Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abarwanyi batandatu b’umutwe urwanya u Rwanda bitandukanyije na wo

radiotv10by radiotv10
07/06/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Abarwanyi batandatu b’umutwe urwanya u Rwanda bitandukanyije na wo
Share on FacebookShare on Twitter

Abarwanyi batandatu b’umutwe wa FDLR ufite ibirindiro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ndetse n’umugore umwe, bishyikirije Ingabo ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye (MONUSCO), zahise zinabashyikiriza Igihugu bakomokamo cy’u Rwanda.

Byatangajwe n’Ubuyobozi bw’Ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bukorerwa mu Burasirazuba bwa Repubulika Ihaanira Demokarasi ya Congo (MONUSCO).

Mu butumwa bwatanzwe na MONUSCO kuri uyu wa Kane tariki 06 Kamena 2024, ubuyobozi bw’ubu Butumwa, buvuga ko aba barwanyi batandatu n’umugore umwe, bishyikirije ingabo zabwo hirya y’ejo hashize, ku ya 05 Kamena 2024.

Ubu butumwa bugira buti “Muri Kivu ya Ruguru, ku ya 05 Kamena urwego rwa DDRRR rwa MONUSCO rwasubije Igihugu abahoze ari abarwanyi b’abanyamahanga n’umugore umwe, bavuye muri Lokarite zitandukanye za Masisi na Nyiragongo.”

Ubutumwa bwa MONUSCO bukomeza bugira buti “Aba barwanyi bitandukanye n’umutwe wa FDLR/Foca, bishyikiriza ku bushake bwabo ingabo za MONUSCO mu birindo bitandukanye.”

Aba barwanyi ba FDLR biyemeje kwitandukanya n’uyu mutwe mu gihe ukomeje gufatanya n’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) mu rugamba gihanganyemo na M23.

Uyu mutwe wa FDLR kandi umaze igihe ukorana n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ukomeje no gukora ibikorwa byo kwica Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda by’umwihariko abo mu bwoko bw’Abatutsi.

Bamwe mu barwanyi ba FDLR kandi, bagiye bafatirwa muri uru rugamba bakoreshwamo n’ubutegetsi bwa Congo Kinshasa, banahishura byinshi ku mikoranire y’uyu mutwe urwanya u Rwanda n’ubutegetsi bwa Kinshasa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − 7 =

Previous Post

Hari icyiciro cyabonetsemo umuntu umwe wujuje ibisabwa: Ibirambuye wamenya ku bibura kuri Kandidatire zitemejwe

Next Post

Uko hatahuwe umusore ukekwaho gusambanya abana babiri bato

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
RIB yafunze Animateri wiyemerera ko yakubise inshyi mu matwi umunyeshuri bikamuviramo kuvamo amaraso

Uko hatahuwe umusore ukekwaho gusambanya abana babiri bato

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.