, akabasaba kuzajya bababwira ko abatakiba mu nzu zabo [yavugaga Abatutsi] bahunze.

Ati “Yatubwiye ko hari iperereza ry’abanyamahanga bagiye kuza, babaza aho abantu babaga mu nzu zahiye bagiye, tujye tuvuga ko bahunze. ati ‘kuki mwe mutahunze?’ muti ‘mujye muvuga ko mutazi igihe bagendeye’.”

Uyu mutangabuhamya yabajijwe ubwoko bwe yari afite icyo gihe, avuga ko ari Umuhutu, ati “Ati twicaga abatutsi. Abajandarume bavaga ku Gikongoro kwa Bucyibaruta, bafatanyije n’abapolisi ba komini, ni bo bari bashinzwe gahunda.”

Yavuze ko mu bitero, abapolisi n’abajandarume ari bo babaga bafite imbuda. Ati “Abaturage b’Abahutu babaga bafite intwaro gakondo. Abari mu bitero nta baturage bahawe imbunda. Njyewe intwaro nari mfite ni inkoni, nari nsanzwe nyoboza intama zanjye. Iyo nkoni narayikoreshaga nkica nyine, none se ukubiswe ntapha?”

Yabajijwe umubare w’ababaga bari mu bitero, asubiza agira ati “Sinari kubabara kuko bavaga mu makomini menshi. Abari bahunze nabo bari benshi cyane.”

Uyu mutangabuhamya yavuze ko ubuyobozi bwari bwabahaye amabwiriza yo kwica Abatutsi bose batagize uwo basiga.

Yavuze ko “nta bagore bafashwe ku ngufu, barishwe gusa. nta kuntu bari kwirwanaho baraswa amasasu, bajya guhunga Abapolisi n’abajandarume bakabarasa.”

Yavuze ko Abatutsi biciwe kuri Kiziya y’i Kibeho, Bucyibaruta yohereje kateripirari yo kubahamba.

Juventine MURAGIJEMALIYA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 5 =

Previous Post

Kicukiro: Urubyiruko rwo muri RPF rwasabwe gukoresha ikoranabuhanga mu gahangana n’ibibazo bihari

Next Post

S.Africa: Byakomeranye umunyeshuri w’umuzungu wihagaritse ku bikoresho bya mugenzi we w’umwirabura

Related Posts

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

by radiotv10
20/01/2026
0

Social media is part of our everyday life. It helps us connect with people, share information, and express ourselves. However,...

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

by radiotv10
20/01/2026
0

Abasirikare mu ngabo z’u Rwanda basanzwe ari inzobere mu by’ubwubatsi baherutse kujya muri Jamaica gutanga umusanzu mu gusana ibikorwa byangijwe...

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

by radiotv10
20/01/2026
0

Ambasaderi wa Brazil mu Rwanda, Irene Vida Gala; akomeje kugaragaza ibihe byiza agirira mu Rwanda bikamunyura, birimo kuba yarasogongeye bwa...

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

by radiotv10
20/01/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwafunze umwarimu wo muri Kaminuza ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri...

IZIHERUKA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe
MU RWANDA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

20/01/2026
Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

20/01/2026
Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

20/01/2026
Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
S.Africa: Byakomeranye umunyeshuri w’umuzungu wihagaritse ku bikoresho bya mugenzi we w’umwirabura

S.Africa: Byakomeranye umunyeshuri w’umuzungu wihagaritse ku bikoresho bya mugenzi we w’umwirabura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.