Friday, February 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Abarimo Colonel bateye umugongo FARDC bagasanga M23 bahishuye amabi y’ubutegetsi bwa Congo

radiotv10by radiotv10
09/02/2023
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
2
Abarimo Colonel bateye umugongo FARDC bagasanga M23 bahishuye amabi y’ubutegetsi bwa Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Abasirikare bo ku rwego rwa Ofisiye bitandukanyije n’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bakiyunga kuri M23 bavuze ko bari barambiwe ibikorwa bibi bikorwa n’iki gisirikare cya Leta n’ubutegetsi.

Aba basirikare berekanywe kuri uyu wa Gatatu tariki 08 Gashyantare 2023 i Kitshanga ahaherutse gufatwa n’uyu mutwe wa M23.

Umuvugizi wa M23, Maj Willy Ngoma yavuze ko abasirikare biyemeje kwitandukanya na FARDC bagasanga M23 ari benshi ariko ko ubuyobozi bw’uyu mutwe bwahisemo kwerekana bamwe muri bo bari ku rwego rwa Ofisiye.

Aba berekanywe, barimo Colonel Bahati Gahisi John wari umuyobozi w’ibikorwa bya gisirikare mu gace ka 83 muri FARDC, Lt Col Nkusi Frank, Majoro Saidi Zidane, ndetse na Majoro Gakufi Desire wari umuyobozi mukuru wungirije wa Polisi muri Kitshanga wari ushinzwe imiyoborere ya Polisi.

Ubwo bavugaga icyatumye bafata icyemezo cyo kuva muri FARDC bakiyunga kuri M23, aba basirikare bose bahuriza ku bikorwa bibi bikorwa n’iki gisirikare bateye umugongo ndetse n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Bavuga ko muri FARDC harimo irondabwoko kuko abasirikare bo mu bwoko bw’Abatutsi badafatwa kimwe n’abandi, dore ko batajya bitabira inama zitegurwa ubundi bamwe bakanagirirwa nabi na bagenzi babo.

Colonel Bahati Gahisi John yagize ati “Nahisemo kuva muri FARDC kuko badufata nabi kandi bakanakorera ibikorwa bibi abo mu miryango yacu, bakabica.”

Majoro Saidi Zidanee na we avuga ko abo mu muryango we bagiye bagirirwa nabi na FARDC, byumwihariko nyirarume uzwi cyane wari utuye muri Kitshanga uzwi nka Vete.

Yagize ati “Bamukubise mu mutwe, baramuboha, bamukorera iyicarubozo. Abo nta bandi babikora ni Karayire, Jido na General Mugabo, rero nanjye narabibonye ndavuga ko nti reka mve muri FARDC niyizire muri M23 mu nshuti zanjye.”

Aba basirikare bavuye muri FARDC nyuma yuko M23 inamuruye iki gisirikare cya Congo Kinshasa mu mujyi wa Kitshanga umaze iminsi ufashwe n’uyu mutwe.

RWANDATRIBUNE.COM

Comments 2

  1. 0782532594 says:
    3 years ago

    Nepo

    Reply
  2. Iradukunda jeanepo muscene says:
    3 years ago

    Nepo

    Reply

Leave a Reply to 0782532594 Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − eight =

Previous Post

Business yakoreraga ahaherereye Moshions yashinzwe na Moses igiye gufunga imiryango

Next Post

Kiyovu izakina nta bafana ariko ngo abakunzi bayo bakwishyura 3.000Frw ya tike

Related Posts

Umuyobozi wa MONUSCO aragenzwa n’iki mu gace kagenzurwa na AFC/M23?

Umuyobozi wa MONUSCO aragenzwa n’iki mu gace kagenzurwa na AFC/M23?

by radiotv10
12/02/2026
0

Ubuyobozi bw’Ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbuye muri DRC (MONUSCO) bwatangaje ko Vivian van de Perre, Intumwa Yihariye y'Umunyabanga Mukuru w'uyu Muryango, akaba...

Eng.-For the first time an aircraft lands at Goma Airport since AFC/M23 took control

Eng.-For the first time an aircraft lands at Goma Airport since AFC/M23 took control

by radiotv10
12/02/2026
0

A helicopter carrying Vivian van de Perre, the Special Representative of the UN Secretary-General and Acting Head of MONUSCO, has...

BREAKING: Bwa mbere ku Kibuga cy’Indege cya Goma haguye indege kuva AFC/M23 yahafata

BREAKING: Bwa mbere ku Kibuga cy’Indege cya Goma haguye indege kuva AFC/M23 yahafata

by radiotv10
12/02/2026
0

Indege yo mu bwoko bwa kajugujugu itwaye Vivian van de Perre, Intumwa Yihariye y’Umunyabanga Mukuru wa UN, akaba n’Umuyobozi w’Agateganyo...

Igisirikare cya Uganda cyapfushije Umujenerali wari ugiye gushyingura undi musirikare wo hejuru

Igisirikare cya Uganda cyapfushije Umujenerali wari ugiye gushyingura undi musirikare wo hejuru

by radiotv10
11/02/2026
0

Ubuyobozi bw’Igisirikare cya Uganda (UPDF) bwemeje ko Maj. Gen. Deus Sande yitabye Imana ubwo yari mu rugendo agiye i Kampala...

Umupilote wari utwaye indege yaguye ku nkombe z’inyanja bitunguranye yashimiwe icyemezo yafashe

Umupilote wari utwaye indege yaguye ku nkombe z’inyanja bitunguranye yashimiwe icyemezo yafashe

by radiotv10
11/02/2026
0

Sosiyete y’indege muri Somalia yashimiye umupilote wayo wari utwaye indege yo mu bwoko bwa Fokker 50, ku cyemezo yafashe cyo...

IZIHERUKA

Uko hakiriwe umukinnyi wa filimi ‘Samusure’ wari umaze igihe agiye hanze y’u Rwanda
IBYAMAMARE

Uko hakiriwe umukinnyi wa filimi ‘Samusure’ wari umaze igihe agiye hanze y’u Rwanda

by radiotv10
12/02/2026
0

Hashyizwe hanze urutonde rw’amaradiyo yo mu Rwanda yemerewe kogeza Shampiyona

Hashyizwe hanze urutonde rw’amaradiyo yo mu Rwanda yemerewe kogeza Shampiyona

12/02/2026
Abanyamakuru bubatse amazina mu Rwanda Rugimbana na Rutamu bagiye kongera gukorana ikiganiro nyuma y’igihe batumvikana

Abanyamakuru bubatse amazina mu Rwanda Rugimbana na Rutamu bagiye kongera gukorana ikiganiro nyuma y’igihe batumvikana

12/02/2026
Umuyobozi wa MONUSCO aragenzwa n’iki mu gace kagenzurwa na AFC/M23?

Umuyobozi wa MONUSCO aragenzwa n’iki mu gace kagenzurwa na AFC/M23?

12/02/2026
Imvune ya rurangiranwa Lionel Messi yatumye ikipe ye ifata icyemezo ku mukino wa gicuti ifite

Imvune ya rurangiranwa Lionel Messi yatumye ikipe ye ifata icyemezo ku mukino wa gicuti ifite

12/02/2026
Eng.-For the first time an aircraft lands at Goma Airport since AFC/M23 took control

Eng.-For the first time an aircraft lands at Goma Airport since AFC/M23 took control

12/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kiyovu izakina nta bafana ariko ngo abakunzi bayo bakwishyura 3.000Frw ya tike

Kiyovu izakina nta bafana ariko ngo abakunzi bayo bakwishyura 3.000Frw ya tike

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uko hakiriwe umukinnyi wa filimi ‘Samusure’ wari umaze igihe agiye hanze y’u Rwanda

Hashyizwe hanze urutonde rw’amaradiyo yo mu Rwanda yemerewe kogeza Shampiyona

Abanyamakuru bubatse amazina mu Rwanda Rugimbana na Rutamu bagiye kongera gukorana ikiganiro nyuma y’igihe batumvikana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.