Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abasore babiri bafatiwe ahatakekwaga nyuma yo kwiba umuturage bahengereye adahari

radiotv10by radiotv10
29/08/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Abasore babiri bafatiwe ahatakekwaga nyuma yo kwiba umuturage bahengereye adahari
Share on FacebookShare on Twitter

Abasore babiri bakekwaho kwiba ibikoresho by’umuturage wo mu Murenge wa Rulindo mu Karere ka Rulindo, babanje kwica urugi, bafashwe bihishe mu nzu itaruzura yegereye uru rugo bari bibyemo ibikoresho.

Aba basore barimo umwe w’imyaka 22 n’undi wa 19, bakekwaho kwiba televiziyo n’imizandaro yazo, mu bujura bwabereye mu Mudugudu wa Gakubo mu Kagari ka Mberuka mu Murenge wa Rulindo.

Aba basore bafashwe ku mugoroba wo ku Cyumweru tariki 27 Kanama 2023, nyuma y’uko umuturage wari wibwe, yiyambaje Polisi na yo yahise itangira ibikorwa byo kubashakisha.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru, Superintendent of Police (SP) Jean Bosco Mwiseneza, avuga ko uyu muturage wiyambaje Polisi, yavugaga ko abamwibye babanje kwica ingufuri yakingishaga, bahengereye adahari.

SP Jean Bosco Mwiseneza ati “Hahise hatangira ibikorwa byo gushakisha abacyekwa. Haje gufatwa abasore babiri bari bihishe mu nzu itaruzura iherereye muri uwo mudugudu hafi y’urugo rw’uwibwe, ari naho hafatiwe ibyari byibwe birimo televiziyo (flat screen), na bafure eshatu, bahita batabwa muri yombi.”

Polisi y’u Rwanda ivuga ko aba basore bamaze gufatwa, biyemereye ko bibye ibyo bikoresho bafatanywe, ndetse ko bari bagiye kubishakira umukiliya.

Aba bosore kandi bahise bashyikirizwa Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, kuri sitasiyo ya Kinihira, kugira ngo rubakorere dosiye izashyikirizwa Ubushinjacyaha.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + 14 =

Previous Post

Sudan: Ibibombe biremereye byasize agahinda kenshi mu nzirakarengane

Next Post

Amakuru mashya muri ruhago arebana n’imikino yatangiye gukundwa na benshi mu Rwanda

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya muri ruhago arebana n’imikino yatangiye gukundwa na benshi mu Rwanda

Amakuru mashya muri ruhago arebana n'imikino yatangiye gukundwa na benshi mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.