Wednesday, December 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abari ku kiriyo bitegura gushyingura umuturanyi wabo bakiriye inkuru itunguranye yatumye bavuza impundu

radiotv10by radiotv10
27/04/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Abari ku kiriyo bitegura gushyingura umuturanyi wabo bakiriye inkuru itunguranye yatumye bavuza impundu
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bari bakoranye ku bw’inkuru y’incamugongo bari bakiriye y’urupfu rw’umwana w’umuryango utuye mu Murenge wa Nyamugari mu Karere ka Kirehe, baje kumenyeshwa indi nkuru nziza ko yongeye kuba muzima, ahubwo uwari umurwaje akaba yahise agwa muri Coma.

Ibi byabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 26 Mata 2023, nyuma yuko uwo mwana wo muri uriya muryango ajyanywe i Kigali kuvurizwayo, ari na ho haturutse iyo nkuru ibabaje.

Umwe mu bakurikiranye ibi, ubwo yari ari gusobanurira abaturage bari bakoranye kubera iyi nkuru y’incamugongo bari bakiriye, yabagejejeho inkuru yose.

Mu majwi dufite nka RADIOTV10, uyu muturage wasobanuriraga aba baturage, yavuze ko uwo mwana yajyanye n’umubyeyi we mu Mujyi wa Kigali ajya kwivuza i Kanombe, ariko umubyeyi we yari afite izindi gahunda yari agiyemo.

Ngo uwo mubyeyi w’uwo mwana, yari afite umuzigo agiye gupakurura muri MAGERWA, ubwo yari akirangiza ibyari byamujyanye, bahise bamuhamagara bamubwira inkuru y’incamugongo ko umwana we yitabye Imana.

Uyu wakurikiranye ibi byose yagize ati “Akimara gupakurura ni bwo bamubwiye iyo nkuru ko umwana amaze gupfa ariko bamubwira ko atemerewe kujyayo.”

Yakomeje agira ati “Yahise aza hano mu rugo. Ubwo twari turi hano mu rugo ndetse n’ubutumwa bwagendaga buza bumubwira uko ibintu bimeze ko bashobora kwitegura umurambo, ko ibikoresho byose bagomba kubizana, ko ntakintu twemerewe gukoresha hano. Abari bumuzane ni bo bagombaga kubyitunganyiriza.”

Uyu muturage avuga ko byakomeje kubatera urujijo, bakumva hari ibidasobanutse, bagafata icyemezo cyo kujya ku Bitaro i Kanombe, ariko bagezeyo babima umurambo.

Avuga ko uwari umurwaza wari kuri uwo mwana, ngo yamaze kubona yitabye Imana, na we ahita ajya muri Coma.

Ati “Ariko mu kanya batwoherereje ubundi butumwa ko umwana […] hari ukuntu abaganga bafite ubuhanga, hari ukuntu bashitura umutima, bawushituye ahita agarura umwuka mucye.”

Avuga ko babanje gushidikanya kuri ubu butumwa, bagahamagara nimero yari yabahamagaye, ndetse bakaza kuvugana n’uwo mwana byari byatangajwe ko yapfuye, akaba ari bwo bemera ko ari muzima koko.

Ati “Ni bwo umwana njyewe twavuganye noneho.” Akivuga ibyo, abaturage yabwiraga bahise bavugiriza rimwe impundu, banakoma amashyi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 5 =

Previous Post

Moses Turahirwa watangaje ibyateje impaka yahamagajwe na RIB

Next Post

Moses Turahirwa nyuma yo guhamagazwa na RIB hari andi amakuru yahise amenyekana

Related Posts

Bagaragaje amakosa yabayeho batunga agatoki kuba ntandaro yo gushyira ubuzima bwabo mu kaga

Bagaragaje amakosa yabayeho batunga agatoki kuba ntandaro yo gushyira ubuzima bwabo mu kaga

by radiotv10
10/12/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu, bavuga ko umuhanda utagira rigore utuma amazi awuturukamo aruhukira...

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

by radiotv10
09/12/2025
0

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva wahagarariye Perezida wa Repubulika Paul Kagame mu muhango w’irahira rya Perezida wa Côte...

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

by radiotv10
09/12/2025
0

Entering adulthood comes with new freedom, responsibility, and decisions that shape one’s future. For many young Rwandans, especially those beginning...

Abatwara abagenzi ku magare i Gisenyi barasaba guhabwa ‘Parking’ nk’abatwara ibindi binyabiziga

Abatwara abagenzi ku magare i Gisenyi barasaba guhabwa ‘Parking’ nk’abatwara ibindi binyabiziga

by radiotv10
09/12/2025
0

Abatwara abagenzi n’imizigo ku magare bakorera mu mujyi wa Gisenyi, binubira ikibazo cyo kutagira parking, bigatuma amagare yabo ahora mu...

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

by radiotv10
09/12/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko amatiyo y'amazi meza anyura mu Mudugudu...

IZIHERUKA

Bagaragaje amakosa yabayeho batunga agatoki kuba ntandaro yo gushyira ubuzima bwabo mu kaga
IMIBEREHO MYIZA

Bagaragaje amakosa yabayeho batunga agatoki kuba ntandaro yo gushyira ubuzima bwabo mu kaga

by radiotv10
10/12/2025
0

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

09/12/2025
Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

09/12/2025
Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

09/12/2025
AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

09/12/2025
Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

09/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Moses Turahirwa nyuma yo guhamagazwa na RIB hari andi amakuru yahise amenyekana

Moses Turahirwa nyuma yo guhamagazwa na RIB hari andi amakuru yahise amenyekana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bagaragaje amakosa yabayeho batunga agatoki kuba ntandaro yo gushyira ubuzima bwabo mu kaga

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.