Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abari i Kigali batangiye gushinja Bucyibaruta uri kuburanira i Paris

radiotv10by radiotv10
17/05/2022
in MU RWANDA
0
Abari i Kigali batangiye gushinja Bucyibaruta uri kuburanira i Paris
Share on FacebookShare on Twitter

Mu rubanza ruregwamo Bucyibaruta Laurent wabaye Perefe w’iyahoze ari Perefegitura ya Gikongoro ruri kubera i Paris mu Bufaransa, humviswe bamwe mu batangabuhamya barimo n’abari mu Rwanda, bavuze ko bazi uyu mugabo ndetse n’uruhare yagize muri Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Bamwe mu batangabuhamya bahamagajwe n’Urukiko, bagiye i Paris mu gihe abandi bari i Kigali aho bazatanga ubuhamya bwabo hifashishijwe ikoranabuhanga ry’iya kure.

Aba batangabuhamya bitabiriye uru rubanza ruri kuburanishwa mu Gifaransa, basemurirwa ibyavugwaga n’Urukiko i Paris, ubundi bagasubiza ibyo babajijwe.

Umutangabuhamya umwe wahereweho mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 17 Gicurasi 2022, afite imyaka 58 y’amavuko, yavuze ko mbere ya Jenoside yari umunzi akaba yari atuye i Kibeho.

Yavuze ko yari azi Bucyibaruka nk’umuntu wari umutegetsi by’umwihariko akaba amuzi ahitwa i Nyarusovu ako Akarere ka Nyaruguru kubatse aho yabaheraga amabwiriza.

Abajijwe niba hari isano afitanye na Bucyibaruta, uyu mutangabuhamya yagize ati “nta sano na mba dufitanye.”

Uyu mutangabuhamya na we wahamijwe ibyaha bya Jenoside, yavuze ko mbere ya Jenoside Yakorewe Abatutsi yari akiri muto, akaba yaraje no kubona akazi ko gukora mu ruganda rw’icyayi aho yarosomaga icyayi.

Yagarutse ku bari abayobozi b’uru ruganda barimo uwari Agronome witwa Bakundukize Innocent.

Yavuze ko uyu Bakundukize Innocent yaje gukurwaho na Bucyibaruta akamugira Burugumesitiri wa Komini Mubuga akamusimbuza Nyiridandi wari umaze kwicwa n’abajandarume.

Ngo icyo gihe Bucyibaruta yabakoresheje inama i Nyarusovu, akamurikira abaturage uyu Burugumesitiri mushya.

Uyu mutangabuhamya yavuze ko kuko mu kwezi kwa Mata hagwaga imvura, mu 1994 muri uko kwezi batongeye kujya gusarura icyayi kubera imvura, ndetse ubwo Jenoside yatangiraga bahita bahagarika indi mirimo.

Yavuze ko ubwo Bucyibaruta yazaga kubereka Burugumesitiri mushya, yabwiye abaturage ko hari abanyamahanga bagiye kuza mu iperereza, akabasaba kuzajya bababwira ko abatakiba mu nzu zabo [yavugaga Abatutsi] bahunze.

Ati “Yatubwiye ko hari iperereza ry’abanyamahanga bagiye kuza, babaza aho abantu babaga mu nzu zahiye bagiye, tujye tuvuga ko bahunze. ati ‘kuki mwe mutahunze?’ muti ‘mujye muvuga ko mutazi igihe bagendeye’.”

Uyu mutangabuhamya yabajijwe ubwoko bwe yari afite icyo gihe, avuga ko ari Umuhutu, ati “Ati twicaga abatutsi. Abajandarume bavaga ku Gikongoro kwa Bucyibaruta, bafatanyije n’abapolisi ba komini, ni bo bari bashinzwe gahunda.”

Yavuze ko mu bitero, abapolisi n’abajandarume ari bo babaga bafite imbuda. Ati “Abaturage b’Abahutu babaga bafite intwaro gakondo. Abari mu bitero nta baturage bahawe imbunda. Njyewe intwaro nari mfite ni inkoni, nari nsanzwe nyoboza intama zanjye. Iyo nkoni narayikoreshaga nkica nyine, none se ukubiswe ntapha?”

Yabajijwe umubare w’ababaga bari mu bitero, asubiza agira ati “Sinari kubabara kuko bavaga mu makomini menshi. Abari bahunze nabo bari benshi cyane.”

Uyu mutangabuhamya yavuze ko ubuyobozi bwari bwabahaye amabwiriza yo kwica Abatutsi bose batagize uwo basiga.

Yavuze ko “nta bagore bafashwe ku ngufu, barishwe gusa. nta kuntu bari kwirwanaho baraswa amasasu, bajya guhunga Abapolisi n’abajandarume bakabarasa.”

Yavuze ko Abatutsi biciwe kuri Kiziya y’i Kibeho, Bucyibaruta yohereje kateripirari yo kubahamba.

Juventine MURAGIJEMALIYA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight − 5 =

Previous Post

Kicukiro: Urubyiruko rwo muri RPF rwasabwe gukoresha ikoranabuhanga mu gahangana n’ibibazo bihari

Next Post

S.Africa: Byakomeranye umunyeshuri w’umuzungu wihagaritse ku bikoresho bya mugenzi we w’umwirabura

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
S.Africa: Byakomeranye umunyeshuri w’umuzungu wihagaritse ku bikoresho bya mugenzi we w’umwirabura

S.Africa: Byakomeranye umunyeshuri w’umuzungu wihagaritse ku bikoresho bya mugenzi we w’umwirabura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.