Monday, December 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abarundi bahungiye mu Rwanda nabo bamaganye ibyo muri Congo banagenera ubutumwa Ndayishimiye na Tshisekedi

radiotv10by radiotv10
07/03/2024
in MU RWANDA
0
Abarundi bahungiye mu Rwanda nabo bamaganye ibyo muri Congo banagenera ubutumwa Ndayishimiye na Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Impunzi z’Abarundi zicumbikiwe mu Nkambi ya Mahama, na zo zashyigikiye bagenzi babo b’Abanyekongo bahungiye mu Rwanda, mu kwamagana iyicwa ry’Abatutsi b’Abanyekongo, zinasaba Perezida w’Igihugu cyabo, n’uwa DRC guhagarika uyu mugambi mubisha.

Kuva mu ntangiro z’iki cyumweru, impunzi z’Abanyekongo zicumbikiwe mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zirimo izo mu Nkambi ya Kiziba mu Karere ka Karongi ndetse no mu ya Nkamira mu Karere ka Rubavu, zasubukuye imyigaragambyo.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 06 Werurwe 2024, impunzi zicumbikiwe mu Nkambi ya Mahama mu Karere ka Kirehe, na zo zaramukiye mu myigaragambyo.

Izi mpunzi zirimo n’iz’Abarundi zifatanyije n’iz’Abanyekongo, na zo zari zitwaje ibyapa bitanga ubutumwa busaba Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, guhagarika ubwicanyi buri gukorerwa Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi, Abahema ndetse n’Abanyamulenge.

Pasiteri Jean Bosco Kwibishatse usanzwe ayobora impunzi z’Abarundi mu nkambi ya Mahama, yavuze ko bifuje gufatanya na bagenzi babo b’Abanyekongo kugira ngo ubwicanyi bwakunze gukorerwa Abatutsi mu karere buhagararare.

Yagize ati “Bari kuzira uko bavutse, ururimi batihaye ahubwo ari Imana yarubahaye bitewe n’umugambi w’abayobozi b’Ibihugu byacu, birimo u Burundi, Congo, Malawi, Tanzania no muri Afurika y’Epfo.”

Uyu mukozi w’Imana yakomeje avuga ko ubwoko bw’Abatutsi bwakomeje kwibasirwa ndetse no mu Gihugu cyabo cy’u Burundi kuva mu 1993.

Yagize ati “Iki ni ikimenyetso cy’umugambi wa Ndayishimiye afatanyije na Tshisekedi muri aka karere, turahagurutse tuwamagana, duhamagarira amahanga kuko ntacyo batazi bagerageze uyu munsi, ubwicanyi ndengakamere bukorerwa Abatutsi bavuga Ikinyarwanda, abavuga Ikirundi n’izindi ndimi hirya ni hino bari kuzira uko bavutse bihagarare.”

Mutijima Williams we ukuriye impunzi z’Abanyekongo ziri mu Nkambi ya Mahama, na we yavuze ko igihe kigeze ngo Leta y’Igihugu cyabo ihagarike ubwicanyi bukorerwa Abanyekongo b’Abatutsi.

Yavuze kandi ko Leta y’Igihugu cyabo igomba guhagarika ubufatanye bwayo n’umutwe wa FDLR ugizwe n’abasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda ukaba warakomeje gukwirakwiza ingengabitekerezo yayo mu burasirazuba bwa Congo Kinshasa.

Izi mpunzi kandi zasabye Imiryango Mpuzamahanga nk’Umuryango w’Abibumbye, ndetse n’Ibihugu mpuzamahanga, guhagarika iyi Jenoside ikomeje gukorerwa Abatutsi muri Congo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + 6 =

Previous Post

Senegal: Hamenyekanye amakuru yari ategerejwe ku Matora ya Perezida nyuma ya bombori bombori

Next Post

RDF yongeye gushimirwa ibikorwa by’indashyikirwa mu butumwa bwa LONI (AMAFOTO)

Related Posts

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Rwanda’s digital identity scheme is making progress toward its planned June 2026 rollout, with 300,000 now registered for the scheme,...

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

by radiotv10
13/12/2025
0

Mu muhango wo gusezerera ku Bapolisi 74 baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy'izabukuru, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda, IGP Felix...

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

by radiotv10
13/12/2025
0

Patriotism is more than singing the national anthem or proudly wearing the colors of our flag. It is a deep...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

IZIHERUKA

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi
AMAHANGA

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

by radiotv10
14/12/2025
0

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

14/12/2025
Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

13/12/2025
Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
RDF yongeye gushimirwa ibikorwa by’indashyikirwa mu butumwa bwa LONI (AMAFOTO)

RDF yongeye gushimirwa ibikorwa by’indashyikirwa mu butumwa bwa LONI (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.