Wednesday, December 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Abarimo Colonel bateye umugongo FARDC bagasanga M23 bahishuye amabi y’ubutegetsi bwa Congo

radiotv10by radiotv10
09/02/2023
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
2
Abarimo Colonel bateye umugongo FARDC bagasanga M23 bahishuye amabi y’ubutegetsi bwa Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Abasirikare bo ku rwego rwa Ofisiye bitandukanyije n’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bakiyunga kuri M23 bavuze ko bari barambiwe ibikorwa bibi bikorwa n’iki gisirikare cya Leta n’ubutegetsi.

Aba basirikare berekanywe kuri uyu wa Gatatu tariki 08 Gashyantare 2023 i Kitshanga ahaherutse gufatwa n’uyu mutwe wa M23.

Umuvugizi wa M23, Maj Willy Ngoma yavuze ko abasirikare biyemeje kwitandukanya na FARDC bagasanga M23 ari benshi ariko ko ubuyobozi bw’uyu mutwe bwahisemo kwerekana bamwe muri bo bari ku rwego rwa Ofisiye.

Aba berekanywe, barimo Colonel Bahati Gahisi John wari umuyobozi w’ibikorwa bya gisirikare mu gace ka 83 muri FARDC, Lt Col Nkusi Frank, Majoro Saidi Zidane, ndetse na Majoro Gakufi Desire wari umuyobozi mukuru wungirije wa Polisi muri Kitshanga wari ushinzwe imiyoborere ya Polisi.

Ubwo bavugaga icyatumye bafata icyemezo cyo kuva muri FARDC bakiyunga kuri M23, aba basirikare bose bahuriza ku bikorwa bibi bikorwa n’iki gisirikare bateye umugongo ndetse n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Bavuga ko muri FARDC harimo irondabwoko kuko abasirikare bo mu bwoko bw’Abatutsi badafatwa kimwe n’abandi, dore ko batajya bitabira inama zitegurwa ubundi bamwe bakanagirirwa nabi na bagenzi babo.

Colonel Bahati Gahisi John yagize ati “Nahisemo kuva muri FARDC kuko badufata nabi kandi bakanakorera ibikorwa bibi abo mu miryango yacu, bakabica.”

Majoro Saidi Zidanee na we avuga ko abo mu muryango we bagiye bagirirwa nabi na FARDC, byumwihariko nyirarume uzwi cyane wari utuye muri Kitshanga uzwi nka Vete.

Yagize ati “Bamukubise mu mutwe, baramuboha, bamukorera iyicarubozo. Abo nta bandi babikora ni Karayire, Jido na General Mugabo, rero nanjye narabibonye ndavuga ko nti reka mve muri FARDC niyizire muri M23 mu nshuti zanjye.”

Aba basirikare bavuye muri FARDC nyuma yuko M23 inamuruye iki gisirikare cya Congo Kinshasa mu mujyi wa Kitshanga umaze iminsi ufashwe n’uyu mutwe.

RWANDATRIBUNE.COM

Comments 2

  1. 0782532594 says:
    3 years ago

    Nepo

    Reply
  2. Iradukunda jeanepo muscene says:
    3 years ago

    Nepo

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + sixteen =

Previous Post

Business yakoreraga ahaherereye Moshions yashinzwe na Moses igiye gufunga imiryango

Next Post

Kiyovu izakina nta bafana ariko ngo abakunzi bayo bakwishyura 3.000Frw ya tike

Related Posts

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

by radiotv10
10/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryemeje ko ryamaze gufata umujyi wa Uvira, risaba abaturage bawutuye...

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

by radiotv10
10/12/2025
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the Government of the Democratic Republic of Congo, has confirmed that it has taken control...

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

by radiotv10
10/12/2025
0

Mu ishyaka riri ku butegetsi mu Burundi, CNDD-FDD haravugwamo gucikamo ibice kw’abakomeyemo, bitewe no kutumvikana ku guhitamo umukandida uzarihagararira mu...

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

by radiotv10
10/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryagaragaje intwaro nyinshi zirimo izirasa kure yambuye ingabo z’u Burundi ziri gufasha FARDC bahanyanye, inerekana impuzankano z’igisirikare cya...

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

by radiotv10
09/12/2025
0

Raporo y'Umuryango w'Abanyamakuru batagira umupaka (Reporters Without Borders-RSF) yagaragaje ko Igihugu cya Israel ari cyo cyabaye icya mbere mu kwica...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira
AMAHANGA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

by radiotv10
10/12/2025
0

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

10/12/2025
Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

10/12/2025
Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

10/12/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

10/12/2025
AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kiyovu izakina nta bafana ariko ngo abakunzi bayo bakwishyura 3.000Frw ya tike

Kiyovu izakina nta bafana ariko ngo abakunzi bayo bakwishyura 3.000Frw ya tike

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.