Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abarundi bahungiye mu Rwanda nabo bamaganye ibyo muri Congo banagenera ubutumwa Ndayishimiye na Tshisekedi

radiotv10by radiotv10
07/03/2024
in MU RWANDA
0
Abarundi bahungiye mu Rwanda nabo bamaganye ibyo muri Congo banagenera ubutumwa Ndayishimiye na Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Impunzi z’Abarundi zicumbikiwe mu Nkambi ya Mahama, na zo zashyigikiye bagenzi babo b’Abanyekongo bahungiye mu Rwanda, mu kwamagana iyicwa ry’Abatutsi b’Abanyekongo, zinasaba Perezida w’Igihugu cyabo, n’uwa DRC guhagarika uyu mugambi mubisha.

Kuva mu ntangiro z’iki cyumweru, impunzi z’Abanyekongo zicumbikiwe mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zirimo izo mu Nkambi ya Kiziba mu Karere ka Karongi ndetse no mu ya Nkamira mu Karere ka Rubavu, zasubukuye imyigaragambyo.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 06 Werurwe 2024, impunzi zicumbikiwe mu Nkambi ya Mahama mu Karere ka Kirehe, na zo zaramukiye mu myigaragambyo.

Izi mpunzi zirimo n’iz’Abarundi zifatanyije n’iz’Abanyekongo, na zo zari zitwaje ibyapa bitanga ubutumwa busaba Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, guhagarika ubwicanyi buri gukorerwa Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi, Abahema ndetse n’Abanyamulenge.

Pasiteri Jean Bosco Kwibishatse usanzwe ayobora impunzi z’Abarundi mu nkambi ya Mahama, yavuze ko bifuje gufatanya na bagenzi babo b’Abanyekongo kugira ngo ubwicanyi bwakunze gukorerwa Abatutsi mu karere buhagararare.

Yagize ati “Bari kuzira uko bavutse, ururimi batihaye ahubwo ari Imana yarubahaye bitewe n’umugambi w’abayobozi b’Ibihugu byacu, birimo u Burundi, Congo, Malawi, Tanzania no muri Afurika y’Epfo.”

Uyu mukozi w’Imana yakomeje avuga ko ubwoko bw’Abatutsi bwakomeje kwibasirwa ndetse no mu Gihugu cyabo cy’u Burundi kuva mu 1993.

Yagize ati “Iki ni ikimenyetso cy’umugambi wa Ndayishimiye afatanyije na Tshisekedi muri aka karere, turahagurutse tuwamagana, duhamagarira amahanga kuko ntacyo batazi bagerageze uyu munsi, ubwicanyi ndengakamere bukorerwa Abatutsi bavuga Ikinyarwanda, abavuga Ikirundi n’izindi ndimi hirya ni hino bari kuzira uko bavutse bihagarare.”

Mutijima Williams we ukuriye impunzi z’Abanyekongo ziri mu Nkambi ya Mahama, na we yavuze ko igihe kigeze ngo Leta y’Igihugu cyabo ihagarike ubwicanyi bukorerwa Abanyekongo b’Abatutsi.

Yavuze kandi ko Leta y’Igihugu cyabo igomba guhagarika ubufatanye bwayo n’umutwe wa FDLR ugizwe n’abasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda ukaba warakomeje gukwirakwiza ingengabitekerezo yayo mu burasirazuba bwa Congo Kinshasa.

Izi mpunzi kandi zasabye Imiryango Mpuzamahanga nk’Umuryango w’Abibumbye, ndetse n’Ibihugu mpuzamahanga, guhagarika iyi Jenoside ikomeje gukorerwa Abatutsi muri Congo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + 19 =

Previous Post

Senegal: Hamenyekanye amakuru yari ategerejwe ku Matora ya Perezida nyuma ya bombori bombori

Next Post

RDF yongeye gushimirwa ibikorwa by’indashyikirwa mu butumwa bwa LONI (AMAFOTO)

Related Posts

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Moving to a new place can feel overwhelming, especially when you’re doing it by yourself. From packing your things to...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Eng.-Rwanda’s Foreign Minister says FARDC spokesperson’s suspension was driven by Western pressure

by radiotv10
31/12/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation of Rwanda, Olivier Nduhungirehe, says that the suspension of Major General Sylvain...

IZIHERUKA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier
MU RWANDA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
RDF yongeye gushimirwa ibikorwa by’indashyikirwa mu butumwa bwa LONI (AMAFOTO)

RDF yongeye gushimirwa ibikorwa by’indashyikirwa mu butumwa bwa LONI (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.