Wednesday, November 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abasaza n’abakecuru bakwiye koroherezwa igihe bagiye kwa muganga?…MINISANTE ibivugaho iki?

radiotv10by radiotv10
08/12/2021
in MU RWANDA
0
Abasaza n’abakecuru bakwiye koroherezwa igihe bagiye kwa muganga?…MINISANTE ibivugaho iki?
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bafite intege nke biganjemo abageze mu zabukuru ndetse na bamwe mu baturage bavuga ko aba bantu bakwiye koroherezwa igihe bagiye kwa muganga ku buryo bajya bahita bavurwa cyangwa hagashyirwaho umuganda wihariye kuri bo.

RADIOTV10 yageze ku Kigo Nderabuzima cya Remera mu Karere ka Gasabo ahagana saa tanu z’amanywa [11:00’] isanga Ngayaboshya Donat w’imyaka 75 y’amavuko ategereje guhabwa serivisi nk’abandi.

Uyu musaza bigaragara ko afite intege nke dore ko yari yiziritse umushumi mu nda, avuga ko yazindukiye kwa muganga ariko ko umuwanya amaze ategereje yari yananiwe.

Yagize ati “Nageze hano mu ma saa mbiri za mu gitondo ariko kugeza ubu uwo turi kumwe ngo aracyari kwishyura, meze nabi ariko ndakomeza nshinyirize aho bwirira ndataha, none se ko ntawunyitayeho.”

Uyu musaza yifuza ko abantu bafite intege nke nka we bari bakwiye guhabwa umwihariko mu gihe bagiye kwa muganda.

Ati “Byari bikwiye ko bamfasha vuba ngataha kuko nanamerewe nabi ariko nyine ngo umukuru w’iki gihe ni umunyemari.”

Nyirangaruye Venantie ukunze kujya kwaka serivisi kwa muganga, avuga ko yaba umusaza cyangwa umukecuru baje kwa muganga bakirwa nk’uko abakiri bato bakirwa.

Icyakora akavuga ko bitari bikwiye mu muco nyarwanda kuko kuva cyera umuntu mukuru yahabwaga umwihariko bityo ko bikwiye gukorwa no kwa muganda.

Yagize ati “Baraza bagategereza nk’abandi bose. Ubundi hakabaye umuntu umwe uza akareba aba bose bafite intege nke, akabanza akabafasha bakavurwa ubundi bagataha, ariko none baraza bagatonda umurongo bagakurikiza uko babanditse mu bitabo, n’iyo yaba ari uwa 500 aratagereza nyine, ariko ntibikwiye.”

Bamwe mu batanga serivisi kwa muganga, babwiye RADIOTV10 ko hari igihe babona umusaza cyangwa umukecuru aje bagahita bibwiriza ko bagomba kumubanza ariko ko nta bwiriza rihari ribibategeka ahubwo ko ari ubushishozi bwabo bw’icyubahiro gikwiye abantu nk’aba.

Umuvugizi wa Ministeri y’Ubuzima, Julien Mahoro Niyingabira ntanyuranya n’ibitangazwa n’aba baganga, akavuga ko abakora mu bigo Nderabuzima cyangwa mu bitaro ari bo bakwiye kugira uyu mutima.

Ati “Ibigo Nderabuzima n’abakora kwa muganga muri rusange bafite ubushobozi bwo kureba umuntu ukeneye gufashwa bakamufasha, ashobora kuba ari umusaza, uwakoze impanuka cyangwa se n’undi munyantege nke wese, ariko ntibisaba ko hashyirwaho umukozi wihariye wo kubikora.”

Abageze mu zabukuru basanzwe bahabwa umwihariko mu mibereho yabo, ibintu binagaragazwa n’inkunga y’ingoboka ihabwa abakuze batishoboye.

Ibi kandi ni bimwe mu biherwaho n’abifuza ko bahabwa umwihariko mu gihe bagiye kwivuza aho bavuga ko niba Leta yarabonye ko bakeneye kwitabwaho byihariye bidakwiye kurenzwa ingohi n’inzego z’ubuvuzi.

Eugenie NYIRANSABIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − one =

Previous Post

Rayon yahagaritse Masudi Djuma uherutse kuvuga ko umwaka ushize iyi kipe yasaga nk’itariho

Next Post

Icyo umwana afashe ntikimuvamo: Abana 150 bo mu y’incuke bahawe amahugurwa yo kwirinda inkongi

Related Posts

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

by radiotv10
19/11/2025
0

Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda RDB, rwatangaje ko ku bwumvikane n’ikipe ya Arsenal, bemeranyije gusoza amasezerano y’ubufatanye yari hagati yayo...

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

by radiotv10
19/11/2025
0

Ingabire Eugenie uyobora Uruganda Ikosora Drinks Ltd uregwa ibyaha birimo gucuruza cyangwa gukwirakwiza mu Gihugu ibintu bitujuje ubuziranenge, watawe muri...

Icyizere kirahari ku kibazo gituma abaka inguzanyo Banki bahomba bamwe bagaterezwa cyamunara

Why saving money matters: The power of saving for your future

by radiotv10
19/11/2025
0

In a world where the cost of living keeps rising and responsibilities only grow heavier, saving money has become more...

Nyamasheke: Umukobwa wacuruzaga ‘Me2You’ yishwe n’abajura bamuteze bakamutera icyuma bakanamwambura

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

by radiotv10
18/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 76 wo mu Murenge wa Rangiro mu Karere ka Nyamasheke, wari wavuye iwe agiye kuvumba inzoga yari yahishijwe...

U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Eng.-Minister Nduhungirehe criticizes renowned Congolese Doctor for ignoring key facts in his statement

by radiotv10
18/11/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, has expressed surprise that Dr. Denis Mukwege, a Congolese medical...

IZIHERUKA

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo
MU RWANDA

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

by radiotv10
19/11/2025
0

Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

19/11/2025
Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

19/11/2025
Hamenyekanye igihe hazabera igitaramo mbaturamugabo cyakunze kwifuzwa na benshi muri muzika Nyarwanda

Hamenyekanye igihe hazabera igitaramo mbaturamugabo cyakunze kwifuzwa na benshi muri muzika Nyarwanda

19/11/2025
Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

19/11/2025
Menya Igihugu cyabaye icya mbere muri Afurika cyakiriye umuti ukora nk’urukingo rwa SIDA

Menya Igihugu cyabaye icya mbere muri Afurika cyakiriye umuti ukora nk’urukingo rwa SIDA

19/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo umwana afashe ntikimuvamo: Abana 150 bo mu y’incuke bahawe amahugurwa yo kwirinda inkongi

Icyo umwana afashe ntikimuvamo: Abana 150 bo mu y’incuke bahawe amahugurwa yo kwirinda inkongi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.