Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Abataliyani batwaye igikombe cya EURO 2020 batsinze Abongereza kuri penaliti-AMAFOTO

radiotv10by radiotv10
12/07/2021
in SIPORO
0
Abataliyani batwaye igikombe cya EURO 2020 batsinze Abongereza kuri penaliti-AMAFOTO
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe y’igihugu y’Abatakliyani yatwaye igikombe cy’irushanwa ry’u Bulayi (EURO 2020) nyuma yo gutsinda u Bwongereza penaliti 3-2 nyuma y’uko iminota 120 yari irangiye amakipe anganya igitego 1-1 kuri sitade ya Wembley.Image

Italy baterura igikombe cya EURO 2020 nyuma yo gutsinda u Bwongereza bwari mu rugo

Ni umukino Abongereza batangiye kwiha ikizere hakiri kare kuko ku munota wa kabiri (2’) nibwo Luke Shaw yari amaze kubatsindira igitego ku mupira yahawe na Kierran Trippier.

Iki gitego bagikiniyeho kugeza ku munota wa 67’ ubwo Italy yabonaga igitego cyatsinzwe na Leonardo Bonucci ahawe umupira na Marco Verratti ukina hagati mu kibuga muri Paris Saint Germain (PSG).Image

Igikombe cya EURO 2020 cyatwawe n’Abataliyani mu ijoro ryakeye

Igitego cya Italy cyabonetse isa n’aho itangiye kwisanga mu mukino kuko wabonaga Abongereza basa n’aho bayiciye uburyo isanzwe ikina ishingiye hagati banirinda ko ubwugarizi bwayo buhungabana.

Iminota 90 yarangiye nta kindi gitego kibonetse bituma bakina iminota 30 y’inyongera, iminota yarangiye n’ubundi bakinganya igitego 1-1.

Binjiye muri penaliti, Berardi, Bernardeschi nan Bonucci bateye neza penaliti za Italyn zirinjira mu gihe bagenzi babo barimo Jorginho na Andrea Belotti bazihushije.

Ku ruhande rw’Abongereza, Harry Kane na Harry Maguire nibo babashije kwinjiza penaliti mu gihe abarimo; Marcus Rashford, Jadon Sancho na Bukayo Saka bitabahiriye.

Mu bakinnyi babanje mu kibuga ku Butaliyani barimoo; Gianluigi Donnaruma yari mu izamu, Giovanni Lorenzo, Leonardo Bonucci, Giorgio Chiellini na Emerson bari mu bwugarizi.

Nicolo Barella, Jorginho na Marco Verratti bari hagati mu kibuga mu gihe Federico Chiesa, Ciro Immobile na Lorenzo Insigne bashakaga ibitego.

Mu gusimbuza; Nicollo Barella yahaye umwanya Bryan Cristante (54’), Ciro Immobile asimburwa na Dominico Berardi (54’), Lorenzo Insigne aha umwanya Belotti Andrea (91’), Marco Verratti yavuye mu kibuga ku munota wa 96 asimbuwe na Manuel Locatelli (96’) naho Emerson aha umwanya Alessandro Florenzi (118’).Image

Abataliyani bajya inama mu mukino hagatin biga andi mayeriImage

Abongereza bajya inama mu mukino hagati bareba uko bakwipanga neza

Abongereza babanjemo; Jordan Pickford mu izamu, Kyle Walker, John Stones na Harry Maguire bari mu bwugarizi. Hagati bakinishaga abakinnyi banen barimo Luke Shaw, Declan Rice, Kalvin Phillips na Kieran Trippier, imbere yabo gato hakoreraga Mason Mount na Raheem Sterling mu gihe Harry Kane yari mu busatirizi.

Abongereza batangiye gusimbuza ku munota wa 70’ ubwo bakuragamo Kierran Trippier bagashyiramo Bukayo Saka, Declan Rice yasimbuwe na Jordan Henderson ku munota wa 74, Mason Mount asimburwa na Jack Grealish. Nyuma nibwo Jordan Henderson yaje gusimburwa na Marcus Rashford ku munota wa 120 ari nabwo Kyle Walker yasimburwaga na Jadon Sancho.

Image

Umwongereza Luke Shaw yishimira igitego yatsinze ku munota wa kabiri w’umukinoImageImage

Leonardo Bonucci amaze kwishyurira Abataliyani

Image

Luke Shaw (3) azamukana umupiraImage

Roberto Manchini umutoza w’ikipe y’igihugu y’Abataliyani atanga amabwiriza

Image

Raheem Sterling (10) w’u Bwongereza acenga Jorginho (8) w’AbataliyaniImage

Hanze ya sitade Wembley mbere y’uko umukino utangira abantu bari uruvunga nzoka

 

 

 

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × three =

Previous Post

Muhanga: Abakoresha ubwisungane mu kwivuza binubira ko hari imiti badahabwa

Next Post

APR FC yashyize ahagaragara abakinnyi bashya n’abongerewe amasezerano n’abo yasezereye

Related Posts

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

by radiotv10
30/01/2026
0

Nyuma yo guhanishwa na CAF imikino itanu no gucibwa amande angana n’amadolari ibihumbi 100 ($100,000), umutoza w’ikipe y’igihugu ya Senegal,...

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

by radiotv10
29/01/2026
0

Nubwo Umuyobozi wa APR FC Brig Gen Deo Rusanganwa abihakana, amakuru ava imbere mu ikipe ya Al Hilal aremeza ko...

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

by radiotv10
29/01/2026
0

Impuzamashyihamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika CAF, yatangaje ibihano byafashwe ku mpande zombi kuri Maroc na Senegal, kubera imvururu zabaye ku...

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Ikipe ya APR FC yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Ubutwari cya 2026 nyuma yo gutsinda As Kigali ibitego 3-0...

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

by radiotv10
28/01/2026
0

Nyuma y'iminsi ari mu biruhuko iwabo mu Gihugu cya Cameroun yagiyemo nyuma y'imvune, Aziz Bassané Koulagna yagarutse mu ikipe ye...

IZIHERUKA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye
IMIBEREHO MYIZA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

by radiotv10
31/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

31/01/2026
RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

31/01/2026
Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

31/01/2026
The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
APR FC yashyize ahagaragara abakinnyi bashya n’abongerewe amasezerano n’abo yasezereye

APR FC yashyize ahagaragara abakinnyi bashya n’abongerewe amasezerano n’abo yasezereye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.