Wednesday, October 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abarwanyi batandatu b’umutwe urwanya u Rwanda bitandukanyije na wo

radiotv10by radiotv10
07/06/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Abarwanyi batandatu b’umutwe urwanya u Rwanda bitandukanyije na wo
Share on FacebookShare on Twitter

Abarwanyi batandatu b’umutwe wa FDLR ufite ibirindiro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ndetse n’umugore umwe, bishyikirije Ingabo ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye (MONUSCO), zahise zinabashyikiriza Igihugu bakomokamo cy’u Rwanda.

Byatangajwe n’Ubuyobozi bw’Ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bukorerwa mu Burasirazuba bwa Repubulika Ihaanira Demokarasi ya Congo (MONUSCO).

Mu butumwa bwatanzwe na MONUSCO kuri uyu wa Kane tariki 06 Kamena 2024, ubuyobozi bw’ubu Butumwa, buvuga ko aba barwanyi batandatu n’umugore umwe, bishyikirije ingabo zabwo hirya y’ejo hashize, ku ya 05 Kamena 2024.

Ubu butumwa bugira buti “Muri Kivu ya Ruguru, ku ya 05 Kamena urwego rwa DDRRR rwa MONUSCO rwasubije Igihugu abahoze ari abarwanyi b’abanyamahanga n’umugore umwe, bavuye muri Lokarite zitandukanye za Masisi na Nyiragongo.”

Ubutumwa bwa MONUSCO bukomeza bugira buti “Aba barwanyi bitandukanye n’umutwe wa FDLR/Foca, bishyikiriza ku bushake bwabo ingabo za MONUSCO mu birindo bitandukanye.”

Aba barwanyi ba FDLR biyemeje kwitandukanya n’uyu mutwe mu gihe ukomeje gufatanya n’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) mu rugamba gihanganyemo na M23.

Uyu mutwe wa FDLR kandi umaze igihe ukorana n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ukomeje no gukora ibikorwa byo kwica Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda by’umwihariko abo mu bwoko bw’Abatutsi.

Bamwe mu barwanyi ba FDLR kandi, bagiye bafatirwa muri uru rugamba bakoreshwamo n’ubutegetsi bwa Congo Kinshasa, banahishura byinshi ku mikoranire y’uyu mutwe urwanya u Rwanda n’ubutegetsi bwa Kinshasa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 5 =

Previous Post

Hari icyiciro cyabonetsemo umuntu umwe wujuje ibisabwa: Ibirambuye wamenya ku bibura kuri Kandidatire zitemejwe

Next Post

Uko hatahuwe umusore ukekwaho gusambanya abana babiri bato

Related Posts

Buri wese yagize icyo avuga: Ubutumwa bw’Abasenateri bashyizweho na Perezida Kagame

Buri wese yagize icyo avuga: Ubutumwa bw’Abasenateri bashyizweho na Perezida Kagame

by radiotv10
22/10/2025
0

Abasenateri bane bashyizweho na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame; bamushimiye icyizere yabagiriye cyo gukomeza gukorera Igihugu, bamwizeza kuzakorana umurava. Aba...

Ibyifuzo bitangwa n’abaherutse kwibasirwa n’ibiza bidasanzwe byabasize mu marira menshi

Ibyifuzo bitangwa n’abaherutse kwibasirwa n’ibiza bidasanzwe byabasize mu marira menshi

by radiotv10
22/10/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Murama mu Karere ka Kayoza baherutse guhura n’ibiza by’imvura byatwaye ubuzima bwa bamwe, bikanangiza...

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho Abasenateri bane barimo babiri bahoze muri Guverinoma y’u Rwanda

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho Abasenateri bane barimo babiri bahoze muri Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
21/10/2025
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yashyizeho Abasenateri bane nyuma yuko manda y’abo yari yashyizeho irangiye, barimo babiri bagarutse muri Sena...

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

by radiotv10
22/10/2025
3

Rwanda’s ambitious move to introduce a new digital identification system has sparked widespread curiosity among citizens and observers eager to...

Umuburo wihutirwa ureba umuntu wese wanyoye iyi Jus n’iki kinyobwa mu Rwanda

Umuburo wihutirwa ureba umuntu wese wanyoye iyi Jus n’iki kinyobwa mu Rwanda

by radiotv10
21/10/2025
0

Polisi y’u Rwanda iragira inama abantu bose bacuruza ibinyobwa byakozwe n’inganda zagaragaweho kutuzuza ubuziranenge byumwihariko urwa Salama rukora umutobe (Jus/Juice),...

IZIHERUKA

Buri wese yagize icyo avuga: Ubutumwa bw’Abasenateri bashyizweho na Perezida Kagame
MU RWANDA

Buri wese yagize icyo avuga: Ubutumwa bw’Abasenateri bashyizweho na Perezida Kagame

by radiotv10
22/10/2025
0

Ibyifuzo bitangwa n’abaherutse kwibasirwa n’ibiza bidasanzwe byabasize mu marira menshi

Ibyifuzo bitangwa n’abaherutse kwibasirwa n’ibiza bidasanzwe byabasize mu marira menshi

22/10/2025
BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho Abasenateri bane barimo babiri bahoze muri Guverinoma y’u Rwanda

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho Abasenateri bane barimo babiri bahoze muri Guverinoma y’u Rwanda

21/10/2025
Mu rugamba rwa AFC/M23 na FARDC hongeye kugaragazwa uruhande rwakoreshejwe intwaro rutura

Byongeye gukomera hagati ya AFC/M23 na FARDC uruhande rumwe rwongera gukoresha intwaro za rutura

21/10/2025
Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

22/10/2025
Ibidasanzwe ku modoka nshya y’akataraboneka Rutahizamu ukomeye ku Isi Haaland yaguze

Ibidasanzwe ku modoka nshya y’akataraboneka Rutahizamu ukomeye ku Isi Haaland yaguze

21/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
RIB yafunze Animateri wiyemerera ko yakubise inshyi mu matwi umunyeshuri bikamuviramo kuvamo amaraso

Uko hatahuwe umusore ukekwaho gusambanya abana babiri bato

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Buri wese yagize icyo avuga: Ubutumwa bw’Abasenateri bashyizweho na Perezida Kagame

Ibyifuzo bitangwa n’abaherutse kwibasirwa n’ibiza bidasanzwe byabasize mu marira menshi

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho Abasenateri bane barimo babiri bahoze muri Guverinoma y’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.