Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abasirikare ba Guinée-Bissau ubwo bakiraga Perezida Kagame bakoze ibyatunguye Abanyarwanda

radiotv10by radiotv10
18/04/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Abasirikare ba Guinée-Bissau ubwo bakiraga Perezida Kagame bakoze ibyatunguye Abanyarwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Ubwo Perezida Paul Kagame yakirwaga muri Guinée-Bissau, abasirikare b’iki Gihugu bakoze akarasisi ko kumwakira, baririmba indirimbo zimenyerewe kuri morali y’abasirikare b’u Rwanda zirimo n’izi’Ikinyarwanda, aho na bo baba bavuga ko ari RDF.

Perezida Paul Kagame umaze iminsi ari mu ruzinduko muri bimwe mu Bihugu byo ku Mugabane wa Afurika birimo Benin yasuye mu mpera z’icyumweru gishize.

Yavuye muri Benin ahita yerecyeza muri Guinée-Bissau aho yakiranywe ubwuzu na Perezida Umaro Sissoco Embaló w’iki Gihugu.

Ubwo Perezida Paul Kagame yakirwaga mu biro by’Umukuru w’Igihugu, habaye akarasisi kakozwe n’Ingabo z’iki Gihugu, zatunguranye zikaririmba indirimbo za morali zimenyerewe kuri RDF.

Imwe muri izi ndirimbo, harimo igira iti “Ingabo z’u Rwanda turakomeye, twakubise umwanzi arahunga turekura umuririro…”

Muri izi ndirimbo kandi harimo n’iz’Igiswahili zirimo ivuga ngo “Mageshi ya RDF…” irata ibigwi by’Ingabo z’u Rwanda zirinda umutekano w’Abaturarwanda.

🎵INGABO Z'U RWANDA TURAKOMEYE…🎵
Byaririmbwe n'Ingabo za Guinée-Bissau ubwo zahaga ikaze Perezida w'u #Rwanda, Paul #Kagame pic.twitter.com/lY9FTplicF

— RadioTv10 Rwanda (@Radiotv10rwanda) April 18, 2023

Ubwo aba basirikare baririmbaga izi ndirimbo, Perezida Paul Kagame na mugenzi we Umaro Sissoco Embaló, bagaragaye nk’abanyuzwe, baganira bamwenyura.

Izi ndirimbo zose zaririmbwaga n’aba basirikare ba Guinée-Bissau zisanzwe ziririmbwa n’Ingabo z’u Rwanda, iyo ziri muri morali byumwihariko iyo ziri gusoza amahugurwa n’imyitozo cyangwa ziri mu bindi bikorwa bisaba morali.

Ibi byatunguye benshi mu Banyarwanda, bagiye bashyira ku mbuga nkoranyambaga, amashusho y’aba basirikare ba Guinée-Bissau baba baririmba ko ari RDF.

Uwitwa Sharangabo kuri Twitter, yagize ati “Gutungura Perezida Kagame ubwo yakirwaga muri Guinée-Bissau n’igisirikare cy’iki Gihugu mu ndirimbo za APR zagize uruhare mu kubohora u Rwanda.”

Ku mbuga nkoranyambaga za bamwe mu Banyarwanda bakomeje kugaragaza ko bishimiye kuba ibigwi bya RDF bikomeje kogera amahanga, ku buryo n’ingabo z’ibindi Bihugu zisigaye zibona mu ngabo z’u Rwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − 8 =

Previous Post

Perezida Kagame yakiranywe urugwiro n’icyubahiro na Colonel Mamadi uyobora Guinée (AMAFOTO)

Next Post

Kwa Pasiteri bahasanze abantu 4 bapfuye n’abandi 15 benda gupfa yarabizeje ikintu gitangaje

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kwa Pasiteri bahasanze abantu 4 bapfuye n’abandi 15 benda gupfa yarabizeje ikintu gitangaje

Kwa Pasiteri bahasanze abantu 4 bapfuye n’abandi 15 benda gupfa yarabizeje ikintu gitangaje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.