Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abarwanyi batandatu b’umutwe urwanya u Rwanda bitandukanyije na wo

radiotv10by radiotv10
07/06/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Abarwanyi batandatu b’umutwe urwanya u Rwanda bitandukanyije na wo
Share on FacebookShare on Twitter

Abarwanyi batandatu b’umutwe wa FDLR ufite ibirindiro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ndetse n’umugore umwe, bishyikirije Ingabo ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye (MONUSCO), zahise zinabashyikiriza Igihugu bakomokamo cy’u Rwanda.

Byatangajwe n’Ubuyobozi bw’Ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bukorerwa mu Burasirazuba bwa Repubulika Ihaanira Demokarasi ya Congo (MONUSCO).

Mu butumwa bwatanzwe na MONUSCO kuri uyu wa Kane tariki 06 Kamena 2024, ubuyobozi bw’ubu Butumwa, buvuga ko aba barwanyi batandatu n’umugore umwe, bishyikirije ingabo zabwo hirya y’ejo hashize, ku ya 05 Kamena 2024.

Ubu butumwa bugira buti “Muri Kivu ya Ruguru, ku ya 05 Kamena urwego rwa DDRRR rwa MONUSCO rwasubije Igihugu abahoze ari abarwanyi b’abanyamahanga n’umugore umwe, bavuye muri Lokarite zitandukanye za Masisi na Nyiragongo.”

Ubutumwa bwa MONUSCO bukomeza bugira buti “Aba barwanyi bitandukanye n’umutwe wa FDLR/Foca, bishyikiriza ku bushake bwabo ingabo za MONUSCO mu birindo bitandukanye.”

Aba barwanyi ba FDLR biyemeje kwitandukanya n’uyu mutwe mu gihe ukomeje gufatanya n’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) mu rugamba gihanganyemo na M23.

Uyu mutwe wa FDLR kandi umaze igihe ukorana n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ukomeje no gukora ibikorwa byo kwica Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda by’umwihariko abo mu bwoko bw’Abatutsi.

Bamwe mu barwanyi ba FDLR kandi, bagiye bafatirwa muri uru rugamba bakoreshwamo n’ubutegetsi bwa Congo Kinshasa, banahishura byinshi ku mikoranire y’uyu mutwe urwanya u Rwanda n’ubutegetsi bwa Kinshasa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 + 6 =

Previous Post

Hari icyiciro cyabonetsemo umuntu umwe wujuje ibisabwa: Ibirambuye wamenya ku bibura kuri Kandidatire zitemejwe

Next Post

Uko hatahuwe umusore ukekwaho gusambanya abana babiri bato

Related Posts

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

by radiotv10
26/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi b’icyayi bo muri Pfunda mu Karere ka Rutsiro bashengurwa no kuba bagurirwa umusaruro wabo ku giciro cyo...

Why humans naturally copy each other’s behavior

Why humans naturally copy each other’s behavior

by radiotv10
26/01/2026
0

Humans often copy each other without realizing it. We copy accents, gestures, emotions, and even habits. This behavior is natural...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita...

IZIHERUKA

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo
IBYAMAMARE

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

by radiotv10
26/01/2026
0

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

26/01/2026
Why humans naturally copy each other’s behavior

Why humans naturally copy each other’s behavior

26/01/2026
Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

25/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
RIB yafunze Animateri wiyemerera ko yakubise inshyi mu matwi umunyeshuri bikamuviramo kuvamo amaraso

Uko hatahuwe umusore ukekwaho gusambanya abana babiri bato

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.