Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Abasirikare ba FARDC bafatiwe ku rugamba na M23 bahishuye misiyo bari bahawe

radiotv10by radiotv10
10/12/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Abasirikare ba FARDC bafatiwe ku rugamba na M23 bahishuye misiyo bari bahawe
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 wagaragaje abasirikare b’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), wafatiye ku rugamba, bavuze ko bari bahawe misiyo yo kwisubiza ibice byigaruriwe n’uyu mutwe mbere yuko haba inama izahuza Perezida Paul Kagame na Tshisekedi.

Aba basirikare bagaragajwe n’ubuyobozi bwa M23 mu mashusho yashyizwe hanze kuri uyu wa Kabiri tariki 10 Ukuboza 2024, mu gikorwa kiyobowe n’Umuvugizi wa M23 mu bya gisirikare, Col Willy Ngoma.

Col Will Ngoma avuga ko aba basirikare bafashwe mu bitero bagabye ku birindiro by’uyu mutwe, ndetse no mu bikorwa byo kurasa mu bice bituwemo n’abaturage b’abasivile.

Muri aba basirikare batatu bagaragajwe, barimo uvuga ko yitwa Sergeant Major Kutakuta Alexis ufite imyaka 45 y’amavuko.

Abajijwe ubutumwa bari bahawe n’ubuyobozi bukuru bwa FARDC, Sergeant Major Alexis yagize ati “Misiyo yacu yari iyo kwisubiza ibice byigaruriwe na M23 mbere yuko haba inama ya Perezida Tshisekedi na Perezida Kagame.”

Yakomeje agaragaza abo bari kumwe muri ibi bitero baherutse kugaba muri iyi misiyo bahawe n’ubuyobozi bukuru bwa FARDC ati “Twari kumwe na FDLR na Wazalendo.”

Abajijwe ahaturutse aya mabwiriza y’ubu butumwa bwo kwisubiza ibice byigaruriwe na M23 mbere yuko haba iyi nama itegerejwe tariki 15 Ukuboza 2024, Sergeant Major Alexis yagize ati “Twabuhawe na General Chico [Maj Gen Chico Tshitambwe ni we Mugaba Mukuru wahawe inshingano z’ibikorwa byo guhangana na M23].”

Aba basirikare ba FARDC bavuze kandi ko bari bahawe amabwiriza yo kurasa ibisasu bya rutura mu bice byigaruriwe na M23, kugira ngo abaturage babituyemo, babivemo, bajye mu bice bigenzurwa na FARDC.

Aba basirikare bagaragajwe nyuma yuko inama iheruka yahuje Guverinoma y’u Rwanda n’iya DRC, ifatiwemo ibyemezo bigamije gushakira amahoro Uburasirazuba bwa Congo Kinshasa, birimo gusenya umutwe wa FDLR wagarutsweho n’aba basirikare ko ukomeje gukorana na FARDC.

Biteganyijwe kandi ko tariki 15 Ukuboza 2024, i Luanda muri Angola, Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na Felix Tshisekedi bazongera guhurira mu biganiro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + 19 =

Previous Post

LONI yavuze icyo ubona mu kuba Perezida Kagame na Tshisekedi bagiye kongera kuganira

Next Post

Brig.Gen Karuretwa wari ushinzwe imikoranire mpuzamahanga muri RDF yahawe inshingano nshya

Related Posts

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

by radiotv10
07/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Israel, Gideon Saar, yagiriye uruzinduko muri Somaliland, nyuma yo kwemeza nk'Igihugu cyigenga iyi Ntara yo muri...

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

by radiotv10
07/01/2026
0

Umuryango Uharanira Amahoro n'Imibereho myiza y’Abaturage (CPCC), watangaje ko Abantu 105 bari mu nkambi z’impunzi z’Abanyekongo ziri mu Burundi, bitabye...

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

by radiotv10
07/01/2026
0

Impanuka y’ikamyo yabereye mu mujyi wa Semera, mu Karere ka Afar mu majyaruguru ya Ethiopia, yari ibatwaye nk'abimukira, yahitanye abantu...

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

by radiotv10
06/01/2026
0

Raporo ku bugenzuzi bwakorewe ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’Amahoro, yagaragaje ko hari ingingo z’ingenzi zikomeje kwirengagizwa mu masezerano y’i Washington,...

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

by radiotv10
06/01/2026
0

A report assessing the implementation of peace agreements has revealed that key provisions of the Washington Peace Agreement continue to...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Brig.Gen Karuretwa wari ushinzwe imikoranire mpuzamahanga muri RDF yahawe inshingano nshya

Brig.Gen Karuretwa wari ushinzwe imikoranire mpuzamahanga muri RDF yahawe inshingano nshya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.