Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abasirikare ba Guinée-Bissau ubwo bakiraga Perezida Kagame bakoze ibyatunguye Abanyarwanda

radiotv10by radiotv10
18/04/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Abasirikare ba Guinée-Bissau ubwo bakiraga Perezida Kagame bakoze ibyatunguye Abanyarwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Ubwo Perezida Paul Kagame yakirwaga muri Guinée-Bissau, abasirikare b’iki Gihugu bakoze akarasisi ko kumwakira, baririmba indirimbo zimenyerewe kuri morali y’abasirikare b’u Rwanda zirimo n’izi’Ikinyarwanda, aho na bo baba bavuga ko ari RDF.

Perezida Paul Kagame umaze iminsi ari mu ruzinduko muri bimwe mu Bihugu byo ku Mugabane wa Afurika birimo Benin yasuye mu mpera z’icyumweru gishize.

Yavuye muri Benin ahita yerecyeza muri Guinée-Bissau aho yakiranywe ubwuzu na Perezida Umaro Sissoco Embaló w’iki Gihugu.

Ubwo Perezida Paul Kagame yakirwaga mu biro by’Umukuru w’Igihugu, habaye akarasisi kakozwe n’Ingabo z’iki Gihugu, zatunguranye zikaririmba indirimbo za morali zimenyerewe kuri RDF.

Imwe muri izi ndirimbo, harimo igira iti “Ingabo z’u Rwanda turakomeye, twakubise umwanzi arahunga turekura umuririro…”

Muri izi ndirimbo kandi harimo n’iz’Igiswahili zirimo ivuga ngo “Mageshi ya RDF…” irata ibigwi by’Ingabo z’u Rwanda zirinda umutekano w’Abaturarwanda.

🎵INGABO Z'U RWANDA TURAKOMEYE…🎵
Byaririmbwe n'Ingabo za Guinée-Bissau ubwo zahaga ikaze Perezida w'u #Rwanda, Paul #Kagame pic.twitter.com/lY9FTplicF

— RadioTv10 Rwanda (@Radiotv10rwanda) April 18, 2023

Ubwo aba basirikare baririmbaga izi ndirimbo, Perezida Paul Kagame na mugenzi we Umaro Sissoco Embaló, bagaragaye nk’abanyuzwe, baganira bamwenyura.

Izi ndirimbo zose zaririmbwaga n’aba basirikare ba Guinée-Bissau zisanzwe ziririmbwa n’Ingabo z’u Rwanda, iyo ziri muri morali byumwihariko iyo ziri gusoza amahugurwa n’imyitozo cyangwa ziri mu bindi bikorwa bisaba morali.

Ibi byatunguye benshi mu Banyarwanda, bagiye bashyira ku mbuga nkoranyambaga, amashusho y’aba basirikare ba Guinée-Bissau baba baririmba ko ari RDF.

Uwitwa Sharangabo kuri Twitter, yagize ati “Gutungura Perezida Kagame ubwo yakirwaga muri Guinée-Bissau n’igisirikare cy’iki Gihugu mu ndirimbo za APR zagize uruhare mu kubohora u Rwanda.”

Ku mbuga nkoranyambaga za bamwe mu Banyarwanda bakomeje kugaragaza ko bishimiye kuba ibigwi bya RDF bikomeje kogera amahanga, ku buryo n’ingabo z’ibindi Bihugu zisigaye zibona mu ngabo z’u Rwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 3 =

Previous Post

Perezida Kagame yakiranywe urugwiro n’icyubahiro na Colonel Mamadi uyobora Guinée (AMAFOTO)

Next Post

Kwa Pasiteri bahasanze abantu 4 bapfuye n’abandi 15 benda gupfa yarabizeje ikintu gitangaje

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kwa Pasiteri bahasanze abantu 4 bapfuye n’abandi 15 benda gupfa yarabizeje ikintu gitangaje

Kwa Pasiteri bahasanze abantu 4 bapfuye n’abandi 15 benda gupfa yarabizeje ikintu gitangaje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.