Friday, December 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Abasirikare ba FARDC bafatiwe ku rugamba na M23 bahishuye misiyo bari bahawe

radiotv10by radiotv10
10/12/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Abasirikare ba FARDC bafatiwe ku rugamba na M23 bahishuye misiyo bari bahawe
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 wagaragaje abasirikare b’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), wafatiye ku rugamba, bavuze ko bari bahawe misiyo yo kwisubiza ibice byigaruriwe n’uyu mutwe mbere yuko haba inama izahuza Perezida Paul Kagame na Tshisekedi.

Aba basirikare bagaragajwe n’ubuyobozi bwa M23 mu mashusho yashyizwe hanze kuri uyu wa Kabiri tariki 10 Ukuboza 2024, mu gikorwa kiyobowe n’Umuvugizi wa M23 mu bya gisirikare, Col Willy Ngoma.

Col Will Ngoma avuga ko aba basirikare bafashwe mu bitero bagabye ku birindiro by’uyu mutwe, ndetse no mu bikorwa byo kurasa mu bice bituwemo n’abaturage b’abasivile.

Muri aba basirikare batatu bagaragajwe, barimo uvuga ko yitwa Sergeant Major Kutakuta Alexis ufite imyaka 45 y’amavuko.

Abajijwe ubutumwa bari bahawe n’ubuyobozi bukuru bwa FARDC, Sergeant Major Alexis yagize ati “Misiyo yacu yari iyo kwisubiza ibice byigaruriwe na M23 mbere yuko haba inama ya Perezida Tshisekedi na Perezida Kagame.”

Yakomeje agaragaza abo bari kumwe muri ibi bitero baherutse kugaba muri iyi misiyo bahawe n’ubuyobozi bukuru bwa FARDC ati “Twari kumwe na FDLR na Wazalendo.”

Abajijwe ahaturutse aya mabwiriza y’ubu butumwa bwo kwisubiza ibice byigaruriwe na M23 mbere yuko haba iyi nama itegerejwe tariki 15 Ukuboza 2024, Sergeant Major Alexis yagize ati “Twabuhawe na General Chico [Maj Gen Chico Tshitambwe ni we Mugaba Mukuru wahawe inshingano z’ibikorwa byo guhangana na M23].”

Aba basirikare ba FARDC bavuze kandi ko bari bahawe amabwiriza yo kurasa ibisasu bya rutura mu bice byigaruriwe na M23, kugira ngo abaturage babituyemo, babivemo, bajye mu bice bigenzurwa na FARDC.

Aba basirikare bagaragajwe nyuma yuko inama iheruka yahuje Guverinoma y’u Rwanda n’iya DRC, ifatiwemo ibyemezo bigamije gushakira amahoro Uburasirazuba bwa Congo Kinshasa, birimo gusenya umutwe wa FDLR wagarutsweho n’aba basirikare ko ukomeje gukorana na FARDC.

Biteganyijwe kandi ko tariki 15 Ukuboza 2024, i Luanda muri Angola, Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na Felix Tshisekedi bazongera guhurira mu biganiro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − four =

Previous Post

LONI yavuze icyo ubona mu kuba Perezida Kagame na Tshisekedi bagiye kongera kuganira

Next Post

Brig.Gen Karuretwa wari ushinzwe imikoranire mpuzamahanga muri RDF yahawe inshingano nshya

Related Posts

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

by radiotv10
12/12/2025
0

Leta Zunze Ubumwe za America zaburiye ko zishobora gufatira ibihano bikomeye Sudan y’Epfo, birimo no kuyihagarikira inkunga ihabwa, nyuma yo...

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

AFC/M23 yashyize hanze imyitwarire iteye impungenge ya bamwe mu basirikare b’u Burundi nyuma yo kubatsinda

by radiotv10
12/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko nubwo abasirikare benshi b’u Burundi basubiye mu Gihugu cyabo nyuma yo gukubitirwa incuro muri Uvira, hari...

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

by radiotv10
11/12/2025
0

Magloire Paluku wahoze ari umunyamakuru, ubu akaba yari Umujyanama mu bijyanye n'itumanaho mu Buhuzabikorwa bw’Ihuriro AFC/M23, akaba yari n'inkoramutima ya...

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

by radiotv10
11/12/2025
0

Nyuma yuko abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bafashe Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo bakubise incuro abarimo abasirikare b’u Burundi, Igihugu cyabo...

Eng.-One AFC/M23 cadre shot dead in Goma City

Eng.-One AFC/M23 cadre shot dead in Goma City

by radiotv10
11/12/2025
0

Magloire Paluku, a former journalist who later became a Communications Advisor in the Coordination Office of the AFC/M23 coalition and...

IZIHERUKA

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze
AMAHANGA

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

by radiotv10
12/12/2025
0

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

12/12/2025
Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

12/12/2025
Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

12/12/2025
Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

12/12/2025
Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Brig.Gen Karuretwa wari ushinzwe imikoranire mpuzamahanga muri RDF yahawe inshingano nshya

Brig.Gen Karuretwa wari ushinzwe imikoranire mpuzamahanga muri RDF yahawe inshingano nshya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.