Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abasenateri bagaragarije Leta ihurizo rikizitira aborozi bo mu Rwanda mu kwiteza imbere

radiotv10by radiotv10
20/01/2026
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
0
Abasenateri bagaragarije Leta ihurizo rikizitira aborozi bo mu Rwanda mu kwiteza imbere
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu Basenateri muri Sena y’u Rwanda, bagararije Guverinoma y’u Rwanda ko aborozi bakigorwa cyane no kubona ibiryo by’amatungo, kuko uretse kuba bihenze no kubona ibyo kubikoramo bikiri ihurizo, bikababangamira mu rugendo rw’iterambere ryabo.

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare yo mu mwaka wa 2025 yerekana ko uruhare rw’ubuhinzi n’ubworozi ku musaruro mbumbe w’igihugu ruri ku mpuzandengo ya 25% ku mwaka. Ibi bigaragaza ko uru rwego rugira uruhare runini mu iterambere ry’igihugu, ndetse Guverinoma ikomeje gushyira imbaraga mu guteza imbere ubworozi burimo ubw’inka, amatungo magufi n’ubworozi bw’amafi, hagamijwe kongera umusaruro wabwo.

Icyakora, abasenateri bagaragaje ko ibiryo by’aya matungo bihenze kandi bitanahagije, bikaba biri mu bikibangamiye iterambere ry’ubworozi, babaza ikiri gukorwa ngo ibi bikemuke.

Senateri Mureshyankwano Marie Rose yagize ati “Hari ibyagiye bikemuka, ariko kugeza uyu munsi ibiryo by’amatungo biracyahenze, abaturage baracyabivuga. Hari n’abavuga bati: ‘Amatungo ni ukuyatunga yo ntabwo adutunze’, ukabona ko ari ikibazo gikomeye. Ikindi ni uko ibikorwamo ibiryo by’amatungo bidahagije.”

Na ho Senateri Bideri John Bonds yagize ati “Ibyo kurya by’amatungo muri rusange byaba ari ibikorerwa mu nganda birahenze cyane. Rero aborozi muri rusange icyo giciro gihenze kibatera ubwoba, kuko iyo baguze ibyo biryo by’amatungo bihenze, kugira ngo bazabone inyungu mu byo bakora birabagora cyane.”

Kugira ngo ibiryo by’amatungo bibashe gutunganywa, hakenerwa 50 ku ijana by’ibigori na soya igera kuri 30 ku ijana. Minisiteri y’Ubuhinzi igaragaza ko umusaruro w’ibi bihingwa ukiri muke, ari na byo bituma ibigaburirwa amatungo biba ikibazo. Icyakora, ngo hari ingamba zafashwe mu gushaka igisubizo.

Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr Thelesphore Ndabamenye, yagize ati “Ibijyanye n’ibiryo by’amatungo iyo tubihuje n’ibyo tugomba gukenera dusanga tugifite icyuho, ariko dufite ingamba zo kugikosora. Ibigori na soya, gahunda ihari ni ukuyongera kugira ngo abantu babone ibyo kurya, ariko n’ibijya ku matungo byari bike. Ubu rero turashaka ko ibyo bihinduka ku buryo tuzajya tubasha kugaburira abantu kandi tugaburira n’amatungo.”

Dr Thelesphore yakomeje agira ati “Imbogamizi tugifite ni uko ibyo bikenerwa, yaba ibigori na soya, ibyinshi bikiri kuva hanze. Ibyo rero ni imbogamizi. Iyo tuvuga ibiryo by’amatungo tuba tuvuga ngo bizava he? Bizava ku butaka, ni yo mpamvu twatekereje kuvugurura imikoreshereze y’ubutaka, dushyiraho ibyanya bigega (food basket sites) mu turere dutandukanye kugira ngo tubashe kubona umusaruro. Iyi gahunda rero ni imbaturabukungu mu buhinzi, twizeye ko izatanga umusaruro mwinshi w’ibigori na soya.”

Biteganyijwe ko mu myaka iri imbere umusaruro w’ibikomoka ku bworozi uziyongera, aho umusaruro w’amagi uzava kuri toni ibihumbi 17 wariho mu mwaka wa 2024 ukagera kuri toni ibihumbi 21.000 mu mwaka wa 2029, naho umusaruro w’amafi ukazagera kuri toni ibihumbi 77 mu mwaka wa 2029, uvuye kuri toni ibihumbi 52 wariho mu mwaka wa 2025.

Guhera kuri uyu wa kabiri tariki 20 kugeza tariki 28 zukwa mbere 2026, abasenateri bagiye gukora ingendo hirya no hino mu gihugu zigamije kumenya uko umusaruro uva mu bworozi ufasha abaturage kwiteza imbere no guhindura imibereho yabo, ndetse n’imbogamizi bagihura na zo, hagamijwe gushaka ibisubizo.

Ni mu kiganiro Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi Dr. Telesphore Ndabamenye

Emelyne MBABAZI
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + 4 =

Previous Post

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Next Post

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.