• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Abatanga amaraso barasabwa guhozaho

radiotv10by radiotv10
21/09/2021
in Uncategorized
0
Abatanga amaraso barasabwa guhozaho
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’ikigo cyo gutanga amaraso kirasaba abatanga amaraso kutabikora rimwe gusa kuko impamvu ituma atangwa zitavuyeho, ni ubutumwa bwatanzwe ubwo umuryango udaharanira inyungu “We Love You” bakoraga  igikorwa cyo   gutanga amaraso.

Ishami ry’umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima ritangaza ko muri miliyoni 118.5 z’abatanga amaraso ku isi , 40% bakomoka mu bihugu bikize bangana na 16% ry’abatuye isi.

Ibi nibyo  urubyiruko rwo mumuryango mpuzamahanga we love you baheraho bavuga ko bafashe iyambere bakajya gutanga amaraso kugirango batabare abayakeneye kuko kuribo babifata nko gutanga ubuzima.

Umwe yagize ati “Njyewe naje gutanga amaraso kuko nizerako iyo nyatanze mba ntabaye ubuzima bwa benshi abo ntazi nabo nzi. Rwose ni igikorwa cy’urukundo dukwiye kwitabira “

Undi ati “Gutanga amaraso ni igikorwa kinshimisha kuko mba ntabaye ubuzima wenda bw’uwari ugiye gupfa urumva ko mba nkoze igikorwa cyo gutabara, njyewe nyatanaga nishimye kandi kenshi kugirango  ntabare”

Umuyobozi w’umuryango mpuzamahanga we love you Mugabe Elve avuga ko umuryango wabo wibanda kubikorwa by’urukundo bigamije gutabara isi  ati “Iyi ni inshuro ya maganane na mirongo ine na rimwe umuryango wacu utanag amaraso kandi ni igikorwa cyakorewe mubihugu bitandukanye  ,ni ugutanga ubuzima ni ugutanga urukundo kuko bifasha abari bagiye kubura ubuzima ;bitewe no kubura amaraso”

Ubusabe bw’ibitaro bisaba amaraso  muri 2014, byari ku kigero cya 47% bivuze ko niba ibitaro bisabye amashashi y’amaraso 100,ubushobozi bwari buhari bwari ubwo guha  ibyo bitaro amashashi 47. kwegera abatanga amaraso byazamuye ibipimo bituma icyo kigero kigera kuri 94% mu mwaka wa 2020. Kuri ubu urugero rwo gutanga amaraso  ruri  hagati ya 95,5% na 96%. Umwaka ushize habonetse  amashashi ibihumbi 68.

Ikigo gishinzwe gutanga amaraso kivuga ko mu maraso yose atangwa, 1,2% byayo ariyo adahabwa abarwayi bitewe n’ibibazo aba afite birimo uburwayi bw’umwijima wo mu bwoko bwa B cyangwa C, syphillis cyangwa Virus itera SIDA.

Muri iki gihe abantu bahabwa urukingo rwa Covid19, iki kigo kivuga ko nyuma y’amasaha 48, uwahawe urukingo rwa COVID-19 aba yemerewe kuba yatanga amaraso.

Inkuru ya: MURAGIJEMALIYA Juventine/RadioTV10

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − one =

Previous Post

Manasseh Mutatu Mbeddy yatangiye imyitozo muri Rayon Sports

Next Post

10 KONNEKT: Uburyo bwagufasha gushyushya umugati waraye cyangwa watangiye gukomera

Related Posts

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

by radiotv10
18/05/2026
0

Umupira w’amaguru w’abari n’abategarugori urabyinira ku rukoma kubera amafaranga ari gushyirwamo, guhera ku bihembo amakipe ari gutsindira. Mu kiciro cya...

How to spend money wisely and build a better financial future

How to spend money wisely and build a better financial future

by radiotv10
07/05/2026
0

Most people think their future depends on how much money they will make one day. But in reality, your future...

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Next Post
10 KONNEKT: Uburyo bwagufasha gushyushya umugati waraye cyangwa watangiye gukomera

10 KONNEKT: Uburyo bwagufasha gushyushya umugati waraye cyangwa watangiye gukomera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.