Sunday, April 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

BREAKING: Abarwanyi b’Abacancuro b’Abanyaburari bakabakaba 250 bafashaga FARDC bashyikirijwe u Rwanda

radiotv10by radiotv10
29/01/2025
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
BREAKING: Abarwanyi b’Abacancuro b’Abanyaburari bakabakaba 250 bafashaga FARDC bashyikirijwe u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Abacancuro 248 b’Abanyaburayi bafashaga igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) mu mirwano igihanganishije n’umutwe wa M23, nyuma yo kumanika amaboko ubwo batsindwaga urugamba mu Mujyi wa Goma, bashyikirijwe u Rwanda ngo rubafashe gutaha iwabo.

Aba bacancuro 248 bose bakomoka mu Gihugu cya Romania ku Mugabane w’u Burayi, bashyikirijwe Inzego z’Umutekano z’u Rwanda kuri uyu wa Gatatu tariki 29 Mutarama 2025.

Ni nyuma yuko bamanitse amaboko mu rugamba bafashagamo FARDC ubwo bari basumbirijwe mu Mujyi wa Goma, bakishyikiriza Ingabo ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye (MONUSCO).

Kuri uyu wa Gatatu tariki 29 Mutarama 2025, MONUSCO yashyikirije inzego z’u Rwanda, aba bacancuro, kugira ngo babone inzira ibasubiza mu Gihugu cyabo cya Romania.

Ubwo bakirwaga n’inzego z’Umutekano z’u Rwanda ku mupaka munini, aba bacancuro bagaragara bijimye ku isura, nk’uko byari bimeze ku basirikare ba FARDC n’abarwanyi ba Wazalendo baherutse guhungira mu Rwanda, aho bamwe mu basesenguzi bavuga ko ari “ikimwaro cy’ingabo zatsinzwe ku rugamba.” zose ziba zataye morale.

Biteganyijwe ko nyuma yo gushyikirizwa inzego z’u Rwanda, aba bacancuro bafashwa kugera i Kigali, ubundi hagashakwa uburyo bazasubira mu Bihugu byabo.

Guverinoma y’u Rwanda yakunze kugaragaza ikibazo cy’aba bacancuro binjijwe mu ntambara ubutegetsi bwa Congo Kinshasa buhanganyemo na M23, ivuga ko bihabanye n’amasezerano n’amategeko mpuzamahanga.

Umuvugizi w’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, Stephanie Nyombayire uherutse kunenga imyitwarire y’Umuryango Mpuzamahanga mu bibazo byo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yavuze ko ukomeje kugaragaza uburyarya nk’ubwo werekanye mu myaka 30 ishize ubwo mu Rwanda hakorwaga Jenoside yakorewe Abatutsi igahitana abarenga miliyoni imwe.

Stephanie Nyombayire kandi yagarutse kuri aba bacancuro binjijwe mu rugamba rwo muri Congo, avuga ko bibabaje kubona Umuryango Mpuzamahanga ubyirengagiza nyamara bihabanye n’amategeko mpuzamahanga wishyiriyeho.

Yari yagize ati “Gushyira imbagara mu gutunga agatoki M23 ko ifashwa n’u Rwanda, ariko ukaruca ukarumira ku mutwe w’abajenosideri wa FDLR ndetse n’Abacancuro b’Abanyaburayi, ntunagire icyo uvuga kuri SAMIDRC n’ingabo z’u Burundi. Uburyarya no kwegeka ibibazo ku bandi biracyahari nk’uko byahoze mu myaka 30 ishize. Kwiyerurutsa k’umuryango mpuzamahanga biragarutse, hasohorwa amatangazo asaba abantu bibasiwe kubera ubwoko bwabo gukomeza guceceka.”

Umutwe wa M23 na wo wakunze kwamagana iby’aba bacancuro, uvuga ko bibabaje kubona ubutegetsi bw’Igihugu buha ikiraka abanyamahanga kugira ngo baze kwica Abanyagihugu.

Basatswe ngo badasigarana icyahungabanya Abanyarwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − 5 =

Previous Post

Uko byifashe ku mupaka w’u Rwanda na Congo nyuma yuko M23 ubu irinze hakurya

Next Post

Hatanzwe umucyo ku cyatumye abarimo Emelyne bajyanwa mu Kigo Ngororamuco nyuma yo gutabwa muri yombi

Related Posts

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

by radiotv10
11/04/2026
0

Tariki 11 Mata 1994 wari umunsi wa gatanu wa Jenoside yakorewe Abatutsi, uri mu minsi ikomeye muri aya mateka ashaririye,...

How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

by radiotv10
11/04/2026
0

Life can feel overwhelming with endless responsibilities, distractions, and opportunities. It’s easy to get caught up in things that don’t...

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

by radiotv10
10/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Leta ya Michigan muri Leta Zunze Ubumwe za America, bwemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi buzajya bwifatanya...

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

by radiotv10
10/04/2026
0

Abatuye mu isantere ya Shuni iherereye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, binubira umuco wo 'kuzitura', bavuga ko...

IZIHERUKA

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga
IMYIDAGADURO

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

by radiotv10
11/04/2026
0

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/2026
11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/2026
Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

11/04/2026
How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

11/04/2026
Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Hemejwe ifungwa ry’abarimo Emelyne wagaragaye mu mashusho yamaganiwe kure hatangazwa n’andi makuru

Hatanzwe umucyo ku cyatumye abarimo Emelyne bajyanwa mu Kigo Ngororamuco nyuma yo gutabwa muri yombi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.