Friday, June 6, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Abasirikare 25 ba FARDC bakatiwe igihano kiremereye kubera uko bitwaye imbere ya M23

radiotv10by radiotv10
04/07/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Abasirikare 25 ba FARDC bakatiwe igihano kiremereye kubera uko bitwaye imbere ya M23
Share on FacebookShare on Twitter

Abasirikare 25 mu ngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) barimo babiri bafite ipeti rya Capitaine, bakatiwe urwo gupfa, bahamijwe icyaha cyo guhunga urugamba mu mirwano iherutse kuba yasize umutwe wa M23 ufashe agace ka Kanyabayonga.

Uru rubanza rwamaze umunsi umwe, rwaregwagamo abantu 31 barimo abasirikare 27 ndetse n’abasivile barindwi barimo bane basanzwe ari abagore b’abasirikare, aho baburanishijwe n’Urukiko rwa Butembo muri Kivu ya Ruguru, rwabereye mu gace ka Alimbongo.

Bashinjwaga gusuna imbere y’umwanzi mu mirwano iherutse kubaho mu rugamba ruhanganishije FARDC na M23, aho abasirikare 25 bahamijwe icyaha, bagakatirwa igihano cy’urupfu.

Bashinjwaga ibyaha birimo kugaragaza intege nke imbere y’umwanzi, icyo gupfusha ubusa amasasu y’intambara, kurenga ku mabwiriza ndetse n’icyaha cy’ubujura.

Muri aba basirikare 25 barimo babiri bafite ipeti rya Capitaine, bahamijwe ibi byaha byose bashinjwaga, bakatirwa igihano kiruta ibindi byose, cyo kwicwa.

Nk’uko byatangajwe na Me Jules Muvweko, umwe mu banyamategeko bunganiraga abaregwa, yatangaje ko abandi muri aba 31 baregwaga muri uru rubanza, barimo n’abo bagore bane, bagizwe abere, kubera kubura ibimenyetso simusiga bibashinja.

Ni urubanza rubayeho nyuma y’uko umutwe wa M23 ufashe agace ka Kanyabayonga, ndetse ukagaragaza ko wafashe ububiko bunini bwarimo ibikoresho bya gisirikare bwasizwe na FARDC.

Aka gace ka Kanyabayonga kafashwe na M23 nyuma y’urugamba ruremereye rwabaye hagati ya M23 n’uruhande bahanganye, gaherereye mu bilometero bitari byinshi uvuye mu Mujyi wa Goma ufatwa nk’umurwa mukuru w’Intara ya Kivu ya Ruguru.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − six =

Previous Post

Sierra Leone: Abashyingiranwa n’abana batarageza imyaka n’ababishyigikiye akabo kashobotse

Next Post

Iby’ingezi ku munyezamu mushya waguzwe na Rayon Sports WFC yitegura guhagararira u Rwanda

Related Posts

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

by radiotv10
05/06/2025
0

Edgar Lungu wabaye Perezia wa Zambia, yitabye Imana ku myaka 68 y’amavuko, azize uburwayi aho yivurizaga muri Afurika y’Epfo. Amakuru...

Muri DRCongo hazamutse urujijo nyuma y’icyemezo cya Trump gihagarika abo mu Bihugu bimwe kujya muri America

Muri DRCongo hazamutse urujijo nyuma y’icyemezo cya Trump gihagarika abo mu Bihugu bimwe kujya muri America

by radiotv10
05/06/2025
0

Bamwe mu baturage bari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, babanje kugira urujijo ku itegeko ryasinywe na Perezida Donald Trump...

Menya Ibihugu bizagirwaho ingaruka n’itegeko ryasinywe na Perezida wa America birimo igituranye n’u Rwanda

Menya Ibihugu bizagirwaho ingaruka n’itegeko ryasinywe na Perezida wa America birimo igituranye n’u Rwanda

by radiotv10
05/06/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump yashyize umukono ku itegeko rikumira abaturage b’Ibihugu 12 kwinjira muri iki...

Congo: Icyemezo kibuza itangazamakuru kuvuga kuri Kabila cyatangiye guhagurukirwa

Congo: Icyemezo kibuza itangazamakuru kuvuga kuri Kabila cyatangiye guhagurukirwa

by radiotv10
05/06/2025
0

Bamwe mu banyapolitiki bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’Imiryango iharanira iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu, baramagana icyemezo cyo kubuza...

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

by radiotv10
04/06/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ryakiriye Umunyapolitiki Marcelin Cishambo wigeze kuba Guverineri w’Intara ya Kivu y’Epfo n’abandi banyapolitiki barimo abatavuga rumwe...

IZIHERUKA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel
MU RWANDA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

05/06/2025
Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

05/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Iby’ingezi ku munyezamu mushya waguzwe na Rayon Sports WFC yitegura guhagararira u Rwanda

Iby’ingezi ku munyezamu mushya waguzwe na Rayon Sports WFC yitegura guhagararira u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.