Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abasirikare ba Guinée-Bissau ubwo bakiraga Perezida Kagame bakoze ibyatunguye Abanyarwanda

radiotv10by radiotv10
18/04/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Abasirikare ba Guinée-Bissau ubwo bakiraga Perezida Kagame bakoze ibyatunguye Abanyarwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Ubwo Perezida Paul Kagame yakirwaga muri Guinée-Bissau, abasirikare b’iki Gihugu bakoze akarasisi ko kumwakira, baririmba indirimbo zimenyerewe kuri morali y’abasirikare b’u Rwanda zirimo n’izi’Ikinyarwanda, aho na bo baba bavuga ko ari RDF.

Perezida Paul Kagame umaze iminsi ari mu ruzinduko muri bimwe mu Bihugu byo ku Mugabane wa Afurika birimo Benin yasuye mu mpera z’icyumweru gishize.

Yavuye muri Benin ahita yerecyeza muri Guinée-Bissau aho yakiranywe ubwuzu na Perezida Umaro Sissoco Embaló w’iki Gihugu.

Ubwo Perezida Paul Kagame yakirwaga mu biro by’Umukuru w’Igihugu, habaye akarasisi kakozwe n’Ingabo z’iki Gihugu, zatunguranye zikaririmba indirimbo za morali zimenyerewe kuri RDF.

Imwe muri izi ndirimbo, harimo igira iti “Ingabo z’u Rwanda turakomeye, twakubise umwanzi arahunga turekura umuririro…”

Muri izi ndirimbo kandi harimo n’iz’Igiswahili zirimo ivuga ngo “Mageshi ya RDF…” irata ibigwi by’Ingabo z’u Rwanda zirinda umutekano w’Abaturarwanda.

🎵INGABO Z'U RWANDA TURAKOMEYE…🎵
Byaririmbwe n'Ingabo za Guinée-Bissau ubwo zahaga ikaze Perezida w'u #Rwanda, Paul #Kagame pic.twitter.com/lY9FTplicF

— RadioTv10 Rwanda (@Radiotv10rwanda) April 18, 2023

Ubwo aba basirikare baririmbaga izi ndirimbo, Perezida Paul Kagame na mugenzi we Umaro Sissoco Embaló, bagaragaye nk’abanyuzwe, baganira bamwenyura.

Izi ndirimbo zose zaririmbwaga n’aba basirikare ba Guinée-Bissau zisanzwe ziririmbwa n’Ingabo z’u Rwanda, iyo ziri muri morali byumwihariko iyo ziri gusoza amahugurwa n’imyitozo cyangwa ziri mu bindi bikorwa bisaba morali.

Ibi byatunguye benshi mu Banyarwanda, bagiye bashyira ku mbuga nkoranyambaga, amashusho y’aba basirikare ba Guinée-Bissau baba baririmba ko ari RDF.

Uwitwa Sharangabo kuri Twitter, yagize ati “Gutungura Perezida Kagame ubwo yakirwaga muri Guinée-Bissau n’igisirikare cy’iki Gihugu mu ndirimbo za APR zagize uruhare mu kubohora u Rwanda.”

Ku mbuga nkoranyambaga za bamwe mu Banyarwanda bakomeje kugaragaza ko bishimiye kuba ibigwi bya RDF bikomeje kogera amahanga, ku buryo n’ingabo z’ibindi Bihugu zisigaye zibona mu ngabo z’u Rwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − 8 =

Previous Post

Perezida Kagame yakiranywe urugwiro n’icyubahiro na Colonel Mamadi uyobora Guinée (AMAFOTO)

Next Post

Kwa Pasiteri bahasanze abantu 4 bapfuye n’abandi 15 benda gupfa yarabizeje ikintu gitangaje

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kwa Pasiteri bahasanze abantu 4 bapfuye n’abandi 15 benda gupfa yarabizeje ikintu gitangaje

Kwa Pasiteri bahasanze abantu 4 bapfuye n’abandi 15 benda gupfa yarabizeje ikintu gitangaje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.