Monday, September 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abasaza n’abakecuru bakwiye koroherezwa igihe bagiye kwa muganga?…MINISANTE ibivugaho iki?

radiotv10by radiotv10
08/12/2021
in MU RWANDA
0
Abasaza n’abakecuru bakwiye koroherezwa igihe bagiye kwa muganga?…MINISANTE ibivugaho iki?
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bafite intege nke biganjemo abageze mu zabukuru ndetse na bamwe mu baturage bavuga ko aba bantu bakwiye koroherezwa igihe bagiye kwa muganga ku buryo bajya bahita bavurwa cyangwa hagashyirwaho umuganda wihariye kuri bo.

RADIOTV10 yageze ku Kigo Nderabuzima cya Remera mu Karere ka Gasabo ahagana saa tanu z’amanywa [11:00’] isanga Ngayaboshya Donat w’imyaka 75 y’amavuko ategereje guhabwa serivisi nk’abandi.

Uyu musaza bigaragara ko afite intege nke dore ko yari yiziritse umushumi mu nda, avuga ko yazindukiye kwa muganga ariko ko umuwanya amaze ategereje yari yananiwe.

Yagize ati “Nageze hano mu ma saa mbiri za mu gitondo ariko kugeza ubu uwo turi kumwe ngo aracyari kwishyura, meze nabi ariko ndakomeza nshinyirize aho bwirira ndataha, none se ko ntawunyitayeho.”

Uyu musaza yifuza ko abantu bafite intege nke nka we bari bakwiye guhabwa umwihariko mu gihe bagiye kwa muganda.

Ati “Byari bikwiye ko bamfasha vuba ngataha kuko nanamerewe nabi ariko nyine ngo umukuru w’iki gihe ni umunyemari.”

Nyirangaruye Venantie ukunze kujya kwaka serivisi kwa muganga, avuga ko yaba umusaza cyangwa umukecuru baje kwa muganga bakirwa nk’uko abakiri bato bakirwa.

Icyakora akavuga ko bitari bikwiye mu muco nyarwanda kuko kuva cyera umuntu mukuru yahabwaga umwihariko bityo ko bikwiye gukorwa no kwa muganda.

Yagize ati “Baraza bagategereza nk’abandi bose. Ubundi hakabaye umuntu umwe uza akareba aba bose bafite intege nke, akabanza akabafasha bakavurwa ubundi bagataha, ariko none baraza bagatonda umurongo bagakurikiza uko babanditse mu bitabo, n’iyo yaba ari uwa 500 aratagereza nyine, ariko ntibikwiye.”

Bamwe mu batanga serivisi kwa muganga, babwiye RADIOTV10 ko hari igihe babona umusaza cyangwa umukecuru aje bagahita bibwiriza ko bagomba kumubanza ariko ko nta bwiriza rihari ribibategeka ahubwo ko ari ubushishozi bwabo bw’icyubahiro gikwiye abantu nk’aba.

Umuvugizi wa Ministeri y’Ubuzima, Julien Mahoro Niyingabira ntanyuranya n’ibitangazwa n’aba baganga, akavuga ko abakora mu bigo Nderabuzima cyangwa mu bitaro ari bo bakwiye kugira uyu mutima.

Ati “Ibigo Nderabuzima n’abakora kwa muganga muri rusange bafite ubushobozi bwo kureba umuntu ukeneye gufashwa bakamufasha, ashobora kuba ari umusaza, uwakoze impanuka cyangwa se n’undi munyantege nke wese, ariko ntibisaba ko hashyirwaho umukozi wihariye wo kubikora.”

Abageze mu zabukuru basanzwe bahabwa umwihariko mu mibereho yabo, ibintu binagaragazwa n’inkunga y’ingoboka ihabwa abakuze batishoboye.

Ibi kandi ni bimwe mu biherwaho n’abifuza ko bahabwa umwihariko mu gihe bagiye kwivuza aho bavuga ko niba Leta yarabonye ko bakeneye kwitabwaho byihariye bidakwiye kurenzwa ingohi n’inzego z’ubuvuzi.

Eugenie NYIRANSABIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 3 =

Previous Post

Rayon yahagaritse Masudi Djuma uherutse kuvuga ko umwaka ushize iyi kipe yasaga nk’itariho

Next Post

Icyo umwana afashe ntikimuvamo: Abana 150 bo mu y’incuke bahawe amahugurwa yo kwirinda inkongi

Related Posts

Igikekwaho gutera impanuka y’ikamyo yagushije urubavu mu muhanda i Rusizi

Igikekwaho gutera impanuka y’ikamyo yagushije urubavu mu muhanda i Rusizi

by radiotv10
05/09/2025
0

Ikamyo yavaga i Kamembe yerecyeza i Bugarama mu Karere ka Rusizi, yakoreye impanuka muri uyu muhanda ubwo yari igeze ahantu...

Dore amazina y’Abana b’Ingagi biswe n’abayabise barimo ab’amazina azwi ku Isi

Dore amazina y’Abana b’Ingagi biswe n’abayabise barimo ab’amazina azwi ku Isi

by radiotv10
05/09/2025
0

Ku nshuro ya 20 mu Rwanda habaye ibirori byo ‘Kwita Izina’ abana b’Ingagi, byongeye kugaragaramo abarimo ibyamamare muri ruhago no...

From Bombardier to Airbus and now Boeing- The Journey of Esther Mbabazi

From Bombardier to Airbus and now Boeing- The Journey of Esther Mbabazi

by radiotv10
05/09/2025
0

Esther Mbabazi, one of Rwanda’s pioneering female pilots who started her career with the national carrier RwandAir, says aviation is...

Imbwa zitagira aho zitaha zirirwa zizerera akazo kagiye gushoboka mu Rwanda

Imbwa zitagira aho zitaha zirirwa zizerera akazo kagiye gushoboka mu Rwanda

by radiotv10
05/09/2025
1

Ubuyobozi Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi RAB, buravuga ko mu byumweru bitatu biri imbere hazatangira ibikorwa byo kwica...

Guverinoma y’u Rwanda yamaganye itangazo ry’iricurano ryayitiriwe rivuga kuri M23

Umuvugizi wa Guverinoma yatunguwe n’ibyatangajwe na HRW ku Rwanda ayigaragariza ko yatandukiriye

by radiotv10
05/09/2025
0

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo yanenze Umuryango Mpuzamahanga HRW (Human Rights Watch) uharanira Uburenganzira bwa Muntu kubera ibyo...

IZIHERUKA

Igikekwaho gutera impanuka y’ikamyo yagushije urubavu mu muhanda i Rusizi
MU RWANDA

Igikekwaho gutera impanuka y’ikamyo yagushije urubavu mu muhanda i Rusizi

by radiotv10
05/09/2025
0

Dore amazina y’Abana b’Ingagi biswe n’abayabise barimo ab’amazina azwi ku Isi

Dore amazina y’Abana b’Ingagi biswe n’abayabise barimo ab’amazina azwi ku Isi

05/09/2025
From Bombardier to Airbus and now Boeing- The Journey of Esther Mbabazi

From Bombardier to Airbus and now Boeing- The Journey of Esther Mbabazi

05/09/2025
Imbwa zitagira aho zitaha zirirwa zizerera akazo kagiye gushoboka mu Rwanda

Imbwa zitagira aho zitaha zirirwa zizerera akazo kagiye gushoboka mu Rwanda

05/09/2025
Guverinoma y’u Rwanda yamaganye itangazo ry’iricurano ryayitiriwe rivuga kuri M23

Umuvugizi wa Guverinoma yatunguwe n’ibyatangajwe na HRW ku Rwanda ayigaragariza ko yatandukiriye

05/09/2025
Byinshi ku rupfu rwa Gogo wamenyekanye mu ndirimbo ‘Blood of Jesus’ n’ibyarubanjirije

Byinshi ku rupfu rwa Gogo wamenyekanye mu ndirimbo ‘Blood of Jesus’ n’ibyarubanjirije

05/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo umwana afashe ntikimuvamo: Abana 150 bo mu y’incuke bahawe amahugurwa yo kwirinda inkongi

Icyo umwana afashe ntikimuvamo: Abana 150 bo mu y’incuke bahawe amahugurwa yo kwirinda inkongi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igikekwaho gutera impanuka y’ikamyo yagushije urubavu mu muhanda i Rusizi

Dore amazina y’Abana b’Ingagi biswe n’abayabise barimo ab’amazina azwi ku Isi

From Bombardier to Airbus and now Boeing- The Journey of Esther Mbabazi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.