Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abari ku kiriyo bitegura gushyingura umuturanyi wabo bakiriye inkuru itunguranye yatumye bavuza impundu

radiotv10by radiotv10
27/04/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Abari ku kiriyo bitegura gushyingura umuturanyi wabo bakiriye inkuru itunguranye yatumye bavuza impundu
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bari bakoranye ku bw’inkuru y’incamugongo bari bakiriye y’urupfu rw’umwana w’umuryango utuye mu Murenge wa Nyamugari mu Karere ka Kirehe, baje kumenyeshwa indi nkuru nziza ko yongeye kuba muzima, ahubwo uwari umurwaje akaba yahise agwa muri Coma.

Ibi byabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 26 Mata 2023, nyuma yuko uwo mwana wo muri uriya muryango ajyanywe i Kigali kuvurizwayo, ari na ho haturutse iyo nkuru ibabaje.

Umwe mu bakurikiranye ibi, ubwo yari ari gusobanurira abaturage bari bakoranye kubera iyi nkuru y’incamugongo bari bakiriye, yabagejejeho inkuru yose.

Mu majwi dufite nka RADIOTV10, uyu muturage wasobanuriraga aba baturage, yavuze ko uwo mwana yajyanye n’umubyeyi we mu Mujyi wa Kigali ajya kwivuza i Kanombe, ariko umubyeyi we yari afite izindi gahunda yari agiyemo.

Ngo uwo mubyeyi w’uwo mwana, yari afite umuzigo agiye gupakurura muri MAGERWA, ubwo yari akirangiza ibyari byamujyanye, bahise bamuhamagara bamubwira inkuru y’incamugongo ko umwana we yitabye Imana.

Uyu wakurikiranye ibi byose yagize ati “Akimara gupakurura ni bwo bamubwiye iyo nkuru ko umwana amaze gupfa ariko bamubwira ko atemerewe kujyayo.”

Yakomeje agira ati “Yahise aza hano mu rugo. Ubwo twari turi hano mu rugo ndetse n’ubutumwa bwagendaga buza bumubwira uko ibintu bimeze ko bashobora kwitegura umurambo, ko ibikoresho byose bagomba kubizana, ko ntakintu twemerewe gukoresha hano. Abari bumuzane ni bo bagombaga kubyitunganyiriza.”

Uyu muturage avuga ko byakomeje kubatera urujijo, bakumva hari ibidasobanutse, bagafata icyemezo cyo kujya ku Bitaro i Kanombe, ariko bagezeyo babima umurambo.

Avuga ko uwari umurwaza wari kuri uwo mwana, ngo yamaze kubona yitabye Imana, na we ahita ajya muri Coma.

Ati “Ariko mu kanya batwoherereje ubundi butumwa ko umwana […] hari ukuntu abaganga bafite ubuhanga, hari ukuntu bashitura umutima, bawushituye ahita agarura umwuka mucye.”

Avuga ko babanje gushidikanya kuri ubu butumwa, bagahamagara nimero yari yabahamagaye, ndetse bakaza kuvugana n’uwo mwana byari byatangajwe ko yapfuye, akaba ari bwo bemera ko ari muzima koko.

Ati “Ni bwo umwana njyewe twavuganye noneho.” Akivuga ibyo, abaturage yabwiraga bahise bavugiriza rimwe impundu, banakoma amashyi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + 13 =

Previous Post

Moses Turahirwa watangaje ibyateje impaka yahamagajwe na RIB

Next Post

Moses Turahirwa nyuma yo guhamagazwa na RIB hari andi amakuru yahise amenyekana

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Moses Turahirwa nyuma yo guhamagazwa na RIB hari andi amakuru yahise amenyekana

Moses Turahirwa nyuma yo guhamagazwa na RIB hari andi amakuru yahise amenyekana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.