Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abasaza n’abakecuru bakwiye koroherezwa igihe bagiye kwa muganga?…MINISANTE ibivugaho iki?

radiotv10by radiotv10
08/12/2021
in MU RWANDA
0
Abasaza n’abakecuru bakwiye koroherezwa igihe bagiye kwa muganga?…MINISANTE ibivugaho iki?
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bafite intege nke biganjemo abageze mu zabukuru ndetse na bamwe mu baturage bavuga ko aba bantu bakwiye koroherezwa igihe bagiye kwa muganga ku buryo bajya bahita bavurwa cyangwa hagashyirwaho umuganda wihariye kuri bo.

RADIOTV10 yageze ku Kigo Nderabuzima cya Remera mu Karere ka Gasabo ahagana saa tanu z’amanywa [11:00’] isanga Ngayaboshya Donat w’imyaka 75 y’amavuko ategereje guhabwa serivisi nk’abandi.

Uyu musaza bigaragara ko afite intege nke dore ko yari yiziritse umushumi mu nda, avuga ko yazindukiye kwa muganga ariko ko umuwanya amaze ategereje yari yananiwe.

Yagize ati “Nageze hano mu ma saa mbiri za mu gitondo ariko kugeza ubu uwo turi kumwe ngo aracyari kwishyura, meze nabi ariko ndakomeza nshinyirize aho bwirira ndataha, none se ko ntawunyitayeho.”

Uyu musaza yifuza ko abantu bafite intege nke nka we bari bakwiye guhabwa umwihariko mu gihe bagiye kwa muganda.

Ati “Byari bikwiye ko bamfasha vuba ngataha kuko nanamerewe nabi ariko nyine ngo umukuru w’iki gihe ni umunyemari.”

Nyirangaruye Venantie ukunze kujya kwaka serivisi kwa muganga, avuga ko yaba umusaza cyangwa umukecuru baje kwa muganga bakirwa nk’uko abakiri bato bakirwa.

Icyakora akavuga ko bitari bikwiye mu muco nyarwanda kuko kuva cyera umuntu mukuru yahabwaga umwihariko bityo ko bikwiye gukorwa no kwa muganda.

Yagize ati “Baraza bagategereza nk’abandi bose. Ubundi hakabaye umuntu umwe uza akareba aba bose bafite intege nke, akabanza akabafasha bakavurwa ubundi bagataha, ariko none baraza bagatonda umurongo bagakurikiza uko babanditse mu bitabo, n’iyo yaba ari uwa 500 aratagereza nyine, ariko ntibikwiye.”

Bamwe mu batanga serivisi kwa muganga, babwiye RADIOTV10 ko hari igihe babona umusaza cyangwa umukecuru aje bagahita bibwiriza ko bagomba kumubanza ariko ko nta bwiriza rihari ribibategeka ahubwo ko ari ubushishozi bwabo bw’icyubahiro gikwiye abantu nk’aba.

Umuvugizi wa Ministeri y’Ubuzima, Julien Mahoro Niyingabira ntanyuranya n’ibitangazwa n’aba baganga, akavuga ko abakora mu bigo Nderabuzima cyangwa mu bitaro ari bo bakwiye kugira uyu mutima.

Ati “Ibigo Nderabuzima n’abakora kwa muganga muri rusange bafite ubushobozi bwo kureba umuntu ukeneye gufashwa bakamufasha, ashobora kuba ari umusaza, uwakoze impanuka cyangwa se n’undi munyantege nke wese, ariko ntibisaba ko hashyirwaho umukozi wihariye wo kubikora.”

Abageze mu zabukuru basanzwe bahabwa umwihariko mu mibereho yabo, ibintu binagaragazwa n’inkunga y’ingoboka ihabwa abakuze batishoboye.

Ibi kandi ni bimwe mu biherwaho n’abifuza ko bahabwa umwihariko mu gihe bagiye kwivuza aho bavuga ko niba Leta yarabonye ko bakeneye kwitabwaho byihariye bidakwiye kurenzwa ingohi n’inzego z’ubuvuzi.

Eugenie NYIRANSABIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 1 =

Previous Post

Rayon yahagaritse Masudi Djuma uherutse kuvuga ko umwaka ushize iyi kipe yasaga nk’itariho

Next Post

Icyo umwana afashe ntikimuvamo: Abana 150 bo mu y’incuke bahawe amahugurwa yo kwirinda inkongi

Related Posts

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda na RDF, bohereje itsinda riyobowe na Brig Gen Patrick Karuretwa, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo umwana afashe ntikimuvamo: Abana 150 bo mu y’incuke bahawe amahugurwa yo kwirinda inkongi

Icyo umwana afashe ntikimuvamo: Abana 150 bo mu y’incuke bahawe amahugurwa yo kwirinda inkongi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.