Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

BREAKING: Abarwanyi b’Abacancuro b’Abanyaburari bakabakaba 250 bafashaga FARDC bashyikirijwe u Rwanda

radiotv10by radiotv10
29/01/2025
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
BREAKING: Abarwanyi b’Abacancuro b’Abanyaburari bakabakaba 250 bafashaga FARDC bashyikirijwe u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Abacancuro 248 b’Abanyaburayi bafashaga igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) mu mirwano igihanganishije n’umutwe wa M23, nyuma yo kumanika amaboko ubwo batsindwaga urugamba mu Mujyi wa Goma, bashyikirijwe u Rwanda ngo rubafashe gutaha iwabo.

Aba bacancuro 248 bose bakomoka mu Gihugu cya Romania ku Mugabane w’u Burayi, bashyikirijwe Inzego z’Umutekano z’u Rwanda kuri uyu wa Gatatu tariki 29 Mutarama 2025.

Ni nyuma yuko bamanitse amaboko mu rugamba bafashagamo FARDC ubwo bari basumbirijwe mu Mujyi wa Goma, bakishyikiriza Ingabo ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye (MONUSCO).

Kuri uyu wa Gatatu tariki 29 Mutarama 2025, MONUSCO yashyikirije inzego z’u Rwanda, aba bacancuro, kugira ngo babone inzira ibasubiza mu Gihugu cyabo cya Romania.

Ubwo bakirwaga n’inzego z’Umutekano z’u Rwanda ku mupaka munini, aba bacancuro bagaragara bijimye ku isura, nk’uko byari bimeze ku basirikare ba FARDC n’abarwanyi ba Wazalendo baherutse guhungira mu Rwanda, aho bamwe mu basesenguzi bavuga ko ari “ikimwaro cy’ingabo zatsinzwe ku rugamba.” zose ziba zataye morale.

Biteganyijwe ko nyuma yo gushyikirizwa inzego z’u Rwanda, aba bacancuro bafashwa kugera i Kigali, ubundi hagashakwa uburyo bazasubira mu Bihugu byabo.

Guverinoma y’u Rwanda yakunze kugaragaza ikibazo cy’aba bacancuro binjijwe mu ntambara ubutegetsi bwa Congo Kinshasa buhanganyemo na M23, ivuga ko bihabanye n’amasezerano n’amategeko mpuzamahanga.

Umuvugizi w’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, Stephanie Nyombayire uherutse kunenga imyitwarire y’Umuryango Mpuzamahanga mu bibazo byo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yavuze ko ukomeje kugaragaza uburyarya nk’ubwo werekanye mu myaka 30 ishize ubwo mu Rwanda hakorwaga Jenoside yakorewe Abatutsi igahitana abarenga miliyoni imwe.

Stephanie Nyombayire kandi yagarutse kuri aba bacancuro binjijwe mu rugamba rwo muri Congo, avuga ko bibabaje kubona Umuryango Mpuzamahanga ubyirengagiza nyamara bihabanye n’amategeko mpuzamahanga wishyiriyeho.

Yari yagize ati “Gushyira imbagara mu gutunga agatoki M23 ko ifashwa n’u Rwanda, ariko ukaruca ukarumira ku mutwe w’abajenosideri wa FDLR ndetse n’Abacancuro b’Abanyaburayi, ntunagire icyo uvuga kuri SAMIDRC n’ingabo z’u Burundi. Uburyarya no kwegeka ibibazo ku bandi biracyahari nk’uko byahoze mu myaka 30 ishize. Kwiyerurutsa k’umuryango mpuzamahanga biragarutse, hasohorwa amatangazo asaba abantu bibasiwe kubera ubwoko bwabo gukomeza guceceka.”

Umutwe wa M23 na wo wakunze kwamagana iby’aba bacancuro, uvuga ko bibabaje kubona ubutegetsi bw’Igihugu buha ikiraka abanyamahanga kugira ngo baze kwica Abanyagihugu.

Basatswe ngo badasigarana icyahungabanya Abanyarwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 5 =

Previous Post

Uko byifashe ku mupaka w’u Rwanda na Congo nyuma yuko M23 ubu irinze hakurya

Next Post

Hatanzwe umucyo ku cyatumye abarimo Emelyne bajyanwa mu Kigo Ngororamuco nyuma yo gutabwa muri yombi

Related Posts

Perezida Kagame yihanganishije General Doumbouya wa Guinea ku bw’ibyago byabaye mu Gihugu cye

Perezida Kagame yashimiye mugenzi we General Doumbouya watsinze amatora muri Guinea

by radiotv10
05/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yashimiye mugenzi we Mamadi Doumbouya watsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu muri Guinea, amwizeza ko u Rwanda ruzakomeza gukorana...

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

by radiotv10
05/01/2026
0

Imodoka itwara abagenzi mu buryo bwa rusange ya Taxi Minibus yakoreye impanuka mu muhanda Muhanga-Kigali ubwo yari igeze ahazwi nko...

Perezida Kagame yashimiye mugenzi we General Doumbouya watsinze amatora muri Guinea

Eng.-President Kagame Congratulates His Counterpart Doumbouya on Winning Elections in Guinea

by radiotv10
05/01/2026
0

President Paul Kagame has congratulated his counterpart, Mamadi Doumbouya, on winning the presidential elections in Guinea, assuring him that Rwanda...

How to reset your life after the holidays without pressure

How to reset your life after the holidays without pressure

by radiotv10
05/01/2026
0

The holidays are beautiful. Late nights, good food, family time, travel, laughter, rest and a break from alarms and deadlines....

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

by radiotv10
05/01/2026
0

Abantu 15 bari bugamye imvura mu gishanga cyo mu Murenge wa Jarama mu Karere ka Ngoma, bakubiswe n’inkuba, icyenda muri...

IZIHERUKA

Perezida wa Venezuela na Madamu we bagaragaye bacunzwe bidasanzwe muri America boherejwe mu Rukiko
AMAHANGA

Perezida wa Venezuela na Madamu we bagaragaye bacunzwe bidasanzwe muri America boherejwe mu Rukiko

by radiotv10
05/01/2026
0

Perezida Kagame yihanganishije General Doumbouya wa Guinea ku bw’ibyago byabaye mu Gihugu cye

Perezida Kagame yashimiye mugenzi we General Doumbouya watsinze amatora muri Guinea

05/01/2026
Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

05/01/2026
Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

05/01/2026
Hamenyekanye umubare w’abasirikare u Burundi bumaze kohereza muri Congo mu myaka itatu

Hamenyekanye umubare w’abasirikare u Burundi bumaze kohereza muri Congo mu myaka itatu

05/01/2026
Perezida Kagame yashimiye mugenzi we General Doumbouya watsinze amatora muri Guinea

Eng.-President Kagame Congratulates His Counterpart Doumbouya on Winning Elections in Guinea

05/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Hemejwe ifungwa ry’abarimo Emelyne wagaragaye mu mashusho yamaganiwe kure hatangazwa n’andi makuru

Hatanzwe umucyo ku cyatumye abarimo Emelyne bajyanwa mu Kigo Ngororamuco nyuma yo gutabwa muri yombi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida wa Venezuela na Madamu we bagaragaye bacunzwe bidasanzwe muri America boherejwe mu Rukiko

Perezida Kagame yashimiye mugenzi we General Doumbouya watsinze amatora muri Guinea

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.